Sunday, June 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyo u Rwanda ruvuga ku biri gukorwa ku mubano warwo n’u Burundi bitanga icyizere

radiotv10by radiotv10
24/03/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Icyo u Rwanda ruvuga ku biri gukorwa ku mubano warwo n’u Burundi bitanga icyizere
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yemeje ko Guverinoma y’u Rwanda n’iy’u Burundi ziri mu biganiro bigamije kuzahura umubano w’Ibihugu byombi umaze igihe urimo igitotsi cyanatumye Leta y’u Burundi ifunga imipaka.

Tariki 16 Werurwe 2025, ubwo Perezida Paul Kagame yagiranaga ikiganiro n’Abaturage b’Umujyi wa Kigali, yagarutse ku mubano w’u Rwanda n’Ibihugu by’ibituranyi, aho yagarutse ku warwo na DRC ndetse n’u Burundi, umaze igihe urimo igitotsi.

Umukuru w’u Rwanda wagarutse kuri bimwe mu byatumye haza igitotsi mu mubano w’u Rwanda n’ibi Bihugu byombi, yavuze ko hari kuba ibiganiro hagati y’u Rwanda na kimwe muri ibyo Bihugu [u Burundi na DRC].

Bamwe bahise bakeka ko yashakaga kuvuga u Burundi, dore ko mu minsi ishize hanavuzwe ko inzego zishinzwe ubutasi ku mpande z’u Rwanda n’u Burundi, ziherutse guhurira mu biganiro byabereye mu Ntara ya Kirundo.

Ni ibiganiro bivugwa ko kandi byakurikiye ibindi nkabyo byari biherutse kubera mu Rwanda, byombi bigamije gushaka umuti w’ibibazo bimaze igihe mu mubano w’ibi Bihugu byombi bisanzwe bifatwa nk’ibivandimwe kubera ibyo bihuje.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe abajijwe niba abahise bakeka ko Igihugu Perezida Kagame yavugaga ari u Burundi, yavuze ko “batekereje neza.”

Yakomeje agira ati “Hari ibiganiro bihari n’inzego zibishinzwe hagati y’Ibihugu byombi kugira ngo turebe yuko haba gucubya umwuka mubi wari uhari kugira ngo turebe ko twazagarura umwuka mwiza.”

Minisitiri Nduhungirehe wirinze kugira byinshi atangaza kuri ibi biganiro biriho bikorwa hagati y’u Rwanda n’u Burundi, yavuze ko “Biracyari mu ntangiriro ariko dufite icyizere ko nabyo bizatanga umusaruro.”

Mu ntangiro za 2024, Leta y’u Burundi yafashe icyemezo cyo gufunga imipaka ihuza iki Gihugu n’u Rwanda, irushinja gutera inkunga umutwe wa RED-Tabara urwanya ubutegetsi bwa kiriya Gihugu, mu gihe u Rwanda rwabihakanye ndetse uyu mutwe na wo ubyamaganira kure.

U Rwanda na rwo kandi rushinja ubutegetsi bw’u Burundi byumwihariko Perezida Evaritse Ndayishimiye gufatanya n’ubutegetsi bwa Congo, mu mugambi wo gushaka gutera u Rwanda no gukorana n’umutwe wa FDLR urwanya u Rwanda, unamaze igihe ukorana n’igisirikare cya Congo mu bikorwa bigirira nabi Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda bo mu bwoko bw’Abatutsi.

Minisitiri Nduhungirehe avuga ko hari icyizere

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 + 4 =

Previous Post

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Next Post

Menya impinduka zigiye kuba mu biganiro by’u Rwanda na Congo

Related Posts

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Abatuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, baravuga ko hari abaremye itsinda ryiyise ‘Abanjongo’ baturuka mu Murenge wa...

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

by radiotv10
28/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zibifashijwemo n’iya Leta Zunze Ubumwe za America, zasinye amasezerano y’amahoro arimo...

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

by radiotv10
28/06/2025
0

Bamwe mu bakora akazi ko gusoroma icyayi mu mirima ya Pfunda mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, bavuga...

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

by radiotv10
28/06/2025
0

The Government of Rwanda and the Democratic Republic of Congo, with the support of the United States of America, have...

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

by radiotv10
27/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z’u Rwanda, barangije amasomo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Kimaka muri...

IZIHERUKA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye
IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

28/06/2025
Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

28/06/2025
Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

28/06/2025
Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

27/06/2025
“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

27/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya impinduka zigiye kuba mu biganiro by’u Rwanda na Congo

Menya impinduka zigiye kuba mu biganiro by’u Rwanda na Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.