Wednesday, December 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Igisobanuro gitunguranye cy’Umuyobozi w’Ibitaro byagaragayemo umwanda udasanzwe mu bwiherero

radiotv10by radiotv10
08/06/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Igisobanuro gitunguranye cy’Umuyobozi w’Ibitaro byagaragayemo umwanda udasanzwe mu bwiherero
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi w’Ibitaro bya Gihundwe biherereye mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka Rusizi, byagaragayemo umwanda ukabije ushingiye ku kibazo cy’ubwihero bufunze none bumwe bufunguye wakorewe ibya mfura mbi, yavuze ko atumva ukuntu umwanda nk’uyu uri mu Bitaro ayoboye.

Umunyamakuru wa RADIOTV10, wasuye ibi bitaro biri kugaragaramo umwanda ukabije, yasanganijwe agahinda n’ababirwariyemo ndetse n’abarwaza babo, bamubwiye ko kubona aho kwiherera byabaye ihurizo, kuko ubwiherero bufunze.

Bavuze ko ubwirero bumwe aro bwo bufunguye, mu gihe ubundi bufunze, none ubufunguye buri kubyiganirwamo n’abantu benshi bigatuma umwanda upfukirana no hejuru ku buryo bitera bamwe kwiherera mu busitani buri aho hafi, abandi bagakoresho indobo, ubundi bagashaka uburyo bwo kumena umwanda.

Aba barwayi n’abarwaza bavuga ko iki kibazo bakeka ko cyaba giterwa no kuba muri ibi bitaro hamaze iminsi hari ikibazo cy’ibura ry’amazi bigatuma abakora amasuku bahitamo kwiyorohereza akazi bagafunga imiryango y’ubwiherero hagasigara umwe gusa uhuriramo n’ibitsina byombi.

Umwe ati “Turi kwituma mu mabumba (indobo nto) twarangiza umwanda tukajya gushaka aho tuwumena muri wese ihari ifite umwanda uteye ubwoba.”

Kubera ko umwanda wapfukiranye no hejuru bigora ab’igitsinagore bakenera kwihagarika byoroheje bagahitamo kwikinga inyuma y’inyubako.

Umurwaza umwe ati “None se ntubonye uriya mumama ntumurebye wowe? Yihagaritse aho yari ageze aho kugira ngo ajye muri iriya wesi kubera ko abamama bihagarika bigombye ko bicara, abonye atakwicara muri iriya wese na we urayibonye.”

Hari abavuga ko bafite impungenge ko uyu mwanda ushobora kubatera izindi ndwara. Umurwayi umwe ati “twaje kwivuza indwara hano ariko turahakura n’izindi za korera na macinya.”

Umuyobozi w’ibi Bitaro bya Gihundwe, Dr. Mukayiranga Edith wabanje kuvuga ko uwo mwanda utari mu Bitari ayoboye, nyuma abonye amashusho n’amafoto, yahinduye imvugo avuga ko agiye kubikurikirana.

Yagize ati “mu by’ukuri icyo kibazo nari nzi ko nta gihari, kuko mu cyumweru gishize njyewe ubwanjye nasuze tuwareti nsanga hari izifunze ndazifunguza. Ibyo kuba zuzuye zisa nabi byo ntabwo rwose nari nzi ko ari uko bimeze.”

Ibi bibaye nyuma y’igihe gito ibitaro bya Gihundwe bije ku mwanya wa nyuma mu Gihugu hose hakurikijwe amanota ibitaro bihabwa n’inzego z’ubuzima.

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × five =

Previous Post

Rwanda&DRC: Uko ubucuruzi buhagaze nyuma y’ingaruka za COVID-19 zikubiseho ibibazo by’umubano

Next Post

Museveni yeruye atanga amakuru mpamo ku kwandura Covid-19 kwe

Related Posts

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

by radiotv10
24/12/2025
0

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika ya Mozambique, yasuye inzego z’Umutekano z’u Rwanda ziri mu butumwa muri Mocímboa da Praia,...

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Umunyamakuru Gakuru Emmanuel wamenyekanye nka Muzehe Gakuru uri mu bamaze igihe bakora itangazamakuru mu Rwanda, yatawe muri yombi akurikiranyweho gutanga...

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’imyaka igera kuri ibiri, abaturage bo mu Karere ka Rutsiro na Rubavu batabaje kubera ikibazo cy’umugezi wa Bihongora ugabanya...

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
23/12/2025
0

Mu muhanda uva Nyanza ya Kicukiro werecyeza Sanatubes mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka itwara...

IZIHERUKA

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo
MU RWANDA

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

24/12/2025
Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

24/12/2025
Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

23/12/2025
Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

23/12/2025
Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Museveni yeruye atanga amakuru mpamo ku kwandura Covid-19 kwe

Museveni yeruye atanga amakuru mpamo ku kwandura Covid-19 kwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.