Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyo RDF ivuga kuri Tshisekedi wumvikanye nk’uwishongora ko gutera u Rwanda byamworohera

radiotv10by radiotv10
03/01/2024
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Icyo RDF ivuga kuri Tshisekedi wumvikanye nk’uwishongora ko gutera u Rwanda byamworohera
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda burahumuriza Abanyarwanda, bukabasaba kudakangwa n’ibimaze iminsi bitangazwa n’abayobozi ba DRC ko bifuza gutera u Rwanda, bukavuga ko RDF iri maso kandi ko idapfa gukangwa n’ibyo ari byo byose kuko yanyuze mu bikomeye birenze amagambo y’umunwa.

Ni nyuma y’uko Perezida Felix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yongeye kuvuga ashize amanga ko ashaka gutera u Rwanda.

Yongeye kubivugira mu bikorwa byo kwiyamamariza indi manda, aho yavuze ko naramuka yongeye gutorwa, azasaba uburenganzira Inteko Ishinga Amategeko, ubundi agatera u Rwanda, kandi ko atazirirwa ava mu Gihugu cye, ahubwo ko azarasa Kigali yibereye i Goma.

Mu kiganiro Umuvugizi Wungirije wa RDF, Lt Col Simon Kabera, yagiranye n’Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru cyagarukaga mutekano w’u Rwanda, yavuze ko imvugo nk’izi zidakwiye kugira uwo zikura umutima, kuko RDF ihagaze bwuma kandi ntawapfa kuyimeneramo ngo ahungabanye umutekano w’u Rwanda.

Yagize ati “Ibyo twanyuzemo ntabwo turi abo gukangika, dufite icyizere, twifitiye icyizere cyo kurinda umutekano w’abaturage, nkababwira nti ‘nibasinzire batekane’.”

Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kandi bukomeje gufasha umutwe wa FDLR ugizwe na bamwe mu basize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, ndetse ukaba ugihirahira kongera guhungabanya umutekamo w’Abanyarwanda.

Lt Col Simon Kabera wagarutse no ku mvugo zibiba urwango z’abayobozi bo muri Congo ndetse n’ibyifuzo bya FDLR, yavuze ko intego zabo zidashobora kugerwaho kuko zigamije ikibi, bityo ko ibyo batangaza bidakwiye kugira uwo bihagarika umutima.

Ati “Nta gahunda bafite ifatika uretse gutekereza kuza gukora Jenoside gusa. Umuntu udafite intego ntabwo yagutera ubwoba, twe dufite intego yo kurinda umutekano w’abaturage.”

Yongeye ati “Amagambo si ubwa mbere avugwa, yaravuzwe na cyera turi mu ntambara yo kubohora Igihugu, ariko ntibyatubujije kugera ku ntego yo kugira Igihugu gitekanye.”

Perezida Paul Kagame ubwo yakiraga Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda mu birori bisoza umwaka byabaye mu mpera z’icyumweru gishize, yongeye kwizeza Abanyarwanda umutekano usesuye, avuga ko inzego z’umutekano ziteguye guhangana n’icyo ari cyo cyose cyashaka kuwuhungabanya.

Umukuru w’u Rwanda yagarutse kandi ku bamubwira ko ibyatangajwe na Tshisekedi atari akomeje ahubwo ko yari agamije kureshya Abanyekongo ngo bongerere bamugirire icyizere, avuga ko kuri we atari ko abibona.

Yagize ati “Ntushobora no kuza kunyigisha ngo uriya wavugaga biriya ngo ntabwo ari byo yavugaga. Njye ngomba kwitegura kugeza igihe nzabonera ibimenyetso ko atari byo yavugaga.”

Perezida Kagame kandi na we yavuze ko u Rwanda rwanyuze muri byinshi, ku buryo rutapfa gukangwa n’imvugo nka ziriya. Ati “[…] icyo tutazi ni iki se? Aho ho gushwanyagurika twarahageze turahazi, ahubwo bizaba ku batekereza kugira gutyo.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × three =

Previous Post

DRC: Abiyemeje gukura Tshisekedi ku butegetsi bagaragaje ko ntakizabakoma imbere

Next Post

Hamenyekanye inkuru y’Abanyarwanda baherutse gufungirwa i Burundi n’icyabiteye

Related Posts

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

Simple steps you can follow to build real confidence

Simple steps you can follow to build real confidence

by radiotv10
28/01/2026
0

Confidence isn’t about being the loudest person in the room or having everything figured out. It’s about feeling comfortable with...

IZIHERUKA

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police
FOOTBALL

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

28/01/2026
Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

28/01/2026
Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye inkuru y’Abanyarwanda baherutse gufungirwa i Burundi n’icyabiteye

Hamenyekanye inkuru y’Abanyarwanda baherutse gufungirwa i Burundi n’icyabiteye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.