Sunday, May 11, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyo Tshisekedi yavuze ku Rwanda na DRC mu nama Biruta yahagarariyemo Perezida Kagame

radiotv10by radiotv10
26/07/2022
in MU RWANDA
0
Icyo Tshisekedi yavuze ku Rwanda na DRC mu nama Biruta yahagarariyemo Perezida Kagame
Share on FacebookShare on Twitter

Mu nama y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bihuriye mu Muryango w’Ubukungu w’Akarere ka Afurika yo Hagati, Perezida Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo yavuze ko yifuza ko umubano w’Igihugu cye n’u Rwanda wongera kuba ntamakemwa.

Yabivuze kuri uyu wa Mbere tariki 25 Nyakanga, muri iyi nama ya 21 yabereye i Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yigaga ku bijyanye n’ubukungu n’umutekano mu bihugu bigize uyu Muryango w’Ubukungu bwa Afurika yo hagati (CEEAC-ECCAS).

Iyi yayobowe na Perezida Félix Tshisekedi, yitabiriwe n’abakuru b’Ibihugu barimo uwa Centrafrique, Faustin-Archange Touadéra n’uwa Chad, Lt Gen Mahamat Idriss Déby Itno, uwaSão Toméan, Carlos Vila Nova mu gihe Perezida Kagame Paul w’u Rwanda yahagarariwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr Vincent Biruta.

Iyi nama iteranye mu gihe umubano w’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo urimo igitotsi cyazamuwe n’ibirego impande zombi zishinjanya nko kuba DRC ivuga ko u Rwanda rufasha umutwe wa M23, u Rwanda na rwo rukavuga ko Congo ifasha FDLR.

Perezida Félix Tshisekedi, ubwo yagarukaga ku mubano w’Igihugu cye n’u Rwanda, yavuze ko ibibazo biri hagati y’ibi Bihugu byombi, we ubwe yabifatiye umwanya akabikurikira, ariko ko hari ubushake bwo kuba byakemuka.

Yagize ati “Hanyuma ku mwuka uri hagati ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nk’Igihugu cyanjye n’Igihugu cy’abaturanyi cy’u Rwanda, ni umwuka nakurikiranye ku giti cyanjye kandi ndifuza ko ibintu bisubira mu buryo, mfitiye ubushake ndetse twese tukaba tubyifuza.”

Atangaje ibi nyuma y’iminsi micye intumwa zigize Komisiyo ihuriweho n’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yashyiriweho gusuzuma imiterere y’ibibazo biri hagati y’Ibihugu byombi, ziteranye ku nshuro ya mbere mu biganiro byabereye i Luanda muri Angola mu cyumweru gishize tariki 21 Nyakanga 2022.

Iyi nama yari irimo ba Minisitiri b’Ububanyi n’Amahanga b’imande zombi, Dr Vincent Biruta w’u Rwanda na Christophe Lutundula wa DRC, yanzuye ko Ibihugu byombi byongera kubana neza nkuko byahoze.

Aba badipolomate banzuye ko “Impande zombi ziyemeje gushyira imbaraga zose mu kuzana amahoro ubundi ibikorwa by’ubucuruzi bigakomeza ndetse n’imicungire inoze y’imipaka.”

Iyi komisiyo yashyizweho n’Inama y’Abakuru b’Ibihugu by’u Rwanda, DRC na Angola yabaye mu ntangiro z’uku kwezi, na yo yafatiwemo imyanzuro irebana no kurandura umwuka mubi uri hagati y’u Rwanda na Congo Kinshasa.

Kuva iyi nama y’Abakuru b’Ibihugu yaba, ibikorwa byasaga nk’ibyenyegeza umwuka mubi hagati y’u Rwanda na DRC, byagiye bigabanuka birimo kuba bamwe mu bategetsi muri Congo baravugaga imvugo ziremereye zigaragaza urwango bafite u Rwanda.

Dr Vincent Biruta yahagarariye Perezida Paul Kagame muri iyi nama

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − 9 =

Previous Post

Rusizi: Yabuze amafaranga yo kwishyura indaya bararanye ashaka kumuha isambaza, iti “nzazishyura inzu se?”

Next Post

M23 yafatiwe indi myanzuro ikomeye n’undi muryango w’Ibihugu

Related Posts

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Umusore w’imyaka 27 y’amavuko ukekwaho kwica uwari umukoresha we mu Murenge wa Ruli mu Karere ka Gakenke, yarangiza akamuzingazingira mu...

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo iminsi 30 Moses Turahirwa uzwi mu guhanga imideri wanashinze inzu yayo...

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

by radiotv10
09/05/2025
0

Umugore w’imyaka 58 wo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza ukurikiranyweho kwica umugabo we w’imyaka 80, avuga ko...

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda bwashimiye Imana ku itorwa ry’Umushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Nyirubutungane Lewo XIV...

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu...

IZIHERUKA

MU RWANDA

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

09/05/2025
Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 iravugwaho kugenzura undi mupaka nyuma y’imirwano na FARDC yamaze amasaha 9

M23 yafatiwe indi myanzuro ikomeye n’undi muryango w’Ibihugu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.