Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyo Polisi y’u Rwanda ku byagaragajwe ko hari abashobora gukora amanyanga kuri ‘Jus’ yaciwe

radiotv10by radiotv10
27/10/2025
in MU RWANDA
0
Icyo Polisi y’u Rwanda ku byagaragajwe ko hari abashobora gukora amanyanga kuri ‘Jus’ yaciwe
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi y’u Rwanda yavuze ko ku bufatanye n’izindi nzego zirimo urw’Ubugenzacyaha RIB, bagiye gukurikirana ibyagaragajwe ko hari abacuruzi bashobora gufata utuvido turimo umutobe (Jus/Juice) wa Salama uherutse gucibwa ku isoko ry’u Rwanda, bagashyiraho ibirango by’izikorwa n’izindi nganda kugira ngo birinde guhomba izo baranguye.

Mu cyumweru gishize, tariki 20 Ukwakira 2025, inzego zirimo Polisi y’u Rwanda na RIB bagaragaje bimwe mu bicuruzwa byafatiwe mu gikorwa cyiswe Operation Usalama cyo gutahura ibitujuje ibiziranenge, ibitemewe n’ibyinjijwe mu Gihugu mu buryo bwa Magendu.

Muri ibi bicuruzwa, hagaragajwe umutobe wa Salama ukorwa n’uruganda Joyland Company LTD, utujuje ubuziranenge, aho abawucuruza bahise basabwa kuwumena ugakurwa ku isoko ryo mu Rwanda, ndetse abawunyoye, babishoboye bakaba bajya kwa muganga kwisuzumisha kugira ngo barebe ko nta ngaruka wabateye.

Nyuma yuko Polisi isabye abantu gukura ku isoko uyu mutobe, hazamutse impaka, ndetse bamwe bakavuga ko hari abatangiye gukora amanyanga kugira ngo uwo bafite mu maduka ugurwe dore ko wagurwaga cyane kubera igiciro cyawo kiri hasi.

Uwitwa Jachkson Dushimimana ku rubuga nkoranyambaga rwa X, mu butumwa yanyujijeho, yavuze ko hari abacuruzi bafite mu bubiko umutobe mwinshi wo muri ubu bwoko

Ati “Mu rwego rwo kwirinda ko bahomba, bamwe muri bo batangiye gukuraho ibirango bya SALAMA ku tuvido urimo, bagashyiraho iby’indi mitobe ikorerwa mu Bihugu by’ibituranyi (Kenya, Uganda, or Tanzania).”

Uyu yakomeje abaza polisi y’u Rwanda niba izakomeza ubugenzuzi kugira ngo aya manyanga adatuma uriya mutobe ukomeza kugurishwa, nyamara waraciwe.

Yaboneyeho gutanga igitekereza asaba izi nzego ko zasaba uruganda rukora uriya mutobe, kuba rwasubiza amafaranga abacuruzi bari bafite uyu mutobe, kugira ngo bawurusubize, bityo unabashe kuva ku isoko bityo hanirindwe n’ariya manyanga.

Mu kumusubiza, Polisi y’u Rwanda yavuze ko “Ibi binyuranyije n’amategeko kandi ntabwo byakwihanganirwa, Polisi y’u Rwanda ku bufaranye na Rwanda FDA [Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuziranenge bw’Imiti n’Ibiribwa], RIB ndetse n’izindi nzebo bireba, tuzakurikirana iki kibazo.”

Ubwo herekanwaga biriya bicuruzwa bitujuje ubuziranenge byafashwe, inzego zavuze ahakorerwa uriya mutobe, byagaragaye ko hari umwanda ukabije, ndetse n’uburyo ukorwamo bikaba bitujuje ibipimo by’ubuziranenge.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × four =

Previous Post

Ibura rikabije ry’ibikomoka kuri Peteroli mu Gihugu kimwe ryatumye gifata icyemezo gikomeye

Next Post

BREAKING: Byahinduye isura muri Cameroon nyuma yo gutangaza ko Paul Bia w’imyaka 92 yatsinze amatora 

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Byahinduye isura muri Cameroon nyuma yo gutangaza ko Paul Bia w’imyaka 92 yatsinze amatora 

BREAKING: Byahinduye isura muri Cameroon nyuma yo gutangaza ko Paul Bia w’imyaka 92 yatsinze amatora 

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.