Wednesday, December 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyo iperereza ry’ibanze ryagaragaje ku mpanuka yahitanye batatu i Kigali

radiotv10by radiotv10
10/09/2024
in MU RWANDA
0
Icyo iperereza ry’ibanze ryagaragaje ku mpanuka yahitanye batatu i Kigali
Share on FacebookShare on Twitter

Imodoka yo mu bwoko bwa Fuso yakoreye impanuka mu Karere ka Kicukiro, ihitana abantu batatu, aho iperereza ry’ibanze ryagaragaje ko uwari uyitwaye yayigiyemo abizi ko ifite ikibazo, ndetse na we ubwe akaba yamaze kwishyikiriza Polisi.

Iyi mpanuka ikomeye yabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere, tariki 09 Nzeri 2024 ubwo iyi modoka yo mu bwoko bwa Fuso yamanukaga iturutse Kicukiro Centre yerecyeza ahazwi nko kwa Gitwaza.

Ababonye iyi modoka ubwo yamanuka muri uyu muhanda ihorera, bavuze ko ishobora kuba yari yacitse feri, ndetse ari na bwo yagendaga yahuranya ibinyabiziga yasanga mu cyerekezo cyayo, birimo moto n’izindi modoka ebyiri, ndetse n’ibindi nk’ipoto.

SP Emmanuel Kayigi, Umuvugizi w’Ishami rya Polisi y’u Rwanda Rishinzwe Umutekano wo mu muhanda, yatangaje ko iyi mpanuka yahitanye abantu batatu, barimo babiri bari kuri moto imwe, ari bo umumotari ndetse n’umugenzi wari uyiriho, kimwe n’undi mugenzi umwe wari uri ku yindi moto.

Nanone kandi iyi mpanuka yakomerekeyemo abandi bantu bane, barimo umumotari umwe, ndetse na tandiboyi w’iyi modoka y’ikamyo.

Naho umushoferi wari uyitwaye, we yahise yishyikiriza Polisi ya Kimironko, ndetse akaba yahise atabwa muri yombi, kugira ngo habanze hakorwe iperereza.

SP Emmanuel Kayigi yatangaje ko iperereza ry’ibanze ryagaragaje ko uyu mushoferi yemeye gutwara iyi modoka, abizi neza ko ifite ikibazo, kuko yagiyemo itaka, agasaba abantu kuyisunika kugira ngo ayishiturire aho hantu hamanuka yagongeye abantu.

Ati “Urumva ko niba imodoka itakaga, yari yamaze kubona ko harimo ikibazo, urumva rero ko harimo uburangare n’ubuteganye bucye. Umuntu wagiye mu modoka itari kwaka, akajya kuyishiturira mu muhanda muri ariya masaha imodoka ziba ari nyinshi mu muhanda, urumva ko ari uburangare n’ubuteganye buke.”

Umuvugizi wa w’Ishami rya Polisi rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, yavuze ko abantu batwara ibinyabiziga bakwiye kujya baha agaciro ikibazo icyo ari cyo cyose byaba bifite bakirinda kujya mu muhanda, kuko kubisuzugura bishobora kuvamo ibindi bibazo nk’iki cy’iyi mpanuka.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + 15 =

Previous Post

Rusizi: Imiryango 100 ituye ahazagurirwa ibikorwa bya Gisirikare imaze umwaka mu rujijo

Next Post

Icyatumye ibiganiro by’u Rwanda na Congo byimurirwa indi tariki

Related Posts

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

by radiotv10
24/12/2025
0

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika ya Mozambique, yasuye inzego z’Umutekano z’u Rwanda ziri mu butumwa muri Mocímboa da Praia,...

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Umunyamakuru Gakuru Emmanuel wamenyekanye nka Muzehe Gakuru uri mu bamaze igihe bakora itangazamakuru mu Rwanda, yatawe muri yombi akurikiranyweho gutanga...

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’imyaka igera kuri ibiri, abaturage bo mu Karere ka Rutsiro na Rubavu batabaje kubera ikibazo cy’umugezi wa Bihongora ugabanya...

IZIHERUKA

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules
MU RWANDA

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

24/12/2025
Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

24/12/2025
Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

24/12/2025
Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

23/12/2025
Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyatumye ibiganiro by’u Rwanda na Congo byimurirwa indi tariki

Icyatumye ibiganiro by’u Rwanda na Congo byimurirwa indi tariki

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.