Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Igisirikare cya Congo gikomeje gutamazwa nyuma y’icya Semuhanuka cyegetse kuri RDF

radiotv10by radiotv10
30/12/2024
in MU RWANDA
0
Igisirikare cya Congo gikomeje gutamazwa nyuma y’icya Semuhanuka cyegetse kuri RDF
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko igisirikare cya DRC kigaragaje amafoto y’uwo kise ko ari umusirikare w’u Rwanda ngo cyafatiye ku rugamba, aho cyayifashishije gishaka gushimangira ko uwo muntu ari Umunyarwanda gikoresheje amafoto ngo yafashwe ari mu Rwanda, uyu wagaragajwe mu mafoto, yabibeshyuje, avuga ko yibereye i Kigali ndetse ko atigeze akandagira mu gisirikare.

Ni nyuma yuko mu cyumweru gishize, FARDC ishyize hanze amashusho y’uwo iki gisirikare kivuga ko ari Umusirikare w’u Rwanda ngo cyafatiye ku rugamba rugihanganishije n’umutwe wa M23.

Ni amakuru yahise yamaganirwa kure n’uyu mutwe wa M23, wavuze ko ibi bimenyerewe kuri FARDC byo kuyobobya uburari igafata abaturage b’Abanyekongo bo mu bice by’abavuga Ikinyarwanda ikabambika impuzankano ishaka ibyagerageza gushimangira ikinyoma cy’ubutegetsi bwa Congo.

Mu myirondoro ivugwa ko uriya wiswe umusirikare, havugwamo ibice by’inzego z’imitegekere itazwi mu Rwanda, nk’aho bavuga ko akomoka muri Localité ya Ngororero no muri Groupement ya Murenge muri Teritwari ya Kazabi.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, yavuze ko uretse kuba ibi ari ikinyoma cyambaye ubusa, ari n’ikinamico idakoranye ubwenge.

FARDC kandi yashyize hanze amafoto y’uyu yise umusirikare w’u Rwanda, aho yavuze ko ari ayafashwe ari mu Rwanda, mu gihe ugaragara muri aya mafoto, ari umuturage wibereye i Kigali, aho asanzwe atuye mu Karere ka Kicukiro.

Amza Hakizimana, ugaragara mu mafoto yakoreshejwe, avuga ko akomoka mu Murenge wa Musambira mu Karere ka Kamonyi, ubu akaba atuye mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali.

Mu kiganiro yagiranye n’Ikinyamakuru cyitwa Igihe, Amza Hakizimana yagize ati “Nje hano ngo ngire icyo mvuga cyangwa se nyomoze ku mafoto yiriwe cyangwa yaraye akwirakwira ku mbuga […] Iyi nkuru yatangiye, nayimenye ejo, hari bamwe mu bo dukorana, mu nshuti zanjye, mu bo mu muryango bampagara bambaza bati ‘ese koko wafatiwe muri Congo? Waba wafatiwe muri Congo uri kurwana nk’umusirikare wa RDF uri kurwanira M23?’ Mu by’ukuri nanjye byantangaje, naka amafoto ndareba, nsoma n’iyo nkuru.”

Avuga ko atigeze aba umusirikare na rimwe. Ati “Ndi Umunyarwanda wikorera ku giti cye nkorera hano ku Gisimenti.”

Muri amwe mu mafoto yagaragajwe, harimo iyo aba afite camera anambaye ecouteur, aho we avuga ko ari we koko aho iyi yafashwe muri 2017 mu Bigogwe ubwo yari yagiye gufata amashusho y’abari bakoze ubukwe.

Ati “Hari amafoto asa n’aho agenda akwirakwizwa kandi ayo mafoto hakaba koko harimo ayanjye. Impamvu bafashe ayo mafoto bakazana n’iyo y’umusirikare, birerekana ko aho yambaye impuzankano ya gisirikare ahandi bakaba bari kumwerekana yambaye sivili.”

Amza avuga ko aya mafoto yakuwe kuri konti ye ya Facebook, ndetse ko n’ubu akiriho, ku buryo bagiye bayakoresha bayasanisha n’uwo wiswe umusirikare, ngo bashaka kugaragaza ko ari umuntu umwe.

Nanone kandi mu bisobanuro byatangiwe kuri uriya wiswe umusirikare, wafashwe wiswe Iradukunda, hari ahavugwa ko ari umwana wa Hakizimana, ariko uyu unyomoza iby’aya mafoto, akavuga ko imyaka ye, atari iyo kubyara umusore nk’uriya ngo abe yaratangiye no kujya ku rugamba.

Ati “Ni gute njyewe Hakizimana Amza nabyaye umwana, uwo mwana akaba ari mu gisirikare wafashwe, hanyuma amafoto yasohotse cyangwa berekanye akaba ari ayanjye? Bivuze ko ndi se nkaba n’umwana icya rimwe. Ni ibintu mu by’ukuri bitumvikana bitanabaho.”

Avuga ko “Ibi bintu si byo, si ukuri, ni ibinyoma. Ni ibinyoma 100%” ndetse ko ari yo mpamvu yifuje kubinyomoza, anyuze mu itangazamakuru kugira ngo akureho urwo rujijo rwari rwazamutse mu bamuzi.

Amza Hakizimana avuga ko na we yatunguwe n’abamuhamagaye bamubaza iby’aya mafoto

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − 17 =

Previous Post

Uko hatahuwe uwiga muri kaminuza ku gikuba yazamuye cyatumye yisanga mu maboko ya RIB

Next Post

Dukomeze kuba maso…-Ubutumwa busoza umwaka Perezida Kagame yageneye Inzego z’Umutekano

Related Posts

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

IZIHERUKA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika
AMAHANGA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Dukomeze kuba maso…-Ubutumwa busoza umwaka Perezida Kagame yageneye Inzego z’Umutekano

Dukomeze kuba maso...-Ubutumwa busoza umwaka Perezida Kagame yageneye Inzego z’Umutekano

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.