Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Icyo Trump avuga ku cyemezo cy’Urukiko rusumva izindi cyaje kiri mu nyungu ze

radiotv10by radiotv10
02/07/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Icyo Trump avuga ku cyemezo cy’Urukiko rusumva izindi cyaje kiri mu nyungu ze
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko Urukiko rw’Ikirenga muri Leta Zunze Ubumwe za America, rufashe icyemezo ko Donald Trump wabaye Perezida w’iki Gihugu, afite ubudahangarwa bwo kudakurikiranwa ku byaha yakoze akiri Perezida, yavuze ko ari intsinzi y’agatangaza.

Ni icyemzo cyafashwe kuri uyu wa Mbere, ko Trump atagomba gushinjwa ku bikorwa yakoze ubwo yari akiri Perezida, kubera ubudahangarwa yemererwa n’Itegeko Nshinga.

Urukiko rw’Ikirenga, ku nshuro ya mbere rwatangaje ko abahoze ari Abakuru b’iki Gihugu cya Leta Zunze Ubumwe za America, bafite ubudahangarwa bwo kudakurikiranwa kuri bimwe mu bikorwa bakoze bakiri mu nshingano.

Ni icyemezo gishobora kurengera Donald Trump wahoze ari Perezida wa USA, kubera ibyaha ashinjwa kugiramo uruhare muri 2020 ubwo yatsindwaga amatora.

Ni icyemezo kibayeho bwa mbere mu mateka ya Leta Zunze Ubumwe za America, kuva mu kinyejana cya 18, kivuga ko abahoze ari abaperezida b’iki Gihugu badashobora gukurikiranwa ku byaha nshinjwabyaha.

Iki cyemezo kizongerera amahirwe Trump ku byaha ashinjwa bifitanye isano n’amatora yo muri 2020, yatsinzwemo na Joe Biden. Nanone kandi bishobora no kugira impinduka bizana ku byaha yashinjwaga byo kwivanga mu matora yo muri Georgia.

Trump yakiranye ubwuzu iki cyemezo, aho yahise yandika ku mbuga nkoranyambaga, ati “Intsinzi y’akataraboneka ku Itegeko Nshinga na Demokarasi. Ntewe ishema no kuba Umunyamerika.”

Iki cyemezo cyatangajwe na Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, John Roberts, mu izina ry’Abacamanza batandatu bakemeje, mu gihe batatu gusa ari bo bacyanze.

Gusa uru Rukiko rwabuze ko “Perezida atarengerwa n’ubudahangarwa ku bikorwa bitajyanye n’inshingano, kandi si ko ibyo Perezida akora byose biba ari ibijyanye n’inshingano. Perezida ntari hejuru y’itegeko. Ikindi kandi Inteko Ishinga Amatageko ishobora kwemeza icyaha Perezida mu gihe yakoze ibinyuranye n’inshingano ze, nk’uko ibyemererwa n’Itegeko Nshinga.”

Aba bacamanza, bavuze ko ubu budahangarwa bwemerewe Trump, budakora “ku bikorwa byose yakoze ubwo yari ari mu biro, uretse ibijyanye na Politiki, imirongo migari ndetse n’ishyaka.”

Batatu muri aba Bacamanza batandatu bashyigikiye iki cyemezo, ni abashyizweho na Trump ubwo yari akiri Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + 11 =

Previous Post

Iby’ingenzi bitazibagirana ku mukino ufungura Sitade Amahoro

Next Post

Hafashwe icyemezo nyuma y’uko ikipe imwe mu Rwanda yikuye mu mukino bitunguranye

Related Posts

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

by radiotv10
07/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Israel, Gideon Saar, yagiriye uruzinduko muri Somaliland, nyuma yo kwemeza nk'Igihugu cyigenga iyi Ntara yo muri...

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

by radiotv10
07/01/2026
0

Umuryango Uharanira Amahoro n'Imibereho myiza y’Abaturage (CPCC), watangaje ko Abantu 105 bari mu nkambi z’impunzi z’Abanyekongo ziri mu Burundi, bitabye...

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

by radiotv10
07/01/2026
0

Impanuka y’ikamyo yabereye mu mujyi wa Semera, mu Karere ka Afar mu majyaruguru ya Ethiopia, yari ibatwaye nk'abimukira, yahitanye abantu...

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

by radiotv10
06/01/2026
0

Raporo ku bugenzuzi bwakorewe ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’Amahoro, yagaragaje ko hari ingingo z’ingenzi zikomeje kwirengagizwa mu masezerano y’i Washington,...

Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

by radiotv10
06/01/2026
0

A report assessing the implementation of peace agreements has revealed that key provisions of the Washington Peace Agreement continue to...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hafashwe icyemezo nyuma y’uko ikipe imwe mu Rwanda yikuye mu mukino bitunguranye

Hafashwe icyemezo nyuma y’uko ikipe imwe mu Rwanda yikuye mu mukino bitunguranye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.