Wednesday, October 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

IFOTO: Platini uvugwaho ibibazo ntibimubuza kuba ari mu butumwa bufasha Abanyarwanda

radiotv10by radiotv10
06/05/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
IFOTO: Platini uvugwaho ibibazo ntibimubuza kuba ari mu butumwa bufasha Abanyarwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Nemeye Platini umaze iminsi avugwaho ibibazo bwite bivugwa ko afite mu muryango, akaba ataragira icyo anabivugaho, we ubu yibereye mu kazi ko kuririmbira abitabira ubukangurambaga bugamije kurwanya Virusi itera SIDA mu rubyiruko.

Mu minsi ishize ndetse n’ubu, mu ruganda rw’imyidagaduro yo mu Rwanda, hakomeje kuvugwa inkuru y’ibibazo bivugwa ko biri mu rugo rwa Platini P, uri mu bahanzi babimazemo igihe mu Rwanda.

Ni ibibazo bivugwa ko byatewe no kuba umwana byavugwaga ko ari imfura ya Platini n’umugore we Olivia, byaraje kumenyekana ko atari uwe, nyuma yuko hakozwe ibizamini bya gihanga by’uturemangingo ndangasano (ADN).

Bivugwa kandi ko ibi bibazo byatumye Platini n’umugore we, ubu batakibana mu rugo rumwe, mu gihe bari bamaranye imyaka ibiri basezeranye kubana nk’umugore n’umugabo.

Gusa uyu muhanzi unakomeje guhirwa mu bikorwa bya muzika, ubu we yibereye mu kazi ke k’ubuhanzi, aho amaze iminsi mu bikorwa by’ubukangurambaga bwo kurwanya SIDA mu rubyiruko, bwateguwe ku bufatanye bw’ibigo bitandukanye birimo Minisiteri y’Ubuzima ibinyujije mu Kigo cy’Igihugu cy’ubuzima (RBC).

Amafoto dukesha RBC yo ku wa Kane tariki 04 Gicurasi 2023, agaragaza uyu muhanzi ari kuririmbira abaturage bo mu Karere ka Kirehe bitabiriye ubu bukangumbaga.

Ubu bukangurambaga bwatangiye tariki tariki 21 Mata bukazageza ku ya 16 Gicurasi 2023, bumaze kuzenguruka mu bice binyuranye by’Igihugu, aho uyu muhanzi Platini yagiye aririmbira ababwitabiriye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × five =

Previous Post

Amakuru mashya: Byemejwe ko ubu COVID-19 itagihangayikishije Isi

Next Post

Hamenyekanye impamvu umuyobozi w’Akarere ka Rubavu yirukanywe

Related Posts

Eng.-Rwandan origin girl competing for Miss Belgium crown

Eng.-Rwandan origin girl competing for Miss Belgium crown

by radiotv10
28/10/2025
0

Kyra Nkezabera, who has Rwandan roots, is among the contestants for the Miss Belgium title. She is confident about her...

Ufite inkomoko mu Rwanda ari guhatanira ikamba rya Miss w’u Bubiligi

Ufite inkomoko mu Rwanda ari guhatanira ikamba rya Miss w’u Bubiligi

by radiotv10
28/10/2025
0

Kyra Nkezabera ufite inkomoko mu Rwanda, ari mu bahatanira ikamba rya Miss w’u Bubiligi, ndetse akaba afite icyizere cyo kuryegukana,...

How musicians are using streaming platforms to make money

How musicians are using streaming platforms to make money

by radiotv10
27/10/2025
0

In today’s digital world, streaming platforms have completely changed how musicians share their music and earn a living. Instead of...

Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

by radiotv10
25/10/2025
0

Nyuma y'ibyumweru bibiri afunguwe, Habiyaremye Zacharie uzwi nka Bishop Gafaranga n'umugore we Annette Murava, basohoye indirimbo nshya bise ‘Ndi inde”...

Smart weekend spending: Budget tips for young professionals

Smart weekend spending: Budget tips for young professionals

by radiotv10
25/10/2025
0

Weekends are a time to relax, socialize, and enjoy the fruits of your hard work. But for many young professionals,...

IZIHERUKA

Umwana w’Umwami Yuhi V Musinga watwaye u Rwanda yitabye Imana
MU RWANDA

Umwana w’Umwami Yuhi V Musinga watwaye u Rwanda yitabye Imana

by radiotv10
28/10/2025
0

Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

28/10/2025
Eng.-Child of King Yuhi V Musinga who once ruled Rwanda has passed away

Eng.-Child of King Yuhi V Musinga who once ruled Rwanda has passed away

28/10/2025
Rwanda’s Smart National ID project worth over Rwf 100 billion

Rwanda’s Smart National ID project worth over Rwf 100 billion

28/10/2025
Ntibirajya mu murongo neza-Brig.Gen Deo wa APR yavuze birambuye ku mitoreze y’umutoza mushya

Ntibirajya mu murongo neza-Brig.Gen Deo wa APR yavuze birambuye ku mitoreze y’umutoza mushya

28/10/2025
Amakuru mashya ava i Paris mu Bufaransa ahabereye ubujura buhambaye

Amakuru mashya ava i Paris mu Bufaransa ahabereye ubujura buhambaye

28/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye impamvu umuyobozi w’Akarere ka Rubavu yirukanywe

Hamenyekanye impamvu umuyobozi w’Akarere ka Rubavu yirukanywe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umwana w’Umwami Yuhi V Musinga watwaye u Rwanda yitabye Imana

Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

Eng.-Child of King Yuhi V Musinga who once ruled Rwanda has passed away

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.