Thursday, November 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Igisubizo Besigye yahaye Muhoozi wamubwiye ko amwemera kiratunguranye

radiotv10by radiotv10
20/10/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Igisubizo Besigye yahaye Muhoozi wamubwiye ko amwemera kiratunguranye
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyapolitiki Dr Kizza Besigye Kifefe, yasubije General Muhoozi Kainerugaba wamubwiye ko amwemera ndetse ko hari ibintu bicye byo kumwigiraho, avuga ko yari agamije kwiyorobekanya no kugira ngo abantu bamukunde.

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu tariki 19 Ukwakira, General Muhoozi Kainerugaba yongeye gushyira ubutumwa kuri Twitter, nyuma yuko byari byatangiye kuvugwa ko ashobora kuva kuri uru rubuga nkoranyambaga.

Mu butumwa yashyizeho muri iri joro ryo ku wa Gatatu, Muhoozi yavuze ku munyapolitiki Dr Kizza Besigye wakunze guhangana na Perezida Museveni, avuga ko amwemera.

Muri ubwo butumwa, Muhoozi yagize ati “Ku giti cyanjye nemera Kizza Besigye. Ni inararibonye kandi dushobora kumwigiraho ibintu bicye.”

Uyu mujenerali usanzwe ari umuhungu wa Perezida Museveni akaba n’umujyanama we mu bya gisirikare, yashyize kuri Twitter ubu butumwa buherekejwe n’ifoto ya Kizza Besigye ari kumwe n’Umunyapolitiki Robert Kyagulanyi Ssentamu uzwi nka Bobi Wine, avuga ko we atamwemera.

Dr Kizza Besigye wagiye ahangana na Museveni mu matora y’Umukuru w’Igihugu ariko akayatsindwa ndetse akagenda afungwa inshuro zinyuranye, yasubije Muhoozi kuri ubu butumwa yamuvuzeho.

Besigye yavuze ko ibi byose Muhoozi abikora afite icyo agamije, nko “gukurura amarangamutima y’abantu batayakugirira, kwiyorobekanya ukigira uwo utari we no gutuma abantu batekererezanya hagati yabo uko batari.”

Uyu munyapolitiki yakomeje avuga ko amahirwe ahari ari uko we na Bobi Wine bahuje umurongo kandi bombi bakaba baharanira ko ihame ryo guhererekanya ubutegetsi mu mahoro muri Uganda ryubahirizwa. Asoza agira ati “Guhererekanya ubusha ntabwo ari ukuburaga.”

Dr Kizza Besigye aherutse kuvuga ko Museveni ari umuhanga kuko yabashije kugundira ubutegetsi ariko ko ikibazo ari uburyo abukoresha mu nyungu zo gukurura yishyira.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + 18 =

Previous Post

N’amahanga yamaze kubona ko gutwara abagenzi muri Kigali bikirimo ibihato

Next Post

Gaël Faye yagaragaje intimba aterwa n’abagore basambanyijwe muri Jenoside

Related Posts

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

FDLR still active and being supported by DRC Government- Says Minister Nduhungirehe

by radiotv10
26/11/2025
0

The FDLR is still active and receiving support from the DRC, making the signing of a final agreement between Presidents...

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

by radiotv10
26/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwerera, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko isinywa ry’amasezerano ya burundu hagati y’u Rwanda na DRC agomba kuzashyirwaho...

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

by radiotv10
26/11/2025
0

Ku gasozi kitwa Burito ko mu Murenge wa Rubavu mu Karere ka Rubavu, haravugwa urugomo rukomeje kwiyongera, ku buryo nta...

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

by radiotv10
26/11/2025
0

Itsinda ry’abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba, bageze mu Rwanda aho baje mu ruzinduko...

Kigali, Rwanda, MoMo Rwanda and RSSB Launch “Iremere EjoHeza” to Help Rwandans Save for a Secure Future

Kigali, Rwanda, MoMo Rwanda and RSSB Launch “Iremere EjoHeza” to Help Rwandans Save for a Secure Future

by radiotv10
26/11/2025
0

MoMo Rwanda Ltd, in partnership with the Rwanda Social Security Board (RSSB), has officially launched ‘Iremere EjoHeza’, a digital solution...

IZIHERUKA

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano
IBYAMAMARE

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

by radiotv10
27/11/2025
0

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

FDLR still active and being supported by DRC Government- Says Minister Nduhungirehe

26/11/2025
Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

26/11/2025
Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

26/11/2025
AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

26/11/2025
Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

26/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Gaël Faye yagaragaje intimba aterwa n’abagore basambanyijwe muri Jenoside

Gaël Faye yagaragaje intimba aterwa n’abagore basambanyijwe muri Jenoside

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

FDLR still active and being supported by DRC Government- Says Minister Nduhungirehe

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.