Saturday, June 7, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyo u Rwanda ruvuga ku bya mbere byemeranyijweho hagati ya AFC/M23 na Leta ya Congo

radiotv10by radiotv10
24/04/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho

Amb. Olivier Nduhungirehe

Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungireye yashimye ibyemezo byavuye mu biganiro biri guhuza Ihuriro AFC/M23 na Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, avuga ko ari intambwe ishimishije iganisha ku gushaka mahoro arambye.

Ni nyuma yuko mu ijoro ryacyeye, Ihuriro AFC/M23 rishyize hanze itangazo ry’ibyemezo bihuriweho hagati yaryo na Guverinoma ya DRC, byavuye mu biganiro bari gufashwamo na Leta ya Qatar.

Iri tangazo rivuga ko ibi biganiro biri kuba mu mwuka mwiza, rigaragaza ko impande zombi zifite ubushake bwo gushaka umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa DRC binyuze mu nzira z’ibiganiro.

Ibi byemezo kandi bigaragaza ko impande zombi zemeranyijwe guhagarika imirwano mu buryo bwa vuba, kugira ngo haboneke uburyo hakorwa ibindi biganiro bigamije gusasa inzobe yo kwigira hamwe intandaro y’amakimbirane ari muri iki Gihugu, no gushaka umuti wabyo.

Nyuma yuko iri tangazo rigiye hanze, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, yagaragaje ko yishimiye ibi byemezo byavuye mu biganiro biri guhuza Ihuriro AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Congo Kinshasa.

Minisitiri Olivier Nduhungirehe yagize ati “Iri tangazo rihuriweho hagati ya Guverinoma ya DRC na AFC/M23 ku bw’ubuhuza bwa Qatar, bugaragaza intambwe y’ingenzi ndetse ihamye iganisha ku mahoro arambye mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu gihe ibyemeranyijweho byashyiranwa mu bikorwa ubushake bwose.”

Minisitiri Nduhungirehe yavuze ko kandi iyi ntambwe yagezweho hagati ya AFC/M23 na Guverinoma ya Congo Kinshasa, ari kimwe mu bikorwa biriho bikorwa muri uku kwezi kwa Mata 2025 ndetse n’u Rwanda rurimo kandi rubifitemo ubushake bushyitse.

Ibiganiro byo muri Qatar hagati ya AFC/M23 na Guverinoma ya Congo, nubwo nta makuru menshi bikunze gutangwaho, byaje nyuma yuko Perezida Paul Kagame w’u Rwanda na mugenzi wa DRC, Felix Tshisekedi bahuye mu nama yabereye nubundi i Doha muri Qatar tariki 18 Werurwe 2025.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, mu kiganiro aherutse kugirana na Televiziyo Rwanda, yavuze ko uku guhura kwa Perezida Kagame na Tshisekedi, atari ibindi biganiro byavutse hagati y’u Rwanda na DRC, ahubwo ko byari bigamije kongera kubyutsa icyizere hagati y’Abakuru b’Ibihugu byombi [ibyo yise ‘Confidence building measure’], kugira ngo byorohereze ibindi biganiro bigomba kuba bigamije gushaka umuti w’ibibazo bimaze igihe mu burasirazuba bwa DRC.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 4 =

Previous Post

Umuhanzi Nyarwanda Niyo Bosco ari mu kababaro k’ibyago yagize

Next Post

U Rwanda rwamenye Ibihugu bihuriye mu itsinda mu gikombe cya Afurika cya Basketball y’Abagore

Related Posts

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, hatawe muri yombi umusore w’imyaka 20 nyuma yo gukekwaho gufata ku ngufu...

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwamenye Ibihugu bihuriye mu itsinda mu gikombe cya Afurika cya Basketball y’Abagore

U Rwanda rwamenye Ibihugu bihuriye mu itsinda mu gikombe cya Afurika cya Basketball y’Abagore

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.