Sunday, December 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Igihugu kimwe muri Afurika cyemeye ko kiremerewe n’ibibazo biri mu rwego rw’Ubuzima

radiotv10by radiotv10
26/08/2025
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Igihugu kimwe muri Afurika cyemeye ko kiremerewe n’ibibazo biri mu rwego rw’Ubuzima
Share on FacebookShare on Twitter

Leta y’Igihugu cya Botswana yatangaje ko yugarijwe n’ibibazo biri mu rwego rw’ubuzima, nyuma yuko iki Gihugu kiri guhura n’ibibazo byo kubura imiti n’ibikoresho byo mu buvuzi.

Mu itangazo ryanyujijwe kuri Televiziyo y’Igihugu, Perezida wa Botswana, Duma Boko yavuze ko Igihugu gifite ikibazo gikomeye cyo kuba nta bikoresho bikoreshwa kwa muganga bihagije gifite.

Gusa yatanze ihumure ko Guverinoma iri gukora ibishoboka byose ngo ibone amafaranga yo gukemura iki kibazo mu buryo bwihuse.

Umukuru w’iki Gihugu yashimangiye ko bishobora kutazoroha bitewe n’ubushobozi Igihugu gifite, ariko barimo bagerageza.

Ubukungu bwa Botswana ituwe n’abaturage barenga Miliyoni ebyiri n’igice, bwahirimye nyuma yuko amabuye y’agaciro yo mu bwoko bwa Diyama akumiriwe ku isoko mpuzamahanga, kandi iki Gihugu cyari mu bya mbere bikomeye muri ubu bucuruzi.

Haje kwikubitamo ingaruka zaturutse ku ihagarikwa ry’inkunga Leta Zunze Ubumwe za America yahaga iki Gihugu, ibyaje no kugira ingaruka zirimo ubukene bukabije mu baturage, ndetse n’ibibazo by’ubuzima kuko imiti igabanya ubukana bwa Virusi itera SIDA yahise ihagarara, ndetse n’iy’igituntu, nkuko biherutse gutangazwa na Minisitiri w’Ubuzima Dr Stephen Modise.

Assoumani TWAHIRWA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − twelve =

Previous Post

IFOTO: Umuhanzi Andy Bumuntu yagaragaye mu isura nshya

Next Post

Hadutse akavuyo ubwo hashyingurwaga Colonel w’Umunyamulenge wa FARDC wahitanywe n’impanuka ya kajugujugu

Related Posts

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

by radiotv10
20/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko rihangayikishijwe n’ikibazo cy’Abanyekongo babuze uko basubira mu byabo mu bice birimo Umujyi wa Uvira, nyuma yuko...

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

by radiotv10
19/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko uruhande bahanganye rukomeje kurenga ku gahenge ko guhagarika imirwano, aho rwagabye ibitero birimo iby’indege z’intambara n’ibyo...

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

by radiotv10
19/12/2025
0

Umugabo washakishwaga akekwaho kurasa abantu babiri muri Kaminuza ya Brown muri Leta Zunze Ubumwe za America, no kwica umwarimu wa...

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

by radiotv10
19/12/2025
0

The AFC/M23 coalition has announced that the opposing side continues to violate the ceasefire agreement, carrying out attacks that include...

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

AFC/M23 yavuze ko nubwo iri kuvana abarwanyi bayo muri Uvira hari icyo yifuza cyazayishimisha

by radiotv10
19/12/2025
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwavuze ko ari byiza kuba ryubahirije icyifuzo cyo gukura...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days
AMAHANGA

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

by radiotv10
20/12/2025
0

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hadutse akavuyo ubwo hashyingurwaga Colonel w’Umunyamulenge wa FARDC wahitanywe n’impanuka ya kajugujugu

Hadutse akavuyo ubwo hashyingurwaga Colonel w’Umunyamulenge wa FARDC wahitanywe n’impanuka ya kajugujugu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.