Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Icyorezo giherutse kugaragara mu Rwanda kiravugwa mu Gihugu cy’igituranyi ahantu hateye impungenge

radiotv10by radiotv10
15/01/2025
in AMAHANGA
0
Icyorezo giherutse kugaragara mu Rwanda kiravugwa mu Gihugu cy’igituranyi ahantu hateye impungenge
Share on FacebookShare on Twitter

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (WHO/OMS), ryatangaje ko abantu umunani (8) bamaze guhitanwa n’icyorezo bikekwa ko ari Marburg muri Tanzania, mu gace ka Kagera gahuriraho ibihugu bine birimo u Rwanda, DRC, n’u Burundi, byanatumye bivugwa ko igipimo cy’ikwirakwira ry’iyi ndwara gishobora kuba kiri hejuru.

Byatangajwe mu itangazo ryashyizwe hanze na WHO/OMS kuri uyu wa Kabiri tariki 14 Mutarama 2025, rivuga ko umubare w’abantu icyenda bakekwaho kwandura iyi ndwara yica ku kigero cyo hejuru, babonetse mu Turere tubiri two mu gace ka Kagera kari mu majyaruguru ashyira uburengerazuba bwa Tanzania.

Umuyobozi Mukuru wa WHO, Dr. Tedros Adhanom Ghebreyesus yagize ati “Turateganya ko haboneka n’abandi barwayi benshi mu minsi iri imbere, mu gihe turi gukora igenzura.”

Ibizamini by’abantu babiri bakekwaho iyi ndwara, byamaze gufatwa ndetse bijyanwa gupimirwa muri Laboratwari nkuru y’Igihugu, mu rwego rwo gutangaza iki cyorezo muri Tanzania.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, ritangaza ko abantu bahuye n’abarwaye iyi ndwara barimo abaganga, bamaze kumenyekana, ubu bakaba bari gukurikiranwa.

WHO yatanze umuburo ko igipimo cy’ikwirakwira ry’iyi ndwara kiri hejuru bitewe no kuba aka gace ka Kagera yagaragayemo gakunze kunyuramo abantu benshi, byumwihariko abakora urujya n’uruza ku mupaka w’Ibihugu bigera muri bine, birimo u Rwanda, Uganda, u Burundi na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

WHO itangaje iby’iyi ndwara muri Tanzania nyuma y’igihe gikabakaba mu kwezi kumwe mu Rwanda hatangajwe ko iki cyorezo cya Marburg cyarangiye burundu, aho byemejwe tariki 20 Ukuboza 2024.

Iki cyorezo cya Marburg cyatangajwe bwa mbere mu Rwanda mu mpera za Nzeri, cyarangiye nyuma yuko cyanduwe n’abantu 66, kikaba cyarahitanye ubuzima bw’abantu 15, mu gihe abayikize ari 51.

Iyi ndwara irangwa n’umuriro mwinshi, igipimo cy’abo yica kigera kuri 88%, kikaba kiri mu bwoko bumwe bw’izindi ndwara zitera kuva amaraso ahantu hose, nka Ebola.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen + 20 =

Previous Post

Uwigeze gufungirwa kwiyita Umupolizi akarya amafaranga y’abaturage yongeye gufatirwa mu cyuho

Next Post

Amakuru agezweho kuri Perezida wa S.Korea wagerwaga amajanja ngo atabwe muri yombi

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru agezweho kuri Perezida wa S.Korea wagerwaga amajanja ngo atabwe muri yombi

Amakuru agezweho kuri Perezida wa S.Korea wagerwaga amajanja ngo atabwe muri yombi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.