Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Igisirikare cy’u Burundi kikomwa na M23 nacyo kirayishinja ibyo kivuga ko kitakwihanganira

radiotv10by radiotv10
10/11/2023
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Mu buryo bwihuse u Burundi bwohereje muri Congo abandi bakomando nyuma y’iminsi micye hari abagiyeyo
Share on FacebookShare on Twitter

Igisirikare cy’u Burundi kimaze iminsi kizamurwa mu majwi na M23 ko kiri gufasha FARDC kuyirwanya, cyavuze ko ahubwo uyu mutwe ari wo ukomeje kukibangamira, kinavuga amananiza uherutse kugishyiraho, kandi ko kitakomeza kubyihanganira, ahubwo ko kigiye gufata icyemezo gikwiye.

Mu itangazo ryashyizwe hanze kuri uyu wa 09 Ugushyingo 2023, ry’ubuyobozi bw’Ingabo z’u Burundi, ryashyizweho umukono n’umuvugizi wazo, Colonel Biyereke Floribert, rigaragaza imbogamizi abasirikare b’iki Gihugu bari guhura na zo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Igisirikare cy’u Burundi kivuga ko imirwano ihanganishije M23 n’indi mitwe yitwaje intwaro iherutse kongeye kubura, kandi ko ikomeje kugira ingaruka ku mibereho y’Abanyekongo bari mu bice binyuranye ndetse ikanabangamira ibikorwa by’ingabo ziri mu butumwa bwa Afurika y’Iburasirazuba.

Iri tangazo rikomeza rigira riti “Nk’urugero ku itariki ya 21 Ukwakira 2023, imodoka z’abasirikare b’u Burundi bari mu ngabo z’akarere k’Ibihugu bihuriye mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba, zari zitwaye ibiribwa ku birindiro by’ahitwa Kitshanga na Mweso, zangiwe gukomeza n’umutwe wa M23, aho uwo mutwe wafunze umuhanda ujya muri utwo duce.”

Igisirikare cy’u Burundi gikomeza kivuga ko “ibi byongeye kuba ku itariki ya 30 Ukwakira 2023, ubwo imodoka zari zijyanye ibiribwa zarimo zerecyeza ku birindiro, zangirwa gukomeza n’uwo mutwe wa M23.”

Gikomeza kivuga ko ubuyobozi bw’ingabo za Afurika y’Iburasirazuba bwamenyeshejwe iby’iki kibazo kugira ngo bugifateho umuti ariko ko umutwe wa M23 wakomeje kwinangira.

Iri tangazo rigakomeza rigira riti “Igisirikare cy’u Burundi kiramenyesha ko kidashobora gukomeza kwihanganira imyitwarire nk’iyo. Abasirikare b’u Burundi bari mu ngabo z’akarere k’Ibihugu bihuriye mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba bagomba gufata icyemezo gikwiye.”

Iri tangazo risohotse nyuma y’igihe umutwe wa M23 ushinja igisirikare cy’u Burundi kuba na cyo cyarinjiye mu bafasha FARDC n’indi mitwe irimo FDLR mu mirwano ihanganishije uru ruhande n’uyu mutwe.

Uyu mutwe kandi uherutse gushyira hanze amashusho y’umwe mu basirikare b’u Burundi wafatiwe mpiri kuri uru rugamba, wavuze ko bavuye mu Burundi mu kwezi kwa Nzeri (09) 2023 ari abasirikare 300 babwirwa ko bagiye kuri misiyo yo guhangana na M23.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + eighteen =

Previous Post

Umugore wari utwaye udupfunyika 1.000 tw’urumogi mu mayeri adasanzwe yatahuwe

Next Post

UPDATE: CG (Rtd) Gasana imbere y’Urukiko yarusabye kurekurwa anagaragaza impamvu

Related Posts

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugaba w’ingabo za Uganda, akaba n’umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni uherutse kongera gutorerwa kuyobora igihugu, yatangaje ko abashyigikiye ishyaka ritavuga...

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Umunyamabanga Wungirije wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Ibibazo bya Afurika, yagaragaje ko gushyira abarwanyi ba AFC/M23 mu gisirikare...

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

by radiotv10
23/01/2026
0

I Davos mu Busuwisi, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangije Akanama k’Amahoro kagamije gushimangira agahenge kari...

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

by radiotv10
23/01/2026
0

Urukiko rwa Gisirikare rwa Ituri rwakatiye igifungo cy’imyaka 20 umusirikare wo ku rwego rwa Ofisiye muri FARDC no kwirukanwa burundu...

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, akomeje guterana amagambo na Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi Wine) uherutse gutsindwa amatora...

IZIHERUKA

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda
MU RWANDA

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

25/01/2026
Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

25/01/2026
Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
UPDATE: CG (Rtd) Gasana imbere y’Urukiko yarusabye kurekurwa anagaragaza impamvu

UPDATE: CG (Rtd) Gasana imbere y’Urukiko yarusabye kurekurwa anagaragaza impamvu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.