Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Icyo imibare igaragaza ku igabanuka rikabije ry’umusaruro w’ubuki mu Rwanda n’ikibyihishe inyuma

radiotv10by radiotv10
25/05/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Icyo imibare igaragaza ku igabanuka rikabije ry’umusaruro w’ubuki mu Rwanda n’ikibyihishe inyuma
Share on FacebookShare on Twitter

Ubushakashatsi ku bworozi bw’inzuki mu Rwanda, bugaragaza ko umusaruro w’ubuki wagabanutse ku kigero kiri hejuru ya 60% kuko wavuye kuri toni 6 000 ukagera kuri toni 2 000 ku mwaka, mu gihe ukenerwa mu Rwanda ari toni 17 000.

Tariki 20 Gicurasi, ni umunsi mpuzamahanga w’inzuki, aho kuri iyi nshuro wizihijwe ufite insanganyamatsiko igira iti “Bee Engaged with Youth”, yateguwe hagamijwe gushishikariza urubyiruko kwinjira mu bworozi bw’inzuki no gushaka umuti w’ibibazo zikomeje guhura nabyo.

Jean de Dieu Kwizera, washinze kompanyi y’ubworozi bw’inzuki ya Beegulf Ltd, avuga ko yafashe icyemezo cyo kwimura ibikorwa bye, abikura mu Karere ka Gisagara aho yari afite imizinga igezweho 50 n’indi ya cyera 30, kubera itemwa ry’ibiti, abyimurira mu Karere ka Gasabo.

Nk’uko bitangazwa n’Urugaga rw’aborozi b’inzuki mu Rwanda, umusaruro w’ubuki waragabanutse, uva kuri toni 6 000 ugera kuri toni 2 000 ku mwaka, mu gihe mu Gihugu hose hakenerwa toni 17 000.

Nanone kandi ubushakashatsi bwiswe “Agroecology in Rwanda: Status, Opportunities, and Challenges,” bwakozwe mu Turere tunyuranye, bwagaragaje igabanuka rikabije ry’umusaruro w’ubuki. Hari kamwe mu duce twakorewemo ubu bushakashatsi ho habayeho igabanuka rya 90%.

Kwizera agaruka ku gikomeje gutera iri gabanuka rikabije ry’ubuki, yagize ati “Gutema amashyamba ndetse n’imiti iterwa ibihingwa, ni bimwe mu bikomeje kugabanya kororoka kw’inzuki.”

Agaruka ku mbogamizi yahuye na zo zatumye yimura ibikorwa bye akabikura i Gisagara, yavuze ko ubusanzwe umusaruro w’umuzinga wa kijyambere, ari ibilo 30 by’ubuki, mu gihe umutiba wa gakondo utanga umusaruro w’ibilo 15.

Yavuze ko hakenewe ko haterwa ibiti byinshi bishobora guhovwamo n’inzuki, kandi “ubuhinzi bugakorwa mu buryo budahungabanya urusobe rw’ibinyabuzima, kandi abantu bakarushaho gukoresha ifumbire y’imborero aho gukoresha imiti ya kizungu.”

Ibikorwa by’ubuhinzi bidahungabanya ibidukikije, nk’ubw’umwimerere ndetse no gutera amashyamba, ni bimwe mu bishobora gutuma inzuki ziyongera.

Ihuriro Mpuzamahanga rya IUCN (International Union for Conservation of Nature) risanzwe ari umufatanyabikorwa w’u Rwanda mu bikorwa byo gutera ibiti, ritangaza ko hari gahunda yo gutera ibiti ibihumbi 25 bishobora gukurura inzuki, bizaterwa kuri hegitari 200 mu Ntara y’Iburasirazuba.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × five =

Previous Post

Abayisilamu bo mu Rwanda bagiye kubona umuyobozi wabo mushya

Next Post

Polisi yahinduye bitunguranye ibyari byatangajwe mu itangazo rireba abatega moto ryavugishije bamwe

Related Posts

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

IZIHERUKA

How social media Is Changing the Meaning of Fame
IMYIDAGADURO

How social media Is Changing the Meaning of Fame

by radiotv10
19/01/2026
0

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikibazo cy’ubwishingizi bw’abamotari buhanitse cyongeye kugarukwaho imbere ya Perezida

Polisi yahinduye bitunguranye ibyari byatangajwe mu itangazo rireba abatega moto ryavugishije bamwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

How social media Is Changing the Meaning of Fame

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.