Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Icyo imibare igaragaza ku igabanuka rikabije ry’umusaruro w’ubuki mu Rwanda n’ikibyihishe inyuma

radiotv10by radiotv10
25/05/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Icyo imibare igaragaza ku igabanuka rikabije ry’umusaruro w’ubuki mu Rwanda n’ikibyihishe inyuma
Share on FacebookShare on Twitter

Ubushakashatsi ku bworozi bw’inzuki mu Rwanda, bugaragaza ko umusaruro w’ubuki wagabanutse ku kigero kiri hejuru ya 60% kuko wavuye kuri toni 6 000 ukagera kuri toni 2 000 ku mwaka, mu gihe ukenerwa mu Rwanda ari toni 17 000.

Tariki 20 Gicurasi, ni umunsi mpuzamahanga w’inzuki, aho kuri iyi nshuro wizihijwe ufite insanganyamatsiko igira iti “Bee Engaged with Youth”, yateguwe hagamijwe gushishikariza urubyiruko kwinjira mu bworozi bw’inzuki no gushaka umuti w’ibibazo zikomeje guhura nabyo.

Jean de Dieu Kwizera, washinze kompanyi y’ubworozi bw’inzuki ya Beegulf Ltd, avuga ko yafashe icyemezo cyo kwimura ibikorwa bye, abikura mu Karere ka Gisagara aho yari afite imizinga igezweho 50 n’indi ya cyera 30, kubera itemwa ry’ibiti, abyimurira mu Karere ka Gasabo.

Nk’uko bitangazwa n’Urugaga rw’aborozi b’inzuki mu Rwanda, umusaruro w’ubuki waragabanutse, uva kuri toni 6 000 ugera kuri toni 2 000 ku mwaka, mu gihe mu Gihugu hose hakenerwa toni 17 000.

Nanone kandi ubushakashatsi bwiswe “Agroecology in Rwanda: Status, Opportunities, and Challenges,” bwakozwe mu Turere tunyuranye, bwagaragaje igabanuka rikabije ry’umusaruro w’ubuki. Hari kamwe mu duce twakorewemo ubu bushakashatsi ho habayeho igabanuka rya 90%.

Kwizera agaruka ku gikomeje gutera iri gabanuka rikabije ry’ubuki, yagize ati “Gutema amashyamba ndetse n’imiti iterwa ibihingwa, ni bimwe mu bikomeje kugabanya kororoka kw’inzuki.”

Agaruka ku mbogamizi yahuye na zo zatumye yimura ibikorwa bye akabikura i Gisagara, yavuze ko ubusanzwe umusaruro w’umuzinga wa kijyambere, ari ibilo 30 by’ubuki, mu gihe umutiba wa gakondo utanga umusaruro w’ibilo 15.

Yavuze ko hakenewe ko haterwa ibiti byinshi bishobora guhovwamo n’inzuki, kandi “ubuhinzi bugakorwa mu buryo budahungabanya urusobe rw’ibinyabuzima, kandi abantu bakarushaho gukoresha ifumbire y’imborero aho gukoresha imiti ya kizungu.”

Ibikorwa by’ubuhinzi bidahungabanya ibidukikije, nk’ubw’umwimerere ndetse no gutera amashyamba, ni bimwe mu bishobora gutuma inzuki ziyongera.

Ihuriro Mpuzamahanga rya IUCN (International Union for Conservation of Nature) risanzwe ari umufatanyabikorwa w’u Rwanda mu bikorwa byo gutera ibiti, ritangaza ko hari gahunda yo gutera ibiti ibihumbi 25 bishobora gukurura inzuki, bizaterwa kuri hegitari 200 mu Ntara y’Iburasirazuba.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven + nine =

Previous Post

Abayisilamu bo mu Rwanda bagiye kubona umuyobozi wabo mushya

Next Post

Polisi yahinduye bitunguranye ibyari byatangajwe mu itangazo rireba abatega moto ryavugishije bamwe

Related Posts

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

IZIHERUKA

What emotional intelligence means and why it’s important
MU RWANDA

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

12/01/2026
Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

12/01/2026
Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

12/01/2026
Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

10/01/2026
Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikibazo cy’ubwishingizi bw’abamotari buhanitse cyongeye kugarukwaho imbere ya Perezida

Polisi yahinduye bitunguranye ibyari byatangajwe mu itangazo rireba abatega moto ryavugishije bamwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

What emotional intelligence means and why it’s important

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.