Tuesday, July 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Museveni yeruye atanga amakuru mpamo ku kwandura Covid-19 kwe

radiotv10by radiotv10
08/06/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Museveni yeruye atanga amakuru mpamo ku kwandura Covid-19 kwe
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yemeye ko kimwe mu bipimo yafashwe ku ndwara ya COVID-19, byagaragaje ko ayifite, nyuma y’uko aya makuru yari akomeje gucicikana.

Inkuru iri kugarukwaho cyane mu bitangazamakuru byo hirya no hino mu karere ka Afurika y’Iburasrazuba no ku Isi, ni uburwayi bwa Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni waraye usanganywe COVID-19.

Minisiteri y’Ubuzima muri Uganda yatangaje ko ibipimo bitandukanye byafashwe Museveni kuri uyu wa Gatatu, byagaragaje ko yanduye COVID-19, ndetse yahise ashyirwa mu kato.

Bitangajwe nyuma y’uko ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu yari televiziyo y’Igihugu ageza ijambo ku Banya-Uganda, icyakora icyo gihe na we yivugiye ko yumva afite inkorora n’imbeho byatumye yisuzumisha.

Ushinzwe itumanaho mu ishyaka rya NRM riri ku butegetsi, yavuze ko kwandura kwa Perezida Museveni kwabereye isomo abantu bahakana ko iki cyorezo kibaho, kuko niba kidatinya Perezida, nta n’undi kitahangara.

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter, Perezida Museveni, nawe yavuze ko nyuma y’uko agaragaje ibimenyetso birimo ibicurane, “nahamagaye abaganga banjye ngo bamfate ibizamini ngo barebe niba ntarwaye Corona.”

Yavuze ko bafashe ibipimo bitatu birimo kimwe kizwi nka Rapid test ndetse na bibiri bya PCRs, ati “Icya Rapid cyagaragaje ko ntarwaye kimwe n’ikindi cya PCRs ariko ikindi cya PCRs cyagaragaje ko ndwaye.”

Museveni yavuze ko ubu yamaze kwishyira mu kato ndetse akaba ari gukurikiza amabwiriza yose y’abaganga.

Eugenie NYIRANSABIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + seven =

Previous Post

Igisobanuro gitunguranye cy’Umuyobozi w’Ibitaro byagaragayemo umwanda udasanzwe mu bwiherero

Next Post

Russia&Ukraine: Putin yagaragaje ko Afurika ishobora gukora ibyananiye Ibihugu by’ibihangange

Related Posts

Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

by radiotv10
07/07/2025
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’icya Uganda (UPDF) byakomeje ibitero byabyo bihuriyeho mu kurwanya umutwe w’iterabwoba wa...

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 iratanga impuruza ku biteye impungenge biri gukorwa n’ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
07/07/2025
0

  Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bukomeje kohereza ku bwinshi abasirikare ndetse n’intwaro nyinshi...

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

by radiotv10
04/07/2025
0

U Burusiya bwongeye kugaba ibitero bikomeye kuri Ukraine, mu ntambara imaze igihe ihanganishije ibi Bihugu, aho iki Gihugu cya Ukraine...

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
04/07/2025
1

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko nta mushinga w’amasezerano wari wagerwago ku buryo wasinywa mu biganiro biri kubera i Doha muri Qatar,...

Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

by radiotv10
03/07/2025
0

Baltasar Engonga Ebang wahoze ari Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iperereza mu by’Imari muri Guinée Equatoriale wigeze kugarukwaho cyane kubera...

IZIHERUKA

Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage
AMAHANGA

Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

by radiotv10
07/07/2025
0

APR FC yamanuye rutahizamu wari umaze iminsi ategerejwe wanakinnye i Burayi

APR FC yamanuye rutahizamu wari umaze iminsi ategerejwe wanakinnye i Burayi

07/07/2025
Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

07/07/2025
Buri wese yakoze iyo bwabaga-Twibukiranye ibyaranze igitaramo cya mbere cya MTN Iwacu Muzika Festival

Buri wese yakoze iyo bwabaga-Twibukiranye ibyaranze igitaramo cya mbere cya MTN Iwacu Muzika Festival

07/07/2025
Eng.- Rwanda asked the U.S. to step up efforts in monitoring the implementation of the Peace Agreement with the DRC

Eng.- Rwanda asked the U.S. to step up efforts in monitoring the implementation of the Peace Agreement with the DRC

07/07/2025
Abarenga 20 bafatiwe ahakunze kuvugwaho ibikorwa bitemewe birimo uburaya muri Kigali

Abarenga 20 bafatiwe ahakunze kuvugwaho ibikorwa bitemewe birimo uburaya muri Kigali

07/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Russia&Ukraine: Putin yagaragaje ko Afurika ishobora gukora ibyananiye Ibihugu by’ibihangange

Russia&Ukraine: Putin yagaragaje ko Afurika ishobora gukora ibyananiye Ibihugu by’ibihangange

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

APR FC yamanuye rutahizamu wari umaze iminsi ategerejwe wanakinnye i Burayi

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.