Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Igisirikare cya Uganda cyatanze umucyo ku ifoto y’ibifaru n’abasirikare bacyo yifashishijwe gishinjwa gufasha M23

radiotv10by radiotv10
16/02/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Igisirikare cya Uganda cyatanze umucyo ku ifoto y’ibifaru n’abasirikare bacyo yifashishijwe gishinjwa gufasha M23
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ingabo za Uganda (UPDF) bwanyomoje amakuru yatangajwe ko hari abasirikare b’iki Gihugu bari muri Rutshuru bafasha umutwe wa M23, butanga n’ibisobanuro ku ifoto yari yifashishijwe.

Ni nyuma y’uko uwitwa Jules Mulumba usanzwe ari Umuvugizi w’Imiryango ishyigikiye Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu ntamba iki Gihugu gihanganyemo na M23, atangarije amakuru ko UPDF ifasha uyu mutwe.

Ubutumwa bwatangajwe na Jules Mulumba ku rubuga nkoranyambaga rwa X ku ya 13 Gashyantare 2024, yari yavuze ko “Ingabo za Uganda zifite ibikoresho bya rutura, zari mu nzira” zo gushyigikira uruhande ruhanganye na FARDC ariko ko abarwanyi ba Leta Congo bazabakoma mu nkokora.

Jules Mulumba yifashishije ifoto y’abasirikare ba UPDF bafite intwaro zirimo ibifaru, yakomeje agira ati “Aha bari mu muhanda wa Kitshanga-Sake.”

Mu itangazo ryashyizweho umukono wa UPDF, Brig Gen Felix Kulayigye, ritangira rivuga ko “UPDF yamaganye amakuru y’ibinyoma yakwirakwijwe na Jules Mulumba ko UPDF iri muri Rutsuru.”

Brig Gen Felix Kulayigye yakomeje agira ati “Mu kugerageza gushimangira ibirego bye, yakoresheje amafoto yafashwe mu gihe cy’Ingabo z’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba EACRF (East African Community Regional Force).”

Iri tangazo ry’Umuvugizi wa UPDF, rikomeza rigira riti “Ifoto yafashwe ubwo Ingabo za Uganda zari mu butumwa bw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba zari mu bice bya Tsengero mu bice biva Bunagana-Rutshuru zerecyeza mu bice bya Goma aho kuba muri Sake.”

Ubuyobozi bw’igisirikare cya Uganda, buvuga ko UPDF idafite impamvu n’imwe yo kwijandika mu mvururu zo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, cyeretse mu gihe ingabo z’iki Gihugu zaba ziri mu butumwa bw’amahoro bw’akarere.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen + 8 =

Previous Post

Senegal: Icyemezo cya Perezida cyari cyazamuye bomboribombi cyasubiwemo byihuse

Next Post

Iyo udafite ukurusha ntunagire uwo urusha ntacyo uba ukora-Umuhanzi ubirambyemo yacyebuye ab’ubu

Related Posts

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

by radiotv10
02/01/2026
0

Evans Eshun, uzwi ku izina rya Ebo Noah, wiyita umuhanuzi wo muri Ghana, yatawe muri yombi na Polisi y’iki Gihugu...

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

by radiotv10
01/01/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, mu ijambo rye risoza umwaka, yongeye gushinja u Rwanda ibinyoma ko rufite uruhare mu bibazo...

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

by radiotv10
31/12/2025
0

Igihugu cya Mali n’icya Burkina Faso, byashyize hanze amatangazo y’ibyemezo bishobora gufata byo kwihimura kuri Leta Zunze Ubumwe za America...

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

by radiotv10
30/12/2025
0

Abayobozi bakuru b’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Umugaba Mukuru w’Ingabo zaryo, Gen Sultani...

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

by radiotv10
30/12/2025
0

Maj Gen Sultani Makenga, Umugaba Mukuru w’Ingabo za AFC/M23, yibukije abagize iri huriro ko batagomba kumva ko intambara yo kurandura...

IZIHERUKA

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu
FOOTBALL

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

02/01/2026
Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

01/01/2026
Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Iyo udafite ukurusha ntunagire uwo urusha ntacyo uba ukora-Umuhanzi ubirambyemo yacyebuye ab’ubu

Iyo udafite ukurusha ntunagire uwo urusha ntacyo uba ukora-Umuhanzi ubirambyemo yacyebuye ab’ubu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.