Monday, November 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyo umunyamategeko avuga ku kirego cyagarutsweho cyane kiregwamo uwari Minisitiri ngo utarashatse uwo yabisezeranyije

radiotv10by radiotv10
19/09/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Icyo umunyamategeko avuga ku kirego cyagarutsweho cyane kiregwamo uwari Minisitiri ngo utarashatse uwo yabisezeranyije
Share on FacebookShare on Twitter

Umwe mu banyamategeko bunganira abantu mu butabera, yagaragaje ko gusezeranya undi ko uzamushaka bidashyiraho umuntu inshingano zo kurushinga, ndetse ko kubisesa bishoboka, ariko ko hari igihe bishobora gufatwa nk’ikosa ryatuma abibazwa mu butabera.

Ni nyuma yuko hasakaye inkuru y’urubanza ruregwamo Dr Ernest Nsabimana wagize imyanya mu nzego Nkuru z’Igihugu zirimo kuba yarabaye Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, aho hari umushinja kuba yaramsezeranyije ko bazarushingana, ariko akaza gushaka undi mugore.

Uwitwa Muganga Chantal urega Dr Ernest Nsabimana muri uru rubanza rwaburanishijwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge ku wa 16 Nzeri 2025, avuga ko kuba uyu wabaye Minisitiri atarashyize mu bikorwa isezerano yari yaramwizeje, byaramugizeho ingaruka, ndetse ngo bikamutera uburwayi budakira, burimo n’ibibazo byo mutwe yatewe no gutenguhwa.

Nyuma yuko hasohotse inkuru y’uru rubanza, ku mbuga nkoranyambaga ndetse no mu bitangazamakuru bimwe na bimwe, iki kibazo cyabaye ingingo y’umunsi kuri uyu wa Kane tariki 18 Nzeri 2025, aho bamwe bavuga ko kiriya kirego kidafite ishingiro, mu gihe hari n’abagishyigikiye, bavuga ko wenda cyaca intege ingeso zadutse z’abantu babeshya abandi urukundo bakaza kubatera umugongo.

Me Ibambe Jean Paul

Umunyamategeko Me Ibambe Jean Paul, umwe mu bunganira abantu mu butabera, avuga ko hari abakomeje kumusaba kugira icyo avuga kuri iki kirego, niba cyaba gifite ishingiro cyangwa kitarifite.

Yagize ati “Isezerano ryo gushakana ntirishyiraho inshingano zo kurushinga, ariko kurisesa birashoboka, mu bihe bimwe na bimwe, gufatwa nk’ikosa rishobora gutuma umuntu abazwa inshingano mu butabera, nko gusubiza ibyangijwe, hashingiwe ku ihame rigira riti: ‘Tout fait quelconque de l’homme, qui cause à autrui un dommage, oblige celui par la faute duquel il est arrivé à le réparer’ bishaka kuvuga ngo “Ikintu cyose cyakozwe n’umuntu giteza undi igihombo, gituma uwagiteye asabwa kugisubiza cyangwa kukiryozwa.”

Mu nyandiko y’uyu munyamategeko, yakomeje agira ati “Gusa ntabwo ari ibintu biri automatic, bisaba ko urega agaragaza ko koko ibyamubayeho bikomoka ku kuba rya sezerano (promesse) ritarubahirijwe. Ikindi ni uko mu byemewe kuregerwa habamo n’igihombo washyira ku rwego rw’amarangamutima n’ihungabana ry’ubuzima bwo mu mutwe!”

Dr Ernest wanabaye Umuyobozi Mukuru w’Urwego Ngenzuramikorere RURA, uregrwa muri uru rubanza, ubwo rwaburanishwaga, ntiyagaragaye mu cyumba cy’iburanisha, gusa yari ahagarariwe n’Umunyamategeko we Me Iyamuremye Maurice, wasabye Urukiko gutesha agaciro iki kirego ngo kuko kidafite ishingiro, ahubwo ko kigamije guhindanya isura y’uyu wabaye mu nzego nkuru.

Dr Ernest Nsabimana uregwa na Chantal
Chantal avuga ko yatengushywe bikamugiraho ingaruka

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − six =

Previous Post

Ubutumwa umukinnyi nimero ya mbere ku Isi mu magare atanze agisesekara mu Rwanda

Next Post

Ingabo z’u Rwanda n’iza Tanzania zahuriye mu biganiro

Related Posts

Umusaza wakoraga akazi ko gucukura imva bamusanze yapfuye

Umusaza wakoraga akazi ko gucukura imva bamusanze yapfuye

by radiotv10
10/11/2025
0

Umusaza w’imyaka 72 wo mu Murenge wa Ngoma mu Karere ka Huye, wakoraga akazi ko gucukura imva, bamusanze ku nzira...

Nyamagabe: Bahawe ibikoresho babitanze amafaranga bakoboke none icyo babizaniye ntibakibonye

Nyamagabe: Bahawe ibikoresho babitanze amafaranga bakoboke none icyo babizaniye ntibakibonye

by radiotv10
10/11/2025
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Nyamagabe, bavuga ko bahawe amatara akoresha imirasire y’izuba, nyuma...

Amakuru agezweho ku gusuzumisha ibinyabiziga bya moto bigiye kubaho bwa mbere mu Rwanda

Amakuru agezweho ku gusuzumisha ibinyabiziga bya moto bigiye kubaho bwa mbere mu Rwanda

by radiotv10
10/11/2025
0

Ikigo gisuzuma ubuziranenge bw'Ibinyabiziga by’umwihariko ibirimo moto zidakoresha amashanyarazi zizajya zipimwa imyuka zisohora, kigiye gutangira gukora, kikaba giherereye mu Murenge...

Top 3 market-ready skills for young women in Rwanda

Top 3 market-ready skills for young women in Rwanda

by radiotv10
10/11/2025
0

In today’s fast-changing world, having a degree alone isn’t enough. Many opportunities require practical skills that schools don’t always teach....

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

by radiotv10
08/11/2025
0

Umwarimukazi wigisha mu Rwunge rw’Amashuri rwa Kibare I rwo mu Murenge wa Mugesera mu Karere ka Ngoma, wafashwe yahishe akadishi...

IZIHERUKA

Wari uzi ko siporo yatuma uzigama abarirwa mu miliyoni ku mwaka?
SIPORO

Wari uzi ko siporo yatuma uzigama abarirwa mu miliyoni ku mwaka?

by radiotv10
10/11/2025
0

Kimwe mu bikorwa by’ishoramari rya Kabila wabaye Perezida wa Congo kizwi cyane cyafunze imiryango

Kimwe mu bikorwa by’ishoramari rya Kabila wabaye Perezida wa Congo kizwi cyane cyafunze imiryango

10/11/2025
Abari mu myigaragambyo muri Tanzania akabo kashobotse

Abari mu myigaragambyo muri Tanzania akabo kashobotse

10/11/2025
Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

10/11/2025
Umukoloneri uri mu bafasha ubutegetsi bwa Congo kurwanya M23 ari mu mazi abira

Umukoloneri uri mu bafasha ubutegetsi bwa Congo kurwanya M23 ari mu mazi abira

10/11/2025
Umusaza wakoraga akazi ko gucukura imva bamusanze yapfuye

Umusaza wakoraga akazi ko gucukura imva bamusanze yapfuye

10/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ingabo z’u Rwanda n’iza Tanzania zahuriye mu biganiro

Ingabo z’u Rwanda n’iza Tanzania zahuriye mu biganiro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Wari uzi ko siporo yatuma uzigama abarirwa mu miliyoni ku mwaka?

Kimwe mu bikorwa by’ishoramari rya Kabila wabaye Perezida wa Congo kizwi cyane cyafunze imiryango

Abari mu myigaragambyo muri Tanzania akabo kashobotse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.