Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Icyo ibyamamare bivuga ku nkuru yatunguranye mu myidagaduro yo mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
16/08/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Icyo ibyamamare bivuga ku nkuru yatunguranye mu myidagaduro yo mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko Umuhanzi The Ben n’umunyemari Coach Gael biyunze nyuma y’igihe bivugwa ko hagati yabo harimo inzigo, bamwe mu bafite amazina azwi mu myidagaduro, bagaragaje ko bishimiye iyi nkuru.

Aba bombi byakunze kuvugwa ko badacana uwaka bitewe no kudahuriza hamwe ku mishinga bigeze guhuriraho, kwiyunga kwabo byagaragaye kuri uyu wa Kane tariki 15 Kanama 2024, ku munsi w’ijyanwa mu Ijuru rya Bikiramariya.

Amafoto yashyizwe ku mbuga nkoranyambaga na The Ben ndetse na Coach Gael, bagaragaje ko bongeye kunga ubumwe, aho muri aya mafoto bari kumwe bari gusangira icyo kunywa, umwe yagize ati “Kwiyunga kw’abavandimwe. Reka dushyire hamwe ubundi tugere kure.”

Abasanzwe bafite amazina azwi mu myidagaduro yo mu Rwanda, nk’abanyamakuru, abakinnyi ba film ndetse n’abandi bakunze gukoresha imbuga nkoranyambaga, bagaragaje ko bishimiye uku kwiyunga kwa The Ben n’umunyemari Coach Gael.

Umunyamakuru Ally Soudi yagize ati “Ubu se ikibazo ntigikemutse? Nizere ko ntawe twimye ijambo kandi ntanusigaranye ikibazo! Hari icyifuzo cyangwa igitekerezo wumva watanga mbere yuko mfata noneho umwanzuro wa nyuma na nyuma, akanya ni aka.”

Umunyamakuru David Bayingana, na we yagize ati “Kimwe mu byo twifuzaga muri manda nshya.”

Umunyarwenya akaba n’umukinnyi wa Film, Clapton Kibonke, na we yagize ati “Kubunga byangoye ariko byakunze.”

Bivugwa ko umubano wa The Ben na Coach Gael wajemo igitotsi ubwo hakorwaga indirimbo ‘Why’ The Ben yakoranye na Diamond, aho bivugwa ko hajemo kutumvikana ku bijyanye n’uyu mushinga.

Uku kutumvikana kwabo kandi kwazamuye ihangana, ryagiye ryumvikana mu majwi ya bamwe mu bakunzi ba muzika, aho ryatumye hazamo umuhanzi Bruce Melodie usanzwe akorana na Coach Gael, byatumye havuka ibyiswe ‘Team Ben’ na ‘Team Bruce’, aho bamwe bagendaga bagereranya aba bahanzi, bamwe bavuga ko umwe arusha undi.

The Ben na Coach Gael baganira nyuma y’igihe bivugwa ko bafitanye ikibazo

Umunyemari Coach Gael byamunejeje

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + eighteen =

Previous Post

Kayonza: Hari impungenge ku kibazo bavuga ko kirengagijwe cy’ikimoteri cyababereye umuturanyi mubi

Next Post

Tshisekedi ararebwa ikijisho kubera ibyakorewe abafunzwe nyuma y’urupfu rw’Umujepe rwatunguranye

Related Posts

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

by radiotv10
20/01/2026
0

Umuhanzi The Ben wari watangaje ko amakuru yari yatangajwe na mugenzi we Bruce Melodie ko bafite ibitaramo bizazazenguka Igihugu ari...

How social media Is Changing the Meaning of Fame

How social media Is Changing the Meaning of Fame

by radiotv10
20/01/2026
0

Fame used to be rare. It was reserved for movie stars, musicians, athletes, and public figures who gained recognition through...

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

by radiotv10
19/01/2026
0

Abahanzi Bruce Melodie na The Ben baherutse guhurira mu gitaramo kimwe cyatangije umwaka wa 2026, byamaze kwemezwa ko bagiye gukora...

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

by radiotv10
16/01/2026
0

Umunyamakuru Angelibert Mutabaruka uzwi nka Angeli Mutabaruka yavuze igihe yahuriye bwa mbere na KNC batangiye bakorana bombi ari abanyamakuru, nyuma...

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuririmbyi w’indirimbo z’Imana, Uwiringiyimana Théogène wamamaye nka ‘Theo Bosebabireba’ yavuze ko abamututse ko yagaragaye aririmba indirimbo ‘Pom Pom’ bamuhoye ubusa...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Tshisekedi ararebwa ikijisho kubera ibyakorewe abafunzwe nyuma y’urupfu rw’Umujepe rwatunguranye

Tshisekedi ararebwa ikijisho kubera ibyakorewe abafunzwe nyuma y’urupfu rw’Umujepe rwatunguranye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.