Tuesday, October 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ifungurwa ry’Umupaka wa Bunagana riravugwaho kuzana kutavuga rumwe hagati ya Congo na Uganda

radiotv10by radiotv10
14/07/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ifungurwa ry’Umupaka wa Bunagana riravugwaho kuzana kutavuga rumwe hagati ya Congo na Uganda
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko ubuyobozi bwa Uganda bufunguye Imipaka ya Bunagana na Ishasha ihuza iki Gihugu na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, biravugwa ko Guverineri w’Urwego rwa gisirikare ruyobora Kivu ya Ruguru, yahamagaje Consul wa Uganda.

Amakuru dukesha Radio Okapi, avuga ko Guverineri w’Urwego rwa Gisirikare ruyobora Kivu ya Ruguru, Maj Gen Evariste Kakule Somo yahamagaje Isingoma Isimererwa, Consul wa Uganda utuye muri Beni, ku wa Gatandatu tariki 12 Nyakanga, mu gihe iyi mipaka yafunguwe na Uganda ku wa Kane tariki 10 Nyakanga.

Ni mu gihe bivugwa ko Maj Gen Evariste Kakule Somo yakoze ibi atabanje kugisha inama no kubiganiraho n’ubuyobozi bukuru bw’Igihugu.

Consul wa Uganda, Isingoma Isimererwa we yatangaje ko Guverinoma y’Igihugu cye cya Uganda, izatangaza ibirambuye kuri iki kibazo cyagarutsweho cyane ku mbuga nkoranyambaga, anaboneraho kunenga uburyo ibi byakozwe hifashishijwe imbuga nkoranyambaga.

Yagize ati “Nka Guverinoma yemewe, ntiyari ikwiye gukoresha imbuga nkoranyambaga nk’umuyoboro ukwiye mu itumanaho. Ntitaye ku mubare w’ubutumwa bwaba bwatanzwe, ku mubare w’ibitekerezo byatanzwe ku mbuga nkoranyambaga, igihe cy’amatangazo anyuze mu mucyo kizagera kandi hatangwe umucyo.”

Yatangaje ko Guverinoma y’Igihugu cye cya Uganda, yubaha kandi ikanaha agaciro iya Congo, ndetse ikanubaha ubutegetsi bw’Intara ya Kivu ya Ruguru ubu bukorera by’agateganyo muri Beni.

Bamwe mu basesenguzi bavuga ko batumva uburyo iriya mipaka iri mu bice bigenzurwa na AFC/M23 yaba yarafunguwe bitazwi n’ubutegetsi bwa Congo, dore ko byanabaye nyuma y’iminsi micye Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, agiriye uruzinduko muri DRC akanakirwa na Perezida w’iki Gihugu, Felix Tshisekedi, bakanemeza ko baba barabivuganyeho.

Gusa ubwo hafungurwaga umupaka wa Bunagana uguza DRC na Uganda, byakozwe n’abayobozi bari baturutse muri Uganda, mu gihe nta muyobozi wo ku ruhande rwa DRC wari uhari.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + thirteen =

Previous Post

Eng.-US mentioned consequences if the agreement signed between Rwanda and DRC are not respected

Next Post

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

Related Posts

Hagaragaye umwimukira winjiye i Burayi avuye muri Afurika akoresheje uburyo budasanzwe bugaragaye bwa mbere

Hagaragaye umwimukira winjiye i Burayi avuye muri Afurika akoresheje uburyo budasanzwe bugaragaye bwa mbere

by radiotv10
06/10/2025
0

Bwa mbere umwimukira yageze ku Mugabane w’u Burayi akoresheje umutaka ufasha abantu kuguruka mu kirere bunazwi ku basirikare, ibintu byagaragaye...

Ibitegerejwe ku meza y’ibiganiro bya AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Congo bigiye gusubukurwa

Ibitegerejwe ku meza y’ibiganiro bya AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Congo bigiye gusubukurwa

by radiotv10
06/10/2025
0

Ibiganiro by’imishyikirano hagati ya Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’Ihuriro AFC/M23, bigiye gusubukurwa, byitezweho kuganirirwamo ingingo zikomeje kugorana...

Amakuru agezweho y’urugamba hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Amakuru agezweho y’urugamba hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

by radiotv10
06/10/2025
0

Imirwano ikomeye hagati y’abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 n’inyeshyamba za Wazalendo zirwana ku ruhande rw’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yabyutse...

Urugendo rwo kurangiza intambara hagati ya Israël na Hamas rwasubukuriwe muri Afurika

Urugendo rwo kurangiza intambara hagati ya Israël na Hamas rwasubukuriwe muri Afurika

by radiotv10
06/10/2025
0

Abayobozi ba Israël na Hamas bageze i Cairo mu Misiri, kugira ngo baganire ku mugambi w’amahoro wa Perezida wa Leta...

Ubutumwa Gen.Makenga yagejeje ku bakomando 9.000 binjiye muri AFC/M23 batumye yakira 16.000 mu kwezi kumwe

Ubutumwa Gen.Makenga yagejeje ku bakomando 9.000 binjiye muri AFC/M23 batumye yakira 16.000 mu kwezi kumwe

by radiotv10
06/10/2025
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwinjije mu gisirikare cyaryo abandi basirikare 9 350 bakurikiye abandi...

IZIHERUKA

Soft skills that make you look confident without speaking
IMIBEREHO MYIZA

Soft skills that make you look confident without speaking

by radiotv10
06/10/2025
0

Kigali: Ibyagaragaye ahabonetse umurambo w’umusore byatumye hari igikekwa

Umunyeshuri wa kaminuza wiyahuye yasize urwandiko rurimo ubutumwa yageneye urubyiruko rw’u Rwanda

06/10/2025
Madamu Jeannette Kagame yahawe igihembo mpuzamahanga

Madamu Jeannette Kagame yahawe igihembo mpuzamahanga

06/10/2025
Perezida Kagame yibukije abayobozi basubiramo amakosa kenshi ikiba kibategereje

Perezida Kagame yibukije abayobozi basubiramo amakosa kenshi ikiba kibategereje

06/10/2025
Bwa mbere Umuvugizi w’Abafana ba Rayon Wasili n’uw’aba APR Jangwani bahuye bavuga rumwe

Bwa mbere Umuvugizi w’Abafana ba Rayon Wasili n’uw’aba APR Jangwani bahuye bavuga rumwe

06/10/2025
Hagaragaye umwimukira winjiye i Burayi avuye muri Afurika akoresheje uburyo budasanzwe bugaragaye bwa mbere

Hagaragaye umwimukira winjiye i Burayi avuye muri Afurika akoresheje uburyo budasanzwe bugaragaye bwa mbere

06/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Soft skills that make you look confident without speaking

Umunyeshuri wa kaminuza wiyahuye yasize urwandiko rurimo ubutumwa yageneye urubyiruko rw’u Rwanda

Madamu Jeannette Kagame yahawe igihembo mpuzamahanga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.