Wednesday, December 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Icyorezo giherutse kugaragara mu Rwanda kiravugwa mu Gihugu cy’igituranyi ahantu hateye impungenge

radiotv10by radiotv10
15/01/2025
in AMAHANGA
0
Icyorezo giherutse kugaragara mu Rwanda kiravugwa mu Gihugu cy’igituranyi ahantu hateye impungenge
Share on FacebookShare on Twitter

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (WHO/OMS), ryatangaje ko abantu umunani (8) bamaze guhitanwa n’icyorezo bikekwa ko ari Marburg muri Tanzania, mu gace ka Kagera gahuriraho ibihugu bine birimo u Rwanda, DRC, n’u Burundi, byanatumye bivugwa ko igipimo cy’ikwirakwira ry’iyi ndwara gishobora kuba kiri hejuru.

Byatangajwe mu itangazo ryashyizwe hanze na WHO/OMS kuri uyu wa Kabiri tariki 14 Mutarama 2025, rivuga ko umubare w’abantu icyenda bakekwaho kwandura iyi ndwara yica ku kigero cyo hejuru, babonetse mu Turere tubiri two mu gace ka Kagera kari mu majyaruguru ashyira uburengerazuba bwa Tanzania.

Umuyobozi Mukuru wa WHO, Dr. Tedros Adhanom Ghebreyesus yagize ati “Turateganya ko haboneka n’abandi barwayi benshi mu minsi iri imbere, mu gihe turi gukora igenzura.”

Ibizamini by’abantu babiri bakekwaho iyi ndwara, byamaze gufatwa ndetse bijyanwa gupimirwa muri Laboratwari nkuru y’Igihugu, mu rwego rwo gutangaza iki cyorezo muri Tanzania.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, ritangaza ko abantu bahuye n’abarwaye iyi ndwara barimo abaganga, bamaze kumenyekana, ubu bakaba bari gukurikiranwa.

WHO yatanze umuburo ko igipimo cy’ikwirakwira ry’iyi ndwara kiri hejuru bitewe no kuba aka gace ka Kagera yagaragayemo gakunze kunyuramo abantu benshi, byumwihariko abakora urujya n’uruza ku mupaka w’Ibihugu bigera muri bine, birimo u Rwanda, Uganda, u Burundi na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

WHO itangaje iby’iyi ndwara muri Tanzania nyuma y’igihe gikabakaba mu kwezi kumwe mu Rwanda hatangajwe ko iki cyorezo cya Marburg cyarangiye burundu, aho byemejwe tariki 20 Ukuboza 2024.

Iki cyorezo cya Marburg cyatangajwe bwa mbere mu Rwanda mu mpera za Nzeri, cyarangiye nyuma yuko cyanduwe n’abantu 66, kikaba cyarahitanye ubuzima bw’abantu 15, mu gihe abayikize ari 51.

Iyi ndwara irangwa n’umuriro mwinshi, igipimo cy’abo yica kigera kuri 88%, kikaba kiri mu bwoko bumwe bw’izindi ndwara zitera kuva amaraso ahantu hose, nka Ebola.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − three =

Previous Post

Uwigeze gufungirwa kwiyita Umupolizi akarya amafaranga y’abaturage yongeye gufatirwa mu cyuho

Next Post

Amakuru agezweho kuri Perezida wa S.Korea wagerwaga amajanja ngo atabwe muri yombi

Related Posts

Igihugu kimwe muri Afurika cyemeje ko cyahaye ubuhungiro umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ikindi

Igihugu kimwe muri Afurika cyemeje ko cyahaye ubuhungiro umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ikindi

by radiotv10
03/12/2025
0

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Nigeria yatangaje ko iki Gihugu cyatanze ubuhungiro kuri Fernando Dias, umukandida w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri...

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

by radiotv10
02/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko uruhande bahanganye rw’abarwana ku ruhande rw’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, baramutse bagaba ibitero simusiga...

Minisitiri w’Ingabo mu Gihugu kimwe muri Afurika yeguye hatangazwa impamvu inyuranye n’ikekwa

Minisitiri w’Ingabo mu Gihugu kimwe muri Afurika yeguye hatangazwa impamvu inyuranye n’ikekwa

by radiotv10
02/12/2025
0

Minisitiri w’Ingabo muri Nigeria, yeguye avuga ko ari ku mpamvu z’ubuzima, mu gihe iki Gihugu kimaze iminsi gifite ikibazo cy’abashimutwa...

AMAKURU MASHYA: Ndayishimiye yahagurutse i Burundi agiye mu muhango uzahuza Perezida Kagame na Tshisekedi

AMAKURU MASHYA: Ndayishimiye yahagurutse i Burundi agiye mu muhango uzahuza Perezida Kagame na Tshisekedi

by radiotv10
02/12/2025
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, yamaze guhaguruka mu Gihugu cye yerecyeje i Washington DC muri Leta Zunze Ubumwe za America,...

Perezida Trump yongeye kuvuga ku mugambi uzatuma abo mu Bihugu bikennye badakandagira muri America

Perezida Trump yongeye kuvuga ku mugambi uzatuma abo mu Bihugu bikennye badakandagira muri America

by radiotv10
02/12/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yongeye gushimangira umugambi we wo guhagarika no kugabanya cyane abimukira baturuka...

IZIHERUKA

Igihugu kimwe muri Afurika cyemeje ko cyahaye ubuhungiro umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ikindi
AMAHANGA

Igihugu kimwe muri Afurika cyemeje ko cyahaye ubuhungiro umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ikindi

by radiotv10
03/12/2025
0

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

03/12/2025
Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

02/12/2025
Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

02/12/2025
Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

02/12/2025
Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

02/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru agezweho kuri Perezida wa S.Korea wagerwaga amajanja ngo atabwe muri yombi

Amakuru agezweho kuri Perezida wa S.Korea wagerwaga amajanja ngo atabwe muri yombi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igihugu kimwe muri Afurika cyemeje ko cyahaye ubuhungiro umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ikindi

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.