Tuesday, December 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyo iperereza ry’ibanze ryagaragaje ku mpanuka yahitanye batatu i Kigali

radiotv10by radiotv10
10/09/2024
in MU RWANDA
0
Icyo iperereza ry’ibanze ryagaragaje ku mpanuka yahitanye batatu i Kigali
Share on FacebookShare on Twitter

Imodoka yo mu bwoko bwa Fuso yakoreye impanuka mu Karere ka Kicukiro, ihitana abantu batatu, aho iperereza ry’ibanze ryagaragaje ko uwari uyitwaye yayigiyemo abizi ko ifite ikibazo, ndetse na we ubwe akaba yamaze kwishyikiriza Polisi.

Iyi mpanuka ikomeye yabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere, tariki 09 Nzeri 2024 ubwo iyi modoka yo mu bwoko bwa Fuso yamanukaga iturutse Kicukiro Centre yerecyeza ahazwi nko kwa Gitwaza.

Ababonye iyi modoka ubwo yamanuka muri uyu muhanda ihorera, bavuze ko ishobora kuba yari yacitse feri, ndetse ari na bwo yagendaga yahuranya ibinyabiziga yasanga mu cyerekezo cyayo, birimo moto n’izindi modoka ebyiri, ndetse n’ibindi nk’ipoto.

SP Emmanuel Kayigi, Umuvugizi w’Ishami rya Polisi y’u Rwanda Rishinzwe Umutekano wo mu muhanda, yatangaje ko iyi mpanuka yahitanye abantu batatu, barimo babiri bari kuri moto imwe, ari bo umumotari ndetse n’umugenzi wari uyiriho, kimwe n’undi mugenzi umwe wari uri ku yindi moto.

Nanone kandi iyi mpanuka yakomerekeyemo abandi bantu bane, barimo umumotari umwe, ndetse na tandiboyi w’iyi modoka y’ikamyo.

Naho umushoferi wari uyitwaye, we yahise yishyikiriza Polisi ya Kimironko, ndetse akaba yahise atabwa muri yombi, kugira ngo habanze hakorwe iperereza.

SP Emmanuel Kayigi yatangaje ko iperereza ry’ibanze ryagaragaje ko uyu mushoferi yemeye gutwara iyi modoka, abizi neza ko ifite ikibazo, kuko yagiyemo itaka, agasaba abantu kuyisunika kugira ngo ayishiturire aho hantu hamanuka yagongeye abantu.

Ati “Urumva ko niba imodoka itakaga, yari yamaze kubona ko harimo ikibazo, urumva rero ko harimo uburangare n’ubuteganye bucye. Umuntu wagiye mu modoka itari kwaka, akajya kuyishiturira mu muhanda muri ariya masaha imodoka ziba ari nyinshi mu muhanda, urumva ko ari uburangare n’ubuteganye buke.”

Umuvugizi wa w’Ishami rya Polisi rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, yavuze ko abantu batwara ibinyabiziga bakwiye kujya baha agaciro ikibazo icyo ari cyo cyose byaba bifite bakirinda kujya mu muhanda, kuko kubisuzugura bishobora kuvamo ibindi bibazo nk’iki cy’iyi mpanuka.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 + 6 =

Previous Post

Rusizi: Imiryango 100 ituye ahazagurirwa ibikorwa bya Gisirikare imaze umwaka mu rujijo

Next Post

Icyatumye ibiganiro by’u Rwanda na Congo byimurirwa indi tariki

Related Posts

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
01/12/2025
0

Perezida wa Repubulika y'u Rwanda, Paul Kagame; yashyize mu myanya abayobozi barimo Minisitiri w'Ubuhinzi mushya, n'Abanyamabanga ba Leta babiri barimo...

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

by radiotv10
01/12/2025
0

Hari abahoze ari abakozi b’Ikigo Nderabuzima cya Murara mu Karere ka Rubavu, bavuga ko bari mu gihirahiro nyuma y’uko mu...

Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

by radiotv10
01/12/2025
0

Abagabo batatu batawe muri yombi na Polisi ikorera mu Karere ka Gisagara, bakekwaho kwica umugabo bamukase ijosi, barimo uwakundaga kumubwira...

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

by radiotv10
01/12/2025
0

Mu Mujyi wa Kigali hagiye gutangira gahunda nshya mu gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange, izatuma nta modoka zihagarara umwanya...

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

by radiotv10
01/12/2025
0

Mu rwego rwo gukomeza gushimangira ubufatanye n’imikoranire myiza hagati y’inzego z’umutekano n’abaturage, Inzego z’Umutekano z’u Rwanda (RSF) ziri mu bikorwa...

IZIHERUKA

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda
MU RWANDA

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
01/12/2025
0

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

01/12/2025
Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

01/12/2025
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

01/12/2025
Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

01/12/2025
RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

01/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyatumye ibiganiro by’u Rwanda na Congo byimurirwa indi tariki

Icyatumye ibiganiro by’u Rwanda na Congo byimurirwa indi tariki

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.