Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku wagaragaye mu bikomeje kwiyongera ku mbuga nkoranyambaga

radiotv10by radiotv10
21/10/2025
in MU RWANDA
0
Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku wagaragaye mu bikomeje kwiyongera ku mbuga nkoranyambaga
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko ku mbuga nkoranyambaga hagaragaye amashusho y’umuntu ujya mu muhanda rwagati mu Mujyi wa Kigali akaryamamo mu bikomeje gukoreshwa na bamwe ku mbuga nkoranyambaga bashaka gususurutsa abantu, Polisi y’u Rwanda yavuze ko bidakwiye kandi ko uwabikoze agomba kubihanirwa.

Ni nyuma yuko umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga, ashyize aya mashusho kuri X, abaza Polisi y’u Rwanda niba ibi bikwiye.

Ni amashusho yerekana umuntu w’igitsinagabo ajya mu muhanda rwagati ibinyabiziga biri gutambuka, akicaramo ubundi akaryamamo, aho uyu aba akenyeye mu mutwe umwambaro wo mu ibara ry’ibendera ry’u Rwanda.

Ukoresha Konti yitwa Gapopori (Iratsinze) kuri uru rubuga nkoranyambaga rwa X, yagize ati “Mwaramutse neza Polisi y’u Rwanda. Ese iyi myitwarire nk’iyi mu muhanda iremewe?”

Mu kumusubiza, Polisi y’u Rwanda yavuze ko bidakwiye, kandi ko hari icyo igiye gukora kugira ngo uwakoze ibi abihanirwe hagendewe ku mategeko.

Polisi yasubije igira iti “Ibi bibangamiye ituze ry’abakoresha umuhanda, kandi birashyira mu byago ubikora n’abandi bakoresha umuhanda. Agomba kubihanirwa.”

Aya mashusho bigaragara ko ari amwe mu yashyirwa ku mbuga nkoranyambaga n’ababa bagamije gususurutsa abantu, dore ko amajwi yumvikanamo, haba harimo ijwi rigezweho rigira riti ‘atasa’.

Bamwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga, yaba mu Rwanda no mu bindi Bihugu binyuranye muri iyi minsi, hakomeje kugaragara udukino nk’utu bita ‘prank’, aho bamwe bakora ibintu biba bigaragara ko bidasanzwe mu rwego rwo gushimisha abantu babibona.

Mu Mujyi wa Kigali, hari uwakunze kugaragara ari mu muhanda mu ruhame, ajyenda arya ibiryo, bamwe mu bo bahuye bakamurangarira kuko baba bamubonyeho ibitamenyerewe, mu gihe we aba abikora ntawe yitayeho.

Ukora nk’ibi umaze kwamamara, ni Umunyarwenya Jose Angel Napi Ondo wamamaye ku mbuga nkoranyambaga nka Napi Official ukomoka muri Guinée Equatoriale, ukunze kugaragara mu mashusho yigize umurwayi wo mu mutwe, aho agendagenda ahantu hanyuranye mu ruhame yambaye imyenda yacikaguritse, rimwe na rimwe agasa nk’usagarira abantu, ariko nyuma akaza kubereka ko yari Prank.

Uyu munyarwenya wanasusurukije abantu mu Rwanda mu bitaramo bizwi nka Gen Z Comedy muri Gicurasi uyu mwaka, akunze kugaragara mu bice binyuranye ku Isi, nk’i Burayi ndetse no mu Bihugu byo ku Mugabane wa Afurika.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − 14 =

Previous Post

Ibisobanuro by’umugabo wafatanywe umutwe w’inka yari yibwe ari nzima

Next Post

Is remote work changing how Kigali residents live?

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Is remote work changing how Kigali residents live?

Is remote work changing how Kigali residents live?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.