Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Icyo Trump avuga ku cyemezo cy’Urukiko rusumva izindi cyaje kiri mu nyungu ze

radiotv10by radiotv10
02/07/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Icyo Trump avuga ku cyemezo cy’Urukiko rusumva izindi cyaje kiri mu nyungu ze
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko Urukiko rw’Ikirenga muri Leta Zunze Ubumwe za America, rufashe icyemezo ko Donald Trump wabaye Perezida w’iki Gihugu, afite ubudahangarwa bwo kudakurikiranwa ku byaha yakoze akiri Perezida, yavuze ko ari intsinzi y’agatangaza.

Ni icyemzo cyafashwe kuri uyu wa Mbere, ko Trump atagomba gushinjwa ku bikorwa yakoze ubwo yari akiri Perezida, kubera ubudahangarwa yemererwa n’Itegeko Nshinga.

Urukiko rw’Ikirenga, ku nshuro ya mbere rwatangaje ko abahoze ari Abakuru b’iki Gihugu cya Leta Zunze Ubumwe za America, bafite ubudahangarwa bwo kudakurikiranwa kuri bimwe mu bikorwa bakoze bakiri mu nshingano.

Ni icyemezo gishobora kurengera Donald Trump wahoze ari Perezida wa USA, kubera ibyaha ashinjwa kugiramo uruhare muri 2020 ubwo yatsindwaga amatora.

Ni icyemezo kibayeho bwa mbere mu mateka ya Leta Zunze Ubumwe za America, kuva mu kinyejana cya 18, kivuga ko abahoze ari abaperezida b’iki Gihugu badashobora gukurikiranwa ku byaha nshinjwabyaha.

Iki cyemezo kizongerera amahirwe Trump ku byaha ashinjwa bifitanye isano n’amatora yo muri 2020, yatsinzwemo na Joe Biden. Nanone kandi bishobora no kugira impinduka bizana ku byaha yashinjwaga byo kwivanga mu matora yo muri Georgia.

Trump yakiranye ubwuzu iki cyemezo, aho yahise yandika ku mbuga nkoranyambaga, ati “Intsinzi y’akataraboneka ku Itegeko Nshinga na Demokarasi. Ntewe ishema no kuba Umunyamerika.”

Iki cyemezo cyatangajwe na Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, John Roberts, mu izina ry’Abacamanza batandatu bakemeje, mu gihe batatu gusa ari bo bacyanze.

Gusa uru Rukiko rwabuze ko “Perezida atarengerwa n’ubudahangarwa ku bikorwa bitajyanye n’inshingano, kandi si ko ibyo Perezida akora byose biba ari ibijyanye n’inshingano. Perezida ntari hejuru y’itegeko. Ikindi kandi Inteko Ishinga Amatageko ishobora kwemeza icyaha Perezida mu gihe yakoze ibinyuranye n’inshingano ze, nk’uko ibyemererwa n’Itegeko Nshinga.”

Aba bacamanza, bavuze ko ubu budahangarwa bwemerewe Trump, budakora “ku bikorwa byose yakoze ubwo yari ari mu biro, uretse ibijyanye na Politiki, imirongo migari ndetse n’ishyaka.”

Batatu muri aba Bacamanza batandatu bashyigikiye iki cyemezo, ni abashyizweho na Trump ubwo yari akiri Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen + 6 =

Previous Post

Iby’ingenzi bitazibagirana ku mukino ufungura Sitade Amahoro

Next Post

Hafashwe icyemezo nyuma y’uko ikipe imwe mu Rwanda yikuye mu mukino bitunguranye

Related Posts

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Abajenerali mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu,...

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

by radiotv10
14/01/2026
0

Angeline Ndayishimiye Ndayubaha, Madamu wa Perezida Evariste Ndayishimiye w'u Burundi, wujuje imyaka 50 y’amavuko, yashimiye umugabo we utuma ubuzima bwe...

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi amaze iminsi agirira ingendo i Luanda muri Angola, aho kuva uyu...

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

by radiotv10
13/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Abarwanyi ba AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga, yongeye gushimangira ko iri Huriro rizaruhuka ari uko ribohoye Igihugu cya...

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

by radiotv10
13/01/2026
0

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi mu bice binyuranye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, guha imbaraga abasanzweyo...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hafashwe icyemezo nyuma y’uko ikipe imwe mu Rwanda yikuye mu mukino bitunguranye

Hafashwe icyemezo nyuma y’uko ikipe imwe mu Rwanda yikuye mu mukino bitunguranye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.