Sunday, November 9, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Igisirikare cy’u Burundi kikomwa na M23 nacyo kirayishinja ibyo kivuga ko kitakwihanganira

radiotv10by radiotv10
10/11/2023
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Mu buryo bwihuse u Burundi bwohereje muri Congo abandi bakomando nyuma y’iminsi micye hari abagiyeyo
Share on FacebookShare on Twitter

Igisirikare cy’u Burundi kimaze iminsi kizamurwa mu majwi na M23 ko kiri gufasha FARDC kuyirwanya, cyavuze ko ahubwo uyu mutwe ari wo ukomeje kukibangamira, kinavuga amananiza uherutse kugishyiraho, kandi ko kitakomeza kubyihanganira, ahubwo ko kigiye gufata icyemezo gikwiye.

Mu itangazo ryashyizwe hanze kuri uyu wa 09 Ugushyingo 2023, ry’ubuyobozi bw’Ingabo z’u Burundi, ryashyizweho umukono n’umuvugizi wazo, Colonel Biyereke Floribert, rigaragaza imbogamizi abasirikare b’iki Gihugu bari guhura na zo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Igisirikare cy’u Burundi kivuga ko imirwano ihanganishije M23 n’indi mitwe yitwaje intwaro iherutse kongeye kubura, kandi ko ikomeje kugira ingaruka ku mibereho y’Abanyekongo bari mu bice binyuranye ndetse ikanabangamira ibikorwa by’ingabo ziri mu butumwa bwa Afurika y’Iburasirazuba.

Iri tangazo rikomeza rigira riti “Nk’urugero ku itariki ya 21 Ukwakira 2023, imodoka z’abasirikare b’u Burundi bari mu ngabo z’akarere k’Ibihugu bihuriye mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba, zari zitwaye ibiribwa ku birindiro by’ahitwa Kitshanga na Mweso, zangiwe gukomeza n’umutwe wa M23, aho uwo mutwe wafunze umuhanda ujya muri utwo duce.”

Igisirikare cy’u Burundi gikomeza kivuga ko “ibi byongeye kuba ku itariki ya 30 Ukwakira 2023, ubwo imodoka zari zijyanye ibiribwa zarimo zerecyeza ku birindiro, zangirwa gukomeza n’uwo mutwe wa M23.”

Gikomeza kivuga ko ubuyobozi bw’ingabo za Afurika y’Iburasirazuba bwamenyeshejwe iby’iki kibazo kugira ngo bugifateho umuti ariko ko umutwe wa M23 wakomeje kwinangira.

Iri tangazo rigakomeza rigira riti “Igisirikare cy’u Burundi kiramenyesha ko kidashobora gukomeza kwihanganira imyitwarire nk’iyo. Abasirikare b’u Burundi bari mu ngabo z’akarere k’Ibihugu bihuriye mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba bagomba gufata icyemezo gikwiye.”

Iri tangazo risohotse nyuma y’igihe umutwe wa M23 ushinja igisirikare cy’u Burundi kuba na cyo cyarinjiye mu bafasha FARDC n’indi mitwe irimo FDLR mu mirwano ihanganishije uru ruhande n’uyu mutwe.

Uyu mutwe kandi uherutse gushyira hanze amashusho y’umwe mu basirikare b’u Burundi wafatiwe mpiri kuri uru rugamba, wavuze ko bavuye mu Burundi mu kwezi kwa Nzeri (09) 2023 ari abasirikare 300 babwirwa ko bagiye kuri misiyo yo guhangana na M23.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × five =

Previous Post

Umugore wari utwaye udupfunyika 1.000 tw’urumogi mu mayeri adasanzwe yatahuwe

Next Post

UPDATE: CG (Rtd) Gasana imbere y’Urukiko yarusabye kurekurwa anagaragaza impamvu

Related Posts

AFC/M23 yongeye kugaragariza amahanga amarorerwa akorwa n’uruhande bahanganye inayerurira icyo yiyemeje

AFC/M23 yongeye kugaragariza amahanga amarorerwa akorwa n’uruhande bahanganye inayerurira icyo yiyemeje

by radiotv10
07/11/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko rigikomeje guhagarara ku ntego yo gucungura Abanyekongo bakomeje gukandamizwa n’ubutegetsi bw’Igihugu cyabo, nyuma yuko yerekanye amashusho...

Abasirikare barimo Aba-Colonel mu gisirikare cya Congo bakurikiranyweho kunyereza kawunga, umuceri n’amata

Abasirikare barimo Aba-Colonel mu gisirikare cya Congo bakurikiranyweho kunyereza kawunga, umuceri n’amata

by radiotv10
07/11/2025
0

Abasirikare 11 bo ku rwego rw’Abofisiye n’aba Sous-officiers mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), barimo batatu bafite...

Eng.-Senior FARDC Soldiers including Colonels accused of diverting food supplies such as rice and milk

Eng.-Senior FARDC Soldiers including Colonels accused of diverting food supplies such as rice and milk

by radiotv10
07/11/2025
0

Eleven soldiers ranked as Officers and Sous-officiers within the Armed Forces of the Democratic Republic of Congo (FARDC), including three...

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi

by radiotv10
06/11/2025
0

Umushinjacyaha wo ku rwego rw’Igihugu mu Burundi ushinzwe Komini za Kirundo na Busoni, mu Ntara ya Butanyerera amaze iminsi ahungiye...

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

by radiotv10
06/11/2025
0

Perezida wa Mexico, Madamu Claudia Sheinbaum, yatangaje ko agiye kurega umugabo wamukoreye ihohoterwa rishingiye ku gitsina, nyuma yuko hari ugaragaye...

IZIHERUKA

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri
MU RWANDA

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

by radiotv10
08/11/2025
0

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

08/11/2025
Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

08/11/2025
Five lifestyle habits every young woman in Kigali should adopt for 2026

Five lifestyle habits every young woman in Kigali should adopt for 2026

08/11/2025
Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

07/11/2025
Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

07/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
UPDATE: CG (Rtd) Gasana imbere y’Urukiko yarusabye kurekurwa anagaragaza impamvu

UPDATE: CG (Rtd) Gasana imbere y’Urukiko yarusabye kurekurwa anagaragaza impamvu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.