Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Icyo M23 ivuga ku ibura ry’amashanyarazi i Goma ryakangaranyije benshi

radiotv10by radiotv10
07/11/2023
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Icyo M23 ivuga ku ibura ry’amashanyarazi i Goma ryakangaranyije benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 uvugwaho kuba wagose Umujyi wa Goma muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, watangaje ko ntaho uhuriye n’ibura ry’umuriro w’amashanyarazi muri uyu mujyi.

Umuriro w’amashanyarazi mu gice kimwe cy’umujyi wa Goma, ryagaragaye mu ijoro ryo kuri uyu wa Mbere tariki 06 Ugushyingo 2023, aho bivugwa ko ryatewe n’iyangirika ry’ibikorwa remezo bijyana umuriro muri uyu mujyi ryatewe n’imirwano ihanganishije umutwe wa M23 na FARDC ifatanyije n’indi mitwe irimo FDLR.

Iri bura ry’umuriro w’amashanyarazi kandi ryabayeho nyuma y’iminsi bivugwa ko umutwe wa M23 wagose uyu mujyi wa Goma ukiri mu biganza bya FARDC.

Mu butumwa bwatanzwe n’Umuvugizi wa M23 mu bya Politiki, Lawrence Kanyuka, yatangaje ko iri bura ry’amashanyarazi ntaho rihuriye n’uyu mutwe.

Yagize ati “M23 iramenyesha abantu bose ko nta ruhare yagize mu ibura ry’amashanyarazi mu mujyi wa Goma n’ibice biwukikije.”

Muri ubu butumwa bwa Lawrence Kanyuka, akomeza avuga ko abatuye mu bice biri kugenzurwa na M23, bakomeje ibikorwa byabo nk’uko bisanzwe, agasaba Perezida Felix Tshisekedi guhagarika iyi mirwano ikomeje guhitana ubuzima bw’Abanyekongo.

Bamwe mu batuye mu mujyi wa Goma, bari bakomeje kuvuga ko umutwe wa M23 ari wo wakupye uyu muriro w’amashanyarazi.

Ni mu gihe bamwe mu basesenguzi bakurikiranira hafi iyi mirwano, bavuga ko gukupa amashanyarazi mu mujyi wa Goma, byakozwe n’uruhande rwa FARDC, kugira ngo rubone uko rusuka ibisaru muri uyu mujyi rwirukana M23, ndetse no kugira ngo rubyegeke kuri uyu mutwe.

Kuri uyu wa Mbere tariki 06 Ugushyingo 2023, uyu mutwe wa M23 kandi watangaje ko wamaze kwamurura abarwana ku ruhande rwa FARDC mu bice uyu mutwe wari warashyikirije ingabo ziri mu butumwa bw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EACRF).

Uyu mutwe utangaza ko muri iyi mirwano uhanganyemo na FARDC ifatanyije n’imitwe nka FDLR, abacancuro ndetse n’abasirikare b’u Burundi, wabirukanye muri ibyo bice, mu rwego rwo kwirwanaho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 + 9 =

Previous Post

Abasore babiri bavukana bakekwaho kwica umubyeyi wabo barabyiyemerera

Next Post

Sitting Volleyball: Amakipe ahagarariye u Rwanda mu gikombe cy’Isi yamenye ayo azahura

Related Posts

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugaba w’ingabo za Uganda, akaba n’umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni uherutse kongera gutorerwa kuyobora igihugu, yatangaje ko abashyigikiye ishyaka ritavuga...

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Umunyamabanga Wungirije wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Ibibazo bya Afurika, yagaragaje ko gushyira abarwanyi ba AFC/M23 mu gisirikare...

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

by radiotv10
23/01/2026
0

I Davos mu Busuwisi, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangije Akanama k’Amahoro kagamije gushimangira agahenge kari...

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

by radiotv10
23/01/2026
0

Urukiko rwa Gisirikare rwa Ituri rwakatiye igifungo cy’imyaka 20 umusirikare wo ku rwego rwa Ofisiye muri FARDC no kwirukanwa burundu...

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, akomeje guterana amagambo na Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi Wine) uherutse gutsindwa amatora...

IZIHERUKA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye
IMIBEREHO MYIZA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Sitting Volleyball: Amakipe ahagarariye u Rwanda mu gikombe cy’Isi yamenye ayo azahura

Sitting Volleyball: Amakipe ahagarariye u Rwanda mu gikombe cy’Isi yamenye ayo azahura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.