Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyobo kiri ku mupaka w’u Rwanda na DRC cyahitanye umukorodoniye aba uwa gatatu ukiguyemo

radiotv10by radiotv10
14/09/2022
in MU RWANDA
0
Icyobo kiri ku mupaka w’u Rwanda na DRC cyahitanye umukorodoniye aba uwa gatatu ukiguyemo
Share on FacebookShare on Twitter

Icyobo kiri ku mupaka muto uhuza u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo giherereye mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu, cyasanzwemo umuntu wapfuye, aba uwa gatatu ukiguyemo.

Uyu muntu wasanzwe muri iki cyobo yapfuye, asanzwe akora akazi ko kudoda inkweto [abazi nka Korodoniye], akaba yitwa Musabyumugisha Jumapili.

Inkuru y’urupfu rwe yamenyekanye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 13 Nzeri 2022 ubwo abaturage basangaga uyu nyakwigendera muri iki cyobo giherereye mu Mudugudu wa Gasutamo mu Kagari ka Mbugangari.

Amakuru yamenyekanye, avuga ko uyu nyakwigendera wapfuye afite imyaka 43, akaba akomoka mu Murenge wa Mushonyi mu Karere ka Rutsiro. Yari amaze imyaka 10 ashakishiriza imibereho mu Karere ka Rubavu.

Umurambo we wahise ujyanwa ku Bitaro bya Gisenyi kugira ngo ukorerwe isuzuma ubundi ugashyikirizwa umuryango we kugira umushyingure.

Iki cyobo kimaze umwaka hano, cyacukuwe bivugwa ko ari icyo gufata amazi aturuka mu bice binyuranye byo muri aka gace ariko abagicukuye baza kugisiga kirangaye kitanarangiye.

Abaturiye iki cyobo bakunze kugaragaza kenshi ko giteye impungenge, bagasaba ko niba icyo cyagenewe gukora kitakibaye gikwiye gusibwa.

Umwe yabwiye RADIOTV10 ko batumva impamvu ubuyobozi bukomeje kubima amatwi ku mpungenge batahwemye kugaragaza kubera iki cyobo.

Umwe yagize ati “Ubuyobozi bwacukuye iki cyobo, nyuma bugisiga kirangaye kituzuye. Niba cyarabananiye nibagisibe kitazatumaraho abantu.”

Iki cyobo kimaze kugwamo abantu batatu, barimo babiri bahasize ubuzima mu gihe undi umwe yajyanywe kwa muganga akavurwa agakira.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − 4 =

Previous Post

Abanyarwanda batatu bafungiye mu Burundi bazira ibishyimbo

Next Post

Umugabo n’abagore be batatu babana mu nzu imwe kandi nta gufuha kubarangwaho

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umugabo n’abagore be batatu babana mu nzu imwe kandi nta gufuha kubarangwaho

Umugabo n’abagore be batatu babana mu nzu imwe kandi nta gufuha kubarangwaho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.