Monday, March 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyo Hon.Gatabazi avuga ku ifoto imaze imyaka 27 agaragaramo nk’umwe mu bagize ikipe

radiotv10by radiotv10
09/03/2026
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Icyo Hon.Gatabazi avuga ku ifoto imaze imyaka 27 agaragaramo nk’umwe mu bagize ikipe
Share on FacebookShare on Twitter

Hon. Gatabazi Jean Marie Vianney wabaye Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihigu, ubu akaba ari Komiseri muri Komisiyo y’Igihugu ishinzwe Gusubiza mu Buzima Busanzwe abari Abarwanyi, yavuze ko hambere yacongaga ruhago akanakina Volleyball, nyuma yuko hari ugaragaje ifoto ari mu bagize ikipe.

Gatabazi wanabaye Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, yatangaje ibi ubwo umwe mu bakoresha urubuga nkoranyambaga rwa X, ashyizeho ifoto igaragaramo uyu munyapolitiki, nk’umwe mu bari bagize ikipe.

Mu butumwa buherekeje iyi foto, uyu ukoresha Konti yitwa Eric George Hare (Africa Media & Unity) yavuze ko abari muri iyi foto, ari abari bagize Inama y’Igihugu y’Urubyiruko muri Busogo hagati ya 1998-2002, aho iyi foto yafashwe mu 1999.

Yakomeje avuga ko abari muri iyi foto, ari “bamwe mu bari mu mahugurwa yamaze ukwezi y’abagera ku bantu 250 hagitangizwa inzego  z’urubyiruko mu Gihugu.” Ati “Hon. Gatabazi Jean Marie Vianney ari muri abo.”

Gatabazi (Uwa kabiri uhereye iburyo mu b’imbere)

Hon. Gatabazi agira icyo avuga kuri iyi foto, yavuze ko iyi foto yafashwe mu myaka 27 ishize. Ati “Imyaka ni imitindi. Naho foot (Umupira w’amaguru) na Volleyball twarabiconze.”

Gatabazi wanabaye Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko, ni umwe mu banyapolitiki bafite amazina azwi mu Rwanda, wanabaye muri Guverinoma y’u Rwanda.

Mu kwezi k’Ugushyingo 2022, Gatabazi yakuwe ku mwanya wa Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu bitewe n’amakosa arimo ayo gukoresha mu nyungu ze bwite imyanya yari arimo agashyira igitutu ku bandi.

Muri Nyakanga 2025, nyuma y’igihe atagaragara mu nzego za Leta, Hon. Gatabazi Jean Marie Vianney yongeye kugirirwa icyizere, agirwa Komiseri muri Komisiyo y’Igihugu ishinzwe gusubiza mu buzima busanzwe abahoze ari abarwanyi (RDRC: Rwanda Demobilisation and Reintegration Commission).

Gatabazi Jean Marie Vianney

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven + 7 =

Previous Post

UPDATE: Umuhanda uhuza Intara ebyiri mu Rwanda utari nyabagendwa wongeye gukoreshwa

Related Posts

UPDATE: Umuhanda uhuza Intara ebyiri mu Rwanda utari nyabagendwa wongeye gukoreshwa

UPDATE: Umuhanda uhuza Intara ebyiri mu Rwanda utari nyabagendwa wongeye gukoreshwa

by radiotv10
09/03/2026
0

Polisi y’u Rwanda, yatangaje ko umuhanda Muhanga- Ngororero- Mukamira wongeye kuba nyabagendwa, nyuma yuko wamaze amasaha udakoreshwa kubera imvura nyinshi....

Umunyarwandakazi ukiri muto yegukanye umwanya wa mbere mu marushanwa ya Afurika y’Iburasirazuba

Umunyarwandakazi ukiri muto yegukanye umwanya wa mbere mu marushanwa ya Afurika y’Iburasirazuba

by radiotv10
09/03/2026
0

Atete Kagorora wo mu Rwanda wegukanye umwanya wa mbere mu marushanwa yo kwandika ku Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba, avuga ko...

Why former UR students must repay Government study loans

Why former UR students must repay Government study loans

by radiotv10
09/03/2026
0

For many students at the University of Rwanda (UR), receiving government support is the key to pursuing higher education. Tuition...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/03/2026
0

Perezida Kagame yashimangiye ko u Rwanda rudashobora kugurana umutekano warwo n’amahitamo adashoboka rusabwa

Perezida Kagame yashimangiye ko u Rwanda rudashobora kugurana umutekano warwo n’amahitamo adashoboka rusabwa

by radiotv10
07/03/2026
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko u Rwanda rudashobora kugurana ingamba z’ubwirinzi ngo ruzikureho nk'uko rubisabwa ngo rwirengagize ko umutwe wa...

IZIHERUKA

Icyo Hon.Gatabazi avuga ku ifoto imaze imyaka 27 agaragaramo nk’umwe mu bagize ikipe
MU RWANDA

Icyo Hon.Gatabazi avuga ku ifoto imaze imyaka 27 agaragaramo nk’umwe mu bagize ikipe

by radiotv10
09/03/2026
0

UPDATE: Umuhanda uhuza Intara ebyiri mu Rwanda utari nyabagendwa wongeye gukoreshwa

UPDATE: Umuhanda uhuza Intara ebyiri mu Rwanda utari nyabagendwa wongeye gukoreshwa

09/03/2026
Iran itanze umuburo ku batekereza ko intambara izarangira vuba

Iran itanze umuburo ku batekereza ko intambara izarangira vuba

09/03/2026
Breaking: Iran yabonye Umuyobozi w’Ikirenga mushya nyuma y’icyumweru America na Israel bishe uwari umazeho igihe

Breaking: Iran yabonye Umuyobozi w’Ikirenga mushya nyuma y’icyumweru America na Israel bishe uwari umazeho igihe

09/03/2026
Umunyarwandakazi ukiri muto yegukanye umwanya wa mbere mu marushanwa ya Afurika y’Iburasirazuba

Umunyarwandakazi ukiri muto yegukanye umwanya wa mbere mu marushanwa ya Afurika y’Iburasirazuba

09/03/2026
Why former UR students must repay Government study loans

Why former UR students must repay Government study loans

09/03/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Hon.Gatabazi avuga ku ifoto imaze imyaka 27 agaragaramo nk’umwe mu bagize ikipe

UPDATE: Umuhanda uhuza Intara ebyiri mu Rwanda utari nyabagendwa wongeye gukoreshwa

Iran itanze umuburo ku batekereza ko intambara izarangira vuba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.