Sunday, November 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Icyo Umugaba Mukuru wa M23 avuga ku biganiro bivugwa hagati yabo na Congo

radiotv10by radiotv10
13/03/2025
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Icyo Umugaba Mukuru wa M23 avuga ku biganiro bivugwa hagati yabo na Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Umugaba Mukuru w’Abarwanyi ba M23, General Sultani Makenga aravuga ko biteguye kuganira n’ubutegetsi bwa DRC, ariko ko nubwo Angola yatangaje ibyo biganiro, ubutegetsi bwa Kinshasa butaragira icyo bubivugaho.

General Makenga yabitangaje mu kiganiro yagiranye na Alain Destexhe wigeze kuba Umusenateri muri Sena y’u Bubiligi, cyagiye hanze mu buryo bw’inyandiko gishyizwe hanze n’uyu Munyapolitiki.

Ni ikiganiro uyu munyapolitiki yabajijemo Makenga ibibazo binyuranye, birimo aho yageze no ku ngingo y’ibiganiro byatangajwe na Guverinoma ya Angola ko noneho ubutegetsi bwa Kinshasa bwemeye kuganira n’uyu mutwe wa M23.

General Makenga abajijwe niba biteguye kwitabira ibi biganiro, yasubije uyu munyapolitiki agira ati “Cyane rwose, turifuza kuganira, ariko kugeza ubu tuzi ibyatangajwe n’uruhande rumwe rwa Angola, ariko ntiturumva ibya Kinshasa.”

Uyu munyapolitiki Alain Destexhe yahise akomeza amwibutsa ko mu ijoro ryatambutse, ubutegetsi bwa Kinshasa bwatangaje ko bwamenye iby’ibi biganiro, ndetse n’ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Angola bikaba byatangaje ko ibi biganiro by’imishyikirano bizatangira mu cyumweru gitaha tariki 18 Werurwe 2025.

 

Imibereho y’abasirikare ba Afurika y’Epfo bari i Goma

Alain Destexhe yakomeje amubaza imibereho y’abasirikare ba Afurika y’Epfo, aba Malawi n’aba Tanzania bari mu butumwa bwa SADC baherutse gutsindirwa i Goma, niba koko babayeho nk’imfungwa, General Makenaga amusubiza abihanaka.

Yagize ati “Bashobora kwidegembya ariko badafite intwaro. Twabaye tubaretse. Turifuza ko basubira iwabo kandi bazagenda igihe bazabishakira.”

Ku bacancuro b’abanyaburayi, Alain Destexhe yamubajije niba mu bo bahanganye hakirimo aba barwanyi bo muri Romania, nyuma yuko hari abafatiwe ku rugamba bakoherezwa iwabo, Makenga amusubiza agaragaza ko bitari binakwiye ko hari abacancuro baza kurwanya abantu baharanira uburenganzira bwabo.

Ati “Nta nubwo byumvikana kuba abantu bava i Burayi bakaza iwacu kwica abaturage barwanira uburenganzira bwabo. Isi yose yari ikwiye guterwa impungenge na byo, ariko ikigaragara ni uko itabyitayeho.”

Makenga kandi akomeza avuga ko ubwo bafataga Goma, MONUSCO yabanje kubabwira ko hari abasirikare 2000 ba FARDC bahungiye mu birindiro byayo, ariko ubu ikaba ivuga ko ari 1 200, ku buryo hibazwa aho abandi 800 bagiye.

Gusa avuga ko hari n’abandi basirikare ba FARDC, abarwnayi ba Wazalendo ndetse n’aba FDLR bakihishe mu baturage, ndetse ko ari bo ntandaro y’ibikorwa bihungabanya umutekano bijya byumvikana muri uyu mujyi wa Goma.

Abajijwe ku birego baherutse gushinjwa byo kugaba igitergo mu Bitaro bya Heal Africa, Makenga yavuze ko abarwanyi ba FARDC bigize abarwayi bakajya kwihishayo, ari na yo mpamvu bagiye kuhabakura, ndetse ko batahuyeyo n’intwaro 14, kandi ko bari babisabwe n’ubuyobozi bw’ibi Bitaro.

 

Tshisekedi ni ibandi

Alain Destexhe yabajije General Makenga icyo atekereza kuri Perezida Félix Tshisekedi, amusubiza agira ati “Nta rukundo afitiye Igihugu, ni ibandi.

Félix Tshisekedi yahise yongera kubaza Makenga, ati “None se yaribaye aho atorewe kuba Perezida?” amusubiza agira ati “Ntekereza ko ari ko yahoze.”

Mu kiganiro Perezida Paul Kagame aherutse kugirana na Mario Nawfal, Umukuru w’u Rwanda yagarutse ku myitwarire ivugwa kuri Tshisekedi n ambere yuko ajya ku butegetsi itari ikwiye gutuma ubundi ayobora Igihugu.

Perezida Kagame yavuze ko hari amakuru yanagiye hanze agaragaza ko ubwo Tshisekedi yatwaraga Taxi Voiture anagemura Pizza z’Umutaliyani wari waramuhaye akazi mu Bubiligi, na bwo yari afite imyitwarire mibi.

Umukuru w’u Rwanda kandi yagarutse ku byatangajwe n’uwo Mutaliyani wari umukoresha wa Tshisekedi, ubwo yari akimara kumva ko yabaye Perezida, akavuga ko atabyiyumvisha kuba umuntu wari ufite imyitwarire nk’iye yaba Umukuru w’Igihugu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × five =

Previous Post

Ubutumwa bwa M23 nyuma yuko ubutegetsi bwa Congo buvuye ku k’ejo bukemera ko baganira

Next Post

BREAKING: Bidasubirwa hafashwe icyemezo ku basirikare ba SADC bari baragiye gufasha FARDC

Related Posts

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
15/11/2025
0

Nyuma y’ibitero by’indege z’intambara, uruhande rwa Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo rwagabye mu gace ka Mikenke gatuwemo n’abaturage...

Umubyigano w’urubyiruko rwifuza kwinjira mu gisirikare cya Ghana wapfiriyemo bamwe

Umubyigano w’urubyiruko rwifuza kwinjira mu gisirikare cya Ghana wapfiriyemo bamwe

by radiotv10
13/11/2025
0

Ubwo urubyiruko rwinshi rwari ruteraniye kuri sitade El-Wak Sports Stadium i Accra  muri Ghana mu gikorwa cyo kureba abashaka kwinjira...

Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

by radiotv10
12/11/2025
0

Umuvugizi wa AFC/M23 mu bya Gisirikare, Col Willy Ngoma yatangaje ibanga iri Huriro ryakoresheje kugira ngo ibice bigaruriye bibone ituze...

Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

Eng.-Col.Willy Ngoma of M23 clarifies rumors, says FARDC did not retake even a single centimeter

by radiotv10
12/11/2025
0

The spokesperson of M23’s armed wing, Col. Willy Ngoma, revealed the strategy that the alliance used to stabilize areas it...

Tanzania yatangiye kotswa igitutu kubera ababuriye ubuzima mu myigaragambyo

Tanzania yatangiye kotswa igitutu kubera ababuriye ubuzima mu myigaragambyo

by radiotv10
12/11/2025
0

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Burenganzira bwa Muntu, ryasabye ko hakorwa iperereza ku mpfu z’abantu amagana bivugwa ko bishwe n’inzego...

IZIHERUKA

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs
MU RWANDA

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

by radiotv10
16/11/2025
0

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

15/11/2025
Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

15/11/2025
Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

15/11/2025
Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Hatangajwe umuti uri kuvugutirwa ikibazo gikunze gutuma bamwe mu bahinzi barira ayo kwarika

15/11/2025
Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

14/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi muri S.Africa yagaragaje igikwiye gukorerwa Abasirikare b’iwabo bari muri DRCongo

BREAKING: Bidasubirwa hafashwe icyemezo ku basirikare ba SADC bari baragiye gufasha FARDC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.