Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Igihugu kiri mu biganiro na America byatangiye mu ibanga cyabitangajeho amakuru mashya

radiotv10by radiotv10
03/07/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Igihugu kiri mu biganiro na America byatangiye mu ibanga cyabitangajeho amakuru mashya
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Venezuela, Nicolas Maduro aravuga ko Guverinoma y’Igihugu cye igiye gusubukura ibiganiro n’iya Leta Zunze Ubumwe za America, byari byatangiye mu buryo bw’ibanga ndetse bigatanga umusaruro.

Ni ibiganiro avuga ko bizasubukurwa kuva mu cyumweru gitaha, nyuma y’uko Leta Zunze Ubumwe za amerika zari yatanze iki cyifuzo.

Venezuela yakomeje gufatirwa ibihano cyane mu bukungu ndetse byarushijeho kwiyongera kuva Nicolas Maduro yagera ku butegetsi.

Uku gusubukura ibiganiro, ni icyemezo kimezi ameze abiri kigwaho. Kuva umwaka ushize impande zombi zatangiye ibiganiro mu ibanga ndetse umuhuza aba Qatar, wabafashije kwemeranya kugurana imfungwa.

Icyo gihe Leta Zunze Ubumwe za America, yarekura Alex Saab inshuti ya hafi ya Perezida Maduro washinjwaga kunyereza amafaranga, n’abandi 20 bahoze muri politike ya Venezuela.

Ku ruhande rwa Venezuela, yo yarekuye Leonard Francis, umusirikare wa Leta Zunze Ubumwe za America warwaniraga mu mazi, ndetse n’abandi Banyamerika 10.

Uretse guhererekanya imfungwa, America yanakuyeho bimwe mu bihano yari yarafatiye iki Gihugu cya Venezuela nyuma y’uko Leta iriho yemeranyijwe n’abatavuga rumwe na yo gukora amatora anyuze mu mucyo ndetse agakurikiranwa n’indorerezi mpuzamahanga muri uyu mwaka.

Denyse MBABAZI MPAMBARA
RADIOTV10 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − 13 =

Previous Post

Watch Justin Timberlake’s ‘Cry Me a River’ Come to Life in Mesmerizing Dance

Next Post

Hatanzwe amakuru arambuye kuri ‘Coup d’Etat’ yapfubye muri Congo

Related Posts

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

by radiotv10
01/01/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, mu ijambo rye risoza umwaka, yongeye gushinja u Rwanda ibinyoma ko rufite uruhare mu bibazo...

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

by radiotv10
31/12/2025
0

Igihugu cya Mali n’icya Burkina Faso, byashyize hanze amatangazo y’ibyemezo bishobora gufata byo kwihimura kuri Leta Zunze Ubumwe za America...

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

by radiotv10
30/12/2025
0

Abayobozi bakuru b’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Umugaba Mukuru w’Ingabo zaryo, Gen Sultani...

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

by radiotv10
30/12/2025
0

Maj Gen Sultani Makenga, Umugaba Mukuru w’Ingabo za AFC/M23, yibukije abagize iri huriro ko batagomba kumva ko intambara yo kurandura...

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

by radiotv10
29/12/2025
0

Ubuyobozi Bukuru bw’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) bwitandukanyije n'amagambo ya Major General Sylvain Ekenge Bomusa Efomi wari...

IZIHERUKA

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?
IBYAMAMARE

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

01/01/2026
Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatanzwe amakuru arambuye kuri ‘Coup d’Etat’ yapfubye muri Congo

Hatanzwe amakuru arambuye kuri 'Coup d’Etat' yapfubye muri Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.