Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Icyumvikanamo ubumuntu cyahanirwaga abafite imodoka bwite cyahawe umurongo ushimangira ubufatanye bw’Abanyarwanda

radiotv10by radiotv10
29/09/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Icyumvikanamo ubumuntu cyahanirwaga abafite imodoka bwite cyahawe umurongo ushimangira ubufatanye bw’Abanyarwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi mushya w’Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere (RURA), Rugigana Evariste yavuze ko ubu abafite imodoka zabo bwite, bashobora kuyamba abagenzi basanze ku cyapa babuze imodoka, mu gihe byari bisanzwe bifatwa nk’icyaha kuko uwabifatirwagamo yacibwaga amande.

Ubusanzwe abafite imodoka zabo bwite, ntibemererwaga kugera ku byapa bitegerwaho imodoka za rusange, ngo bayambe abagenzi, kuko byafatwaga nko kuvangira urwego rwo gutwara abagenzi, ndetse ababifatiwemo bakabaga bacibwaga amande.

Ibi kandi biherutse kugarukwaho na bamwe mu Badepite bagize Komisiyo ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y’Imari n’Umutungo by’Igihugu (PAC), bavuze ko bidakwiye ko umuntu acibwa amande kuko yakoze igikorwa cy’ubumuntu.

Hon Murara Jean Damascène yagize ati “Hari aho umuntu yagiye aca ku baturage bahagaze ku muhanda kubera impuhwe za kimuntu, kubera gufashanya kw’Abanyarwanda, ugatwara umuturage umwe, babiri, RURA ikaguca amande ngo ugiye mu gutwara abantu mu buryo rusange.”

Izi ntumwa za rubanda kandi zashimangiraga ko ibi bitari bikwiye gufatwa nk’ikosa kuko rimwe mu mahame afasha Abanyarwanda ari ugufashanya.

Hon. Murara yakomeje agira ati “Ese RURA irakuraho bwa bufatanye Abanyarwanda basanganywe? Kwa gufashanya ko gusanga umuntu anyagirwa ku muhanda, ugiye ku kazi, ukamufasha. Ariko RURA hari aho ikabya, watwara umuntu bakaguca amande. Ni ukuvuga ngo RURA irimo kutuvana kuri wa muco w’ubufatanye bwacu, wa muco wo kunganirana.”

Umuyobozi mushya w’Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere (RURA), Rugigana Evariste avuga ko uru rwego rwinjiye mu mikorere mishya, ndetse ko ibi byafatwaga nk’icyaha, nta muntu uzongera kubihanirwa.

Ati “Njyewe nk’Umuyobozi wa RURA, ndabivuga, ntabwo ukwiye gusiga umuturage ku murongo kandi ufite imodoka, ufite imyanya iticaweho. Niba uvuye i Musanze, ukabona hari umurongo mu cyapa nta bisi ihari, ntabwo ukwiye gusiga abo baturage. Niba uvuye i Nyamata cyangwa uri mu Mujyi wa Kigali, ubonye abaturage ku murongo nta bisi ihari, ntabwo ukwiye kubasiga.”

Yakomeje avuga ko kandi iyi gahunda yatangiye kubahirizwa, kuko nko mu byumweru bibiri bishize abagiye bayamba abaturage babasanze ku muhanda, batigeze bahanwa. Ati “Ubu dufite RURA nshya, dufite ubuyobozi bushya, tuzakorana tuzabikora.”

Icyakora avuga ko ikibazo kizaba ku bazashaka kubikora nk’ubucuruzi. Ati “Abantu babikora nk’umwuga, agafata akamodoka gatoya akajya ajya Nyabugogo akajyana abaturage, akagaruka, ba bandi babikora mu buryo uri informal [butemewe]. Abo bo turahangana na bo kandi turabafata.”

Akomeza ati “Ariko niba ari umuntu ugiye ku kazi ufite imodoka wicayemo wenyine ugasiga ba baturage ku muhanda, ni ukuvuga ngo uri kurema business no gukenera moto. Abantu benshi bazagura amamoto bajye ku muhanda usange ka kajagari tuvuga.”

Umuyobozi wa RURA, atangaje ibi mu gihe kandi ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali na bwo bukomeje gushaka ibisubizo by’ibibazo byakunze kuvugwa mu rwego rwo gutwara abagenzi, aho buteganya kujya buha umwihariko ku mihanda itatu ikazajya inyurwamo n’imodoka za rusange mu masaha azagenwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 + seven =

Previous Post

Niger: Intagondwa zahengereye abasirikare bahuze zibamishamo ibisasu

Next Post

Impinduka zitunguranye z’igitaramo cya The Ben i Burundi icyaziteye cyamenyekanye

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises
SIPORO

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

by radiotv10
10/01/2026
0

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Impinduka zitunguranye z’igitaramo cya The Ben i Burundi icyaziteye cyamenyekanye

Impinduka zitunguranye z'igitaramo cya The Ben i Burundi icyaziteye cyamenyekanye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.