Monday, August 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ifatwa ry’umusirikare w’Umujenerali muri FARDC ufungiye ahatazwi ryateje impagarara muri Congo

radiotv10by radiotv10
02/06/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ifatwa ry’umusirikare w’Umujenerali muri FARDC ufungiye ahatazwi ryateje impagarara muri Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Ihuriro ry’Imiryango itari iya Leta muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryagaragaje impungenge nyuma y’ifungwa ritavugwaho rumwe rya General Pierre Banywesize wari umuyobozi Wungirije w’Ibikorwa bya Gisirikare muri Dungu (Huat-Uele) ufungiye ahantu hatazwi.

Izi mpungenge z’iri Huriro ry’Imiryango itari iya Leta rizwi nka ONGDH, zikubiye mu itangazo ryashyize hanze mu mpera z’icyumweru gishize, aho bamwe mu bahirimbanira uburenganzira bwa muntu bagize iri Huriro, bavuze ko uyu Musirikare Mukuru yafashwe mu gihe yendaga kujya kwivuriza hanze y’Igihugu.

Iyi Miryango itari iya Leta, yasabye ko General Pierre Banywesize, arekurwa nk’uko byatangajwe na Muke Pablo, wo mu Muryango utari uwa Leta uzwi nka Observatoire citoyen urwanya Ruswa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (OCDIC-RDC).

Yagize ati “Ubu buryo bwo gufunga Abanyekongo mu buryo bunyuranyije n’amahame mpuzamahanga y’Uburenganzira bwa muntu. Ni yo mpamvu dusaba abayobozi babifitiye ububasha kugira uruhare mu gutuma hatangwa ubutabera. Niba hari icyo ashinjwa, nibareke ashyikirizwe Ubucamanza, ubundi ukuri kumenyekane kuri bose.”

Mu itangazo rihuriweho n’Imiryango itegamiye kuri Leta ndetse n’umuryango w’uyu musirikare wo hejuru, bagaragaje ko ishimutwa rye ryabaye mu cyumweru kibanziriza igishize i Kinshasa mu Murwa Mukuru wa DRC.

Emilienne Baseme, umwe mu bagize umuryango wa General Pierre Banywesize Bulanga, yagize ati “Twebwe nk’umuryango wa Général Pierre Banywesize Bulanga, tugomba kwiyambaza umuryango mugari yaba mu Gihugu ndetse no ku rwego mpuzamahanga. Iri shimutwa rirahangayikishije cyane bitewe n’ubuzima bw’umuvandimwe wacu. Kuburirwa irengero kwe no kutamenya amakuru amwerecyeyeho bikomeza kudutera impungenge zidasanzwe.”

Ihuriro ry’Imiryango itari iya Leta muri DRC, rivuga ko mu mezi atandatu ashize, Abasirikare 29 bo ku rwego rwa General, batawe muri yombi n’inzego z’ubutatsi, aho 27 muri bo bakomoka mu Burasirazuba bw’iki Gihugu bumazemo imirwano ihanganishije igisirikare cya Leta n’Ihuriro AFC/M23, aho bashinjwa kubangamira ibikorwa bya gisirikare. Biyongera kandi ku bandi benshi bamaze imyaka irenga ibiri bafunzwe bataracirwa imanza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − 15 =

Previous Post

I Bweyeye bahishuye impamvu hari ingo zitakibarizwamo abagabo n’izisigaye zirya rimwe

Next Post

Ubutumwa Minisitiri w’Intebe mushya wa Sudan yageneye Ibihugu bishyigikiye umutwe urwanya Leta

Related Posts

Icyemezo cya Israel cyo gushaka kwigarurira Gaza cyahagurukiwe n’amahanga

Icyemezo cya Israel cyo gushaka kwigarurira Gaza cyahagurukiwe n’amahanga

by radiotv10
11/08/2025
0

Amahanga yamaganye icyemezo cya Guverinoma ya Israel cyo kwigarurira Intara ya Gaza nubwo iki Gihugu kivuga ko ari byo byonyine...

AFC/M23 yagaragaje ibidakwiye biri gukorwa na FARDC n’ubutegetsi bwa Congo mu rugamba

AFC/M23 yagaragaje ibidakwiye biri gukorwa na FARDC n’ubutegetsi bwa Congo mu rugamba

by radiotv10
11/08/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryagaragaje ko ribabajwe bikomeye no kuba uruhande bahanganye rwa FARDC n’abayifasha ruri kwinjiza mu gisirikare abana bato rukabajyana...

Haravugwa umugambi wafungishije abasirikare barimo Abajenerali muri Mali iyobowe n’igisirikare

Haravugwa umugambi wafungishije abasirikare barimo Abajenerali muri Mali iyobowe n’igisirikare

by radiotv10
11/08/2025
0

Ubutegetsi bwa Mali buri mu maboko y’igisirikare, bwataye muri yombi abasirikare benshi barimo Abajenerali bakekwaho umugambi wo gushaka kubuhirika. Aba...

Haramaganwa iyicwa ry’abanyamakuru bahitanywe n’igitero cy’indege ya Israel barimo uwari watewe ubwoba

Haramaganwa iyicwa ry’abanyamakuru bahitanywe n’igitero cy’indege ya Israel barimo uwari watewe ubwoba

by radiotv10
11/08/2025
0

Abanyamakuru batanu ba Al Jazeera barimo Anas Al Sharif wigeze guterwa ubwoba na Israel imushija gukorana n’umutwe wa Hamas, bahitanywe...

Ubutumwa Perezida wa Ghana yatanze ubwo hashyingurwaga abayobozi mu nzego nkuru z’umutekano

Ubutumwa Perezida wa Ghana yatanze ubwo hashyingurwaga abayobozi mu nzego nkuru z’umutekano

by radiotv10
11/08/2025
0

Ubwo hashyingurwaga abayobozi babiri barimo uwari Minisitiri w’Ibidukikije muri Ghana baherutse guhitanwa n’impanuka ya kajugujugu, Perezida w’iki Gihugu yavuze ko...

IZIHERUKA

Icyemezo cya Israel cyo gushaka kwigarurira Gaza cyahagurukiwe n’amahanga
AMAHANGA

Icyemezo cya Israel cyo gushaka kwigarurira Gaza cyahagurukiwe n’amahanga

by radiotv10
11/08/2025
0

Ubutumwa Umugaba Mukuru wa RDF Gen.Muganga yahaye urubyiruko ruri mu Itorero ‘Indangamirwa’

Ubutumwa Umugaba Mukuru wa RDF Gen.Muganga yahaye urubyiruko ruri mu Itorero ‘Indangamirwa’

11/08/2025
Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga

Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga

11/08/2025
Eng.- RDF Chief urges youth to champion African solutions to African problems

Eng.- RDF Chief urges youth to champion African solutions to African problems

11/08/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Polisi yasobanuye uko byagenze ngo haraswe abagabo babiri bakekwagaho ubwicanyi n’ubujura i Rwamagana

11/08/2025
Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

11/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubutumwa Minisitiri w’Intebe mushya wa Sudan yageneye Ibihugu bishyigikiye umutwe urwanya Leta

Ubutumwa Minisitiri w’Intebe mushya wa Sudan yageneye Ibihugu bishyigikiye umutwe urwanya Leta

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyemezo cya Israel cyo gushaka kwigarurira Gaza cyahagurukiwe n’amahanga

Ubutumwa Umugaba Mukuru wa RDF Gen.Muganga yahaye urubyiruko ruri mu Itorero ‘Indangamirwa’

Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.