Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Igisirikare cya Congo cyagaragaje ko kiteguye kuzagira inkomere nyinshi z’abasirikare

radiotv10by radiotv10
04/01/2025
in AMAHANGA
0
Igisirikare cya Congo cyagaragaje ko kiteguye kuzagira inkomere nyinshi z’abasirikare
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Mujyi wa Beni mu Ntara ya Kivu ya Ruguru mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, huzuye ibitaro bya gisirikare byitiriwe Général Chico Tshitambwe wigeze gushingwa ibikorwa byo guhangana na M23, byitezweho kuzavura inkomere z’igisirikare cy’iki Gihugu (FARDC) zikomeje kwiyongera.

Umuyobozi w’ibi Bitaro bya Gisirikare, Capt Léonard Kabelengenze yavuze ko “Ibi Bitaro bya Chico byubatswe kugira ngo bisubize ikibazo cy’ubuvuzi bw’inkomere z’abasirikare.”

Yavuze ko ibi Bitaro bizajya bivura inkomere za Gisirikare zizajya zikomerekera mu bice bitandukanye muri Teritwari za Beni na Lubero, mu burasirazuba bwa DRC, ahamaze iminsi hari imirwano ihanganishije FARDC na M23.

Yagize ati “Ukurikije inkomere za gisirikare zikomeje kugaragara ku rugamba, ibi Bitaro bifite ubushobozi bwo kwakira abarwayi 65 bacumbikiwe mu gihe cy’amahoro. Mu bihe by’intambara, ibi Bitaro bishobora kwakira indembe zigera kuri 80.”

Yavuze ko ibi bitaro kandi bizajya bikorerwamo ubuvuzi bwo kubaga no kudoda inkomere, ndetse ko ari na byo byatumye byubakwa, kuko babonye bikenewe cyane.

Capt Léonard Kabelengenze yakomeje agira ati “Bifite umwihariko wo kubaga, ariko ntibibuza no kuba byakwakira izindi ndembe.”

Ibi bitaro kandi bizajya bivurira ku buntu ababigana yaba ari abasirikare kimwe n’abasivile bo muri aka gace biherereyemo bazajya bajya kubyivurizamo.

Capt Léonard Kabelengenze yavuze ko ibi Bitaro birimo ibice bibiri, birimo ikizajya cyakira indembe zihutirwa, ndetse n’igice kizajya gitangirwa serivisi zo kureba ibibazo biri mu mubiri imbere (échographie) na serivisi zo kuvura amenyo.

Ibi Bitaro bizajya bivura inkomere
Capt Léonard Kabelengenze uyobora ibi Bitaro

Photos/Radio Okapi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − 7 =

Previous Post

Minisitiri Nduhungirehe yagaragaje abahanzi Nyarwanda bo kwitega

Next Post

Inkuru y’incamugongo yatashye mu muryango wari mu myiteguro y’ubukwe

Related Posts

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

by radiotv10
08/01/2026
0

Abayobozi mu nzego bwite no mu z’umutekano mu Ntara ya Kivu ya Rugurumu bice bigenzurwa n’Ihuriro AFC/M23 bitabiriye umuhango wo...

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

by radiotv10
07/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Israel, Gideon Saar, yagiriye uruzinduko muri Somaliland, nyuma yo kwemeza nk'Igihugu cyigenga iyi Ntara yo muri...

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

by radiotv10
07/01/2026
0

Umuryango Uharanira Amahoro n'Imibereho myiza y’Abaturage (CPCC), watangaje ko Abantu 105 bari mu nkambi z’impunzi z’Abanyekongo ziri mu Burundi, bitabye...

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

by radiotv10
07/01/2026
0

Impanuka y’ikamyo yabereye mu mujyi wa Semera, mu Karere ka Afar mu majyaruguru ya Ethiopia, yari ibatwaye nk'abimukira, yahitanye abantu...

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

by radiotv10
06/01/2026
0

Raporo ku bugenzuzi bwakorewe ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’Amahoro, yagaragaje ko hari ingingo z’ingenzi zikomeje kwirengagizwa mu masezerano y’i Washington,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Inkuru y’incamugongo yatashye mu muryango wari mu myiteguro y’ubukwe

Inkuru y’incamugongo yatashye mu muryango wari mu myiteguro y’ubukwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.