Wednesday, November 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Igisubizo Besigye yahaye Muhoozi wamubwiye ko amwemera kiratunguranye

radiotv10by radiotv10
20/10/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Igisubizo Besigye yahaye Muhoozi wamubwiye ko amwemera kiratunguranye
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyapolitiki Dr Kizza Besigye Kifefe, yasubije General Muhoozi Kainerugaba wamubwiye ko amwemera ndetse ko hari ibintu bicye byo kumwigiraho, avuga ko yari agamije kwiyorobekanya no kugira ngo abantu bamukunde.

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu tariki 19 Ukwakira, General Muhoozi Kainerugaba yongeye gushyira ubutumwa kuri Twitter, nyuma yuko byari byatangiye kuvugwa ko ashobora kuva kuri uru rubuga nkoranyambaga.

Mu butumwa yashyizeho muri iri joro ryo ku wa Gatatu, Muhoozi yavuze ku munyapolitiki Dr Kizza Besigye wakunze guhangana na Perezida Museveni, avuga ko amwemera.

Muri ubwo butumwa, Muhoozi yagize ati “Ku giti cyanjye nemera Kizza Besigye. Ni inararibonye kandi dushobora kumwigiraho ibintu bicye.”

Uyu mujenerali usanzwe ari umuhungu wa Perezida Museveni akaba n’umujyanama we mu bya gisirikare, yashyize kuri Twitter ubu butumwa buherekejwe n’ifoto ya Kizza Besigye ari kumwe n’Umunyapolitiki Robert Kyagulanyi Ssentamu uzwi nka Bobi Wine, avuga ko we atamwemera.

Dr Kizza Besigye wagiye ahangana na Museveni mu matora y’Umukuru w’Igihugu ariko akayatsindwa ndetse akagenda afungwa inshuro zinyuranye, yasubije Muhoozi kuri ubu butumwa yamuvuzeho.

Besigye yavuze ko ibi byose Muhoozi abikora afite icyo agamije, nko “gukurura amarangamutima y’abantu batayakugirira, kwiyorobekanya ukigira uwo utari we no gutuma abantu batekererezanya hagati yabo uko batari.”

Uyu munyapolitiki yakomeje avuga ko amahirwe ahari ari uko we na Bobi Wine bahuje umurongo kandi bombi bakaba baharanira ko ihame ryo guhererekanya ubutegetsi mu mahoro muri Uganda ryubahirizwa. Asoza agira ati “Guhererekanya ubusha ntabwo ari ukuburaga.”

Dr Kizza Besigye aherutse kuvuga ko Museveni ari umuhanga kuko yabashije kugundira ubutegetsi ariko ko ikibazo ari uburyo abukoresha mu nyungu zo gukurura yishyira.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − 6 =

Previous Post

N’amahanga yamaze kubona ko gutwara abagenzi muri Kigali bikirimo ibihato

Next Post

Gaël Faye yagaragaje intimba aterwa n’abagore basambanyijwe muri Jenoside

Related Posts

Nyamasheke: Umukobwa wacuruzaga ‘Me2You’ yishwe n’abajura bamuteze bakamutera icyuma bakanamwambura

Igikekwa ku musaza wari wagiye gusangira urwagwa n’umuvandimwe we bakaza kumusanga mu mugezi yarapfuye

by radiotv10
18/11/2025
0

Umugabo w’imyaka 76 wo mu Murenge wa Rangiro mu Karere ka Nyamasheke, wari wavuye iwe agiye kuvumba inzoga yari yahishijwe...

U Rwanda rwatanze umucyo ku ruhande rwarwitiriwe mu myanzuro y’ibyasabwe u Burusiya

Eng.-Minister Nduhungirehe criticizes renowned Congolese Doctor for ignoring key facts in his statement

by radiotv10
18/11/2025
0

The Minister of Foreign Affairs and Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, has expressed surprise that Dr. Denis Mukwege, a Congolese medical...

Gisagara: Hari abavuga ko ibyo bari gukorerwa ari agasuzuguro bakanagaragaza icyo bifuza

Gisagara: Hari abavuga ko ibyo bari gukorerwa ari agasuzuguro bakanagaragaza icyo bifuza

by radiotv10
18/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Kibilizi mu Karere ka Gisagara, baravuga ko abakozi bari gucukura imiyoboro y’amazi bigabije imirima...

Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45

Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45

by radiotv10
18/11/2025
0

Abahinzi b'ikawa bo mu Murenge wa Mubuga mu Karere ka Karongi, bavuga ko izo bari bamaranye imyaka irenga 40 zitari...

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

by radiotv10
17/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi umugenzuzi mu Kigo cy'Igihugu gishinzwe Ubuziranenge bw'Ibiribwa n'Imiti (Rwanda FDA), na...

IZIHERUKA

Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi
IMYIDAGADURO

Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi

by radiotv10
18/11/2025
0

Nyamasheke: Umukobwa wacuruzaga ‘Me2You’ yishwe n’abajura bamuteze bakamutera icyuma bakanamwambura

Igikekwa ku musaza wari wagiye gusangira urwagwa n’umuvandimwe we bakaza kumusanga mu mugezi yarapfuye

18/11/2025
Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

18/11/2025
Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

18/11/2025
Hagiye hanze amakuru aca amarenga ko bitifashe neza mu rugo rw’umuririmbyi Vestine umaze amezi akoze ubukwe

Hagiye hanze amakuru aca amarenga ko bitifashe neza mu rugo rw’umuririmbyi Vestine umaze amezi akoze ubukwe

18/11/2025
Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

18/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Gaël Faye yagaragaje intimba aterwa n’abagore basambanyijwe muri Jenoside

Gaël Faye yagaragaje intimba aterwa n’abagore basambanyijwe muri Jenoside

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi

Igikekwa ku musaza wari wagiye gusangira urwagwa n’umuvandimwe we bakaza kumusanga mu mugezi yarapfuye

Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.