• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Icyorezo cya Ebola kiri muri Congo no muri Uganda kiraganirwaho n’Abakuru b’Ibihugu bya Afurika

radiotv10by radiotv10
16/06/2026
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Icyorezo cya Ebola kiri muri Congo no muri Uganda kiraganirwaho n’Abakuru b’Ibihugu bya Afurika
Share on FacebookShare on Twitter

Icyorezo cya Ebola gikomeje kugaragara muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo no muri Uganda, kiri mu biganirwaho mu nama yo ku rwego rw’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bigize Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe iyoborwa na Perezida Évariste Ndayishimiye w’u Burundi, akaba anayoboye uyu Muryango.

Iyi nama iba hifashishijwe uburyo bw’ikoranabuhanga kuri uyu wa 16 Kamena 2026, igiye kuba nyuma y’iminsi 30 hatangajwe icyorezo cya Ebola muri DRC.

Nk’uko byatangajwe n’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Burundi, iyi nama y’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe igiye kuba nyuma yuko Perezida Ndayishimiye yakiriye i Bujumbura Perezida wa Komisiyo y’uyu Muryango, Mahamoud Ali Youssouf nyuma yuko amutumijeho mu rwego rwo gutegura iyi nama.

Perezidansi ya Repubulika y’u Burundi yatangaje ko “Nyakubahwa Evariste Ndayishimiye, Perezida wa Repubulika y’u Burundi akaba na Perezida w’Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika, yakiriye Ambasaderi Mahmoud Ali Youssouf, Perezida wa Komisiyo y’Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika, uri mu ruzinduko mu Burundi mu nama yo ku rwego rwo hejuru yatumijwe na Perezida w’Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika.”

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Burundi kandi byavugaga ko iyi nama y’Abakuru b’Ibihugu “Iteganyijwe ku ya 16 Kamena 2026.” Aho Perezida Ndayishimiye uyiyobora aza kuba ari mu Ngoro ye (Ntare Rushatsi) igahuza “Abakuru b’Ibihugu bya Afurika na za Guverinoma n’abafatanyabikorwa kuri interineti kugira ngo baganire ku icyorezo cya Ebola (indwara ya virusi ya Bundibugyo) no kongera imikoranire mu bikorwa byo guhangana n’iki kibazo.”

Nk’uko byatangajwe mu itangazo rya Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, muri uku kwakirwa na Perezida Ndayishimiye, uyu uyobora Komisiyo y’uyu Muryango yamugejejeho imiterere y’iki cyorezo cya Ebola ku Mugabane wa Afurika.

Ni ibiganiro byashingiye ku isuzuma n’amakuru yatanzwe n’Ikigo Nyafurika gishinzwe Kurwanya no gukumira Indwara n’ibyorezo (Africa CDC), ndetse n’ibikorwa byo guhangana n’iyi ndwara byakozwe n’Ibihugu bigize uyu Muryango.

Perezida wa Komisiyo ya AU, Mahmoud Ali Youssouf na we yashimiye ubufatanye bwagaragajwe binyuze mu gutanga umusanzu n’inkunga byatanzwe n’ibihugu bigize Umuryango wa Afurika Yunze Uvumwe ndetse n’abafatanyabikorwa mpuzamahanga mu kurwanya iki cyorezo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + 3 =

Previous Post

Ibyabaye ku munyezamo wa Cape Verde ni nk’ibitangaza nyuma yo kwigaragaza mu mukino w’Igikombe cy’Isi

Next Post

Abacuruzi bari bavuye i Goma batezwe n’igitero cy’umutwe ukorana na FARDC

Related Posts

Iby’ingenzi wamenya ku imurikabikorwa rya mbere ku Isi mu bya gisirikare ryitabiriwe na RDF

Iby’ingenzi wamenya ku imurikabikorwa rya mbere ku Isi mu bya gisirikare ryitabiriwe na RDF

by radiotv10
16/06/2026
0

I Paris mu Bufaransa hari kubera imurikabikorwa mpuzamahanga mu bya Gisirikare rizwi nka ‘Eurosatory’ rya mbere rigari ku Isi, ryitabiriwe...

Abacuruzi bari bavuye i Goma batezwe n’igitero cy’umutwe ukorana na FARDC

Abacuruzi bari bavuye i Goma batezwe n’igitero cy’umutwe ukorana na FARDC

by radiotv10
16/06/2026
0

Itsinda ry'abacuruzi bari bavuye i Goma berekeza i Walikale, ryagabweho igitero n'abantu bitwaje intwaro bikekwa ko ari abarwanyi b'umutwe wa...

What’s going wrong in South Africa?

What’s going wrong in South Africa?

by radiotv10
15/06/2026
0

While watching the World Cup match between South Africa and Mexico last week, I was struck by the significant level...

BREAKING: Amasezerano ya America na Iran yagezweho anateganya ifungurwa rya Hormuz

BREAKING: Amasezerano ya America na Iran yagezweho anateganya ifungurwa rya Hormuz

by radiotv10
15/06/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America na Iran, bageze ku masezerano yo guhagarika burundu intambara yari imaze igihe, no gufungura umuhora...

America yashyize hanze amashusho y’uburyo yishe ukuriye agatsiko k’iterabwoba ko muri Venezuela

America yashyize hanze amashusho y’uburyo yishe ukuriye agatsiko k’iterabwoba ko muri Venezuela

by radiotv10
13/06/2026
0

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za America yatangaje ko igisirikare cy’Igihugu cye cyishe Niño Guerrero wari ukuriye agatsiko...

Next Post
Abacuruzi bari bavuye i Goma batezwe n’igitero cy’umutwe ukorana na FARDC

Abacuruzi bari bavuye i Goma batezwe n’igitero cy’umutwe ukorana na FARDC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umutoza w’Amavubi yatangiye kumva ibitekerezo by’abanyabigwi bakiniye Ikipe y’Igihugu

Iby’ingenzi wamenya ku imurikabikorwa rya mbere ku Isi mu bya gisirikare ryitabiriwe na RDF

Abo mu Mudugudu wapfushije abantu batandatu muri Nyabihu baravuga ko ari ishyano ryabagwiririye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.