Saturday, January 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Icyo Umugaba Mukuru wa M23 avuga ku biganiro bivugwa hagati yabo na Congo

radiotv10by radiotv10
13/03/2025
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Icyo Umugaba Mukuru wa M23 avuga ku biganiro bivugwa hagati yabo na Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Umugaba Mukuru w’Abarwanyi ba M23, General Sultani Makenga aravuga ko biteguye kuganira n’ubutegetsi bwa DRC, ariko ko nubwo Angola yatangaje ibyo biganiro, ubutegetsi bwa Kinshasa butaragira icyo bubivugaho.

General Makenga yabitangaje mu kiganiro yagiranye na Alain Destexhe wigeze kuba Umusenateri muri Sena y’u Bubiligi, cyagiye hanze mu buryo bw’inyandiko gishyizwe hanze n’uyu Munyapolitiki.

Ni ikiganiro uyu munyapolitiki yabajijemo Makenga ibibazo binyuranye, birimo aho yageze no ku ngingo y’ibiganiro byatangajwe na Guverinoma ya Angola ko noneho ubutegetsi bwa Kinshasa bwemeye kuganira n’uyu mutwe wa M23.

General Makenga abajijwe niba biteguye kwitabira ibi biganiro, yasubije uyu munyapolitiki agira ati “Cyane rwose, turifuza kuganira, ariko kugeza ubu tuzi ibyatangajwe n’uruhande rumwe rwa Angola, ariko ntiturumva ibya Kinshasa.”

Uyu munyapolitiki Alain Destexhe yahise akomeza amwibutsa ko mu ijoro ryatambutse, ubutegetsi bwa Kinshasa bwatangaje ko bwamenye iby’ibi biganiro, ndetse n’ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Angola bikaba byatangaje ko ibi biganiro by’imishyikirano bizatangira mu cyumweru gitaha tariki 18 Werurwe 2025.

 

Imibereho y’abasirikare ba Afurika y’Epfo bari i Goma

Alain Destexhe yakomeje amubaza imibereho y’abasirikare ba Afurika y’Epfo, aba Malawi n’aba Tanzania bari mu butumwa bwa SADC baherutse gutsindirwa i Goma, niba koko babayeho nk’imfungwa, General Makenaga amusubiza abihanaka.

Yagize ati “Bashobora kwidegembya ariko badafite intwaro. Twabaye tubaretse. Turifuza ko basubira iwabo kandi bazagenda igihe bazabishakira.”

Ku bacancuro b’abanyaburayi, Alain Destexhe yamubajije niba mu bo bahanganye hakirimo aba barwanyi bo muri Romania, nyuma yuko hari abafatiwe ku rugamba bakoherezwa iwabo, Makenga amusubiza agaragaza ko bitari binakwiye ko hari abacancuro baza kurwanya abantu baharanira uburenganzira bwabo.

Ati “Nta nubwo byumvikana kuba abantu bava i Burayi bakaza iwacu kwica abaturage barwanira uburenganzira bwabo. Isi yose yari ikwiye guterwa impungenge na byo, ariko ikigaragara ni uko itabyitayeho.”

Makenga kandi akomeza avuga ko ubwo bafataga Goma, MONUSCO yabanje kubabwira ko hari abasirikare 2000 ba FARDC bahungiye mu birindiro byayo, ariko ubu ikaba ivuga ko ari 1 200, ku buryo hibazwa aho abandi 800 bagiye.

Gusa avuga ko hari n’abandi basirikare ba FARDC, abarwnayi ba Wazalendo ndetse n’aba FDLR bakihishe mu baturage, ndetse ko ari bo ntandaro y’ibikorwa bihungabanya umutekano bijya byumvikana muri uyu mujyi wa Goma.

Abajijwe ku birego baherutse gushinjwa byo kugaba igitergo mu Bitaro bya Heal Africa, Makenga yavuze ko abarwanyi ba FARDC bigize abarwayi bakajya kwihishayo, ari na yo mpamvu bagiye kuhabakura, ndetse ko batahuyeyo n’intwaro 14, kandi ko bari babisabwe n’ubuyobozi bw’ibi Bitaro.

 

Tshisekedi ni ibandi

Alain Destexhe yabajije General Makenga icyo atekereza kuri Perezida Félix Tshisekedi, amusubiza agira ati “Nta rukundo afitiye Igihugu, ni ibandi.

Félix Tshisekedi yahise yongera kubaza Makenga, ati “None se yaribaye aho atorewe kuba Perezida?” amusubiza agira ati “Ntekereza ko ari ko yahoze.”

Mu kiganiro Perezida Paul Kagame aherutse kugirana na Mario Nawfal, Umukuru w’u Rwanda yagarutse ku myitwarire ivugwa kuri Tshisekedi n ambere yuko ajya ku butegetsi itari ikwiye gutuma ubundi ayobora Igihugu.

Perezida Kagame yavuze ko hari amakuru yanagiye hanze agaragaza ko ubwo Tshisekedi yatwaraga Taxi Voiture anagemura Pizza z’Umutaliyani wari waramuhaye akazi mu Bubiligi, na bwo yari afite imyitwarire mibi.

Umukuru w’u Rwanda kandi yagarutse ku byatangajwe n’uwo Mutaliyani wari umukoresha wa Tshisekedi, ubwo yari akimara kumva ko yabaye Perezida, akavuga ko atabyiyumvisha kuba umuntu wari ufite imyitwarire nk’iye yaba Umukuru w’Igihugu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 + 2 =

Previous Post

Ubutumwa bwa M23 nyuma yuko ubutegetsi bwa Congo buvuye ku k’ejo bukemera ko baganira

Next Post

BREAKING: Bidasubirwa hafashwe icyemezo ku basirikare ba SADC bari baragiye gufasha FARDC

Related Posts

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

by radiotv10
02/01/2026
0

Evans Eshun, uzwi ku izina rya Ebo Noah, wiyita umuhanuzi wo muri Ghana, yatawe muri yombi na Polisi y’iki Gihugu...

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

by radiotv10
01/01/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, mu ijambo rye risoza umwaka, yongeye gushinja u Rwanda ibinyoma ko rufite uruhare mu bibazo...

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

by radiotv10
31/12/2025
0

Igihugu cya Mali n’icya Burkina Faso, byashyize hanze amatangazo y’ibyemezo bishobora gufata byo kwihimura kuri Leta Zunze Ubumwe za America...

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

by radiotv10
30/12/2025
0

Abayobozi bakuru b’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Umugaba Mukuru w’Ingabo zaryo, Gen Sultani...

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

by radiotv10
30/12/2025
0

Maj Gen Sultani Makenga, Umugaba Mukuru w’Ingabo za AFC/M23, yibukije abagize iri huriro ko batagomba kumva ko intambara yo kurandura...

IZIHERUKA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure
MU RWANDA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

02/01/2026
Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

02/01/2026
Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi muri S.Africa yagaragaje igikwiye gukorerwa Abasirikare b’iwabo bari muri DRCongo

BREAKING: Bidasubirwa hafashwe icyemezo ku basirikare ba SADC bari baragiye gufasha FARDC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.