Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Icyo Umujenerali wa FARDC yavuze ku basirikare benshi bagaragara mu gace yakirijwemo ibibazo uruhuri

radiotv10by radiotv10
19/07/2024
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Icyo Umujenerali wa FARDC yavuze ku basirikare benshi bagaragara mu gace yakirijwemo ibibazo uruhuri
Share on FacebookShare on Twitter

General Eddy Kapend wo mu gisirikare cya DRC, ubwo yari i Lubumbashi, yabajijwe iherezo ry’ibibazo bihungabanya umutekano n’ibindi byaha bikorwa muri aka gace, avuga ko igisirikare cy’iki Gihugu kigiye gukora ibishoboka kikabirandura, anavuga ku basirikare benshi bakomeje kuhagaragara

General Eddy Kapend usanzwe ari Komanda w’Ingabo za Rejiyo ya 22 muri FARDC, yabitangaje kuri uyu wa Kane tariki 18 Nyakanga 2024, i Lubumbashi ubwo yaganiraga n’abo mu Miryango ishamikiye ku Muryango w’Abibumbye ikorera muri Grand Katanga.

Muri iki kiganiro cyarimo n’abaturage, ibibazo byinshi byagiye bigaruka ku byugarije umutekano binafitanye isano n’ibyaha bikomeje kugaragara muri aka gace, nyamara hari abasirikare benshi.

Ku cy’abasirikare benshi bakomeje kuhagaragara, General Eddy Kapend yagize ati “Abasirikare bahari mu rwego rwo kurinda Igihugu cyacu igihe cyose hari icyashaka kugihungabanya. Bahazanywe mu rwego rwo kuba bagira icyo bakora mu gihe cyihariye byaba ari ngombwa. Kubabona bagendagenda ntimubifate nk’ikintu kidasanzwe.”

General Eddy Kapend yavuze ko ku bijyanye n’ibyo bibazo bindi, igisirikare kiri gukora ibishoboka kugira ngo kibirandure burundu.

Yagize ati “Ni ikibazo cy’imiterere y’ibyaha bigezweho, ni byo rwose biratubangamira ariko igihe cyose dukora ibishoboka byose kugira ngo duce imbaraga inzira zose zituma habaho ibi byaha bibangamira abaturage. Ni byo bituraje inshinga.”

Yakomeje avuga ko muri za kasho zabo hafungiwe abishora muri ibyo byaha. Ati “Mu bucamanza bwacu yaba mu nkiko za gisivile n’iza gisirikare, abo banyabyaha bose, bahabwa ibihano bibakwiye.”

Yakomeje avuga ko nubwo bitoroshye kubera ibi byaha bigenda bivuka bitewe no kuba umujyi ukomeje gukura, ariko hazagenda hashyirwa imbaraga mu kurwanya ibi byaha.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + fifteen =

Previous Post

BREAKING: Ku Isi habaye ikibazo cy’ikoranabuhanga cyagize ingaruka kuri rumwe mu nzego zikomeye

Next Post

Amakuru mashya ku wabaye rutahizamu utazibagirana muri ruhago y’u Rwanda

Related Posts

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

“Ni igitero cy’iterabwoba”, “ni uguhonyora amategeko mpuzamahanga”, “ni ubushotoranyi buteye impungenge”… Ni bumwe mu butumwa bukomeje gutangwa na bimwe mu...

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

by radiotv10
02/01/2026
0

Evans Eshun, uzwi ku izina rya Ebo Noah, wiyita umuhanuzi wo muri Ghana, yatawe muri yombi na Polisi y’iki Gihugu...

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

by radiotv10
01/01/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, mu ijambo rye risoza umwaka, yongeye gushinja u Rwanda ibinyoma ko rufite uruhare mu bibazo...

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

by radiotv10
31/12/2025
0

Igihugu cya Mali n’icya Burkina Faso, byashyize hanze amatangazo y’ibyemezo bishobora gufata byo kwihimura kuri Leta Zunze Ubumwe za America...

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

by radiotv10
30/12/2025
0

Abayobozi bakuru b’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Umugaba Mukuru w’Ingabo zaryo, Gen Sultani...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya ku wabaye rutahizamu utazibagirana muri ruhago y’u Rwanda

Amakuru mashya ku wabaye rutahizamu utazibagirana muri ruhago y'u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.