Wednesday, August 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyo u Rwanda ruvuga ku biri gukorwa ku mubano warwo n’u Burundi bitanga icyizere

radiotv10by radiotv10
24/03/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Icyo u Rwanda ruvuga ku biri gukorwa ku mubano warwo n’u Burundi bitanga icyizere
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yemeje ko Guverinoma y’u Rwanda n’iy’u Burundi ziri mu biganiro bigamije kuzahura umubano w’Ibihugu byombi umaze igihe urimo igitotsi cyanatumye Leta y’u Burundi ifunga imipaka.

Tariki 16 Werurwe 2025, ubwo Perezida Paul Kagame yagiranaga ikiganiro n’Abaturage b’Umujyi wa Kigali, yagarutse ku mubano w’u Rwanda n’Ibihugu by’ibituranyi, aho yagarutse ku warwo na DRC ndetse n’u Burundi, umaze igihe urimo igitotsi.

Umukuru w’u Rwanda wagarutse kuri bimwe mu byatumye haza igitotsi mu mubano w’u Rwanda n’ibi Bihugu byombi, yavuze ko hari kuba ibiganiro hagati y’u Rwanda na kimwe muri ibyo Bihugu [u Burundi na DRC].

Bamwe bahise bakeka ko yashakaga kuvuga u Burundi, dore ko mu minsi ishize hanavuzwe ko inzego zishinzwe ubutasi ku mpande z’u Rwanda n’u Burundi, ziherutse guhurira mu biganiro byabereye mu Ntara ya Kirundo.

Ni ibiganiro bivugwa ko kandi byakurikiye ibindi nkabyo byari biherutse kubera mu Rwanda, byombi bigamije gushaka umuti w’ibibazo bimaze igihe mu mubano w’ibi Bihugu byombi bisanzwe bifatwa nk’ibivandimwe kubera ibyo bihuje.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe abajijwe niba abahise bakeka ko Igihugu Perezida Kagame yavugaga ari u Burundi, yavuze ko “batekereje neza.”

Yakomeje agira ati “Hari ibiganiro bihari n’inzego zibishinzwe hagati y’Ibihugu byombi kugira ngo turebe yuko haba gucubya umwuka mubi wari uhari kugira ngo turebe ko twazagarura umwuka mwiza.”

Minisitiri Nduhungirehe wirinze kugira byinshi atangaza kuri ibi biganiro biriho bikorwa hagati y’u Rwanda n’u Burundi, yavuze ko “Biracyari mu ntangiriro ariko dufite icyizere ko nabyo bizatanga umusaruro.”

Mu ntangiro za 2024, Leta y’u Burundi yafashe icyemezo cyo gufunga imipaka ihuza iki Gihugu n’u Rwanda, irushinja gutera inkunga umutwe wa RED-Tabara urwanya ubutegetsi bwa kiriya Gihugu, mu gihe u Rwanda rwabihakanye ndetse uyu mutwe na wo ubyamaganira kure.

U Rwanda na rwo kandi rushinja ubutegetsi bw’u Burundi byumwihariko Perezida Evaritse Ndayishimiye gufatanya n’ubutegetsi bwa Congo, mu mugambi wo gushaka gutera u Rwanda no gukorana n’umutwe wa FDLR urwanya u Rwanda, unamaze igihe ukorana n’igisirikare cya Congo mu bikorwa bigirira nabi Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda bo mu bwoko bw’Abatutsi.

Minisitiri Nduhungirehe avuga ko hari icyizere

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + five =

Previous Post

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Next Post

Menya impinduka zigiye kuba mu biganiro by’u Rwanda na Congo

Related Posts

Uwari Ambasaderi wa Israel mu Rwanda yita iwabo ha kabiri yagaragaje uburyo ahishimira

Eng.-Former Israeli Ambassador to Rwanda shares his delight at calling it his second home

by radiotv10
20/08/2025
0

Dr. Ron Adam, who was the first Ambassador of Israel to Rwanda, said that he once again enjoyed wonderful moments...

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku rugomo rukorwa n’urubyiruko rw’abanyamahanga rwavuzweho kenshi

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku rugomo rukorwa n’urubyiruko rw’abanyamahanga rwavuzweho kenshi

by radiotv10
20/08/2025
0

Polisi y’u Rwanda yavuze ko ikibazo cy’urugomo rukorwa n’abanyamahanga baba mu Rwanda, kimaze iminsi gikurikiranwa, ndetse ko mu mezi 12...

Eng.-Rwanda to announce high school graduates’ results before the academic year for the first time

Eng.-Rwanda to announce high school graduates’ results before the academic year for the first time

by radiotv10
20/08/2025
0

The Ministry of Education has announced that results of the National Examinations for students who completed secondary school in the...

Uwari Ambasaderi wa Israel mu Rwanda yita iwabo ha kabiri yagaragaje uburyo ahishimira

Uwari Ambasaderi wa Israel mu Rwanda yita iwabo ha kabiri yagaragaje uburyo ahishimira

by radiotv10
20/08/2025
0

Dr Ron Adam wabaye Ambasaderi wa mbere w’Igihugu cya Israel mu Rwanda, yavuze ko yongeye kugirira ibihe byiza muri iki...

Eng.-Rwanda deported 64 foreign youths over violence

Eng.-Rwanda deported 64 foreign youths over violence

by radiotv10
20/08/2025
0

Rwanda National Police has said that the issue of violence committed by foreigners living in Rwanda has been under monitoring,...

IZIHERUKA

Uwari Ambasaderi wa Israel mu Rwanda yita iwabo ha kabiri yagaragaje uburyo ahishimira
MU RWANDA

Eng.-Former Israeli Ambassador to Rwanda shares his delight at calling it his second home

by radiotv10
20/08/2025
0

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku rugomo rukorwa n’urubyiruko rw’abanyamahanga rwavuzweho kenshi

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku rugomo rukorwa n’urubyiruko rw’abanyamahanga rwavuzweho kenshi

20/08/2025
Eng.-Rwanda to announce high school graduates’ results before the academic year for the first time

Eng.-Rwanda to announce high school graduates’ results before the academic year for the first time

20/08/2025
Uwari Ambasaderi wa Israel mu Rwanda yita iwabo ha kabiri yagaragaje uburyo ahishimira

Uwari Ambasaderi wa Israel mu Rwanda yita iwabo ha kabiri yagaragaje uburyo ahishimira

20/08/2025
Eng.-Rwanda deported 64 foreign youths over violence

Eng.-Rwanda deported 64 foreign youths over violence

20/08/2025
Menya amasomo abanyeshuri batsinzwe kurusha ayandi mu bizamini bya Leta

Menya amasomo abanyeshuri batsinzwe kurusha ayandi mu bizamini bya Leta

20/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya impinduka zigiye kuba mu biganiro by’u Rwanda na Congo

Menya impinduka zigiye kuba mu biganiro by’u Rwanda na Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-Former Israeli Ambassador to Rwanda shares his delight at calling it his second home

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku rugomo rukorwa n’urubyiruko rw’abanyamahanga rwavuzweho kenshi

Eng.-Rwanda to announce high school graduates’ results before the academic year for the first time

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.