Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Igisubizo Besigye yahaye Muhoozi wamubwiye ko amwemera kiratunguranye

radiotv10by radiotv10
20/10/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Igisubizo Besigye yahaye Muhoozi wamubwiye ko amwemera kiratunguranye
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyapolitiki Dr Kizza Besigye Kifefe, yasubije General Muhoozi Kainerugaba wamubwiye ko amwemera ndetse ko hari ibintu bicye byo kumwigiraho, avuga ko yari agamije kwiyorobekanya no kugira ngo abantu bamukunde.

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu tariki 19 Ukwakira, General Muhoozi Kainerugaba yongeye gushyira ubutumwa kuri Twitter, nyuma yuko byari byatangiye kuvugwa ko ashobora kuva kuri uru rubuga nkoranyambaga.

Mu butumwa yashyizeho muri iri joro ryo ku wa Gatatu, Muhoozi yavuze ku munyapolitiki Dr Kizza Besigye wakunze guhangana na Perezida Museveni, avuga ko amwemera.

Muri ubwo butumwa, Muhoozi yagize ati “Ku giti cyanjye nemera Kizza Besigye. Ni inararibonye kandi dushobora kumwigiraho ibintu bicye.”

Uyu mujenerali usanzwe ari umuhungu wa Perezida Museveni akaba n’umujyanama we mu bya gisirikare, yashyize kuri Twitter ubu butumwa buherekejwe n’ifoto ya Kizza Besigye ari kumwe n’Umunyapolitiki Robert Kyagulanyi Ssentamu uzwi nka Bobi Wine, avuga ko we atamwemera.

Dr Kizza Besigye wagiye ahangana na Museveni mu matora y’Umukuru w’Igihugu ariko akayatsindwa ndetse akagenda afungwa inshuro zinyuranye, yasubije Muhoozi kuri ubu butumwa yamuvuzeho.

Besigye yavuze ko ibi byose Muhoozi abikora afite icyo agamije, nko “gukurura amarangamutima y’abantu batayakugirira, kwiyorobekanya ukigira uwo utari we no gutuma abantu batekererezanya hagati yabo uko batari.”

Uyu munyapolitiki yakomeje avuga ko amahirwe ahari ari uko we na Bobi Wine bahuje umurongo kandi bombi bakaba baharanira ko ihame ryo guhererekanya ubutegetsi mu mahoro muri Uganda ryubahirizwa. Asoza agira ati “Guhererekanya ubusha ntabwo ari ukuburaga.”

Dr Kizza Besigye aherutse kuvuga ko Museveni ari umuhanga kuko yabashije kugundira ubutegetsi ariko ko ikibazo ari uburyo abukoresha mu nyungu zo gukurura yishyira.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − 3 =

Previous Post

N’amahanga yamaze kubona ko gutwara abagenzi muri Kigali bikirimo ibihato

Next Post

Gaël Faye yagaragaje intimba aterwa n’abagore basambanyijwe muri Jenoside

Related Posts

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

by radiotv10
07/01/2026
0

Mental exhaustion doesn’t always look like a breakdown or tears. Most of the time, it shows up quietly in ways...

IZIHERUKA

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda
MU RWANDA

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Gaël Faye yagaragaje intimba aterwa n’abagore basambanyijwe muri Jenoside

Gaël Faye yagaragaje intimba aterwa n’abagore basambanyijwe muri Jenoside

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.