Thursday, December 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Igisirikare cya Uganda cyatanze umucyo ku ifoto y’ibifaru n’abasirikare bacyo yifashishijwe gishinjwa gufasha M23

radiotv10by radiotv10
16/02/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Igisirikare cya Uganda cyatanze umucyo ku ifoto y’ibifaru n’abasirikare bacyo yifashishijwe gishinjwa gufasha M23
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ingabo za Uganda (UPDF) bwanyomoje amakuru yatangajwe ko hari abasirikare b’iki Gihugu bari muri Rutshuru bafasha umutwe wa M23, butanga n’ibisobanuro ku ifoto yari yifashishijwe.

Ni nyuma y’uko uwitwa Jules Mulumba usanzwe ari Umuvugizi w’Imiryango ishyigikiye Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu ntamba iki Gihugu gihanganyemo na M23, atangarije amakuru ko UPDF ifasha uyu mutwe.

Ubutumwa bwatangajwe na Jules Mulumba ku rubuga nkoranyambaga rwa X ku ya 13 Gashyantare 2024, yari yavuze ko “Ingabo za Uganda zifite ibikoresho bya rutura, zari mu nzira” zo gushyigikira uruhande ruhanganye na FARDC ariko ko abarwanyi ba Leta Congo bazabakoma mu nkokora.

Jules Mulumba yifashishije ifoto y’abasirikare ba UPDF bafite intwaro zirimo ibifaru, yakomeje agira ati “Aha bari mu muhanda wa Kitshanga-Sake.”

Mu itangazo ryashyizweho umukono wa UPDF, Brig Gen Felix Kulayigye, ritangira rivuga ko “UPDF yamaganye amakuru y’ibinyoma yakwirakwijwe na Jules Mulumba ko UPDF iri muri Rutsuru.”

Brig Gen Felix Kulayigye yakomeje agira ati “Mu kugerageza gushimangira ibirego bye, yakoresheje amafoto yafashwe mu gihe cy’Ingabo z’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba EACRF (East African Community Regional Force).”

Iri tangazo ry’Umuvugizi wa UPDF, rikomeza rigira riti “Ifoto yafashwe ubwo Ingabo za Uganda zari mu butumwa bw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba zari mu bice bya Tsengero mu bice biva Bunagana-Rutshuru zerecyeza mu bice bya Goma aho kuba muri Sake.”

Ubuyobozi bw’igisirikare cya Uganda, buvuga ko UPDF idafite impamvu n’imwe yo kwijandika mu mvururu zo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, cyeretse mu gihe ingabo z’iki Gihugu zaba ziri mu butumwa bw’amahoro bw’akarere.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + 16 =

Previous Post

Senegal: Icyemezo cya Perezida cyari cyazamuye bomboribombi cyasubiwemo byihuse

Next Post

Iyo udafite ukurusha ntunagire uwo urusha ntacyo uba ukora-Umuhanzi ubirambyemo yacyebuye ab’ubu

Related Posts

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

by radiotv10
11/12/2025
0

Magloire Paluku wahoze ari umunyamakuru, ubu akaba yari Umujyanama mu bijyanye n'itumanaho mu Buhuzabikorwa bw’Ihuriro AFC/M23, akaba yari n'inkoramutima ya...

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

by radiotv10
11/12/2025
0

Nyuma yuko abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 bafashe Umujyi wa Uvira muri Kivu y’Epfo bakubise incuro abarimo abasirikare b’u Burundi, Igihugu cyabo...

Eng.-One AFC/M23 cadre shot dead in Goma City

Eng.-One AFC/M23 cadre shot dead in Goma City

by radiotv10
11/12/2025
0

Magloire Paluku, a former journalist who later became a Communications Advisor in the Coordination Office of the AFC/M23 coalition and...

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

by radiotv10
10/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryemeje ko ryamaze gufata umujyi wa Uvira, risaba abaturage bawutuye...

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

by radiotv10
10/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryagaragaje intwaro nyinshi zirimo izirasa kure yambuye ingabo z’u Burundi ziri gufasha FARDC bahanyanye, inerekana impuzankano z’igisirikare cya...

IZIHERUKA

Perezida Kagame na Ndayishimiye bicaranye mu nama ya EAC itagaragayemo Tshisekedi
MU RWANDA

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

by radiotv10
11/12/2025
0

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

11/12/2025
Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

11/12/2025
Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

11/12/2025
President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

11/12/2025
Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

11/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Iyo udafite ukurusha ntunagire uwo urusha ntacyo uba ukora-Umuhanzi ubirambyemo yacyebuye ab’ubu

Iyo udafite ukurusha ntunagire uwo urusha ntacyo uba ukora-Umuhanzi ubirambyemo yacyebuye ab’ubu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.