Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyo RwandAir yizeza abagenzi nyuma yo kubona izindi ndege ebyiri za Boeing 737-800

radiotv10by radiotv10
28/08/2025
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Icyo RwandAir yizeza abagenzi nyuma yo kubona izindi ndege ebyiri za Boeing 737-800
Share on FacebookShare on Twitter

Sosiyete y’u Rwanda y’ingendo z’indege RwandAir yatangaje ko yabonye izindi ndege ebyiri zo mu bwoko bwa Boeing 737-800, ikizeza abagenzi ko ihindagurika ry’ingendo zayo zabayeho mu bihe bitambutse rigiye gukemuka.

Izi ndege ebyiri zo mu bwoko bwa Boeing 737-800, imwe yari yaramaze kugera mu Rwanda mu ntangiro z’uku kwezi, ndetse yatangiye ibikorwa by’ingendo, mu gihe indi yahasesekaye mu ijoro ryo hirya y’ejo.

RwandAir itangaza ko izi ndege ebyiri zombi zifite ubushobozi bwo gutwara abagenzi 174 zizatangirira ku ngendo ngufi n’izo mu bice bitari ibya kure.

Iyi sosiyete y’u Rwanda y’ingendo z’indege kandi itangaza ko hateganyijwe indi ndege ya gatatu mu gihembwe cya kane cy’uyu mwaka.

Naho izi ebyiri, imwe ifitemo n’imyanya 12 y’icyubahiro izwi nka Business Class seat, n’indi 162 isanzwe (Economy Class seats).

RwandAir kandi irateganya kwakira indi ndege nini izwi nka Airbus A330-200, izayifasha kwagura ingendo ndende mu byerecyezo bihuza Afurika n’ibindi bice by’Isi.

Umuyobozi Mukuru wa RwandAir, Yvonne Makolo yagize ati “RwandAir yishimiye gukemura imbogamizi zabaye mu ngengabihe y’ingendo zacu mu byumweru bitambutse, kandi tunakira indege zacu mu bikorwa.”

Yakomeje agira ati “Turisegura ku bakiliya bacu bose bagizweho ingaruka n’ihinduka rya gahunda z’ingendo zabo, kandi tubashimira ukwihangana bagize ubwo twariho tubishakira umuti.”

yavuze ko kuba izi ndege zaje, bigiye gufasha iyi Sosiyete ya RwandAir kuzamura icyizere isanzwe ifitiwe kandi bikanayifasha gukorera kuri gahunda ingendo zayo, no gukomeza gutanga serivisi zinoze.

Mbere yuko izi ndege ibyiri za Boeing ziza, RwandAir yari isanganwe indege 14 zirimo izo mu bwoko bwa Boeing, Airbus ndetse na Bombardier, bivuze ko ubu umubare wazo wageze ku ndege 16.

Iyi sosiyete kandi ifite intego yo kugira indege 21 no kongera umubare w’abagenzi itwara ukarenga miliyoni 2,1 mu mwaka wa 2029 uvuye kuri miliyoni imwe wabarwaga muri 2023.

RwandAir yakiriye indege ebyiri

Zifite imyanya 12 Business Class
Ndetse Economy Class

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 1 =

Previous Post

Gahunda y’ingendo z’abanyeshuri bazasubira ku mashuri yatangajwe

Next Post

Icyatumye umukino wa APR na Pyramids uhindurirwa igihe wagombaga kubera

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyatumye umukino wa APR na Pyramids uhindurirwa igihe wagombaga kubera

Icyatumye umukino wa APR na Pyramids uhindurirwa igihe wagombaga kubera

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.