Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Igisirikare cya Congo gikomeje gutamazwa nyuma y’icya Semuhanuka cyegetse kuri RDF

radiotv10by radiotv10
30/12/2024
in MU RWANDA
0
Igisirikare cya Congo gikomeje gutamazwa nyuma y’icya Semuhanuka cyegetse kuri RDF
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko igisirikare cya DRC kigaragaje amafoto y’uwo kise ko ari umusirikare w’u Rwanda ngo cyafatiye ku rugamba, aho cyayifashishije gishaka gushimangira ko uwo muntu ari Umunyarwanda gikoresheje amafoto ngo yafashwe ari mu Rwanda, uyu wagaragajwe mu mafoto, yabibeshyuje, avuga ko yibereye i Kigali ndetse ko atigeze akandagira mu gisirikare.

Ni nyuma yuko mu cyumweru gishize, FARDC ishyize hanze amashusho y’uwo iki gisirikare kivuga ko ari Umusirikare w’u Rwanda ngo cyafatiye ku rugamba rugihanganishije n’umutwe wa M23.

Ni amakuru yahise yamaganirwa kure n’uyu mutwe wa M23, wavuze ko ibi bimenyerewe kuri FARDC byo kuyobobya uburari igafata abaturage b’Abanyekongo bo mu bice by’abavuga Ikinyarwanda ikabambika impuzankano ishaka ibyagerageza gushimangira ikinyoma cy’ubutegetsi bwa Congo.

Mu myirondoro ivugwa ko uriya wiswe umusirikare, havugwamo ibice by’inzego z’imitegekere itazwi mu Rwanda, nk’aho bavuga ko akomoka muri Localité ya Ngororero no muri Groupement ya Murenge muri Teritwari ya Kazabi.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, yavuze ko uretse kuba ibi ari ikinyoma cyambaye ubusa, ari n’ikinamico idakoranye ubwenge.

FARDC kandi yashyize hanze amafoto y’uyu yise umusirikare w’u Rwanda, aho yavuze ko ari ayafashwe ari mu Rwanda, mu gihe ugaragara muri aya mafoto, ari umuturage wibereye i Kigali, aho asanzwe atuye mu Karere ka Kicukiro.

Amza Hakizimana, ugaragara mu mafoto yakoreshejwe, avuga ko akomoka mu Murenge wa Musambira mu Karere ka Kamonyi, ubu akaba atuye mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali.

Mu kiganiro yagiranye n’Ikinyamakuru cyitwa Igihe, Amza Hakizimana yagize ati “Nje hano ngo ngire icyo mvuga cyangwa se nyomoze ku mafoto yiriwe cyangwa yaraye akwirakwira ku mbuga […] Iyi nkuru yatangiye, nayimenye ejo, hari bamwe mu bo dukorana, mu nshuti zanjye, mu bo mu muryango bampagara bambaza bati ‘ese koko wafatiwe muri Congo? Waba wafatiwe muri Congo uri kurwana nk’umusirikare wa RDF uri kurwanira M23?’ Mu by’ukuri nanjye byantangaje, naka amafoto ndareba, nsoma n’iyo nkuru.”

Avuga ko atigeze aba umusirikare na rimwe. Ati “Ndi Umunyarwanda wikorera ku giti cye nkorera hano ku Gisimenti.”

Muri amwe mu mafoto yagaragajwe, harimo iyo aba afite camera anambaye ecouteur, aho we avuga ko ari we koko aho iyi yafashwe muri 2017 mu Bigogwe ubwo yari yagiye gufata amashusho y’abari bakoze ubukwe.

Ati “Hari amafoto asa n’aho agenda akwirakwizwa kandi ayo mafoto hakaba koko harimo ayanjye. Impamvu bafashe ayo mafoto bakazana n’iyo y’umusirikare, birerekana ko aho yambaye impuzankano ya gisirikare ahandi bakaba bari kumwerekana yambaye sivili.”

Amza avuga ko aya mafoto yakuwe kuri konti ye ya Facebook, ndetse ko n’ubu akiriho, ku buryo bagiye bayakoresha bayasanisha n’uwo wiswe umusirikare, ngo bashaka kugaragaza ko ari umuntu umwe.

Nanone kandi mu bisobanuro byatangiwe kuri uriya wiswe umusirikare, wafashwe wiswe Iradukunda, hari ahavugwa ko ari umwana wa Hakizimana, ariko uyu unyomoza iby’aya mafoto, akavuga ko imyaka ye, atari iyo kubyara umusore nk’uriya ngo abe yaratangiye no kujya ku rugamba.

Ati “Ni gute njyewe Hakizimana Amza nabyaye umwana, uwo mwana akaba ari mu gisirikare wafashwe, hanyuma amafoto yasohotse cyangwa berekanye akaba ari ayanjye? Bivuze ko ndi se nkaba n’umwana icya rimwe. Ni ibintu mu by’ukuri bitumvikana bitanabaho.”

Avuga ko “Ibi bintu si byo, si ukuri, ni ibinyoma. Ni ibinyoma 100%” ndetse ko ari yo mpamvu yifuje kubinyomoza, anyuze mu itangazamakuru kugira ngo akureho urwo rujijo rwari rwazamutse mu bamuzi.

Amza Hakizimana avuga ko na we yatunguwe n’abamuhamagaye bamubaza iby’aya mafoto

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 15 =

Previous Post

Uko hatahuwe uwiga muri kaminuza ku gikuba yazamuye cyatumye yisanga mu maboko ya RIB

Next Post

Dukomeze kuba maso…-Ubutumwa busoza umwaka Perezida Kagame yageneye Inzego z’Umutekano

Related Posts

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

by radiotv10
22/01/2026
0

In many schools in Rwanda, students are told they must speak English. Sometimes, if a child speaks Kinyarwanda, they get...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

IZIHERUKA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine
AMAHANGA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Dukomeze kuba maso…-Ubutumwa busoza umwaka Perezida Kagame yageneye Inzego z’Umutekano

Dukomeze kuba maso...-Ubutumwa busoza umwaka Perezida Kagame yageneye Inzego z’Umutekano

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.