• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

IFOTO: Platini uvugwaho ibibazo ntibimubuza kuba ari mu butumwa bufasha Abanyarwanda

radiotv10by radiotv10
06/05/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
IFOTO: Platini uvugwaho ibibazo ntibimubuza kuba ari mu butumwa bufasha Abanyarwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Nemeye Platini umaze iminsi avugwaho ibibazo bwite bivugwa ko afite mu muryango, akaba ataragira icyo anabivugaho, we ubu yibereye mu kazi ko kuririmbira abitabira ubukangurambaga bugamije kurwanya Virusi itera SIDA mu rubyiruko.

Mu minsi ishize ndetse n’ubu, mu ruganda rw’imyidagaduro yo mu Rwanda, hakomeje kuvugwa inkuru y’ibibazo bivugwa ko biri mu rugo rwa Platini P, uri mu bahanzi babimazemo igihe mu Rwanda.

Ni ibibazo bivugwa ko byatewe no kuba umwana byavugwaga ko ari imfura ya Platini n’umugore we Olivia, byaraje kumenyekana ko atari uwe, nyuma yuko hakozwe ibizamini bya gihanga by’uturemangingo ndangasano (ADN).

Bivugwa kandi ko ibi bibazo byatumye Platini n’umugore we, ubu batakibana mu rugo rumwe, mu gihe bari bamaranye imyaka ibiri basezeranye kubana nk’umugore n’umugabo.

Gusa uyu muhanzi unakomeje guhirwa mu bikorwa bya muzika, ubu we yibereye mu kazi ke k’ubuhanzi, aho amaze iminsi mu bikorwa by’ubukangurambaga bwo kurwanya SIDA mu rubyiruko, bwateguwe ku bufatanye bw’ibigo bitandukanye birimo Minisiteri y’Ubuzima ibinyujije mu Kigo cy’Igihugu cy’ubuzima (RBC).

Amafoto dukesha RBC yo ku wa Kane tariki 04 Gicurasi 2023, agaragaza uyu muhanzi ari kuririmbira abaturage bo mu Karere ka Kirehe bitabiriye ubu bukangumbaga.

Ubu bukangurambaga bwatangiye tariki tariki 21 Mata bukazageza ku ya 16 Gicurasi 2023, bumaze kuzenguruka mu bice binyuranye by’Igihugu, aho uyu muhanzi Platini yagiye aririmbira ababwitabiriye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × five =

Previous Post

Amakuru mashya: Byemejwe ko ubu COVID-19 itagihangayikishije Isi

Next Post

Hamenyekanye impamvu umuyobozi w’Akarere ka Rubavu yirukanywe

Related Posts

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

by radiotv10
02/06/2026
0

Mu rubanza ruregwamo umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, Ubushinjacyaha bwagaragaje impamvu zikomeye bumusabira gufungwa by’agateganyo, zirimo urumogi ruri ku...

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

by radiotv10
02/06/2026
0

Umuhanzikazi France Mpundu uherutse kwambikwa impeta n’umusore wo muri Niger, Moctar bahuriye mu kiganiro ‘The Secret Story’ cyamamaye, yatangaje ko...

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Next Post
Hamenyekanye impamvu umuyobozi w’Akarere ka Rubavu yirukanywe

Hamenyekanye impamvu umuyobozi w’Akarere ka Rubavu yirukanywe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.