Sunday, July 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ifatwa ry’umusirikare w’Umujenerali muri FARDC ufungiye ahatazwi ryateje impagarara muri Congo

radiotv10by radiotv10
02/06/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ifatwa ry’umusirikare w’Umujenerali muri FARDC ufungiye ahatazwi ryateje impagarara muri Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Ihuriro ry’Imiryango itari iya Leta muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryagaragaje impungenge nyuma y’ifungwa ritavugwaho rumwe rya General Pierre Banywesize wari umuyobozi Wungirije w’Ibikorwa bya Gisirikare muri Dungu (Huat-Uele) ufungiye ahantu hatazwi.

Izi mpungenge z’iri Huriro ry’Imiryango itari iya Leta rizwi nka ONGDH, zikubiye mu itangazo ryashyize hanze mu mpera z’icyumweru gishize, aho bamwe mu bahirimbanira uburenganzira bwa muntu bagize iri Huriro, bavuze ko uyu Musirikare Mukuru yafashwe mu gihe yendaga kujya kwivuriza hanze y’Igihugu.

Iyi Miryango itari iya Leta, yasabye ko General Pierre Banywesize, arekurwa nk’uko byatangajwe na Muke Pablo, wo mu Muryango utari uwa Leta uzwi nka Observatoire citoyen urwanya Ruswa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (OCDIC-RDC).

Yagize ati “Ubu buryo bwo gufunga Abanyekongo mu buryo bunyuranyije n’amahame mpuzamahanga y’Uburenganzira bwa muntu. Ni yo mpamvu dusaba abayobozi babifitiye ububasha kugira uruhare mu gutuma hatangwa ubutabera. Niba hari icyo ashinjwa, nibareke ashyikirizwe Ubucamanza, ubundi ukuri kumenyekane kuri bose.”

Mu itangazo rihuriweho n’Imiryango itegamiye kuri Leta ndetse n’umuryango w’uyu musirikare wo hejuru, bagaragaje ko ishimutwa rye ryabaye mu cyumweru kibanziriza igishize i Kinshasa mu Murwa Mukuru wa DRC.

Emilienne Baseme, umwe mu bagize umuryango wa General Pierre Banywesize Bulanga, yagize ati “Twebwe nk’umuryango wa Général Pierre Banywesize Bulanga, tugomba kwiyambaza umuryango mugari yaba mu Gihugu ndetse no ku rwego mpuzamahanga. Iri shimutwa rirahangayikishije cyane bitewe n’ubuzima bw’umuvandimwe wacu. Kuburirwa irengero kwe no kutamenya amakuru amwerecyeyeho bikomeza kudutera impungenge zidasanzwe.”

Ihuriro ry’Imiryango itari iya Leta muri DRC, rivuga ko mu mezi atandatu ashize, Abasirikare 29 bo ku rwego rwa General, batawe muri yombi n’inzego z’ubutatsi, aho 27 muri bo bakomoka mu Burasirazuba bw’iki Gihugu bumazemo imirwano ihanganishije igisirikare cya Leta n’Ihuriro AFC/M23, aho bashinjwa kubangamira ibikorwa bya gisirikare. Biyongera kandi ku bandi benshi bamaze imyaka irenga ibiri bafunzwe bataracirwa imanza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − one =

Previous Post

I Bweyeye bahishuye impamvu hari ingo zitakibarizwamo abagabo n’izisigaye zirya rimwe

Next Post

Ubutumwa Minisitiri w’Intebe mushya wa Sudan yageneye Ibihugu bishyigikiye umutwe urwanya Leta

Related Posts

General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

by radiotv10
25/07/2025
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba yavuze ko umuntu wese ukorana n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR uhungabanya umutekano w’u...

Kabila wabaye Perezida wa DRCongo aratangira kuburanishwa n’Urukiko rwa Gisirikare ku byaha bikomeye

Kabila wabaye Perezida wa DRCongo aratangira kuburanishwa n’Urukiko rwa Gisirikare ku byaha bikomeye

by radiotv10
25/07/2025
0

Urukiko Rukuru rwa Gisirikare muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ruratangira kuburanisha urubanza ruregwamo Joseph Kabila wabaye Perezida w’iki Gihugu...

Umupasiteri uri mu bakunzwe yashatse undi mugore hatarashira umwaka apfushije uwa mbere

Umupasiteri uri mu bakunzwe yashatse undi mugore hatarashira umwaka apfushije uwa mbere

by radiotv10
24/07/2025
0

Pasiteri Marcelo Tunasi wo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, uri mu bakozi b’Imana bakurikirwa na benshi muri Afurika, yashyingiranywe...

Uko byifashe mu gace kiriwe urugamba rwambikanye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Amakuru aturuka mu bice biri kuberamo imirwano ikomeye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

by radiotv10
23/07/2025
0

Ibice byinshi muri Teritwari ya Masisi mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, byashizemo abantu bahunze kubera imirwano imaze iminsi ibiri...

Heavy fighting between AFC/M23 and Wazalendo is taking place in various villages of Masisi

Heavy fighting between AFC/M23 and Wazalendo is taking place in various villages of Masisi

by radiotv10
23/07/2025
0

Large parts of Masisi territory in North Kivu have been emptied of residents due to ongoing fights for the past...

IZIHERUKA

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’
MU RWANDA

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

by radiotv10
26/07/2025
0

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

26/07/2025
Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

26/07/2025
Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

25/07/2025
Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

25/07/2025
General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

25/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubutumwa Minisitiri w’Intebe mushya wa Sudan yageneye Ibihugu bishyigikiye umutwe urwanya Leta

Ubutumwa Minisitiri w’Intebe mushya wa Sudan yageneye Ibihugu bishyigikiye umutwe urwanya Leta

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.