Wednesday, October 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Icyo M23 ivuga ku ibura ry’amashanyarazi i Goma ryakangaranyije benshi

radiotv10by radiotv10
07/11/2023
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Icyo M23 ivuga ku ibura ry’amashanyarazi i Goma ryakangaranyije benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 uvugwaho kuba wagose Umujyi wa Goma muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, watangaje ko ntaho uhuriye n’ibura ry’umuriro w’amashanyarazi muri uyu mujyi.

Umuriro w’amashanyarazi mu gice kimwe cy’umujyi wa Goma, ryagaragaye mu ijoro ryo kuri uyu wa Mbere tariki 06 Ugushyingo 2023, aho bivugwa ko ryatewe n’iyangirika ry’ibikorwa remezo bijyana umuriro muri uyu mujyi ryatewe n’imirwano ihanganishije umutwe wa M23 na FARDC ifatanyije n’indi mitwe irimo FDLR.

Iri bura ry’umuriro w’amashanyarazi kandi ryabayeho nyuma y’iminsi bivugwa ko umutwe wa M23 wagose uyu mujyi wa Goma ukiri mu biganza bya FARDC.

Mu butumwa bwatanzwe n’Umuvugizi wa M23 mu bya Politiki, Lawrence Kanyuka, yatangaje ko iri bura ry’amashanyarazi ntaho rihuriye n’uyu mutwe.

Yagize ati “M23 iramenyesha abantu bose ko nta ruhare yagize mu ibura ry’amashanyarazi mu mujyi wa Goma n’ibice biwukikije.”

Muri ubu butumwa bwa Lawrence Kanyuka, akomeza avuga ko abatuye mu bice biri kugenzurwa na M23, bakomeje ibikorwa byabo nk’uko bisanzwe, agasaba Perezida Felix Tshisekedi guhagarika iyi mirwano ikomeje guhitana ubuzima bw’Abanyekongo.

Bamwe mu batuye mu mujyi wa Goma, bari bakomeje kuvuga ko umutwe wa M23 ari wo wakupye uyu muriro w’amashanyarazi.

Ni mu gihe bamwe mu basesenguzi bakurikiranira hafi iyi mirwano, bavuga ko gukupa amashanyarazi mu mujyi wa Goma, byakozwe n’uruhande rwa FARDC, kugira ngo rubone uko rusuka ibisaru muri uyu mujyi rwirukana M23, ndetse no kugira ngo rubyegeke kuri uyu mutwe.

Kuri uyu wa Mbere tariki 06 Ugushyingo 2023, uyu mutwe wa M23 kandi watangaje ko wamaze kwamurura abarwana ku ruhande rwa FARDC mu bice uyu mutwe wari warashyikirije ingabo ziri mu butumwa bw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EACRF).

Uyu mutwe utangaza ko muri iyi mirwano uhanganyemo na FARDC ifatanyije n’imitwe nka FDLR, abacancuro ndetse n’abasirikare b’u Burundi, wabirukanye muri ibyo bice, mu rwego rwo kwirwanaho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − 1 =

Previous Post

Abasore babiri bavukana bakekwaho kwica umubyeyi wabo barabyiyemerera

Next Post

Sitting Volleyball: Amakipe ahagarariye u Rwanda mu gikombe cy’Isi yamenye ayo azahura

Related Posts

Ukuri mpamo ku modoka y’umutamenwa yakozwe n’Igisirikare cy’u Burundi

Ukuri mpamo ku modoka y’umutamenwa yakozwe n’Igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
29/10/2025
0

Ifoto y’imodoka yakozwe n’Igisirikare cy’u Burundi bivugwa ko ari umutamenwa, yasakaye ku mbuga nkoranyambaga, ni iyo ingabo z’iki Gihugu zamurikiye...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

by radiotv10
29/10/2025
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko rigiye gukora ibishoboka byose rigahagarika ibikorwa bibi biri...

Umusirikarekazi mu Ngabo za Congo yasabiwe gufungwa imyaka 10 kubera amafoto ye n’umukunzi we yasakaye

Umusirikarekazi mu Ngabo za Congo yasabiwe gufungwa imyaka 10 kubera amafoto ye n’umukunzi we yasakaye

by radiotv10
29/10/2025
0

Adjudante Sarah Ebabi Ebadjara wo mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) yasabiwe gufungwa imyaka 10 kubera icyaha...

Hitezwe iki mu muhuro w’amateka wa Perezida Trump wa America na Xi Jinping w’u Bushinwa

Hitezwe iki mu muhuro w’amateka wa Perezida Trump wa America na Xi Jinping w’u Bushinwa

by radiotv10
29/10/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump, yatangaje ko yizeye ko Igihugu cye kigiye kugirana amasezerano n’u Bushinwa,...

Amakuru mashya ava i Paris mu Bufaransa ahabereye ubujura buhambaye

Amakuru mashya ava i Paris mu Bufaransa ahabereye ubujura buhambaye

by radiotv10
28/10/2025
0

Nyuma y’ubujura bwakoranywe ubuhanga mu mwanya nk’uwo guhumbya bwabereye mu nzu ndangamurage ya Louvre mu Bufaransa, ubu abantu babiri bakekwaho...

IZIHERUKA

Ukuri mpamo ku modoka y’umutamenwa yakozwe n’Igisirikare cy’u Burundi
AMAHANGA

Ukuri mpamo ku modoka y’umutamenwa yakozwe n’Igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
29/10/2025
0

Umugore w’umuhanzi Tom Close yamwibukije urwo amukunda anamubwira icyo amwifuriza

Umugore w’umuhanzi Tom Close yamwibukije urwo amukunda anamubwira icyo amwifuriza

29/10/2025
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

29/10/2025
Icyo Minisitiri avuga ku mwana ufite ubumuga wagaragaje impano idasanzwe bigakora benshi ku mutima

Icyo Minisitiri avuga ku mwana ufite ubumuga wagaragaje impano idasanzwe bigakora benshi ku mutima

29/10/2025
Minisitiri w’Intebe yagaragarije muri America ibanga u Rwanda rwakoresheje mu kubungabunga ibinyabuzima by’umwihariko Ingagi

Minisitiri w’Intebe yagaragarije muri America ibanga u Rwanda rwakoresheje mu kubungabunga ibinyabuzima by’umwihariko Ingagi

29/10/2025
Impuruza ku businzi bukabije bugaragara mu rubyiruko rw’u Rwanda

Impuruza ku businzi bukabije bugaragara mu rubyiruko rw’u Rwanda

29/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Sitting Volleyball: Amakipe ahagarariye u Rwanda mu gikombe cy’Isi yamenye ayo azahura

Sitting Volleyball: Amakipe ahagarariye u Rwanda mu gikombe cy’Isi yamenye ayo azahura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ukuri mpamo ku modoka y’umutamenwa yakozwe n’Igisirikare cy’u Burundi

Umugore w’umuhanzi Tom Close yamwibukije urwo amukunda anamubwira icyo amwifuriza

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.