Wednesday, July 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Icyo imibare igaragaza ku igabanuka rikabije ry’umusaruro w’ubuki mu Rwanda n’ikibyihishe inyuma

radiotv10by radiotv10
25/05/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Icyo imibare igaragaza ku igabanuka rikabije ry’umusaruro w’ubuki mu Rwanda n’ikibyihishe inyuma
Share on FacebookShare on Twitter

Ubushakashatsi ku bworozi bw’inzuki mu Rwanda, bugaragaza ko umusaruro w’ubuki wagabanutse ku kigero kiri hejuru ya 60% kuko wavuye kuri toni 6 000 ukagera kuri toni 2 000 ku mwaka, mu gihe ukenerwa mu Rwanda ari toni 17 000.

Tariki 20 Gicurasi, ni umunsi mpuzamahanga w’inzuki, aho kuri iyi nshuro wizihijwe ufite insanganyamatsiko igira iti “Bee Engaged with Youth”, yateguwe hagamijwe gushishikariza urubyiruko kwinjira mu bworozi bw’inzuki no gushaka umuti w’ibibazo zikomeje guhura nabyo.

Jean de Dieu Kwizera, washinze kompanyi y’ubworozi bw’inzuki ya Beegulf Ltd, avuga ko yafashe icyemezo cyo kwimura ibikorwa bye, abikura mu Karere ka Gisagara aho yari afite imizinga igezweho 50 n’indi ya cyera 30, kubera itemwa ry’ibiti, abyimurira mu Karere ka Gasabo.

Nk’uko bitangazwa n’Urugaga rw’aborozi b’inzuki mu Rwanda, umusaruro w’ubuki waragabanutse, uva kuri toni 6 000 ugera kuri toni 2 000 ku mwaka, mu gihe mu Gihugu hose hakenerwa toni 17 000.

Nanone kandi ubushakashatsi bwiswe “Agroecology in Rwanda: Status, Opportunities, and Challenges,” bwakozwe mu Turere tunyuranye, bwagaragaje igabanuka rikabije ry’umusaruro w’ubuki. Hari kamwe mu duce twakorewemo ubu bushakashatsi ho habayeho igabanuka rya 90%.

Kwizera agaruka ku gikomeje gutera iri gabanuka rikabije ry’ubuki, yagize ati “Gutema amashyamba ndetse n’imiti iterwa ibihingwa, ni bimwe mu bikomeje kugabanya kororoka kw’inzuki.”

Agaruka ku mbogamizi yahuye na zo zatumye yimura ibikorwa bye akabikura i Gisagara, yavuze ko ubusanzwe umusaruro w’umuzinga wa kijyambere, ari ibilo 30 by’ubuki, mu gihe umutiba wa gakondo utanga umusaruro w’ibilo 15.

Yavuze ko hakenewe ko haterwa ibiti byinshi bishobora guhovwamo n’inzuki, kandi “ubuhinzi bugakorwa mu buryo budahungabanya urusobe rw’ibinyabuzima, kandi abantu bakarushaho gukoresha ifumbire y’imborero aho gukoresha imiti ya kizungu.”

Ibikorwa by’ubuhinzi bidahungabanya ibidukikije, nk’ubw’umwimerere ndetse no gutera amashyamba, ni bimwe mu bishobora gutuma inzuki ziyongera.

Ihuriro Mpuzamahanga rya IUCN (International Union for Conservation of Nature) risanzwe ari umufatanyabikorwa w’u Rwanda mu bikorwa byo gutera ibiti, ritangaza ko hari gahunda yo gutera ibiti ibihumbi 25 bishobora gukurura inzuki, bizaterwa kuri hegitari 200 mu Ntara y’Iburasirazuba.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven + ten =

Previous Post

Abayisilamu bo mu Rwanda bagiye kubona umuyobozi wabo mushya

Next Post

Polisi yahinduye bitunguranye ibyari byatangajwe mu itangazo rireba abatega moto ryavugishije bamwe

Related Posts

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

by radiotv10
30/07/2025
0

Umugabo w’imyaka 48 wari uzwiho ubusinzi, yasanzwe yapfuye mu mukingo wa metero zirindwi mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka...

Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

by radiotv10
30/07/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko kuba Guverinoma y’u Rwanda yaremeye gushyira umukono ku masezerano y’amahoro na...

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

by radiotv10
30/07/2025
0

Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, Paul Kagame yemeje ikiruhuko ku basirikare 1 081 barimo 9 bo...

Hasobanuwe intandaro y’ibura ry’amazi ryakajije uburemere mu Mujyi wa Kigali n’umuti riri kuvugutirwa

Hasobanuwe intandaro y’ibura ry’amazi ryakajije uburemere mu Mujyi wa Kigali n’umuti riri kuvugutirwa

by radiotv10
30/07/2025
0

Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko ikibazo cy’ibura ry’amazi riri kugaragara muri iyi minsi, cyatewe n’igabanuka ry’ayo mu mugezi wa Nyabarongo...

Bride Price: Cultural treasure or commercial transaction?

Bride Price: Cultural treasure or commercial transaction?

by radiotv10
30/07/2025
0

In many African societies and beyond, the tradition of bride price also known as "lobola" in Southern Africa or "inkwano"...

IZIHERUKA

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo
AMAHANGA

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

by radiotv10
30/07/2025
0

Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

30/07/2025
Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

30/07/2025
Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

30/07/2025
Ouattara w’imyaka 83 yavuze impamvu yifuza kuguma ku butegetsi nyuma y’imyaka 15 ari Perezida

Ouattara w’imyaka 83 yavuze impamvu yifuza kuguma ku butegetsi nyuma y’imyaka 15 ari Perezida

30/07/2025
Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

30/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikibazo cy’ubwishingizi bw’abamotari buhanitse cyongeye kugarukwaho imbere ya Perezida

Polisi yahinduye bitunguranye ibyari byatangajwe mu itangazo rireba abatega moto ryavugishije bamwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.