Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku wagaragaye mu bikomeje kwiyongera ku mbuga nkoranyambaga

radiotv10by radiotv10
21/10/2025
in MU RWANDA
0
Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku wagaragaye mu bikomeje kwiyongera ku mbuga nkoranyambaga
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko ku mbuga nkoranyambaga hagaragaye amashusho y’umuntu ujya mu muhanda rwagati mu Mujyi wa Kigali akaryamamo mu bikomeje gukoreshwa na bamwe ku mbuga nkoranyambaga bashaka gususurutsa abantu, Polisi y’u Rwanda yavuze ko bidakwiye kandi ko uwabikoze agomba kubihanirwa.

Ni nyuma yuko umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga, ashyize aya mashusho kuri X, abaza Polisi y’u Rwanda niba ibi bikwiye.

Ni amashusho yerekana umuntu w’igitsinagabo ajya mu muhanda rwagati ibinyabiziga biri gutambuka, akicaramo ubundi akaryamamo, aho uyu aba akenyeye mu mutwe umwambaro wo mu ibara ry’ibendera ry’u Rwanda.

Ukoresha Konti yitwa Gapopori (Iratsinze) kuri uru rubuga nkoranyambaga rwa X, yagize ati “Mwaramutse neza Polisi y’u Rwanda. Ese iyi myitwarire nk’iyi mu muhanda iremewe?”

Mu kumusubiza, Polisi y’u Rwanda yavuze ko bidakwiye, kandi ko hari icyo igiye gukora kugira ngo uwakoze ibi abihanirwe hagendewe ku mategeko.

Polisi yasubije igira iti “Ibi bibangamiye ituze ry’abakoresha umuhanda, kandi birashyira mu byago ubikora n’abandi bakoresha umuhanda. Agomba kubihanirwa.”

Aya mashusho bigaragara ko ari amwe mu yashyirwa ku mbuga nkoranyambaga n’ababa bagamije gususurutsa abantu, dore ko amajwi yumvikanamo, haba harimo ijwi rigezweho rigira riti ‘atasa’.

Bamwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga, yaba mu Rwanda no mu bindi Bihugu binyuranye muri iyi minsi, hakomeje kugaragara udukino nk’utu bita ‘prank’, aho bamwe bakora ibintu biba bigaragara ko bidasanzwe mu rwego rwo gushimisha abantu babibona.

Mu Mujyi wa Kigali, hari uwakunze kugaragara ari mu muhanda mu ruhame, ajyenda arya ibiryo, bamwe mu bo bahuye bakamurangarira kuko baba bamubonyeho ibitamenyerewe, mu gihe we aba abikora ntawe yitayeho.

Ukora nk’ibi umaze kwamamara, ni Umunyarwenya Jose Angel Napi Ondo wamamaye ku mbuga nkoranyambaga nka Napi Official ukomoka muri Guinée Equatoriale, ukunze kugaragara mu mashusho yigize umurwayi wo mu mutwe, aho agendagenda ahantu hanyuranye mu ruhame yambaye imyenda yacikaguritse, rimwe na rimwe agasa nk’usagarira abantu, ariko nyuma akaza kubereka ko yari Prank.

Uyu munyarwenya wanasusurukije abantu mu Rwanda mu bitaramo bizwi nka Gen Z Comedy muri Gicurasi uyu mwaka, akunze kugaragara mu bice binyuranye ku Isi, nk’i Burayi ndetse no mu Bihugu byo ku Mugabane wa Afurika.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − 8 =

Previous Post

Ibisobanuro by’umugabo wafatanywe umutwe w’inka yari yibwe ari nzima

Next Post

Is remote work changing how Kigali residents live?

Related Posts

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

by radiotv10
21/01/2026
0

Mu rusengero rw’Itorero rya ADEPR-Karambo rwo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, haravugwa ubuhanuzi butavugwaho rumwe, burimo ubwereka...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
21/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda na RDF, bohereje itsinda riyobowe na Brig Gen Patrick Karuretwa, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubufatanye Mpuzamahanga mu...

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Nyamwumva, mu Karere ka Rubavu bavuga ko kubona amazi meza bikiri ingorabahizi, kuko hari...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Is remote work changing how Kigali residents live?

Is remote work changing how Kigali residents live?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.