• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

IFOTO: Perezida wa Sena y’u Rwanda n’uw’Inteko ya Congo begeranye mu byicaro

radiotv10by radiotv10
25/04/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
IFOTO: Perezida wa Sena y’u Rwanda n’uw’Inteko ya Congo begeranye mu byicaro
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Sena y’u Rwanda, Dr Kalinda François Xavier uri i Luanda muri Angola, aho yitabiriye Intego Rusange y’Ihuriro ry’Inteko Zishinga Amategeko z’Ibihugu bihuriye muri ICGRL, yakiriwe na Perezida João Lourenço, mu gikorwa cyarimo na Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya DRC, Vital Kamerhe.

Perezida wa Sena y’u Rwanda n’itsinda ryamuherekeje, bari muri iyi Nteko Rusange ya 15 y’Ihuriro ry’Inteko Zishinga Amategeko z’Ibihugu bihuriye mu Nama Mpuzamahanga y’Akarere k’Ibiyaga Bigari (FP-ICGLR).

Amafoto yagiye hanze kuri uyu wa Kane tariki 24 Mata 2025, agaragaza aba Bayoboye Inteko Zishinga Amategeko bitabiriye iyi Nteko Rusange, bakiriwe na Perezida wa Angola, João Lourenço.

Muri iki gikorwa, Perezida wa Sena y’u Rwanda, Dr Kalinda François Xavier, mu cyumba bakiririwemo aba yegeranye na Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Vital Kamerhe.

Iyi nteko yatangiye kuri uyu wa Gatatu tariki 23 ikazageza ku wa Gatanu tariki 25 Mata 2025, ifite insanganyamatsiko igira iti “Inclusive Leadership and Decision Making in the Region”-Tugenekereje ni “Imiyoborere idaheza no gufata ibyemezo mu Karere.”

Iyi Nteko Rusange ya 15 ya FP-ICGLR, izigira hamwe inafate imyanzuro irebana n’umutekano, politiki ndetse n’ibikorwa birebana n’imibereho y’abaturage mu karere.

Iyi Nteko yitabiriwe n’Inteko Zishinga Amategeko 12 z’Ibihugu binyamuryango bya ICGLR, birimo u Rwanda, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Angola, Tanzania, Uganda, Kenya, Zambia, Repubulika ya Congo (Congo-Brazzaville), u Burundi, Centrafrique, Sudani y’Epfo ndetse na Sudan.

Perezida wa Sena y’u Rwanda n’uw’Inteko ya Congo Kinshasa begeranye aho bakiririwe na Perezida wa Angola
Hafashwe ifoto Kamerhe na we ahari
No mu ifoto y’urwibutso, bari begeranye
Perezida wa Sena y’u Rwanda ari muri Angola mu nama yatangiye ejo hashize

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 1 =

Previous Post

Imyaka 12 yari ishize: Dore ikipe ishobora gusubira mu cya mbere muri ruhago nyarwanda

Next Post

Hamenyekanye icyemezo giherutse gufatirwa Moses mbere yuko atabwa muri yombi bwa kabiri

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Hamenyekanye icyemezo giherutse gufatirwa Moses mbere yuko atabwa muri yombi bwa kabiri

Hamenyekanye icyemezo giherutse gufatirwa Moses mbere yuko atabwa muri yombi bwa kabiri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.