Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Icyo umuhuza mu bya Congo na M23 avuga ku isubikwa ry’ibiganiro n’ikigiye gukurikiraho

radiotv10by radiotv10
19/03/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Icyo umuhuza mu bya Congo na M23 avuga ku isubikwa ry’ibiganiro n’ikigiye gukurikiraho
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma ya Angola yatangaje ko izakora ibishoboka byose kugira ngo hazabe ibiganiro hagati ya Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’Ihuriro AFC/M23, nyuma yuko bisubitswe bitunguranye.

Ibi biganiro by’imishyikirano hagati y’Ubutegetsi bwa DRC na M23, byagombaga kuba kuri uyu wa Kabiri tariki 18 Werurwe 2025, ariko biza gusubikwa nyuma yuko Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko ritakibyitabiriye nyuma yuko bamwe mu bayobozi b’iri Huriro bafatiwe ibihano n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi.

Itangazo ryashyizwe hanze na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Angola, yavuze ko ibi biganiro byari biteganyijwe kuri uyu wa Kabiri, byasubitswe ku “mpamvu ikomeye”.

Iri tangazo rikomeza rigira riti “Guverinoma ya Angola, nk’umuhuza izakomeza gushyira imbaraga zishoboka zose kugira ngo iyi nama izabe mu gihe gikwiye, kandi irashimangira ko ibiganiro ari yo nzira yonyine yatanga umuti w’amahoro arambye mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.”

Mu biganiro byahuje Perezida Paul Kagame w’u Rwanda na Felix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byabereye i Doha muri Qatar, Abakuru b’Ibihugu bemeje ko hakenewe inzira y’ibiganiro hagati ya DRC na AFC/M23 kugira ngo hashakwe umuti w’umuzi w’amakimbirane ari mu burasirazuba bwa DRC.

Ibi biganiro byayobowe n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, nanone aba bayobozi bemeje ko hakenewe ko hashakwa umuti w’ikibazo cy’umutwe wa FDLR, uhungabanya umutekano w’u Rwanda, kugira ngo iki Gihugu cyizere ko nta mbogamizi zagihungabanyiriza umutekano.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − 6 =

Previous Post

The Ben n’umugore we Pamella bibarutse impfura yabo hahita hamenyekana n’amazina bamwise

Next Post

Umuhanzi uri mu bagezweho mu karere ategerejwe mu Rwanda, menya ikizaba kimugenza

Related Posts

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

by radiotv10
26/01/2026
0

U Buhindi bwizihije umunsi w’ubwigenge uzwi nka ‘Republic Day’ waranzwe n’ibikorwa binyuranye birimo akarasisi kamukiwemo n’intwaro zirimo izikomeye. Ni ibirori...

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

by radiotv10
26/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, yavuze ko igisirikare cye kitigeze gikubita umugore w’umunyapolitiki Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi...

Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

by radiotv10
26/01/2026
0

Mu bigo by’amashuri yisumbuye mu Gihugu cy’u Burundi muri Komini ya Gatara n’iya Kayanza, mu Ntara ya Butanyerera, haravugwa indwara...

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugaba w’ingabo za Uganda, akaba n’umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni uherutse kongera gutorerwa kuyobora igihugu, yatangaje ko abashyigikiye ishyaka ritavuga...

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Umunyamabanga Wungirije wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Ibibazo bya Afurika, yagaragaje ko gushyira abarwanyi ba AFC/M23 mu gisirikare...

IZIHERUKA

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye
MU RWANDA

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

27/01/2026
Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

27/01/2026
Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

26/01/2026
Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

26/01/2026
Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi uri mu bagezweho mu karere ategerejwe mu Rwanda, menya ikizaba kimugenza

Umuhanzi uri mu bagezweho mu karere ategerejwe mu Rwanda, menya ikizaba kimugenza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.