Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

IFOTO: Minisitiri Gatabazi yahaye umubyizi ab’i Gicumbi baturiye Uganda

radiotv10by radiotv10
04/02/2022
in MU RWANDA
0
IFOTO: Minisitiri Gatabazi yahaye umubyizi ab’i Gicumbi baturiye Uganda
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney uri mu ruzinduko mu Karere ka Gicumbi, yifatanyije n’abaturage bahawe akazi mu mushinga wo kubateza imbere aho bari mu bikorwa byo gutunganya umuhanda wo Murenge wa Cyumba uhana imbibi na Uganda.

Minisitiri Gatabazi muri uru ruzinduko rw’iminsi ibiri yatangiye kuri uyu wa Kane tariki 03 Gashyantare 2022 aho yasuye ibikorwa bitandukanye birimo imishinga igamije kuzamura imibereho y’abaturage.

Hon Gatabazi yanahuye yanifatanyije na bamwe mu baturage bahawe akazi n’umushinga wa Leta wo guteza imbere abaturage bo mu Mirenge ikora ku mupaka uhuza u Rwanda na Uganda.

Aba baturage bafatanyije na Minisitiri mu mirimo y’amaboko byo gutunganya umuhanda wo mu Mudugudu wa Rugerero mu Murenge wa Cyumba.

Uyu mushinga wahaye akazi abaturage barenga 1 000 bo mu Mirenge ya Cyumba, Kaniga na Rubaya.

Umwe mu baturage bakora muri iyi mirimo, avuga ko yari yaragiye gushakishiriza imibereho muri Uganda ariko bikanga akaza kugaruka mu Rwanda none ubu akaba abayeho neza n’Umuryango we.

Ati “Ubu umugore wanjye n’abana ubabonye ntabwo wamenya ko ari abanjye, umugore wanjye asigaye arya yarabyibushye, abana bariga, biga bambaye inkweto n’amasogizi, imyenda y’ishuri barahinduranya.”

Minisitiri Gatabazi yibukije aba baturage kubyaza umusaruro aya mahirwe bahawe, bakabasha gukoresha ubushobozi bakuyemo kandi banaharanira kwiteza imbere, abizeza ko imishinga yashyizweho yo kubazamura izakomeza guhabwa ubushobozi uko amikoro azagenda aboneka.

Minisitiri Gatabazi yabahaye umubyizi
Yabahaye impanuro

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × three =

Previous Post

Dr Sabin wari Umuyobozi Mukuru wa RBC yagizwe Umuyobozi w’Ibitaro

Next Post

Bamporiki yahishuye ko yari umunyezamu utinjizwa igitego, avuga uburyo yihebeye APR n’icyatuma afana Rayon

Related Posts

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

IZIHERUKA

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere
MU RWANDA

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

23/01/2026
Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

22/01/2026
Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Bamporiki yahishuye ko yari umunyezamu utinjizwa igitego, avuga uburyo yihebeye APR n’icyatuma afana Rayon

Bamporiki yahishuye ko yari umunyezamu utinjizwa igitego, avuga uburyo yihebeye APR n’icyatuma afana Rayon

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.