• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Igikekwa ku cyatumye Tshisekedi atitabira Inama Idasanzwe y’Abakuru b’Ibihugu bya EAC

radiotv10by radiotv10
08/06/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Igikekwa ku cyatumye Tshisekedi atitabira Inama Idasanzwe y’Abakuru b’Ibihugu bya EAC
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi ntiyitabiriye Inama idasanzwe y’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, aho bikekwa ko ashobora kuba atarishimiye ibiherutse gutangazwa n’umwe muri bo, ari we Perezida wa Kenya.

Iyi Nteko Idasanzwe ya 23 y’Abakuru b’Ibihugu bya EAC, yateranye kuri uyu wa Gatanu tariki 07 Kamena 2024, yabaye hifashishijwe uburyo bw’Ikoranabuhanga.

Yayobowe na Perezida wa Sudani y’Epfo, Salva Kiir Mayardit unayoboye akanama k’Abakuru b’Ibihugu bya EAC, ndetse initabirwa mu buryo bw’ikoranabuhanga na bagenzi be b’Ibihugu bigize uyu Muryango, barimo Perezida Paul Kagame w’u Rwanda.

Yanitabiriwe kandi n’abandi Bakuru b’Ibihugu, nka Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, Madamu Samia Suluhu Hasssn wa Tanzania, na Hassan Sheikh Mohamud wa Somalia, mu gihe Perezida William Ruto, yahagarariwe na Minisitiri w’Intebe akaba na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Musalia Mudavadi, ndetse Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye na we ahagararirwa na Visi Perezida Prosper Bazombanza.

Perezida Kagame n’abandi barimo Museveni bitabiriye iyi nama

Iyi Nama idasanzwe kandi yanemerejwemo Umunyamabanga Mukuru wa EAC mushya, ari we Umunyakenyakazi, Veronica Mueni Nduva, wahise anarahirira izi nshingano asimbuyeho Dr Peter Mathuki na we w’Umunyakenya.

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi ntiyitabiriye iyi nama idasanzwe ya EAC, aho bivugwa ko ashobora kuba yararakariye Perezida wa Kenya, William Ruto kubera ibyo aherutse kuvuga ku miyoborere y’Igihugu cye [cya Congo Kinshasa].

Perezida wa Sudani y’Epfo uyobora EAC, kandi yahamagaye Perezida wa DRC cyangwa uwaba amahugarariye, ariko batangaza ko adahari.

Ikinyamakuru Africa Intelligence gikunze gutangaza inkuru zicukumbuye, cyavuze ko “Perezida wa Congo atishimiye ibyatangajwe na William Ruto ku bibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bwa DRC, akaba ari kubigaragariza ubutegetsi bwa Nairobi ndetse n’ibindi Bihugu binyamuryango by’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba.”

Perezida William Ruto mu kiganiro aherutse kugirana na Jeune Afrique, yagarutse ku bibazo by’umutekano bimaze kuba agatereranzamba muri Congo Kinshasa, by’umwihariko ku kuba ubutegetsi bw’iki Gihugu bwarakunze kubyegeka ku Rwanda, avuga ko ibi bibazo ari iby’Abanyekongo ubwabo.

Ruto yavuze ko ubwo Abakuru b’Ibihugu bigize EAC bahuriraga mu nama, babajije “niba umutwe wa M23 ari Abanyarwanda cyangwa ari Abanyekongo, ariko DRC ivuga ko ari Abanyekongo. Byari bibaye urucabana. None se niba ari Abanyekongo, ikibazo gihinduka gute icy’u Rwanda cyangwa icya Kagame?”

Muri iki kiganiro, Perezida William Ruto yavuze ko umuti w’ibibazo byo muri Congo wagiye ugaragazwa kenshi kandi ko ugomba kuzava mu nzira za politiki, ariko ukava mu bushake bw’ubutegetsi bwa Congo n’Abanyekongo ubwabo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + 13 =

Previous Post

Menya uruhare ntagereranywa rwa BNR mu bukungu bw’u Rwanda mu myaka 60

Next Post

Ihuriro ryiyemeje guhindura ubutegetsi muri Congo ririmo na M23 rikomeje kunguka amaboko arishyigikiye

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
Ihuriro ryiyemeje guhindura ubutegetsi muri Congo ririmo na M23 rikomeje kunguka amaboko arishyigikiye

Ihuriro ryiyemeje guhindura ubutegetsi muri Congo ririmo na M23 rikomeje kunguka amaboko arishyigikiye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.