Monday, December 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Igisubizo cya M23 kuri Guverinoma ya Congo yongeye gutsemba ko badateze kuganira

radiotv10by radiotv10
20/12/2024
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Igisubizo cya M23 kuri Guverinoma ya Congo yongeye gutsemba ko badateze kuganira
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’umutwe wa M23 bwatangaje ko nta yindi nzira ishoboka yo gushakira umuti ibibazo uretse ibiganiro byahuza uyu mutwe na Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu gihe yo yongeye kuvuga ko idateze kuganira na wo.

Ni nyuma y’ikiganiro Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa DRC, Thérèse Kayikwamba Wagner yagiranye na France 24 cyatambutse kuri uyu wa Kane tariki 19 Ukuboza 2024.

Thérèse Kayikwamba Wagner yavuze ko Guverinoma ya Congo yemera ibiganiro by’i Nairobi biyihuza n’imitwe yose yitwaje intwaro ikomoka imbere muri iki Gihugu.

Gusa ngo ku mutwe wa M23, hari impamvu nyinshi ubutegetsi bw’iki Gihugu butemera kuganira na wo, zirimo kuba bwaramaze kuwita ko ari umutwe w’iterabwoba, aho yongeye kuwushinja kugira uruhare mu mpfu z’abantu biciwe Kishishe.

Yagize ati “Nanone turemeza ko bidashoboka kuganira na M23, kuko ni umutwe w’iterabwoba wagize uruhare mu bwicanyi bwabereye Kishishe, ni umutwe warashe mu nkambi z’abakuwe mu byabo n’imirwano, ni umutwe wiba umutungo kamere…”

Thérèse Kayikwamba kandi yavuze ko kuva cyera ubutegetsi bw’iki Gihugu bwabashije guhangana n’ibibazo by’imitwe yitwaje intwaro, bityo ko badashobora gukora ibyo batabona nk’inzira nziza kugira ngo ibintu bijye mu murongo.

Mu butumwa bwatanzwe n’Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Ukuboza 2024, yavuze ko bakurikiye iki kiganiro cya Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa DRC, Thérèse Kayikwamba Wagner, ariko ko bo kugeza ubu bagihagaze ku nzira z’ibiganiro,

Yagize ati “Mu kumusubiza, umuryango wacu uracyashimangira ko inzira zo gusahaka umuti unyuze mu mahoro mu guhosha amakimbirane ari mu burasirazuba bwa DRC, ari ibiganiro bitaziguye kandi by’ukuri hamwe n’ubutegetsi bwa Kinshasa, mu kugaragaza umuzi w’aya makimbirane.”

Lawrence Kanyuka kandi yaboneyeho kuvuga ko uyu mutwe wa M23, udateze kwitabira ibiganiro byaba birimo imitwe ikorana n’ubutegetsi bwa Kinshasa.

Ibi bitangajwe nyuma yuko mu mpera z’icyumweru gishize, hasubitswe inama yagombaga guhuza Perezida Paul Kagame na Felix Tshisekedi yari gusinyirwamo amasezerano yo gushaka amahoro mu burasirazuba bwa DRC, ariko ikaza guhagarara kuko Guverinoma ya Congo yari imaze kwisubira ko itazaganira na M23.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 4 =

Previous Post

Maj.Gen. Nkubito yahaye ubutumwa abo muri FDLR baza gutata aho abasirikare b’u Rwanda bari

Next Post

S.Africa: Umugabo yishe umugore babyaranye n’umwana wabo nyuma y’iminsi micye undi abikoze

Related Posts

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

by radiotv10
15/12/2025
0

Hakomeje kongerwa abasirikare benshi b’Igihugu cy’u Burundi n’intwaro za rutura ku mupaka wacyo n’u Rwanda, byumwihariko mu gace ka Gasenyi-Nemba...

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

by radiotv10
15/12/2025
0

Abanyekongo bahungiye i Bujumbura mu Burundi n’abari bagiyeyo ku bw’impamvu zinyuranye mbere yuko Umujyi wa Uvira ufatwa na AFC/M23, baravuga...

Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

by radiotv10
15/12/2025
0

Imodoka yo mu bwoko bwa Bisi ya sosiyete itwara abagenzi ya Trinity Express yavaga i Kampala muri Uganda yerecyeza i...

Amakuru mpamo aturuka mu biboneye abasirikare benshi b’u Burundi berecyeza muri Congo

Eng.-Burundian troops and heavy weapons have been deployed along the country’s border with Rwanda

by radiotv10
15/12/2025
0

Reports indicate that Burundi continues to reinforce its border with Rwanda by deploying large numbers of troops and heavy weapons,...

Perezida w’Igihugu gifashwa n’Ingabo z’u Rwanda mu mutekano yavuze impamvu akwiye kongera gutorwa

Perezida w’Igihugu gifashwa n’Ingabo z’u Rwanda mu mutekano yavuze impamvu akwiye kongera gutorwa

by radiotv10
15/12/2025
0

Mu bikorwa byo kwiyamamariza indi manda, Perezida w’Igihugu cya Repubulika ya Centrafrique gisanzwe kirimo Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa...

IZIHERUKA

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge
MU RWANDA

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

15/12/2025
Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

15/12/2025
Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

15/12/2025
Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

15/12/2025
Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

15/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
S.Africa: Umugabo yishe umugore babyaranye n’umwana wabo nyuma y’iminsi micye undi abikoze

S.Africa: Umugabo yishe umugore babyaranye n’umwana wabo nyuma y’iminsi micye undi abikoze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.