Wednesday, April 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

IFOTO: Perezida Ndayishimiye na Madamu mu murima w’umuceri bishimiye umusaruro

radiotv10by radiotv10
16/05/2022
in MU RWANDA
0
IFOTO: Perezida Ndayishimiye na Madamu mu murima w’umuceri bishimiye umusaruro
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye aherekejwe na Madamu we Angeline Ndayishimiye basuye imirima y’umuceri mu Ntara ya Bubaza, bashima umusaruro uri kuboneka mu gihembwe cy’ihinga A.

Amakuru dukesha Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Burundi, avuga ko Perezida Ndayishimiye Evariste na Madamu we Angeline Ndayishimiye, mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje basuye koperative z’abahinzi b’umuceri.

Ubu butumwa buri kuri Twitter ya Perezidansi y’u Burundi, buherekejwe n’amafoto agaragaza Perezida Ndayishimiye Evariste ndetse na Madamu Angeline Ndayishimiye n’umwe mu bana babo bari mu murima w’umuceri ndetse n’andi Perezida ari kureba umuceri weze uri mu mifuka.

Umukuru w’u Burundi yari agiye kureba umusaruro wa mbere w’igihembwe cy’ihinga A, “yishimiye umusaruro mwiza wa Koperative za Mugerero bishimira umusaruro uziba icyuho cy’umusaruro udashimishije wabonetse mu mwaka ushize watewe no kudakora k’urusumo rwa Gatura.”

Perezida Ndayishimiye Evariste usanzwe akora ibikorwa by’ubuhinzi n’ubworozi, akunze kugaragara muri ibi bikorwa yabisuye ndetse na we ari kubikora.

Mu mpera za Gashyantare uyu mwaka wa 2022, Perezida Evariste Ndayishimiye na Madamu we, bagiye gusarura ibirayi mu mirima yabo iherereye muri Komini Ndava mu Ntara ya Mwaro aho bamaze gusarura bakanafatanya n’abandi gutunda umusaruro bawikoreye mu mifuka.

Perezida Ndayishimiye yashimye umusaruro uri kuboneka

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × four =

Previous Post

Mu kwezi kumwe mu Rwanda hapfuye Umunyamakuru wa gatatu

Next Post

Bugesera: Bonesherezwa n’abashumba bitwaje ko baragirira abasirikare bagira ngo baravuze inkoni ikarisha

Related Posts

Umupfumu ‘Salongo’ wari umaze igihe afunze yamaze gusubira mu muryango we

Umupfumu ‘Salongo’ wari umaze igihe afunze yamaze gusubira mu muryango we

by radiotv10
29/04/2026
0

Rurangirwa Wilson uzwi nka Salongo, wiyita Umupfumu, wari umaze igihe afungiwe ibyaha birimo icyo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya, yafunguwe...

Rwanda plans to limit social media use for children under 16

Rwanda plans to limit social media use for children under 16

by radiotv10
29/04/2026
0

Rwanda is planning a new law that could stop children under the age of 16 from using social media platforms....

Umunyarwandakazi yakatiwe igifungo kiremereye n’Urukiko rw’ikindi Gihugu kubera kwica umugabo we

Umunyarwandakazi yakatiwe igifungo kiremereye n’Urukiko rw’ikindi Gihugu kubera kwica umugabo we

by radiotv10
29/04/2026
0

Urukiko Rukuru rwo muri Malawi, rwakatiye igihano cy’igifungo cy’imyaka 40 Umunyarwandakazi uba muri iki Gihugu, rumuhamije icyaha cyo kwica umugabo...

Perezida Kagame i Burayi yarebye umukino ikipe ya PSG yamamaza VisitRwanda yaboneyemo intsinzi

Perezida Kagame i Burayi yarebye umukino ikipe ya PSG yamamaza VisitRwanda yaboneyemo intsinzi

by radiotv10
29/04/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino ubanza wa 1/2 wahuje ikipe ya Paris Saint Germain isanzwe yamamaza Visit Rwanda na Bayern...

Everyday habits that are damaging your mental health without you noticing

Everyday habits that are damaging your mental health without you noticing

by radiotv10
29/04/2026
0

You don’t wake up one day with poor mental health. Most of the time, it builds quietly, through small, everyday...

IZIHERUKA

Umupfumu ‘Salongo’ wari umaze igihe afunze yamaze gusubira mu muryango we
MU RWANDA

Umupfumu ‘Salongo’ wari umaze igihe afunze yamaze gusubira mu muryango we

by radiotv10
29/04/2026
0

Rwanda plans to limit social media use for children under 16

Rwanda plans to limit social media use for children under 16

29/04/2026
Ubutumwa bw’ibyishimo bya Meddy ku isabukuru ya mbere y’umwana we wa kabiri

Ubutumwa bw’ibyishimo bya Meddy ku isabukuru ya mbere y’umwana we wa kabiri

29/04/2026
Umwuka uri gututuma muri Mali watumye Bufaransa busaba abaturage babwo bariyo kuhava byihuse

Umwuka uri gututuma muri Mali watumye Bufaransa busaba abaturage babwo bariyo kuhava byihuse

29/04/2026
Mu butumwa avugamo u Rwanda Gen.Muhoozi yeruye ko abana be batagomba kumuzanira abakwe n’abakazana bagufi

Mu butumwa avugamo u Rwanda Gen.Muhoozi yeruye ko abana be batagomba kumuzanira abakwe n’abakazana bagufi

29/04/2026
Umunyarwandakazi yakatiwe igifungo kiremereye n’Urukiko rw’ikindi Gihugu kubera kwica umugabo we

Umunyarwandakazi yakatiwe igifungo kiremereye n’Urukiko rw’ikindi Gihugu kubera kwica umugabo we

29/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Bugesera: Bonesherezwa n’abashumba bitwaje ko baragirira abasirikare bagira ngo baravuze inkoni ikarisha

Bugesera: Bonesherezwa n’abashumba bitwaje ko baragirira abasirikare bagira ngo baravuze inkoni ikarisha

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umupfumu ‘Salongo’ wari umaze igihe afunze yamaze gusubira mu muryango we

Rwanda plans to limit social media use for children under 16

Ubutumwa bw’ibyishimo bya Meddy ku isabukuru ya mbere y’umwana we wa kabiri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.