Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyo iperereza ry’ibanze ryagaragaje ku mpanuka yahitanye batatu i Kigali

radiotv10by radiotv10
10/09/2024
in MU RWANDA
0
Icyo iperereza ry’ibanze ryagaragaje ku mpanuka yahitanye batatu i Kigali
Share on FacebookShare on Twitter

Imodoka yo mu bwoko bwa Fuso yakoreye impanuka mu Karere ka Kicukiro, ihitana abantu batatu, aho iperereza ry’ibanze ryagaragaje ko uwari uyitwaye yayigiyemo abizi ko ifite ikibazo, ndetse na we ubwe akaba yamaze kwishyikiriza Polisi.

Iyi mpanuka ikomeye yabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere, tariki 09 Nzeri 2024 ubwo iyi modoka yo mu bwoko bwa Fuso yamanukaga iturutse Kicukiro Centre yerecyeza ahazwi nko kwa Gitwaza.

Ababonye iyi modoka ubwo yamanuka muri uyu muhanda ihorera, bavuze ko ishobora kuba yari yacitse feri, ndetse ari na bwo yagendaga yahuranya ibinyabiziga yasanga mu cyerekezo cyayo, birimo moto n’izindi modoka ebyiri, ndetse n’ibindi nk’ipoto.

SP Emmanuel Kayigi, Umuvugizi w’Ishami rya Polisi y’u Rwanda Rishinzwe Umutekano wo mu muhanda, yatangaje ko iyi mpanuka yahitanye abantu batatu, barimo babiri bari kuri moto imwe, ari bo umumotari ndetse n’umugenzi wari uyiriho, kimwe n’undi mugenzi umwe wari uri ku yindi moto.

Nanone kandi iyi mpanuka yakomerekeyemo abandi bantu bane, barimo umumotari umwe, ndetse na tandiboyi w’iyi modoka y’ikamyo.

Naho umushoferi wari uyitwaye, we yahise yishyikiriza Polisi ya Kimironko, ndetse akaba yahise atabwa muri yombi, kugira ngo habanze hakorwe iperereza.

SP Emmanuel Kayigi yatangaje ko iperereza ry’ibanze ryagaragaje ko uyu mushoferi yemeye gutwara iyi modoka, abizi neza ko ifite ikibazo, kuko yagiyemo itaka, agasaba abantu kuyisunika kugira ngo ayishiturire aho hantu hamanuka yagongeye abantu.

Ati “Urumva ko niba imodoka itakaga, yari yamaze kubona ko harimo ikibazo, urumva rero ko harimo uburangare n’ubuteganye bucye. Umuntu wagiye mu modoka itari kwaka, akajya kuyishiturira mu muhanda muri ariya masaha imodoka ziba ari nyinshi mu muhanda, urumva ko ari uburangare n’ubuteganye buke.”

Umuvugizi wa w’Ishami rya Polisi rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, yavuze ko abantu batwara ibinyabiziga bakwiye kujya baha agaciro ikibazo icyo ari cyo cyose byaba bifite bakirinda kujya mu muhanda, kuko kubisuzugura bishobora kuvamo ibindi bibazo nk’iki cy’iyi mpanuka.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × four =

Previous Post

Rusizi: Imiryango 100 ituye ahazagurirwa ibikorwa bya Gisirikare imaze umwaka mu rujijo

Next Post

Icyatumye ibiganiro by’u Rwanda na Congo byimurirwa indi tariki

Related Posts

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

by radiotv10
22/01/2026
0

In many schools in Rwanda, students are told they must speak English. Sometimes, if a child speaks Kinyarwanda, they get...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

IZIHERUKA

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz
FOOTBALL

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

by radiotv10
22/01/2026
0

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyatumye ibiganiro by’u Rwanda na Congo byimurirwa indi tariki

Icyatumye ibiganiro by’u Rwanda na Congo byimurirwa indi tariki

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.