Thursday, July 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyo Kiliziya Gatulika y’u Rwanda n’iy’u Burundi zivuga ku mubano utifashe neza n’icyo zisaba

radiotv10by radiotv10
02/04/2025
in MU RWANDA
0
Icyo Kiliziya Gatulika y’u Rwanda n’iy’u Burundi zivuga ku mubano utifashe neza n’icyo zisaba
Share on FacebookShare on Twitter

Inama yari iteraniye mu Rwanda yahuzaga Abepisikopi Gatulika b’u Rwanda n’ab’u Burundi bari mu Ihuriro ACOREB, yagararijwemo ko bababazwa no kuba Ibihugu byombi bitabanye neza kandi ibivandimwe kuva cyera, banasaba u Burundi gufungura Imipaka, kugira ngo Abanyarwanda n’Abarundi bongere bagendererane kivandimwe.

Iyi nama yatangiye tariki 30 Werurwe, yahumuje kuri uyu wa Kabiri tariki 01 Mata 2025, aho Abepisikopi bayitabiriye bagaragaje ko bababajwe no kuba imipaka ihuza ibi Bihugu byombi, imaze igihe ifunze.

Itangazo ry’ibyemezo by’iyi nama, rivuga ko aba Bepisikopi, bishimira ko hari ibiganiro byatangiye gukorwa hagati ya Guverinoma z’Ibihugu byombi.

Iri tangazo rigakomeza rigira riti “Turasaba abayobozi gukoresha inzira y’amahoro na dipolomasi maze urujya n’uruza rw’abantu n’ibintu rukongera gushoboka.”

Arikiyepisikopi wa Kigali, Musenyeri Antoni Karidinali Kambanda, akaba na Visi Perezida w’iri Huriro ACOREB, yavuze ko ubusanzwe Abanyarwanda n’Abarundi ari abavandimwe, bityo ko hakwiye gukorwa ibishoboka kugira ngo imipaka yongere ifungurwe, bityo aba baturanyi bongere bagendererane nk’uko byari bisanzwe.

Yagize ati “Abanyanyarwanda n’Abarundi dusanzwe turi Abavandimwe. Turasaba ko imipaka yafungurwa abantu bagashobora gusabana, guhahirana no gusurana.”

Agaragaza ubuvandimwe bw’abenegihugu b’ibi Bihugu byombi, yagize ati “Abanyarwanda n’Abarundi ururimi tuvuga ruraduhuza. Mu mvugo nziza y’abakurambere bacu, baravugaga ngo nta Munyarwanda udafite Umurundi, bitugaragariza ubumwe n’ubuvandimwe dufitanye. By’umwihariko nk’Abakirisitu, Kristu araduhuza, kubishimangira rero no kubibera abahamya ni byo bituma n’inzego zibishinzwe, zizagenda zikuraho inzitizi zihari zibuza abantu gusabana no gukora.”

Arikiyepiskopi wa Gitega akaba na Perezida wa ACOREB, Musenyeri Bonaventure Nahimana, yavuze ko iyi nama yakozwe n’Abepiskopi b’u Rwanda n’u Burundi, ari ugutanbga urugero rwiza rw’ubuvandimwe busanzwe hagati y’ibi Bihugu byombi.

Yagize ati “Icyo dukomeza gushyigikira ni uko Abarundi n’Abanyarwanda turi abavukanyi, turi ababanyi turi abazimyamuriro kuva na cyera. Ku ruhande rwa Ecclesia murabizi ko no mu ntangiriro u Burundi n’u Rwanda byari bigize Vicariat imwe yitwa Kivu. Dutwarwa n’Umwepiskopi umwe wari i Kabgayi. Aho tuboneye ubwigenge hakaba Inama z’Abepiskopi hamaze igihe kinini hari Inama imwe y’Abepiskopi b’u Rwanda n’u Burundi. Kugera mu mwaka wa 1980. Nyuma Inama z’Abepiskopi zaje kuba ebyiri ariko Abepiskopi bariho icyo gihe, bagira bati ‘Ko twari dusanganywe ubumwe n’ubucuti, dusangiye byinshi: ururimi, umuco, imigenzo, ni byiza ko twagira Inama iduhuza, iyo nama ikaba ihura kabiri kabiri mu mwaka.”

Uyu Perezida w’Ihuriro ACOREB, yasabye abayobozi b’u Burundi n’u Rwanda gykora ibishoboka binyuze mu nzira za dipolomasi kugira ngo imipaka ifungure.

Iyi nama yayobowe n’abakuriye Kilziya mu Rwanda n’u Burundi
Musenyeri Antoni Karidinali Kambanda yavuze ko Abanyarwanda n’Abarundi basanzwe ari abavandimwe kuva cyera
Na Musenyeri Bonaventure Nahimana Umwepiskopi wa Diyosezi ya Gitega mu Burundi ashimangira ko imipaka ikwiye gufungurwa

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 11 =

Previous Post

Umuhanzi w’ikirangirire wigeze kwamamara ku Isi n’umubyeyi we ibyabo bishobora gukomera

Next Post

RDF yagaragarije Umutwe w’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye ibyafasha guhangana n’ibyugariza abaturage

Related Posts

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

by radiotv10
30/07/2025
0

Polisi yo mu Karere ka Huye yafashe abasore 9 bakekwaho ibikorwa bihungabanya umutekano w’abaturage by’ubujura bakoraga bitwaje intwaro gakondo zirimo...

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

by radiotv10
30/07/2025
0

Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, Paul Kagame yemeje ikiruhuko ku basirikare 1 081 barimo 9 bo...

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

by radiotv10
30/07/2025
0

Umugabo w’imyaka 48 wari uzwiho ubusinzi, yasanzwe yapfuye mu mukingo wa metero zirindwi mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka...

Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

by radiotv10
30/07/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko kuba Guverinoma y’u Rwanda yaremeye gushyira umukono ku masezerano y’amahoro na...

Hasobanuwe intandaro y’ibura ry’amazi ryakajije uburemere mu Mujyi wa Kigali n’umuti riri kuvugutirwa

Hasobanuwe intandaro y’ibura ry’amazi ryakajije uburemere mu Mujyi wa Kigali n’umuti riri kuvugutirwa

by radiotv10
30/07/2025
0

Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko ikibazo cy’ibura ry’amazi riri kugaragara muri iyi minsi, cyatewe n’igabanuka ry’ayo mu mugezi wa Nyabarongo...

IZIHERUKA

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage
MU RWANDA

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

by radiotv10
30/07/2025
0

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

30/07/2025
Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

30/07/2025
Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

30/07/2025
Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

30/07/2025
Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

30/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
RDF yagaragarije Umutwe w’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye ibyafasha guhangana n’ibyugariza abaturage

RDF yagaragarije Umutwe w’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye ibyafasha guhangana n’ibyugariza abaturage

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.