Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

radiotv10by radiotv10
26/07/2025
in MU RWANDA
0
Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko hasakaye ibaruwa bigaragara ko yanditswe n’Umuyobozi w’Ikio cya C.L Gashonga TSS cyo mu Karere ka Rusizi, agaya umukozi wacyo akoresha mu mvugo imutesha agaciro nk’aho yavuze ko ‘arutwa n’udahari’, Umuyobozi w’aka Karere yavuze ko imvugo yakoreshejwe muri iyi baruwa idakwiye, kandi ko ubuyobozi bugiye kubikurikirana.

Ni ibaruwa bigaraga ko yanditswe tariki 17 Nyakanga 2025, ifite impamvu igira iti “Kugawa”, yanditswe na Nambajimana Pie, Umuyobozi w’iri shuri avuga ko igamije kugaya Iradukunda Benjamin usanzwe ashinzwe imyitwarire y’abanyeshuri (Animategu).

Uyu Muyobozi w’Ishuri avuga ko uku kugaya bishingiye kuri raporo yakozwe n’abahagarariye akanama gashinzwe gukurikirana amakosa muri iki Kigo giherereye mu Murenge wa Rwimbogo.

Uyu muyobozi w’iri shuri agira ati “Tukwandikiye tukugaya imyitwarire y’ubugwari ugaragaza mu kazi ushinzwe. Imikorere yawe rwose iragayitse kuko nta gutekereza ushyira mu byo ukora no mu byo uvuga, nta bushake, nta rukundo rwo gukurikirana ibyo wakagombye kuba ukurikirana ngo bigende neza.”

Akomeza agira ati “Turakugaya mu ruhame rw’abandi bakozi ba C.L Gashonga TSS. Uragawe, umugayo ukuriho kuko nta musaruro utanga. Abo duhaye kopi bose bakugaye kuko urutwa n’udahari. Uko tukuzi, kugawa biragushimishije wigurire icupa.”

Kuri iyi nyandiko, bigaragara ko yamenyeshejwe abayobozi banyuranye barimo Umuyobozi w’Uburezi mu Karere ka Rusizi, n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rwimbogo.

Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi, Sindayiheba Phanuel, yavuze ko na bo iyi baruwa bayibonye “Nubwo uriya wanditse ibaruwa ntaho bigaragara ko yahaye kopi ubuyobozi bw’Akarere.”

Akomeza agaya uyu muyobozi wa kiriya kigo, kubera imvugo yakoresheje muri iriya baruwa kuko idakwiye.

Ati “Icyo twayivugaho ni uko imvugo yakoreshejwe muri iriya nyandiko imeze kuriya ntikwiriye kuba yakoreshwa n’Umunyarwanda cyangwa se n’undi wese wiyubaha kandi ukwiriye kubaha na mugenzi we.”

Avuga ko ubuyobozi bugiye gukurikirana iby’iki kibazi, kugira ngo hamenyekane intandaro ya byose ubundi bisesengurwe hazanafatwe icyemezo.

Ati “Ndetse na ba nyiri ubwite duhure na bo tumenye ibirenze ku biri muri iriya baruwa, ibizavamo bizatume hafatwa imyanzuro hakurikijwe icyo amategeko ateganya ku bijyanye n’abakozi ba Leta, by’umwihariko abo mu burezi.”

Bamwe mu bagiye basangiza abandi iyi baruwa ku mbuga nkoranyambaga, banenze imvugo yakoreshejwe n’umuyobozi wa ririya shuri, kuko itesha agaciro uwo yandikiwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + 11 =

Previous Post

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Next Post

Do young Rwandans really understand financial independence?

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Do young Rwandans really understand financial independence?

Do young Rwandans really understand financial independence?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.