Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ifatwa ry’umusirikare w’Umujenerali muri FARDC ufungiye ahatazwi ryateje impagarara muri Congo

radiotv10by radiotv10
02/06/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ifatwa ry’umusirikare w’Umujenerali muri FARDC ufungiye ahatazwi ryateje impagarara muri Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Ihuriro ry’Imiryango itari iya Leta muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryagaragaje impungenge nyuma y’ifungwa ritavugwaho rumwe rya General Pierre Banywesize wari umuyobozi Wungirije w’Ibikorwa bya Gisirikare muri Dungu (Huat-Uele) ufungiye ahantu hatazwi.

Izi mpungenge z’iri Huriro ry’Imiryango itari iya Leta rizwi nka ONGDH, zikubiye mu itangazo ryashyize hanze mu mpera z’icyumweru gishize, aho bamwe mu bahirimbanira uburenganzira bwa muntu bagize iri Huriro, bavuze ko uyu Musirikare Mukuru yafashwe mu gihe yendaga kujya kwivuriza hanze y’Igihugu.

Iyi Miryango itari iya Leta, yasabye ko General Pierre Banywesize, arekurwa nk’uko byatangajwe na Muke Pablo, wo mu Muryango utari uwa Leta uzwi nka Observatoire citoyen urwanya Ruswa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (OCDIC-RDC).

Yagize ati “Ubu buryo bwo gufunga Abanyekongo mu buryo bunyuranyije n’amahame mpuzamahanga y’Uburenganzira bwa muntu. Ni yo mpamvu dusaba abayobozi babifitiye ububasha kugira uruhare mu gutuma hatangwa ubutabera. Niba hari icyo ashinjwa, nibareke ashyikirizwe Ubucamanza, ubundi ukuri kumenyekane kuri bose.”

Mu itangazo rihuriweho n’Imiryango itegamiye kuri Leta ndetse n’umuryango w’uyu musirikare wo hejuru, bagaragaje ko ishimutwa rye ryabaye mu cyumweru kibanziriza igishize i Kinshasa mu Murwa Mukuru wa DRC.

Emilienne Baseme, umwe mu bagize umuryango wa General Pierre Banywesize Bulanga, yagize ati “Twebwe nk’umuryango wa Général Pierre Banywesize Bulanga, tugomba kwiyambaza umuryango mugari yaba mu Gihugu ndetse no ku rwego mpuzamahanga. Iri shimutwa rirahangayikishije cyane bitewe n’ubuzima bw’umuvandimwe wacu. Kuburirwa irengero kwe no kutamenya amakuru amwerecyeyeho bikomeza kudutera impungenge zidasanzwe.”

Ihuriro ry’Imiryango itari iya Leta muri DRC, rivuga ko mu mezi atandatu ashize, Abasirikare 29 bo ku rwego rwa General, batawe muri yombi n’inzego z’ubutatsi, aho 27 muri bo bakomoka mu Burasirazuba bw’iki Gihugu bumazemo imirwano ihanganishije igisirikare cya Leta n’Ihuriro AFC/M23, aho bashinjwa kubangamira ibikorwa bya gisirikare. Biyongera kandi ku bandi benshi bamaze imyaka irenga ibiri bafunzwe bataracirwa imanza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 2 =

Previous Post

I Bweyeye bahishuye impamvu hari ingo zitakibarizwamo abagabo n’izisigaye zirya rimwe

Next Post

Ubutumwa Minisitiri w’Intebe mushya wa Sudan yageneye Ibihugu bishyigikiye umutwe urwanya Leta

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubutumwa Minisitiri w’Intebe mushya wa Sudan yageneye Ibihugu bishyigikiye umutwe urwanya Leta

Ubutumwa Minisitiri w’Intebe mushya wa Sudan yageneye Ibihugu bishyigikiye umutwe urwanya Leta

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.