Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Igihano cyakatiwe Umunyarwanda waburaniraga mu Bubiligi kuri Jenoside cyatangajwe

radiotv10by radiotv10
11/06/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Igihano cyakatiwe Umunyarwanda waburaniraga mu Bubiligi kuri Jenoside cyatangajwe
Share on FacebookShare on Twitter

Nkunduwimye Emmanuel alias Bomboko, waburanishwaga n’Urukiko rwa Rubanda mu Bubiligi, wari uherutse guhamywa ibyaha bya Jenoside, yakatiwe gufungwa imyaka 25.

Ni icyemezo cyafashwe kuri uyu Mbere mu Rukiko rwa Rubanda mu Hubiligi aho yari amaze ibyumweru birenga 6 aburanishirizwa.

Ni nyuma y’uko ku wa Kane w’icyumweru gishize tariki 06 Kamena 2024 uru Rukiko rwari rwamuhamije ibyaha bya Jenoside, iby’intambara ndetse no gufata ku ngufu abagore yakoreye mu Rwanda mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Mu buhamya bwatanzwe mu bihe bitandukanye, hari abavuze ko hari za bariyeri zari zaramwitiriwe ndetse n’imbere y’igaraje rya AMGAR yari afitemo imigabane, hari indi yiciweho Abatutsi benshi nk’uko bamwe mu bo yahishe akanabahungisha babivuze. Yashinjwe kandi kwaka amafaranga abahigwaga ngo abahungishe.

Bavuze ko yakunze kugaragara mu mwambaro w’igisirikare ndetse ngo yagendanaga intwaro akaba inshuti ya hafi n’abayobozi bakomeye mu nterahamwe, barimo Perezida na Visi Perezida wazo, Robert Kajuga na George Rutanganda na Zouzou wari interahamwe ikomeye.

Icyakora ibyo byose yarabihakanye, ndetse yongeye kubishimangira kuri uyu wa Mbere mbere gato y’uko akatirwa.

Bomboko yavuze ko nta muntu yigeze yica cyangwa ngo afate ku ngufu, ngo kuba yaragendanaga n’abakomeye mu nterahamwe byari uburyo bwo gukiza umuryango we.

Yavuze ko iyo aba yikeka ibyaha, atari kuba yitabira ibikorwa bimwe na bimwe bitegurwa na Leta y’u Rwanda birimo no kuba umufasha we yitabira ibikorwa by’Umuryango FPR-Inkotanyi.

Urukiko rusanga kuba yari afite ijambo muri icyo gihe ndetse no kuba yarabashaga kugenda uko ashaka, bigaragaza ijambo n’imbaraga yari afite mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, rumuhamya ibyo byaha, icyakora ngo kuba ataragoye ubutabera akaboneka igihe cyose bamutumyeho, no kuba akuze, babishingiyeho bamugabanyiriza igihano ahabwa gufungwa imyaka 25 muri gereza.

Kugeza ubu amategeko yemerera Nkunduwimye kujuririra icyo cyemezo mu minsi 15.

Ibijyanye n’indishyi biteganijwe ko bizavugwaho kuri uyu wa Gatatu aho mu Rukiko rwa Rubanda mu Bubiligi.

Denyse MBABAZI MPAMBARA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + thirteen =

Previous Post

Hatewe intambwe ikomeye mu mikorere y’Urwego rw’Imari rufatiye runini Abanyarwanda benshi

Next Post

M23 yakajije imiyoborere yayo igaragaza ko ifite abayishyigikiye bari mu mahanga

Related Posts

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Moving to a new place can feel overwhelming, especially when you’re doing it by yourself. From packing your things to...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
31/12/2025
0

Abantu babiri batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’abantu bane bo mu Murenge wa Rukoma mu Karere ka...

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Eng.-Rwanda’s Foreign Minister says FARDC spokesperson’s suspension was driven by Western pressure

by radiotv10
31/12/2025
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation of Rwanda, Olivier Nduhungirehe, says that the suspension of Major General Sylvain...

IZIHERUKA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier
MU RWANDA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 yakajije imiyoborere yayo igaragaza ko ifite abayishyigikiye bari mu mahanga

M23 yakajije imiyoborere yayo igaragaza ko ifite abayishyigikiye bari mu mahanga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.