• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Igisobanuro gitunguranye cy’Umuyobozi w’Ibitaro byagaragayemo umwanda udasanzwe mu bwiherero

radiotv10by radiotv10
08/06/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Igisobanuro gitunguranye cy’Umuyobozi w’Ibitaro byagaragayemo umwanda udasanzwe mu bwiherero
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi w’Ibitaro bya Gihundwe biherereye mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka Rusizi, byagaragayemo umwanda ukabije ushingiye ku kibazo cy’ubwihero bufunze none bumwe bufunguye wakorewe ibya mfura mbi, yavuze ko atumva ukuntu umwanda nk’uyu uri mu Bitaro ayoboye.

Umunyamakuru wa RADIOTV10, wasuye ibi bitaro biri kugaragaramo umwanda ukabije, yasanganijwe agahinda n’ababirwariyemo ndetse n’abarwaza babo, bamubwiye ko kubona aho kwiherera byabaye ihurizo, kuko ubwiherero bufunze.

Bavuze ko ubwirero bumwe aro bwo bufunguye, mu gihe ubundi bufunze, none ubufunguye buri kubyiganirwamo n’abantu benshi bigatuma umwanda upfukirana no hejuru ku buryo bitera bamwe kwiherera mu busitani buri aho hafi, abandi bagakoresho indobo, ubundi bagashaka uburyo bwo kumena umwanda.

Aba barwayi n’abarwaza bavuga ko iki kibazo bakeka ko cyaba giterwa no kuba muri ibi bitaro hamaze iminsi hari ikibazo cy’ibura ry’amazi bigatuma abakora amasuku bahitamo kwiyorohereza akazi bagafunga imiryango y’ubwiherero hagasigara umwe gusa uhuriramo n’ibitsina byombi.

Umwe ati “Turi kwituma mu mabumba (indobo nto) twarangiza umwanda tukajya gushaka aho tuwumena muri wese ihari ifite umwanda uteye ubwoba.”

Kubera ko umwanda wapfukiranye no hejuru bigora ab’igitsinagore bakenera kwihagarika byoroheje bagahitamo kwikinga inyuma y’inyubako.

Umurwaza umwe ati “None se ntubonye uriya mumama ntumurebye wowe? Yihagaritse aho yari ageze aho kugira ngo ajye muri iriya wesi kubera ko abamama bihagarika bigombye ko bicara, abonye atakwicara muri iriya wese na we urayibonye.”

Hari abavuga ko bafite impungenge ko uyu mwanda ushobora kubatera izindi ndwara. Umurwayi umwe ati “twaje kwivuza indwara hano ariko turahakura n’izindi za korera na macinya.”

Umuyobozi w’ibi Bitaro bya Gihundwe, Dr. Mukayiranga Edith wabanje kuvuga ko uwo mwanda utari mu Bitari ayoboye, nyuma abonye amashusho n’amafoto, yahinduye imvugo avuga ko agiye kubikurikirana.

Yagize ati “mu by’ukuri icyo kibazo nari nzi ko nta gihari, kuko mu cyumweru gishize njyewe ubwanjye nasuze tuwareti nsanga hari izifunze ndazifunguza. Ibyo kuba zuzuye zisa nabi byo ntabwo rwose nari nzi ko ari uko bimeze.”

Ibi bibaye nyuma y’igihe gito ibitaro bya Gihundwe bije ku mwanya wa nyuma mu Gihugu hose hakurikijwe amanota ibitaro bihabwa n’inzego z’ubuzima.

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − fifteen =

Previous Post

Rwanda&DRC: Uko ubucuruzi buhagaze nyuma y’ingaruka za COVID-19 zikubiseho ibibazo by’umubano

Next Post

Museveni yeruye atanga amakuru mpamo ku kwandura Covid-19 kwe

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Museveni yeruye atanga amakuru mpamo ku kwandura Covid-19 kwe

Museveni yeruye atanga amakuru mpamo ku kwandura Covid-19 kwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.