Tuesday, November 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Igikekwa ku cyatumye Tshisekedi atitabira Inama Idasanzwe y’Abakuru b’Ibihugu bya EAC

radiotv10by radiotv10
08/06/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Igikekwa ku cyatumye Tshisekedi atitabira Inama Idasanzwe y’Abakuru b’Ibihugu bya EAC
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi ntiyitabiriye Inama idasanzwe y’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, aho bikekwa ko ashobora kuba atarishimiye ibiherutse gutangazwa n’umwe muri bo, ari we Perezida wa Kenya.

Iyi Nteko Idasanzwe ya 23 y’Abakuru b’Ibihugu bya EAC, yateranye kuri uyu wa Gatanu tariki 07 Kamena 2024, yabaye hifashishijwe uburyo bw’Ikoranabuhanga.

Yayobowe na Perezida wa Sudani y’Epfo, Salva Kiir Mayardit unayoboye akanama k’Abakuru b’Ibihugu bya EAC, ndetse initabirwa mu buryo bw’ikoranabuhanga na bagenzi be b’Ibihugu bigize uyu Muryango, barimo Perezida Paul Kagame w’u Rwanda.

Yanitabiriwe kandi n’abandi Bakuru b’Ibihugu, nka Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, Madamu Samia Suluhu Hasssn wa Tanzania, na Hassan Sheikh Mohamud wa Somalia, mu gihe Perezida William Ruto, yahagarariwe na Minisitiri w’Intebe akaba na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Musalia Mudavadi, ndetse Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye na we ahagararirwa na Visi Perezida Prosper Bazombanza.

Perezida Kagame n’abandi barimo Museveni bitabiriye iyi nama

Iyi Nama idasanzwe kandi yanemerejwemo Umunyamabanga Mukuru wa EAC mushya, ari we Umunyakenyakazi, Veronica Mueni Nduva, wahise anarahirira izi nshingano asimbuyeho Dr Peter Mathuki na we w’Umunyakenya.

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi ntiyitabiriye iyi nama idasanzwe ya EAC, aho bivugwa ko ashobora kuba yararakariye Perezida wa Kenya, William Ruto kubera ibyo aherutse kuvuga ku miyoborere y’Igihugu cye [cya Congo Kinshasa].

Perezida wa Sudani y’Epfo uyobora EAC, kandi yahamagaye Perezida wa DRC cyangwa uwaba amahugarariye, ariko batangaza ko adahari.

Ikinyamakuru Africa Intelligence gikunze gutangaza inkuru zicukumbuye, cyavuze ko “Perezida wa Congo atishimiye ibyatangajwe na William Ruto ku bibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bwa DRC, akaba ari kubigaragariza ubutegetsi bwa Nairobi ndetse n’ibindi Bihugu binyamuryango by’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba.”

Perezida William Ruto mu kiganiro aherutse kugirana na Jeune Afrique, yagarutse ku bibazo by’umutekano bimaze kuba agatereranzamba muri Congo Kinshasa, by’umwihariko ku kuba ubutegetsi bw’iki Gihugu bwarakunze kubyegeka ku Rwanda, avuga ko ibi bibazo ari iby’Abanyekongo ubwabo.

Ruto yavuze ko ubwo Abakuru b’Ibihugu bigize EAC bahuriraga mu nama, babajije “niba umutwe wa M23 ari Abanyarwanda cyangwa ari Abanyekongo, ariko DRC ivuga ko ari Abanyekongo. Byari bibaye urucabana. None se niba ari Abanyekongo, ikibazo gihinduka gute icy’u Rwanda cyangwa icya Kagame?”

Muri iki kiganiro, Perezida William Ruto yavuze ko umuti w’ibibazo byo muri Congo wagiye ugaragazwa kenshi kandi ko ugomba kuzava mu nzira za politiki, ariko ukava mu bushake bw’ubutegetsi bwa Congo n’Abanyekongo ubwabo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 + eight =

Previous Post

Menya uruhare ntagereranywa rwa BNR mu bukungu bw’u Rwanda mu myaka 60

Next Post

Ihuriro ryiyemeje guhindura ubutegetsi muri Congo ririmo na M23 rikomeje kunguka amaboko arishyigikiye

Related Posts

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

by radiotv10
18/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko bitangaje kubona Umuganga Dr Denis Mukwege wanahawe igihembo cy’amahoro ‘Nobel’ yamagana...

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

by radiotv10
17/11/2025
0

Indege yarimo intumwa ziyobowe na Minisitiri w’Ubucukuzi bw’Amabuye y’Agaciro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo wari ugiye gukurikirana iby’impanuka yahitanye...

Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

by radiotv10
17/11/2025
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi yakiriye mugenzi we w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, banayobora isinywa ry’amasezerano hagati...

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Ubutumwa AFC/M23 yageneye Congo ku gufungura Ikibuga cya Goma no kuyizana mu bibazo byayo n’u Rwanda

by radiotv10
17/11/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryamaganye icyemezo cyafashwe na Perezida Felix Tshisekedi cy’umugambi wo gufungura ikibuga cy’Indege cya Goma, rivuga ko bidashoboka, rimwibutsa...

Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

Eng.-DRC and Burundi enter new cooperation after Military Collaboration

by radiotv10
17/11/2025
0

President Félix Tshisekedi of the Democratic Republic of Congo received his Burundian counterpart, Évariste Ndayishimiye, as the two leaders presided...

IZIHERUKA

Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi
IMYIDAGADURO

Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi

by radiotv10
18/11/2025
0

Nyamasheke: Umukobwa wacuruzaga ‘Me2You’ yishwe n’abajura bamuteze bakamutera icyuma bakanamwambura

Igikekwa ku musaza wari wagiye gusangira urwagwa n’umuvandimwe we bakaza kumusanga mu mugezi yarapfuye

18/11/2025
Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

18/11/2025
Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

18/11/2025
Hagiye hanze amakuru aca amarenga ko bitifashe neza mu rugo rw’umuririmbyi Vestine umaze amezi akoze ubukwe

Hagiye hanze amakuru aca amarenga ko bitifashe neza mu rugo rw’umuririmbyi Vestine umaze amezi akoze ubukwe

18/11/2025
Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

18/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ihuriro ryiyemeje guhindura ubutegetsi muri Congo ririmo na M23 rikomeje kunguka amaboko arishyigikiye

Ihuriro ryiyemeje guhindura ubutegetsi muri Congo ririmo na M23 rikomeje kunguka amaboko arishyigikiye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi

Igikekwa ku musaza wari wagiye gusangira urwagwa n’umuvandimwe we bakaza kumusanga mu mugezi yarapfuye

Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.