Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

IFOTO: Karegeya washinze ‘Ibere rya Bigowe’ yishimiye guhura n’imfura ya Perezida Kagame

radiotv10by radiotv10
01/01/2024
in MU RWANDA
0
IFOTO: Karegeya washinze ‘Ibere rya Bigowe’ yishimiye guhura n’imfura ya Perezida Kagame
Share on FacebookShare on Twitter

Karegeya Ngabo Alexis wamamaye nka ‘Ibere rya Bigogwe’ wanashinze kompanyi y’ubukerarugendo yitiriwe iri zina, yishimiye kuba yarahuye n’imfura ya Perezida Paul Kagame, Yvan Cyomoro Kagame.

Karegeya yamamaye cyane ku rubuga nkoranyambaga rwa X, ku izina rya ‘Ibere rya Bigogwe’ aho yakundishije abantu ubukerarugendo bushingiye ku bworozi akorera mu gace ko mu Bigogwe.

Mu butumwa buherekejwe n’amafoto yanyujije kuri uru rubuga rwa X, Karegeya yavuze ko yishimiye kuba yahuye na Yvan Cyomoro Kagame, imfura ya Perezida Paul Kagame.

Muri ubu butumwa yashyizeho kuri iki Cyumweru tariki 31 Ukuboza 2023, Karegeya yagize ati “Mu ijoro ryacyeye mu birori bisoza umwaka, nishimiye guhura nya Bwana Yvan Cyomoro Kagame.”

Karegeya ukunze kugaragaza ko aterwa ishema n’umwuga akora w’ubworozi bw’Inka, aho akunze kwiyita umushumba, muri ubu butumwa bwe yakomeje agira ati “Mbega ijoro ryiza ku mushumba.” Asoza yifuriza ibyiza Yvan Cyomoro, ati “Amata Aduhame Mfura ya Rudasumbwa.”

Muri ibyo birori byo gusoza umwaka ryabaye tariki 30 Ukuboza 2023, byayobowe na Perezida Paul Kagame, waboneyeho kwibutsa Abanyarwanda ko uyu mwaka wa 2023 wabaye mwiza, kandi ko n’uwa 2024 uzakomeza kuba mwiza, barushaho gukora.

Karegeya kandi yashyigikiwe na Leta mu bikorwa bye by’ubu bukerarugendo, aho kompanyi ye izwi nka ‘Ibere rya Bigogwe’ yahawe ubutaka n’inama y’Abaminisitiri yateranye tariki 30 Mutarama 2023, ari na bwo akoreraho ubu bukerarugendo bumaze kumenywa na benshi.

Muri ibyo birori kandi Karegeya yanagize amahiwe yo kuramutsa Perezida Kagame
Yishimiye guhura na Yvan Cyomoro

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + 5 =

Previous Post

Hatanzwe umucyo ku byumvikana nk’ibishya mu bucuruzi byatumye bamwe bazamura amajwi

Next Post

Ababitekereza ahubwo nibo bizabaho- P.Kagame asubiza abatekereza imigambi mibisha ku Rwanda

Related Posts

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

by radiotv10
07/01/2026
0

Mental exhaustion doesn’t always look like a breakdown or tears. Most of the time, it shows up quietly in ways...

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

by radiotv10
07/01/2026
0

Have you ever noticed how January feels like a fresh start? Suddenly, people are setting goals, joining gyms, or trying...

IZIHERUKA

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika
AMAHANGA

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

by radiotv10
07/01/2026
0

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ababitekereza ahubwo nibo bizabaho- P.Kagame asubiza abatekereza imigambi mibisha ku Rwanda

Ababitekereza ahubwo nibo bizabaho- P.Kagame asubiza abatekereza imigambi mibisha ku Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.