Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyobo kiri ku mupaka w’u Rwanda na DRC cyahitanye umukorodoniye aba uwa gatatu ukiguyemo

radiotv10by radiotv10
14/09/2022
in MU RWANDA
0
Icyobo kiri ku mupaka w’u Rwanda na DRC cyahitanye umukorodoniye aba uwa gatatu ukiguyemo
Share on FacebookShare on Twitter

Icyobo kiri ku mupaka muto uhuza u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo giherereye mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu, cyasanzwemo umuntu wapfuye, aba uwa gatatu ukiguyemo.

Uyu muntu wasanzwe muri iki cyobo yapfuye, asanzwe akora akazi ko kudoda inkweto [abazi nka Korodoniye], akaba yitwa Musabyumugisha Jumapili.

Inkuru y’urupfu rwe yamenyekanye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 13 Nzeri 2022 ubwo abaturage basangaga uyu nyakwigendera muri iki cyobo giherereye mu Mudugudu wa Gasutamo mu Kagari ka Mbugangari.

Amakuru yamenyekanye, avuga ko uyu nyakwigendera wapfuye afite imyaka 43, akaba akomoka mu Murenge wa Mushonyi mu Karere ka Rutsiro. Yari amaze imyaka 10 ashakishiriza imibereho mu Karere ka Rubavu.

Umurambo we wahise ujyanwa ku Bitaro bya Gisenyi kugira ngo ukorerwe isuzuma ubundi ugashyikirizwa umuryango we kugira umushyingure.

Iki cyobo kimaze umwaka hano, cyacukuwe bivugwa ko ari icyo gufata amazi aturuka mu bice binyuranye byo muri aka gace ariko abagicukuye baza kugisiga kirangaye kitanarangiye.

Abaturiye iki cyobo bakunze kugaragaza kenshi ko giteye impungenge, bagasaba ko niba icyo cyagenewe gukora kitakibaye gikwiye gusibwa.

Umwe yabwiye RADIOTV10 ko batumva impamvu ubuyobozi bukomeje kubima amatwi ku mpungenge batahwemye kugaragaza kubera iki cyobo.

Umwe yagize ati “Ubuyobozi bwacukuye iki cyobo, nyuma bugisiga kirangaye kituzuye. Niba cyarabananiye nibagisibe kitazatumaraho abantu.”

Iki cyobo kimaze kugwamo abantu batatu, barimo babiri bahasize ubuzima mu gihe undi umwe yajyanywe kwa muganga akavurwa agakira.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + thirteen =

Previous Post

Abanyarwanda batatu bafungiye mu Burundi bazira ibishyimbo

Next Post

Umugabo n’abagore be batatu babana mu nzu imwe kandi nta gufuha kubarangwaho

Related Posts

Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

by radiotv10
06/01/2026
0

Umugabo witwa Ntarindwa Emmanuel wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo bacukuye mu nzu y’umugore babanaga kubera kugira uruhare muri Jenoside...

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

by radiotv10
06/01/2026
0

Deep beneath the hills of Nyakabingo in Rulindo District, northern Rwanda, lies one of Africa’s most important sources of tungsten,...

Cost of Gorilla Trekking Reduced

Cost of Gorilla Trekking Reduced

by radiotv10
06/01/2026
0

The Rwanda Development Board (RDB) has announced a reduction in gorilla trekking permit fees for the entire year of 2026,...

Simple Ways to Control Your Spending After the Festive Season

Simple Ways to Control Your Spending After the Festive Season

by radiotv10
06/01/2026
0

The festive season is often filled with joy, gifts, travel, and celebrations, but it can also leave many people feeling...

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

by radiotv10
06/01/2026
0

Imodoka itwara abagenzi mu buryo bwa rusange ya Taxi Minibus yakoreye impanuka mu muhanda Muhanga-Kigali ubwo yari igeze ahazwi nko...

IZIHERUKA

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa
IMYIDAGADURO

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

by radiotv10
06/01/2026
0

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

06/01/2026
Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

06/01/2026
Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

06/01/2026
Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

06/01/2026
Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

06/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umugabo n’abagore be batatu babana mu nzu imwe kandi nta gufuha kubarangwaho

Umugabo n’abagore be batatu babana mu nzu imwe kandi nta gufuha kubarangwaho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.