Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Icyo M23 ivuga ku ibura ry’amashanyarazi i Goma ryakangaranyije benshi

radiotv10by radiotv10
07/11/2023
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Icyo M23 ivuga ku ibura ry’amashanyarazi i Goma ryakangaranyije benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 uvugwaho kuba wagose Umujyi wa Goma muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, watangaje ko ntaho uhuriye n’ibura ry’umuriro w’amashanyarazi muri uyu mujyi.

Umuriro w’amashanyarazi mu gice kimwe cy’umujyi wa Goma, ryagaragaye mu ijoro ryo kuri uyu wa Mbere tariki 06 Ugushyingo 2023, aho bivugwa ko ryatewe n’iyangirika ry’ibikorwa remezo bijyana umuriro muri uyu mujyi ryatewe n’imirwano ihanganishije umutwe wa M23 na FARDC ifatanyije n’indi mitwe irimo FDLR.

Iri bura ry’umuriro w’amashanyarazi kandi ryabayeho nyuma y’iminsi bivugwa ko umutwe wa M23 wagose uyu mujyi wa Goma ukiri mu biganza bya FARDC.

Mu butumwa bwatanzwe n’Umuvugizi wa M23 mu bya Politiki, Lawrence Kanyuka, yatangaje ko iri bura ry’amashanyarazi ntaho rihuriye n’uyu mutwe.

Yagize ati “M23 iramenyesha abantu bose ko nta ruhare yagize mu ibura ry’amashanyarazi mu mujyi wa Goma n’ibice biwukikije.”

Muri ubu butumwa bwa Lawrence Kanyuka, akomeza avuga ko abatuye mu bice biri kugenzurwa na M23, bakomeje ibikorwa byabo nk’uko bisanzwe, agasaba Perezida Felix Tshisekedi guhagarika iyi mirwano ikomeje guhitana ubuzima bw’Abanyekongo.

Bamwe mu batuye mu mujyi wa Goma, bari bakomeje kuvuga ko umutwe wa M23 ari wo wakupye uyu muriro w’amashanyarazi.

Ni mu gihe bamwe mu basesenguzi bakurikiranira hafi iyi mirwano, bavuga ko gukupa amashanyarazi mu mujyi wa Goma, byakozwe n’uruhande rwa FARDC, kugira ngo rubone uko rusuka ibisaru muri uyu mujyi rwirukana M23, ndetse no kugira ngo rubyegeke kuri uyu mutwe.

Kuri uyu wa Mbere tariki 06 Ugushyingo 2023, uyu mutwe wa M23 kandi watangaje ko wamaze kwamurura abarwana ku ruhande rwa FARDC mu bice uyu mutwe wari warashyikirije ingabo ziri mu butumwa bw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EACRF).

Uyu mutwe utangaza ko muri iyi mirwano uhanganyemo na FARDC ifatanyije n’imitwe nka FDLR, abacancuro ndetse n’abasirikare b’u Burundi, wabirukanye muri ibyo bice, mu rwego rwo kwirwanaho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + seven =

Previous Post

Abasore babiri bavukana bakekwaho kwica umubyeyi wabo barabyiyemerera

Next Post

Sitting Volleyball: Amakipe ahagarariye u Rwanda mu gikombe cy’Isi yamenye ayo azahura

Related Posts

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

by radiotv10
31/12/2025
0

Igihugu cya Mali n’icya Burkina Faso, byashyize hanze amatangazo y’ibyemezo bishobora gufata byo kwihimura kuri Leta Zunze Ubumwe za America...

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

by radiotv10
30/12/2025
0

Abayobozi bakuru b’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Umugaba Mukuru w’Ingabo zaryo, Gen Sultani...

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

by radiotv10
30/12/2025
0

Maj Gen Sultani Makenga, Umugaba Mukuru w’Ingabo za AFC/M23, yibukije abagize iri huriro ko batagomba kumva ko intambara yo kurandura...

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

by radiotv10
29/12/2025
0

Ubuyobozi Bukuru bw’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) bwitandukanyije n'amagambo ya Major General Sylvain Ekenge Bomusa Efomi wari...

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

by radiotv10
29/12/2025
0

The High Command of the Armed Forces of the Democratic Republic of Congo (FARDC) has distanced itself from the hate...

IZIHERUKA

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026
MU RWANDA

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Sitting Volleyball: Amakipe ahagarariye u Rwanda mu gikombe cy’Isi yamenye ayo azahura

Sitting Volleyball: Amakipe ahagarariye u Rwanda mu gikombe cy’Isi yamenye ayo azahura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.