Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Igihano cyakatiwe Umunyarwanda waburaniraga mu Bubiligi kuri Jenoside cyatangajwe

radiotv10by radiotv10
11/06/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Igihano cyakatiwe Umunyarwanda waburaniraga mu Bubiligi kuri Jenoside cyatangajwe
Share on FacebookShare on Twitter

Nkunduwimye Emmanuel alias Bomboko, waburanishwaga n’Urukiko rwa Rubanda mu Bubiligi, wari uherutse guhamywa ibyaha bya Jenoside, yakatiwe gufungwa imyaka 25.

Ni icyemezo cyafashwe kuri uyu Mbere mu Rukiko rwa Rubanda mu Hubiligi aho yari amaze ibyumweru birenga 6 aburanishirizwa.

Ni nyuma y’uko ku wa Kane w’icyumweru gishize tariki 06 Kamena 2024 uru Rukiko rwari rwamuhamije ibyaha bya Jenoside, iby’intambara ndetse no gufata ku ngufu abagore yakoreye mu Rwanda mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Mu buhamya bwatanzwe mu bihe bitandukanye, hari abavuze ko hari za bariyeri zari zaramwitiriwe ndetse n’imbere y’igaraje rya AMGAR yari afitemo imigabane, hari indi yiciweho Abatutsi benshi nk’uko bamwe mu bo yahishe akanabahungisha babivuze. Yashinjwe kandi kwaka amafaranga abahigwaga ngo abahungishe.

Bavuze ko yakunze kugaragara mu mwambaro w’igisirikare ndetse ngo yagendanaga intwaro akaba inshuti ya hafi n’abayobozi bakomeye mu nterahamwe, barimo Perezida na Visi Perezida wazo, Robert Kajuga na George Rutanganda na Zouzou wari interahamwe ikomeye.

Icyakora ibyo byose yarabihakanye, ndetse yongeye kubishimangira kuri uyu wa Mbere mbere gato y’uko akatirwa.

Bomboko yavuze ko nta muntu yigeze yica cyangwa ngo afate ku ngufu, ngo kuba yaragendanaga n’abakomeye mu nterahamwe byari uburyo bwo gukiza umuryango we.

Yavuze ko iyo aba yikeka ibyaha, atari kuba yitabira ibikorwa bimwe na bimwe bitegurwa na Leta y’u Rwanda birimo no kuba umufasha we yitabira ibikorwa by’Umuryango FPR-Inkotanyi.

Urukiko rusanga kuba yari afite ijambo muri icyo gihe ndetse no kuba yarabashaga kugenda uko ashaka, bigaragaza ijambo n’imbaraga yari afite mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, rumuhamya ibyo byaha, icyakora ngo kuba ataragoye ubutabera akaboneka igihe cyose bamutumyeho, no kuba akuze, babishingiyeho bamugabanyiriza igihano ahabwa gufungwa imyaka 25 muri gereza.

Kugeza ubu amategeko yemerera Nkunduwimye kujuririra icyo cyemezo mu minsi 15.

Ibijyanye n’indishyi biteganijwe ko bizavugwaho kuri uyu wa Gatatu aho mu Rukiko rwa Rubanda mu Bubiligi.

Denyse MBABAZI MPAMBARA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + nineteen =

Previous Post

Hatewe intambwe ikomeye mu mikorere y’Urwego rw’Imari rufatiye runini Abanyarwanda benshi

Next Post

M23 yakajije imiyoborere yayo igaragaza ko ifite abayishyigikiye bari mu mahanga

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 yakajije imiyoborere yayo igaragaza ko ifite abayishyigikiye bari mu mahanga

M23 yakajije imiyoborere yayo igaragaza ko ifite abayishyigikiye bari mu mahanga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.