Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyo u Rwanda ruvuga ku ngingo irugaragazaho icyasha mu cyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga mu Bwongereza

radiotv10by radiotv10
15/11/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ikibazo u Rwanda rwabajije Congo yakinnye ku mubyimba Abanyekongo baruhungiyemo
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda yagize icyo avuga ku ngingo igaruka ku Rwanda mu cyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga mu Bwongereza rwatesheje agaciro gahunda yo kohereza abimukira, ivuga ko atari Igihugu gitekanye cyakoherezwamo abo bantu, avuga ko bihabanye n’ukuri.

Ni nyuma y’uko Urukiko rw’Ikirenga mu Bwongereza, rutesheje agaciro gahunda ya Guverinoma y’iki Gihugu n’iy’u Rwanda yari igamije kuramira ubuzima bw’abimukira n’impunzi, rukavuga ko itubahirije amategeko.

Uretse kuba uru Rukiko rwavuze ko hari impungenge ko abarebwaga n’aya masezerano, bashobora kuzahita boherezwa mu Bihugu baturutsemo igihe baba boherejwe mu Rwanda, rwanavuze ko atari Igihugu cya gatatu gitekanye cyakwakira abo bimukira mu gihe baba batabashije kuguma mu Bwongereza.

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo mu butumwa yanyujije kuri X, yavuze ko nubwo iki cyemezo cyafashwe n’Ubucamanza bw’u Bwongereza “ariko twe twitaye ku kuvuga ko u Rwanda atari Igihugu cya gatatu gitekanye cyakoherezwamo abimukira n’abashaka ubuhungiro mu gihe bagishakirwa aho bajya.”

Yolande Makolo yakomeje avuga ko u Rwanda rwiyemeje gukorana n’u Bwongereza muri iyi gahunda yo kohereza abimukira n’abashaka ubuhungiro, rugendeye ku nshingano Mpuzamahanga Ibihugu bishyirwaho mu gutabara ubuzima bw’abari mu kaga.

Ati “Tuzirikanwa na UNHCR ndetse n’indi miryango mpuzamahanga ku kuba turi intangarugero mu gufata neza impunzi.”

Yavuze ko mu buryo bwemewe n’amategeko, u Rwanda mu bikorwa ruba rurimo byo kuzamura imibereho y’Abanyarwanda, runagenda rukorana n’abafatanyabikorwa mpuzamahanga mu gushaka umuti w’ibibazo by’ingutu biba byugarije Afurika ndetse n’ibindi bice by’Isi.

Yolande Makolo yasoje agira ati “Duha agaciro cyane inshingano zo kugira uruhare mu bikorwa by’ubutabazi, kandi tuzakomeza kubyubahiriza.”

Guverinoma y’u Rwanda yakunze kuvuga ko yiyemeje gukorana na Guverinoma y’u Bwongereza muri iyi gahunda yamaze guteshwa agaciro, kuko u Rwanda ruzi ingaruka zo kuba abantu babaho ari impunzi batanitabwaho uko bikwiye, kubera amateka Abanyarwanda banyuzemo, bityo ko muri bicye rufite rutazabura gutanga umusanzu ku bakeneye ubutabazi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 + 20 =

Previous Post

Amateka ariyandika: Abakuru b’Ibihugu bikomeye bidakunze guhuza ku ngingo nyinshi barahura

Next Post

DRCongo: Itumbagira ry’imibare y’abagore bahohoterwa ryahagurukije abanyamakuru b’abagore

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
DRCongo: Itumbagira ry’imibare y’abagore bahohoterwa ryahagurukije abanyamakuru b’abagore

DRCongo: Itumbagira ry'imibare y'abagore bahohoterwa ryahagurukije abanyamakuru b’abagore

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.