Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Igihugu gihana imbibi n’u Rwanda cyemeje ko habonetse Ebola yanahitanye uwa mbere

radiotv10by radiotv10
20/09/2022
in MU RWANDA
0
Igihugu gihana imbibi n’u Rwanda cyemeje ko habonetse Ebola yanahitanye uwa mbere
Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri y’Ubuzima muri Uganda, yemeje ko muri iki Gihugu hagaragaye umuntu wa mbere urwaye icyorezo cya Ebola, ndetse kikaba cyanamuhitanye.

Aya makuru yemejwe na Minisiteri y’Ubuzima muri Uganda ndetse n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, kuri uyu wa Kabiri tariki 20 Nzeri 2022.

Uwagaragaweho iyi ndwara, ni umugabo w’imyaka 24 y’amavuko wo mu Karere ka Mubende wanapfuye nyuma yo kugaragaza ibimenyetso by’iki cyorezo.

Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ubuzima muri Uganda, Diana Atwine yabwiye itangazamakuru ati “Turifuza kumenyesha Igihugu ko twamaze kugira icyorezo cya Ebola kuva ejo hashize.”

Yavuze ko uyu murwayi yagaragazaga ibimenyetso byo guhinda umuriro mwinshi, gucibwamo ndetse no kubabara mu nda ubundi akagarura amaraso. Yari yabanje kuvurwa nk’umwari wa Malaria.

Kugeza ubu hari abantu umunani bakekwaho kuba barwaye iki cyorezo bari kwitabwaho n’abaganga nkuko byatangajwe mu itangazo ry’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima ishami ryaryo rya Afurika.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, rivuga ko riri gufasha ubuyobozi bwa Uganda, gukomeza gukora icukumbura ry’iyi ndwara ndetse ko rigiye kohereza abakozi bo gutanga ubutabazi.

Umuyobozi mukuru wa WHO muri Afurika, yagize ati “Uganda ntabwo ari Igihugu gisanzwe gifite ingamba zishyitse mu guhangana na Ebola. Hagendewe ku isesengura, yahise ifata ingamba zihuse zo kugenzura iyi virusi.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 + 20 =

Previous Post

Rusizi: Indwara ebyiri z’amayobera zifata abana batinye kujya kuvuriza kwa muganga

Next Post

Rwanda&Burundi: Abayobora Sena bashimye intambwe yatewe mu gutuma Ibihugu byongera kubana kivandimwe

Related Posts

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

Simple steps you can follow to build real confidence

Simple steps you can follow to build real confidence

by radiotv10
28/01/2026
0

Confidence isn’t about being the loudest person in the room or having everything figured out. It’s about feeling comfortable with...

IZIHERUKA

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police
FOOTBALL

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

28/01/2026
Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

28/01/2026
Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rwanda&Burundi: Abayobora Sena bashimye intambwe yatewe mu gutuma Ibihugu byongera kubana kivandimwe

Rwanda&Burundi: Abayobora Sena bashimye intambwe yatewe mu gutuma Ibihugu byongera kubana kivandimwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.