Friday, November 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyo u Rwanda ruvuga ku ngingo irugaragazaho icyasha mu cyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga mu Bwongereza

radiotv10by radiotv10
15/11/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ikibazo u Rwanda rwabajije Congo yakinnye ku mubyimba Abanyekongo baruhungiyemo
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda yagize icyo avuga ku ngingo igaruka ku Rwanda mu cyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga mu Bwongereza rwatesheje agaciro gahunda yo kohereza abimukira, ivuga ko atari Igihugu gitekanye cyakoherezwamo abo bantu, avuga ko bihabanye n’ukuri.

Ni nyuma y’uko Urukiko rw’Ikirenga mu Bwongereza, rutesheje agaciro gahunda ya Guverinoma y’iki Gihugu n’iy’u Rwanda yari igamije kuramira ubuzima bw’abimukira n’impunzi, rukavuga ko itubahirije amategeko.

Uretse kuba uru Rukiko rwavuze ko hari impungenge ko abarebwaga n’aya masezerano, bashobora kuzahita boherezwa mu Bihugu baturutsemo igihe baba boherejwe mu Rwanda, rwanavuze ko atari Igihugu cya gatatu gitekanye cyakwakira abo bimukira mu gihe baba batabashije kuguma mu Bwongereza.

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo mu butumwa yanyujije kuri X, yavuze ko nubwo iki cyemezo cyafashwe n’Ubucamanza bw’u Bwongereza “ariko twe twitaye ku kuvuga ko u Rwanda atari Igihugu cya gatatu gitekanye cyakoherezwamo abimukira n’abashaka ubuhungiro mu gihe bagishakirwa aho bajya.”

Yolande Makolo yakomeje avuga ko u Rwanda rwiyemeje gukorana n’u Bwongereza muri iyi gahunda yo kohereza abimukira n’abashaka ubuhungiro, rugendeye ku nshingano Mpuzamahanga Ibihugu bishyirwaho mu gutabara ubuzima bw’abari mu kaga.

Ati “Tuzirikanwa na UNHCR ndetse n’indi miryango mpuzamahanga ku kuba turi intangarugero mu gufata neza impunzi.”

Yavuze ko mu buryo bwemewe n’amategeko, u Rwanda mu bikorwa ruba rurimo byo kuzamura imibereho y’Abanyarwanda, runagenda rukorana n’abafatanyabikorwa mpuzamahanga mu gushaka umuti w’ibibazo by’ingutu biba byugarije Afurika ndetse n’ibindi bice by’Isi.

Yolande Makolo yasoje agira ati “Duha agaciro cyane inshingano zo kugira uruhare mu bikorwa by’ubutabazi, kandi tuzakomeza kubyubahiriza.”

Guverinoma y’u Rwanda yakunze kuvuga ko yiyemeje gukorana na Guverinoma y’u Bwongereza muri iyi gahunda yamaze guteshwa agaciro, kuko u Rwanda ruzi ingaruka zo kuba abantu babaho ari impunzi batanitabwaho uko bikwiye, kubera amateka Abanyarwanda banyuzemo, bityo ko muri bicye rufite rutazabura gutanga umusanzu ku bakeneye ubutabazi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − fifteen =

Previous Post

Amateka ariyandika: Abakuru b’Ibihugu bikomeye bidakunze guhuza ku ngingo nyinshi barahura

Next Post

DRCongo: Itumbagira ry’imibare y’abagore bahohoterwa ryahagurukije abanyamakuru b’abagore

Related Posts

Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije

Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije

by radiotv10
28/11/2025
0

Minisiteri y'Uburezi yatangaje ko hagiye kubakwa amashuri atanu y'intangarugero muri buri Ntara n'Umujyi wa Kigali, azatanga urugero mu gutanga uburezi...

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
27/11/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko abantu badakwiye gukomeza kuzamura impaka z’igihe hazafungurirwa insengero zafunzwe, ahubwo ko bari bakwiye gutekereza ibyabateza...

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

by radiotv10
27/11/2025
0

The scheduled period for collecting information and photographing residents of Huye, Gisagara, and Nyanza districts in the Southern Province for...

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

by radiotv10
27/11/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro ryasubitse urubanza ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo ruregwamo Ishimwe Patrick na Kalisa John bakurikiranyweho ibyaha bifitanye isano...

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

by radiotv10
27/11/2025
0

A group of former Israel Defense Forces (IDF) soldiers, including those who were injured in combat, are on a visit...

IZIHERUKA

Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije
IMIBEREHO MYIZA

Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije

by radiotv10
28/11/2025
0

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

27/11/2025
Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

27/11/2025
Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

27/11/2025
UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

27/11/2025
Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

27/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
DRCongo: Itumbagira ry’imibare y’abagore bahohoterwa ryahagurukije abanyamakuru b’abagore

DRCongo: Itumbagira ry'imibare y'abagore bahohoterwa ryahagurukije abanyamakuru b’abagore

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.