Tuesday, October 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Igisobanuro gitunguranye cy’Umuyobozi w’Ibitaro byagaragayemo umwanda udasanzwe mu bwiherero

radiotv10by radiotv10
08/06/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Igisobanuro gitunguranye cy’Umuyobozi w’Ibitaro byagaragayemo umwanda udasanzwe mu bwiherero
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi w’Ibitaro bya Gihundwe biherereye mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka Rusizi, byagaragayemo umwanda ukabije ushingiye ku kibazo cy’ubwihero bufunze none bumwe bufunguye wakorewe ibya mfura mbi, yavuze ko atumva ukuntu umwanda nk’uyu uri mu Bitaro ayoboye.

Umunyamakuru wa RADIOTV10, wasuye ibi bitaro biri kugaragaramo umwanda ukabije, yasanganijwe agahinda n’ababirwariyemo ndetse n’abarwaza babo, bamubwiye ko kubona aho kwiherera byabaye ihurizo, kuko ubwiherero bufunze.

Bavuze ko ubwirero bumwe aro bwo bufunguye, mu gihe ubundi bufunze, none ubufunguye buri kubyiganirwamo n’abantu benshi bigatuma umwanda upfukirana no hejuru ku buryo bitera bamwe kwiherera mu busitani buri aho hafi, abandi bagakoresho indobo, ubundi bagashaka uburyo bwo kumena umwanda.

Aba barwayi n’abarwaza bavuga ko iki kibazo bakeka ko cyaba giterwa no kuba muri ibi bitaro hamaze iminsi hari ikibazo cy’ibura ry’amazi bigatuma abakora amasuku bahitamo kwiyorohereza akazi bagafunga imiryango y’ubwiherero hagasigara umwe gusa uhuriramo n’ibitsina byombi.

Umwe ati “Turi kwituma mu mabumba (indobo nto) twarangiza umwanda tukajya gushaka aho tuwumena muri wese ihari ifite umwanda uteye ubwoba.”

Kubera ko umwanda wapfukiranye no hejuru bigora ab’igitsinagore bakenera kwihagarika byoroheje bagahitamo kwikinga inyuma y’inyubako.

Umurwaza umwe ati “None se ntubonye uriya mumama ntumurebye wowe? Yihagaritse aho yari ageze aho kugira ngo ajye muri iriya wesi kubera ko abamama bihagarika bigombye ko bicara, abonye atakwicara muri iriya wese na we urayibonye.”

Hari abavuga ko bafite impungenge ko uyu mwanda ushobora kubatera izindi ndwara. Umurwayi umwe ati “twaje kwivuza indwara hano ariko turahakura n’izindi za korera na macinya.”

Umuyobozi w’ibi Bitaro bya Gihundwe, Dr. Mukayiranga Edith wabanje kuvuga ko uwo mwanda utari mu Bitari ayoboye, nyuma abonye amashusho n’amafoto, yahinduye imvugo avuga ko agiye kubikurikirana.

Yagize ati “mu by’ukuri icyo kibazo nari nzi ko nta gihari, kuko mu cyumweru gishize njyewe ubwanjye nasuze tuwareti nsanga hari izifunze ndazifunguza. Ibyo kuba zuzuye zisa nabi byo ntabwo rwose nari nzi ko ari uko bimeze.”

Ibi bibaye nyuma y’igihe gito ibitaro bya Gihundwe bije ku mwanya wa nyuma mu Gihugu hose hakurikijwe amanota ibitaro bihabwa n’inzego z’ubuzima.

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen + twenty =

Previous Post

Rwanda&DRC: Uko ubucuruzi buhagaze nyuma y’ingaruka za COVID-19 zikubiseho ibibazo by’umubano

Next Post

Museveni yeruye atanga amakuru mpamo ku kwandura Covid-19 kwe

Related Posts

Umwana w’Umwami Yuhi V Musinga watwaye u Rwanda yitabye Imana

Umwana w’Umwami Yuhi V Musinga watwaye u Rwanda yitabye Imana

by radiotv10
28/10/2025
0

Igikomangomakazi Spéciose Mukabayojo, umukobwa w’Umwami Yuhi V Musinga watwaye u Rwanda hagati y’ 1896 n’ 1931, yitabiye Imana muri Kenya...

Rwanda’s Smart National ID project worth over Rwf 100 billion

Rwanda’s Smart National ID project worth over Rwf 100 billion

by radiotv10
28/10/2025
0

The Government of Rwanda has announced that the new digital national ID project, estimated to cost over Rwf 100 billion,...

Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

by radiotv10
28/10/2025
0

Inzego z’iperereza mu Rwanda zemeje ko nyiri uruganda rukora inzoga izwi nka ‘Be One Gin’ ari mu maboko y’inzego z’ubutabera,...

Umunyarwanda arakekwaho kwicira umugore we mu Bufaransa amuteraguye ibyuma

Umunyarwanda arakekwaho kwicira umugore we mu Bufaransa amuteraguye ibyuma

by radiotv10
28/10/2025
0

Umugabo w’Umunyarwanda w’imyaka 39 y’amavuko, arakekwaho kwicisha icyuma umugore we na we w’Umunyarwandakazi w’imyaka 38, babanaga mu Bufaransa, ubwo yahengeraga...

A century of faith and change: The Anglican church of Rwanda at 100

A century of faith and change: The Anglican church of Rwanda at 100

by radiotv10
28/10/2025
0

It has been a hundred years since the Anglican Church of Rwanda established its first roots on the hills of...

IZIHERUKA

Ntibirajya mu murongo neza-Brig.Gen Deo wa APR yavuze birambuye ku mitoreze y’umutoza mushya
FOOTBALL

Ntibirajya mu murongo neza-Brig.Gen Deo wa APR yavuze birambuye ku mitoreze y’umutoza mushya

by radiotv10
28/10/2025
0

Umwana w’Umwami Yuhi V Musinga watwaye u Rwanda yitabye Imana

Umwana w’Umwami Yuhi V Musinga watwaye u Rwanda yitabye Imana

28/10/2025
Amakuru mashya ava i Paris mu Bufaransa ahabereye ubujura buhambaye

Amakuru mashya ava i Paris mu Bufaransa ahabereye ubujura buhambaye

28/10/2025
Rwanda’s Smart National ID project worth over Rwf 100 billion

Rwanda’s Smart National ID project worth over Rwf 100 billion

28/10/2025
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

28/10/2025
Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

28/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Museveni yeruye atanga amakuru mpamo ku kwandura Covid-19 kwe

Museveni yeruye atanga amakuru mpamo ku kwandura Covid-19 kwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ntibirajya mu murongo neza-Brig.Gen Deo wa APR yavuze birambuye ku mitoreze y’umutoza mushya

Umwana w’Umwami Yuhi V Musinga watwaye u Rwanda yitabye Imana

Amakuru mashya ava i Paris mu Bufaransa ahabereye ubujura buhambaye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.