Tuesday, October 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Igisirikare cy’u Burundi cyashyize kivuga ku basirikare bacyo bapfira muri Congo

radiotv10by radiotv10
17/01/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Igisirikare cy’u Burundi cyashyize kivuga ku basirikare bacyo bapfira muri Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Burundi, bwemeje ko hari abasirikare b’iki Gihugu bapfira ku rugamba bagiye gufashamo igisirikare cya DRC, buvuga kandi ko ibyo ari ibisanzwe, ngo kuko “urugamba ni urugamba, hari abapfa.”

Byatangajwe n’Umuvugizi w’Ingabo z’u Burundi, Brigadier General Gaspard Baratuza mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru kuri uyu wa Kane tariki 16 Mutarama 2025.

Ni nyuma yuko hatangajwe amakuru ko hari abasirikare benshi b’u Burundi bari kugwa kuri uru rugamba, bafashamo FARDC mu rugamba ruhanganishije iki gisirikare cya Congo n’umutwe wa M23.

Hari havuzwe ko hari abasirikare b’u Burundi barenga 200 barimo n’abo ku rwego rwo hejuru, baguye mu mirwano iherutse kubera mu gace ka Ngungu muri Teritwari ya Masisi, imaze iminsi ari isibaniro ry’imirwano.

Brigadier General Gaspard Baratuza yahakanye aya makuru avuga ko hapfuye abasirikare benshi, avuga ko aya makuru yasakajwe n’ibitangazamakuru birimo mpuzamahanga, ariko ari ikinyoma.

Ati “Nagerageje gukurikirana amakuru yatangajwe na France 24 ariko mu by’ukuri ntabwo ari impamo.”

Yakomeje avuga ko bakurikiranira hafi amakuru y’abasirikare babo bari muri Congo, ariko ko nta makuru y’izi mpfu bigeze bakira aturutse mu buyobozi bw’izi ngabo ziri muri iki Gihugu.

Ati “Buriya ni uburyo bwo guhimba ikinyoma, ubundi ibanga ry’umwuga mu gisirikare, kandi abanyamwuga barabizi ko biba ari n’ibanga ry’umwuga, ariko icyo nababwira ni uko hari abapfa nyine kuko intambara ni intambara.”

Brigadier General Gaspard Baratuza yakomeje ahakana amakuru yagiye avugwa ko abasirikare b’u Burundi bari muri Congo batereranywe n’Igihugu cyabo, ndetse ko hari abapfa ntibimenyeshwe imiryango yabo.

Ati “Hari uburyo bw’itumanaho ku basirikare bari hariya, bakabasha kuvugana n’imiryango yabo, yewe tunabafasha kuba bataha bakaza kureba imiryango yabo.”

Yavuze kandi ko iyo hari ibibazo biri muri aba basirikare, hari uburyo bw’imbere mu gisirikare, bwo kumenyesha imiryango yabo, kandi ko ibyo bisanzwe bikorwa mu rwego rwa gisirikare rwose.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 5 =

Previous Post

Uko hafashwe abitwikiraga ijoro bakajya kwiba ibyuma byubatse umuhanda

Next Post

Uko hatahuwe umusore ukekwaho gusambanya abana babiri arusha imyaka 20

Related Posts

Amakuru mashya ava i Paris mu Bufaransa ahabereye ubujura buhambaye

Amakuru mashya ava i Paris mu Bufaransa ahabereye ubujura buhambaye

by radiotv10
28/10/2025
0

Nyuma y’ubujura bwakoranywe ubuhanga mu mwanya nk’uwo guhumbya bwabereye mu nzu ndangamurage ya Louvre mu Bufaransa, ubu abantu babiri bakekwaho...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

by radiotv10
28/10/2025
0

Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe kugenzura ibikoresho bikoreshwa mu buzima muri Afurika y’Epfo, cyatangaje ko muri iki Gihugu hagiye gutangizwa itangwa ry’umuti...

BREAKING: Byahinduye isura muri Cameroon nyuma yo gutangaza ko Paul Bia w’imyaka 92 yatsinze amatora 

BREAKING: Byahinduye isura muri Cameroon nyuma yo gutangaza ko Paul Bia w’imyaka 92 yatsinze amatora 

by radiotv10
27/10/2025
0

Paul Biya w’imyaka 92 yatangajwe nk’uwatsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu, ibintu byakurikiwe n’imvururu z’abashyigikiye Issa Tchiroma Bakary wemeza ko ari we...

Ibura rikabije ry’ibikomoka kuri Peteroli mu Gihugu kimwe ryatumye gifata icyemezo gikomeye

Ibura rikabije ry’ibikomoka kuri Peteroli mu Gihugu kimwe ryatumye gifata icyemezo gikomeye

by radiotv10
27/10/2025
0

Igihugu cya Mali cyahagaritse amasomo mu mashuri abanza, ayisumbuye na kaminuza mu Gihugu hose, kubera ikibazo gikomeye cy’ibura ry’ibikomoka kuri...

Uwari Minisitiri w’Intebe muri Mali yakatiwe imyaka ibiri kubera ibyo yanditse ku mbuga nkoranyambaga

Uwari Minisitiri w’Intebe muri Mali yakatiwe imyaka ibiri kubera ibyo yanditse ku mbuga nkoranyambaga

by radiotv10
27/10/2025
0

Moussa Mara wahoze ari Minisitiri w’Intebe muri Mali, yakatiwe igifungo cy’imyaka ibiri irimo umwe usubitse nyuma yo guhamywa ibyaha birimo...

IZIHERUKA

Ntibirajya mu murongo neza-Brig.Gen Deo wa APR yavuze birambuye ku mitoreze y’umutoza mushya
FOOTBALL

Ntibirajya mu murongo neza-Brig.Gen Deo wa APR yavuze birambuye ku mitoreze y’umutoza mushya

by radiotv10
28/10/2025
0

Umwana w’Umwami Yuhi V Musinga watwaye u Rwanda yitabye Imana

Umwana w’Umwami Yuhi V Musinga watwaye u Rwanda yitabye Imana

28/10/2025
Amakuru mashya ava i Paris mu Bufaransa ahabereye ubujura buhambaye

Amakuru mashya ava i Paris mu Bufaransa ahabereye ubujura buhambaye

28/10/2025
Rwanda’s Smart National ID project worth over Rwf 100 billion

Rwanda’s Smart National ID project worth over Rwf 100 billion

28/10/2025
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

28/10/2025
Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

28/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko hatahuwe umusore ukekwaho gusambanya abana babiri arusha imyaka 20

Uko hatahuwe umusore ukekwaho gusambanya abana babiri arusha imyaka 20

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ntibirajya mu murongo neza-Brig.Gen Deo wa APR yavuze birambuye ku mitoreze y’umutoza mushya

Umwana w’Umwami Yuhi V Musinga watwaye u Rwanda yitabye Imana

Amakuru mashya ava i Paris mu Bufaransa ahabereye ubujura buhambaye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.