Tuesday, December 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Icyo Umujenerali wa FARDC yavuze ku basirikare benshi bagaragara mu gace yakirijwemo ibibazo uruhuri

radiotv10by radiotv10
19/07/2024
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Icyo Umujenerali wa FARDC yavuze ku basirikare benshi bagaragara mu gace yakirijwemo ibibazo uruhuri
Share on FacebookShare on Twitter

General Eddy Kapend wo mu gisirikare cya DRC, ubwo yari i Lubumbashi, yabajijwe iherezo ry’ibibazo bihungabanya umutekano n’ibindi byaha bikorwa muri aka gace, avuga ko igisirikare cy’iki Gihugu kigiye gukora ibishoboka kikabirandura, anavuga ku basirikare benshi bakomeje kuhagaragara

General Eddy Kapend usanzwe ari Komanda w’Ingabo za Rejiyo ya 22 muri FARDC, yabitangaje kuri uyu wa Kane tariki 18 Nyakanga 2024, i Lubumbashi ubwo yaganiraga n’abo mu Miryango ishamikiye ku Muryango w’Abibumbye ikorera muri Grand Katanga.

Muri iki kiganiro cyarimo n’abaturage, ibibazo byinshi byagiye bigaruka ku byugarije umutekano binafitanye isano n’ibyaha bikomeje kugaragara muri aka gace, nyamara hari abasirikare benshi.

Ku cy’abasirikare benshi bakomeje kuhagaragara, General Eddy Kapend yagize ati “Abasirikare bahari mu rwego rwo kurinda Igihugu cyacu igihe cyose hari icyashaka kugihungabanya. Bahazanywe mu rwego rwo kuba bagira icyo bakora mu gihe cyihariye byaba ari ngombwa. Kubabona bagendagenda ntimubifate nk’ikintu kidasanzwe.”

General Eddy Kapend yavuze ko ku bijyanye n’ibyo bibazo bindi, igisirikare kiri gukora ibishoboka kugira ngo kibirandure burundu.

Yagize ati “Ni ikibazo cy’imiterere y’ibyaha bigezweho, ni byo rwose biratubangamira ariko igihe cyose dukora ibishoboka byose kugira ngo duce imbaraga inzira zose zituma habaho ibi byaha bibangamira abaturage. Ni byo bituraje inshinga.”

Yakomeje avuga ko muri za kasho zabo hafungiwe abishora muri ibyo byaha. Ati “Mu bucamanza bwacu yaba mu nkiko za gisivile n’iza gisirikare, abo banyabyaha bose, bahabwa ibihano bibakwiye.”

Yakomeje avuga ko nubwo bitoroshye kubera ibi byaha bigenda bivuka bitewe no kuba umujyi ukomeje gukura, ariko hazagenda hashyirwa imbaraga mu kurwanya ibi byaha.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 2 =

Previous Post

BREAKING: Ku Isi habaye ikibazo cy’ikoranabuhanga cyagize ingaruka kuri rumwe mu nzego zikomeye

Next Post

Amakuru mashya ku wabaye rutahizamu utazibagirana muri ruhago y’u Rwanda

Related Posts

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

by radiotv10
29/12/2025
0

Ubuyobozi Bukuru bw’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) bwitandukanyije n'amagambo ya Major General Sylvain Ekenge Bomusa Efomi wari...

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

by radiotv10
29/12/2025
0

The High Command of the Armed Forces of the Democratic Republic of Congo (FARDC) has distanced itself from the hate...

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

by radiotv10
29/12/2025
0

Amakuru aturuka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga ko Maj Gen Sylvain Ekenge wari Umuvugizi w'Igisirikare cy'iki Gihugu-FARDC, yahagaritswe...

Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
29/12/2025
0

Abantu banyuranye barimo Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, bamaganye imvugo yuzuye ingengabitekerezo mbi y’Umuvugizi wa FARDC, Maj Gen Sylvain Ekenge...

Eng.-FARDC spokesperson Maj. Gen. Ekenge suspended following widely criticized remarks

Eng.-FARDC spokesperson Maj. Gen. Ekenge suspended following widely criticized remarks

by radiotv10
29/12/2025
0

Reports from the Democratic Republic of Congo indicate that Major General Sylvain Ekenge, the Spokesperson of the Armed Forces of...

IZIHERUKA

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano
MU RWANDA

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

by radiotv10
30/12/2025
0

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

30/12/2025
Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

29/12/2025
Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

29/12/2025
BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

29/12/2025
Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

29/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya ku wabaye rutahizamu utazibagirana muri ruhago y’u Rwanda

Amakuru mashya ku wabaye rutahizamu utazibagirana muri ruhago y'u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.