• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Igihano cyakatiwe Umunyarwanda waburaniraga mu Bubiligi kuri Jenoside cyatangajwe

radiotv10by radiotv10
11/06/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Igihano cyakatiwe Umunyarwanda waburaniraga mu Bubiligi kuri Jenoside cyatangajwe
Share on FacebookShare on Twitter

Nkunduwimye Emmanuel alias Bomboko, waburanishwaga n’Urukiko rwa Rubanda mu Bubiligi, wari uherutse guhamywa ibyaha bya Jenoside, yakatiwe gufungwa imyaka 25.

Ni icyemezo cyafashwe kuri uyu Mbere mu Rukiko rwa Rubanda mu Hubiligi aho yari amaze ibyumweru birenga 6 aburanishirizwa.

Ni nyuma y’uko ku wa Kane w’icyumweru gishize tariki 06 Kamena 2024 uru Rukiko rwari rwamuhamije ibyaha bya Jenoside, iby’intambara ndetse no gufata ku ngufu abagore yakoreye mu Rwanda mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Mu buhamya bwatanzwe mu bihe bitandukanye, hari abavuze ko hari za bariyeri zari zaramwitiriwe ndetse n’imbere y’igaraje rya AMGAR yari afitemo imigabane, hari indi yiciweho Abatutsi benshi nk’uko bamwe mu bo yahishe akanabahungisha babivuze. Yashinjwe kandi kwaka amafaranga abahigwaga ngo abahungishe.

Bavuze ko yakunze kugaragara mu mwambaro w’igisirikare ndetse ngo yagendanaga intwaro akaba inshuti ya hafi n’abayobozi bakomeye mu nterahamwe, barimo Perezida na Visi Perezida wazo, Robert Kajuga na George Rutanganda na Zouzou wari interahamwe ikomeye.

Icyakora ibyo byose yarabihakanye, ndetse yongeye kubishimangira kuri uyu wa Mbere mbere gato y’uko akatirwa.

Bomboko yavuze ko nta muntu yigeze yica cyangwa ngo afate ku ngufu, ngo kuba yaragendanaga n’abakomeye mu nterahamwe byari uburyo bwo gukiza umuryango we.

Yavuze ko iyo aba yikeka ibyaha, atari kuba yitabira ibikorwa bimwe na bimwe bitegurwa na Leta y’u Rwanda birimo no kuba umufasha we yitabira ibikorwa by’Umuryango FPR-Inkotanyi.

Urukiko rusanga kuba yari afite ijambo muri icyo gihe ndetse no kuba yarabashaga kugenda uko ashaka, bigaragaza ijambo n’imbaraga yari afite mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, rumuhamya ibyo byaha, icyakora ngo kuba ataragoye ubutabera akaboneka igihe cyose bamutumyeho, no kuba akuze, babishingiyeho bamugabanyiriza igihano ahabwa gufungwa imyaka 25 muri gereza.

Kugeza ubu amategeko yemerera Nkunduwimye kujuririra icyo cyemezo mu minsi 15.

Ibijyanye n’indishyi biteganijwe ko bizavugwaho kuri uyu wa Gatatu aho mu Rukiko rwa Rubanda mu Bubiligi.

Denyse MBABAZI MPAMBARA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − eight =

Previous Post

Hatewe intambwe ikomeye mu mikorere y’Urwego rw’Imari rufatiye runini Abanyarwanda benshi

Next Post

M23 yakajije imiyoborere yayo igaragaza ko ifite abayishyigikiye bari mu mahanga

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
M23 yakajije imiyoborere yayo igaragaza ko ifite abayishyigikiye bari mu mahanga

M23 yakajije imiyoborere yayo igaragaza ko ifite abayishyigikiye bari mu mahanga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.