Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Igisirikare cya Congo cyagaragaje ko kiteguye kuzagira inkomere nyinshi z’abasirikare

radiotv10by radiotv10
04/01/2025
in AMAHANGA
0
Igisirikare cya Congo cyagaragaje ko kiteguye kuzagira inkomere nyinshi z’abasirikare
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Mujyi wa Beni mu Ntara ya Kivu ya Ruguru mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, huzuye ibitaro bya gisirikare byitiriwe Général Chico Tshitambwe wigeze gushingwa ibikorwa byo guhangana na M23, byitezweho kuzavura inkomere z’igisirikare cy’iki Gihugu (FARDC) zikomeje kwiyongera.

Umuyobozi w’ibi Bitaro bya Gisirikare, Capt Léonard Kabelengenze yavuze ko “Ibi Bitaro bya Chico byubatswe kugira ngo bisubize ikibazo cy’ubuvuzi bw’inkomere z’abasirikare.”

Yavuze ko ibi Bitaro bizajya bivura inkomere za Gisirikare zizajya zikomerekera mu bice bitandukanye muri Teritwari za Beni na Lubero, mu burasirazuba bwa DRC, ahamaze iminsi hari imirwano ihanganishije FARDC na M23.

Yagize ati “Ukurikije inkomere za gisirikare zikomeje kugaragara ku rugamba, ibi Bitaro bifite ubushobozi bwo kwakira abarwayi 65 bacumbikiwe mu gihe cy’amahoro. Mu bihe by’intambara, ibi Bitaro bishobora kwakira indembe zigera kuri 80.”

Yavuze ko ibi bitaro kandi bizajya bikorerwamo ubuvuzi bwo kubaga no kudoda inkomere, ndetse ko ari na byo byatumye byubakwa, kuko babonye bikenewe cyane.

Capt Léonard Kabelengenze yakomeje agira ati “Bifite umwihariko wo kubaga, ariko ntibibuza no kuba byakwakira izindi ndembe.”

Ibi bitaro kandi bizajya bivurira ku buntu ababigana yaba ari abasirikare kimwe n’abasivile bo muri aka gace biherereyemo bazajya bajya kubyivurizamo.

Capt Léonard Kabelengenze yavuze ko ibi Bitaro birimo ibice bibiri, birimo ikizajya cyakira indembe zihutirwa, ndetse n’igice kizajya gitangirwa serivisi zo kureba ibibazo biri mu mubiri imbere (échographie) na serivisi zo kuvura amenyo.

Ibi Bitaro bizajya bivura inkomere
Capt Léonard Kabelengenze uyobora ibi Bitaro

Photos/Radio Okapi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 12 =

Previous Post

Minisitiri Nduhungirehe yagaragaje abahanzi Nyarwanda bo kwitega

Next Post

Inkuru y’incamugongo yatashye mu muryango wari mu myiteguro y’ubukwe

Related Posts

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

by radiotv10
19/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko impugenge ryagaragaje niriramuka rirekuye Umujyi wa Uvira, zahise...

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

by radiotv10
16/01/2026
0

Ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Gihugu cy’u Burundi, riranengerwa kujandika abana b’abanyeshuri mu bya politiki, nyuma yuko ribakoresheje imyiyerekano...

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

by radiotv10
16/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryongeye kugaragaza ko uruhande bahanganye mu mirwano, rukomeje kurenga ku...

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

Munyemana Athanase 41 w’imyaka na Habimana Augustin w’imyaka 33 y’amavuko batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa amadolari ya Amerika asaga...

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

by radiotv10
15/01/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko igiye guhagarika gutanga no kwakira ubusabe Visa ku baturage b'abimukira bo...

IZIHERUKA

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege
IMIBEREHO MYIZA

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Nyuma yo kugaragaza ibyari bibahangayikishije ku gikorwa remezo bafatanyije na Leta bagarukanye akanyamuneza

Nyuma yo kugaragaza ibyari bibahangayikishije ku gikorwa remezo bafatanyije na Leta bagarukanye akanyamuneza

19/01/2026
Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Museveni n’Abanya-Uganda nyuma yo kongera kumutora

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Museveni n’Abanya-Uganda nyuma yo kongera kumutora

19/01/2026
Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Inkuru y’incamugongo yatashye mu muryango wari mu myiteguro y’ubukwe

Inkuru y’incamugongo yatashye mu muryango wari mu myiteguro y’ubukwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.