Sunday, September 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Igisirikare cy’u Burundi cyashyize kivuga ku basirikare bacyo bapfira muri Congo

radiotv10by radiotv10
17/01/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Igisirikare cy’u Burundi cyashyize kivuga ku basirikare bacyo bapfira muri Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Burundi, bwemeje ko hari abasirikare b’iki Gihugu bapfira ku rugamba bagiye gufashamo igisirikare cya DRC, buvuga kandi ko ibyo ari ibisanzwe, ngo kuko “urugamba ni urugamba, hari abapfa.”

Byatangajwe n’Umuvugizi w’Ingabo z’u Burundi, Brigadier General Gaspard Baratuza mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru kuri uyu wa Kane tariki 16 Mutarama 2025.

Ni nyuma yuko hatangajwe amakuru ko hari abasirikare benshi b’u Burundi bari kugwa kuri uru rugamba, bafashamo FARDC mu rugamba ruhanganishije iki gisirikare cya Congo n’umutwe wa M23.

Hari havuzwe ko hari abasirikare b’u Burundi barenga 200 barimo n’abo ku rwego rwo hejuru, baguye mu mirwano iherutse kubera mu gace ka Ngungu muri Teritwari ya Masisi, imaze iminsi ari isibaniro ry’imirwano.

Brigadier General Gaspard Baratuza yahakanye aya makuru avuga ko hapfuye abasirikare benshi, avuga ko aya makuru yasakajwe n’ibitangazamakuru birimo mpuzamahanga, ariko ari ikinyoma.

Ati “Nagerageje gukurikirana amakuru yatangajwe na France 24 ariko mu by’ukuri ntabwo ari impamo.”

Yakomeje avuga ko bakurikiranira hafi amakuru y’abasirikare babo bari muri Congo, ariko ko nta makuru y’izi mpfu bigeze bakira aturutse mu buyobozi bw’izi ngabo ziri muri iki Gihugu.

Ati “Buriya ni uburyo bwo guhimba ikinyoma, ubundi ibanga ry’umwuga mu gisirikare, kandi abanyamwuga barabizi ko biba ari n’ibanga ry’umwuga, ariko icyo nababwira ni uko hari abapfa nyine kuko intambara ni intambara.”

Brigadier General Gaspard Baratuza yakomeje ahakana amakuru yagiye avugwa ko abasirikare b’u Burundi bari muri Congo batereranywe n’Igihugu cyabo, ndetse ko hari abapfa ntibimenyeshwe imiryango yabo.

Ati “Hari uburyo bw’itumanaho ku basirikare bari hariya, bakabasha kuvugana n’imiryango yabo, yewe tunabafasha kuba bataha bakaza kureba imiryango yabo.”

Yavuze kandi ko iyo hari ibibazo biri muri aba basirikare, hari uburyo bw’imbere mu gisirikare, bwo kumenyesha imiryango yabo, kandi ko ibyo bisanzwe bikorwa mu rwego rwa gisirikare rwose.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + nineteen =

Previous Post

Uko hafashwe abitwikiraga ijoro bakajya kwiba ibyuma byubatse umuhanda

Next Post

Uko hatahuwe umusore ukekwaho gusambanya abana babiri arusha imyaka 20

Related Posts

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

by radiotv10
13/09/2025
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) cyemeje urupfu rwa General Muaku Mbuluku Daniel wari ukuriye Ingabo muri rejiyo...

Amakuru mashya: Ukekwaho kwica Charlie wavugishije benshi ku Isi yafashwe

Amakuru mashya: Ukekwaho kwica Charlie wavugishije benshi ku Isi yafashwe

by radiotv10
12/09/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump yatangaje ko ukekwaho kwica Charlie Kirk, yatawe muri yombi. Trump atangaza...

Ibimaze kumenyekana k’uwishe Charlie Kirk wari inshuti ikomeye ya Perezida Trump

Ibimaze kumenyekana k’uwishe Charlie Kirk wari inshuti ikomeye ya Perezida Trump

by radiotv10
12/09/2025
0

Urwego rushinzwe Iperereza muri Leta Zunze Ubumwe za America FBI, rwashyize hanze amafoto n’amashusho agaragaza ukekwaho kwica arasiye mu ruhame...

Hatangajwe ibyaha bikomeye biregwa Visi Perezida wa Sudani y’Epfo

Hatangajwe ibyaha bikomeye biregwa Visi Perezida wa Sudani y’Epfo

by radiotv10
12/09/2025
0

Inzego z’ubutabera muri Sudani y’Epfo, zatangaje ko Riek Machar-Visi Perezida w’iki Gihugu akurikiranyweho ibyaha byo kugambirira kugambanira Igihugu, n’ibindi byaha bikomeye....

Ubutabera bwa Afurika y’Epfo bwafatiye icyemezo Abashinwa barindwi baregwa gucuruza abantu

Ubutabera bwa Afurika y’Epfo bwafatiye icyemezo Abashinwa barindwi baregwa gucuruza abantu

by radiotv10
12/09/2025
0

Urukiko rwo mu mujyi wa Johannesburg muri Afurika y’Epfo rwakatiye Abashinwa barindwi igifungo cy’imyaka 20 kuri buri umwe, nyuma yo...

IZIHERUKA

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi
MU RWANDA

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi

by radiotv10
13/09/2025
0

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

13/09/2025
Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

13/09/2025
UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

UPDATE: Abagaragaye bakorera ubugome umugore banafite umuhoro byemejwe ko bose bafashwe

13/09/2025
Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

13/09/2025
Ingabire Victoire yagarutse imbere y’Urukiko arugezeho icyifuzo

Igisubizo u Rwanda ruhaye u Burayi bwarutegetse gufungura umunyapolitiki Ingabire Victoire ataranaburana

12/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko hatahuwe umusore ukekwaho gusambanya abana babiri arusha imyaka 20

Uko hatahuwe umusore ukekwaho gusambanya abana babiri arusha imyaka 20

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.