Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Icyorezo giherutse kugaragara mu Rwanda kiravugwa mu Gihugu cy’igituranyi ahantu hateye impungenge

radiotv10by radiotv10
15/01/2025
in AMAHANGA
0
Icyorezo giherutse kugaragara mu Rwanda kiravugwa mu Gihugu cy’igituranyi ahantu hateye impungenge
Share on FacebookShare on Twitter

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (WHO/OMS), ryatangaje ko abantu umunani (8) bamaze guhitanwa n’icyorezo bikekwa ko ari Marburg muri Tanzania, mu gace ka Kagera gahuriraho ibihugu bine birimo u Rwanda, DRC, n’u Burundi, byanatumye bivugwa ko igipimo cy’ikwirakwira ry’iyi ndwara gishobora kuba kiri hejuru.

Byatangajwe mu itangazo ryashyizwe hanze na WHO/OMS kuri uyu wa Kabiri tariki 14 Mutarama 2025, rivuga ko umubare w’abantu icyenda bakekwaho kwandura iyi ndwara yica ku kigero cyo hejuru, babonetse mu Turere tubiri two mu gace ka Kagera kari mu majyaruguru ashyira uburengerazuba bwa Tanzania.

Umuyobozi Mukuru wa WHO, Dr. Tedros Adhanom Ghebreyesus yagize ati “Turateganya ko haboneka n’abandi barwayi benshi mu minsi iri imbere, mu gihe turi gukora igenzura.”

Ibizamini by’abantu babiri bakekwaho iyi ndwara, byamaze gufatwa ndetse bijyanwa gupimirwa muri Laboratwari nkuru y’Igihugu, mu rwego rwo gutangaza iki cyorezo muri Tanzania.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, ritangaza ko abantu bahuye n’abarwaye iyi ndwara barimo abaganga, bamaze kumenyekana, ubu bakaba bari gukurikiranwa.

WHO yatanze umuburo ko igipimo cy’ikwirakwira ry’iyi ndwara kiri hejuru bitewe no kuba aka gace ka Kagera yagaragayemo gakunze kunyuramo abantu benshi, byumwihariko abakora urujya n’uruza ku mupaka w’Ibihugu bigera muri bine, birimo u Rwanda, Uganda, u Burundi na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

WHO itangaje iby’iyi ndwara muri Tanzania nyuma y’igihe gikabakaba mu kwezi kumwe mu Rwanda hatangajwe ko iki cyorezo cya Marburg cyarangiye burundu, aho byemejwe tariki 20 Ukuboza 2024.

Iki cyorezo cya Marburg cyatangajwe bwa mbere mu Rwanda mu mpera za Nzeri, cyarangiye nyuma yuko cyanduwe n’abantu 66, kikaba cyarahitanye ubuzima bw’abantu 15, mu gihe abayikize ari 51.

Iyi ndwara irangwa n’umuriro mwinshi, igipimo cy’abo yica kigera kuri 88%, kikaba kiri mu bwoko bumwe bw’izindi ndwara zitera kuva amaraso ahantu hose, nka Ebola.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 4 =

Previous Post

Uwigeze gufungirwa kwiyita Umupolizi akarya amafaranga y’abaturage yongeye gufatirwa mu cyuho

Next Post

Amakuru agezweho kuri Perezida wa S.Korea wagerwaga amajanja ngo atabwe muri yombi

Related Posts

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

by radiotv10
15/01/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko igiye guhagarika gutanga no kwakira ubusabe Visa ku baturage b'abimukira bo...

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Abajenerali mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu,...

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

by radiotv10
14/01/2026
0

Angeline Ndayishimiye Ndayubaha, Madamu wa Perezida Evariste Ndayishimiye w'u Burundi, wujuje imyaka 50 y’amavuko, yashimiye umugabo we utuma ubuzima bwe...

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi amaze iminsi agirira ingendo i Luanda muri Angola, aho kuva uyu...

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

by radiotv10
13/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Abarwanyi ba AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga, yongeye gushimangira ko iri Huriro rizaruhuka ari uko ribohoye Igihugu cya...

IZIHERUKA

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo
AMAHANGA

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

by radiotv10
15/01/2026
0

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru agezweho kuri Perezida wa S.Korea wagerwaga amajanja ngo atabwe muri yombi

Amakuru agezweho kuri Perezida wa S.Korea wagerwaga amajanja ngo atabwe muri yombi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.