• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Icyo Trump yasubije abajijwe ubutumwa yagenera Netanyahu nyuma y’igitero yagabye kuri Qatar

radiotv10by radiotv10
15/09/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Icyo Trump yasubije abajijwe ubutumwa yagenera Netanyahu nyuma y’igitero yagabye kuri Qatar
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za America, abajijwe ubutumwa yagenera Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, yavuze ko iki Gihugu gikwiye kwitondera Qatar nk’inshuti ikomeye y’Igihugu cye.

Perezida Trump yabitangaje kuri iki Cyumweru ubwo yari abajijwe n’umunyamakuru niba hari ubutumwa afitiye Netanyahu nyuma yuko agabye igitero gikomeye muri Qatar cyari kigambiriye kwivugana abayobozi b’umutwe wa Hamas.

Perezdia wa Leta Zunze Ubumwe za America, yavuze ko Israel igomba “kwitonda cyane” ku byo yakorera Qatar, yavuze ko ari inshuti y’akadasohoka y’Igihugu cye.

Ubwo yari ku Kibuga cy’Indege cya New Jersey, Trump yagize ati “Ubutumwa bwanjye ni uko bagomba kwitonda, bagomba kwitonda cyane. Yego bafite ibyo bapfa na Hamas, ariko Qatar yakomeje kuba inkoramutima ya Leta Zunze Ubumwe za America.”

Trump yavuze ko atishimiye kiriya gikorwa cya Israel cya kiriya Gitero yagabye muri Qatar igambiriye kwivugana abayobozi ba Hamas cyabaye mu cyumweru gishize, avuga ko ari igikorwa Israel yakoze yonyine idafatanyije na US.

Ku wa Gatanu w’icyumweru gishize, kandi Trump yohereje Steve Witkoff nk’intumwa idasanzwe kugira ngo ijye kuganira na Minisitiri w’Intebe wa Qatar akaba na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’iki Gihugu, Sheikh Mohammed bin Abdulrahman al-Thani.

Trump avuga ko Minisitiri w’Intebe wa Qatar, ari “umuntu mwiza cyane” kandi ko yamubwiye ko Qatar yifuza “kubana neza na buri wese.”

Kuri uyu wa Mbere kandi, Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, Marco Rubio ari muri Israel aho yagiye guhura na Minisitiri w’Intebe w’iki Gihugu, Benjamin Netanyahu ndetse n’abandi bayobozi ba Israel mu rwego rwo kubamenyesha aho America ihagaze kuri kiriya gitero, ndetse bakanaganira ku migambi ya Israel mu bitero byo muri Daza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − thirteen =

Previous Post

AMAFOTO: Abazwi mu myidagaduro basuye The Ben wakiriye imfura ye yageze bwa mbere mu Rwanda

Next Post

Agashya karanze Weekend: I Roma kwa Papa hagaragaye ibyanyuze benshi

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
Agashya karanze Weekend: I Roma kwa Papa hagaragaye ibyanyuze benshi

Agashya karanze Weekend: I Roma kwa Papa hagaragaye ibyanyuze benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.