Sunday, January 18, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Igisirikare cya Congo gikomeje gutamazwa nyuma y’icya Semuhanuka cyegetse kuri RDF

radiotv10by radiotv10
30/12/2024
in MU RWANDA
0
Igisirikare cya Congo gikomeje gutamazwa nyuma y’icya Semuhanuka cyegetse kuri RDF
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko igisirikare cya DRC kigaragaje amafoto y’uwo kise ko ari umusirikare w’u Rwanda ngo cyafatiye ku rugamba, aho cyayifashishije gishaka gushimangira ko uwo muntu ari Umunyarwanda gikoresheje amafoto ngo yafashwe ari mu Rwanda, uyu wagaragajwe mu mafoto, yabibeshyuje, avuga ko yibereye i Kigali ndetse ko atigeze akandagira mu gisirikare.

Ni nyuma yuko mu cyumweru gishize, FARDC ishyize hanze amashusho y’uwo iki gisirikare kivuga ko ari Umusirikare w’u Rwanda ngo cyafatiye ku rugamba rugihanganishije n’umutwe wa M23.

Ni amakuru yahise yamaganirwa kure n’uyu mutwe wa M23, wavuze ko ibi bimenyerewe kuri FARDC byo kuyobobya uburari igafata abaturage b’Abanyekongo bo mu bice by’abavuga Ikinyarwanda ikabambika impuzankano ishaka ibyagerageza gushimangira ikinyoma cy’ubutegetsi bwa Congo.

Mu myirondoro ivugwa ko uriya wiswe umusirikare, havugwamo ibice by’inzego z’imitegekere itazwi mu Rwanda, nk’aho bavuga ko akomoka muri Localité ya Ngororero no muri Groupement ya Murenge muri Teritwari ya Kazabi.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, yavuze ko uretse kuba ibi ari ikinyoma cyambaye ubusa, ari n’ikinamico idakoranye ubwenge.

FARDC kandi yashyize hanze amafoto y’uyu yise umusirikare w’u Rwanda, aho yavuze ko ari ayafashwe ari mu Rwanda, mu gihe ugaragara muri aya mafoto, ari umuturage wibereye i Kigali, aho asanzwe atuye mu Karere ka Kicukiro.

Amza Hakizimana, ugaragara mu mafoto yakoreshejwe, avuga ko akomoka mu Murenge wa Musambira mu Karere ka Kamonyi, ubu akaba atuye mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali.

Mu kiganiro yagiranye n’Ikinyamakuru cyitwa Igihe, Amza Hakizimana yagize ati “Nje hano ngo ngire icyo mvuga cyangwa se nyomoze ku mafoto yiriwe cyangwa yaraye akwirakwira ku mbuga […] Iyi nkuru yatangiye, nayimenye ejo, hari bamwe mu bo dukorana, mu nshuti zanjye, mu bo mu muryango bampagara bambaza bati ‘ese koko wafatiwe muri Congo? Waba wafatiwe muri Congo uri kurwana nk’umusirikare wa RDF uri kurwanira M23?’ Mu by’ukuri nanjye byantangaje, naka amafoto ndareba, nsoma n’iyo nkuru.”

Avuga ko atigeze aba umusirikare na rimwe. Ati “Ndi Umunyarwanda wikorera ku giti cye nkorera hano ku Gisimenti.”

Muri amwe mu mafoto yagaragajwe, harimo iyo aba afite camera anambaye ecouteur, aho we avuga ko ari we koko aho iyi yafashwe muri 2017 mu Bigogwe ubwo yari yagiye gufata amashusho y’abari bakoze ubukwe.

Ati “Hari amafoto asa n’aho agenda akwirakwizwa kandi ayo mafoto hakaba koko harimo ayanjye. Impamvu bafashe ayo mafoto bakazana n’iyo y’umusirikare, birerekana ko aho yambaye impuzankano ya gisirikare ahandi bakaba bari kumwerekana yambaye sivili.”

Amza avuga ko aya mafoto yakuwe kuri konti ye ya Facebook, ndetse ko n’ubu akiriho, ku buryo bagiye bayakoresha bayasanisha n’uwo wiswe umusirikare, ngo bashaka kugaragaza ko ari umuntu umwe.

Nanone kandi mu bisobanuro byatangiwe kuri uriya wiswe umusirikare, wafashwe wiswe Iradukunda, hari ahavugwa ko ari umwana wa Hakizimana, ariko uyu unyomoza iby’aya mafoto, akavuga ko imyaka ye, atari iyo kubyara umusore nk’uriya ngo abe yaratangiye no kujya ku rugamba.

Ati “Ni gute njyewe Hakizimana Amza nabyaye umwana, uwo mwana akaba ari mu gisirikare wafashwe, hanyuma amafoto yasohotse cyangwa berekanye akaba ari ayanjye? Bivuze ko ndi se nkaba n’umwana icya rimwe. Ni ibintu mu by’ukuri bitumvikana bitanabaho.”

Avuga ko “Ibi bintu si byo, si ukuri, ni ibinyoma. Ni ibinyoma 100%” ndetse ko ari yo mpamvu yifuje kubinyomoza, anyuze mu itangazamakuru kugira ngo akureho urwo rujijo rwari rwazamutse mu bamuzi.

Amza Hakizimana avuga ko na we yatunguwe n’abamuhamagaye bamubaza iby’aya mafoto

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × two =

Previous Post

Uko hatahuwe uwiga muri kaminuza ku gikuba yazamuye cyatumye yisanga mu maboko ya RIB

Next Post

Dukomeze kuba maso…-Ubutumwa busoza umwaka Perezida Kagame yageneye Inzego z’Umutekano

Related Posts

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

by radiotv10
18/01/2026
0

Mu Murenge wa Gataraga mu Karere ka Musanze, abaturage benshi bakoraniye ku kigo cy’ishuri bavuga ko baje kureba amabonekerwa ya...

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

IZIHERUKA

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho
MU RWANDA

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

by radiotv10
18/01/2026
0

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Dukomeze kuba maso…-Ubutumwa busoza umwaka Perezida Kagame yageneye Inzego z’Umutekano

Dukomeze kuba maso...-Ubutumwa busoza umwaka Perezida Kagame yageneye Inzego z’Umutekano

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.