Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Icyumvikanamo ubumuntu cyahanirwaga abafite imodoka bwite cyahawe umurongo ushimangira ubufatanye bw’Abanyarwanda

radiotv10by radiotv10
29/09/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Icyumvikanamo ubumuntu cyahanirwaga abafite imodoka bwite cyahawe umurongo ushimangira ubufatanye bw’Abanyarwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi mushya w’Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere (RURA), Rugigana Evariste yavuze ko ubu abafite imodoka zabo bwite, bashobora kuyamba abagenzi basanze ku cyapa babuze imodoka, mu gihe byari bisanzwe bifatwa nk’icyaha kuko uwabifatirwagamo yacibwaga amande.

Ubusanzwe abafite imodoka zabo bwite, ntibemererwaga kugera ku byapa bitegerwaho imodoka za rusange, ngo bayambe abagenzi, kuko byafatwaga nko kuvangira urwego rwo gutwara abagenzi, ndetse ababifatiwemo bakabaga bacibwaga amande.

Ibi kandi biherutse kugarukwaho na bamwe mu Badepite bagize Komisiyo ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y’Imari n’Umutungo by’Igihugu (PAC), bavuze ko bidakwiye ko umuntu acibwa amande kuko yakoze igikorwa cy’ubumuntu.

Hon Murara Jean Damascène yagize ati “Hari aho umuntu yagiye aca ku baturage bahagaze ku muhanda kubera impuhwe za kimuntu, kubera gufashanya kw’Abanyarwanda, ugatwara umuturage umwe, babiri, RURA ikaguca amande ngo ugiye mu gutwara abantu mu buryo rusange.”

Izi ntumwa za rubanda kandi zashimangiraga ko ibi bitari bikwiye gufatwa nk’ikosa kuko rimwe mu mahame afasha Abanyarwanda ari ugufashanya.

Hon. Murara yakomeje agira ati “Ese RURA irakuraho bwa bufatanye Abanyarwanda basanganywe? Kwa gufashanya ko gusanga umuntu anyagirwa ku muhanda, ugiye ku kazi, ukamufasha. Ariko RURA hari aho ikabya, watwara umuntu bakaguca amande. Ni ukuvuga ngo RURA irimo kutuvana kuri wa muco w’ubufatanye bwacu, wa muco wo kunganirana.”

Umuyobozi mushya w’Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere (RURA), Rugigana Evariste avuga ko uru rwego rwinjiye mu mikorere mishya, ndetse ko ibi byafatwaga nk’icyaha, nta muntu uzongera kubihanirwa.

Ati “Njyewe nk’Umuyobozi wa RURA, ndabivuga, ntabwo ukwiye gusiga umuturage ku murongo kandi ufite imodoka, ufite imyanya iticaweho. Niba uvuye i Musanze, ukabona hari umurongo mu cyapa nta bisi ihari, ntabwo ukwiye gusiga abo baturage. Niba uvuye i Nyamata cyangwa uri mu Mujyi wa Kigali, ubonye abaturage ku murongo nta bisi ihari, ntabwo ukwiye kubasiga.”

Yakomeje avuga ko kandi iyi gahunda yatangiye kubahirizwa, kuko nko mu byumweru bibiri bishize abagiye bayamba abaturage babasanze ku muhanda, batigeze bahanwa. Ati “Ubu dufite RURA nshya, dufite ubuyobozi bushya, tuzakorana tuzabikora.”

Icyakora avuga ko ikibazo kizaba ku bazashaka kubikora nk’ubucuruzi. Ati “Abantu babikora nk’umwuga, agafata akamodoka gatoya akajya ajya Nyabugogo akajyana abaturage, akagaruka, ba bandi babikora mu buryo uri informal [butemewe]. Abo bo turahangana na bo kandi turabafata.”

Akomeza ati “Ariko niba ari umuntu ugiye ku kazi ufite imodoka wicayemo wenyine ugasiga ba baturage ku muhanda, ni ukuvuga ngo uri kurema business no gukenera moto. Abantu benshi bazagura amamoto bajye ku muhanda usange ka kajagari tuvuga.”

Umuyobozi wa RURA, atangaje ibi mu gihe kandi ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali na bwo bukomeje gushaka ibisubizo by’ibibazo byakunze kuvugwa mu rwego rwo gutwara abagenzi, aho buteganya kujya buha umwihariko ku mihanda itatu ikazajya inyurwamo n’imodoka za rusange mu masaha azagenwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + nine =

Previous Post

Niger: Intagondwa zahengereye abasirikare bahuze zibamishamo ibisasu

Next Post

Impinduka zitunguranye z’igitaramo cya The Ben i Burundi icyaziteye cyamenyekanye

Related Posts

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

by radiotv10
22/01/2026
0

In many schools in Rwanda, students are told they must speak English. Sometimes, if a child speaks Kinyarwanda, they get...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

IZIHERUKA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine
AMAHANGA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Impinduka zitunguranye z’igitaramo cya The Ben i Burundi icyaziteye cyamenyekanye

Impinduka zitunguranye z'igitaramo cya The Ben i Burundi icyaziteye cyamenyekanye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.