Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Igisubizo cya M23 kuri Guverinoma ya Congo yongeye gutsemba ko badateze kuganira

radiotv10by radiotv10
20/12/2024
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Igisubizo cya M23 kuri Guverinoma ya Congo yongeye gutsemba ko badateze kuganira
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’umutwe wa M23 bwatangaje ko nta yindi nzira ishoboka yo gushakira umuti ibibazo uretse ibiganiro byahuza uyu mutwe na Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu gihe yo yongeye kuvuga ko idateze kuganira na wo.

Ni nyuma y’ikiganiro Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa DRC, Thérèse Kayikwamba Wagner yagiranye na France 24 cyatambutse kuri uyu wa Kane tariki 19 Ukuboza 2024.

Thérèse Kayikwamba Wagner yavuze ko Guverinoma ya Congo yemera ibiganiro by’i Nairobi biyihuza n’imitwe yose yitwaje intwaro ikomoka imbere muri iki Gihugu.

Gusa ngo ku mutwe wa M23, hari impamvu nyinshi ubutegetsi bw’iki Gihugu butemera kuganira na wo, zirimo kuba bwaramaze kuwita ko ari umutwe w’iterabwoba, aho yongeye kuwushinja kugira uruhare mu mpfu z’abantu biciwe Kishishe.

Yagize ati “Nanone turemeza ko bidashoboka kuganira na M23, kuko ni umutwe w’iterabwoba wagize uruhare mu bwicanyi bwabereye Kishishe, ni umutwe warashe mu nkambi z’abakuwe mu byabo n’imirwano, ni umutwe wiba umutungo kamere…”

Thérèse Kayikwamba kandi yavuze ko kuva cyera ubutegetsi bw’iki Gihugu bwabashije guhangana n’ibibazo by’imitwe yitwaje intwaro, bityo ko badashobora gukora ibyo batabona nk’inzira nziza kugira ngo ibintu bijye mu murongo.

Mu butumwa bwatanzwe n’Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Ukuboza 2024, yavuze ko bakurikiye iki kiganiro cya Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa DRC, Thérèse Kayikwamba Wagner, ariko ko bo kugeza ubu bagihagaze ku nzira z’ibiganiro,

Yagize ati “Mu kumusubiza, umuryango wacu uracyashimangira ko inzira zo gusahaka umuti unyuze mu mahoro mu guhosha amakimbirane ari mu burasirazuba bwa DRC, ari ibiganiro bitaziguye kandi by’ukuri hamwe n’ubutegetsi bwa Kinshasa, mu kugaragaza umuzi w’aya makimbirane.”

Lawrence Kanyuka kandi yaboneyeho kuvuga ko uyu mutwe wa M23, udateze kwitabira ibiganiro byaba birimo imitwe ikorana n’ubutegetsi bwa Kinshasa.

Ibi bitangajwe nyuma yuko mu mpera z’icyumweru gishize, hasubitswe inama yagombaga guhuza Perezida Paul Kagame na Felix Tshisekedi yari gusinyirwamo amasezerano yo gushaka amahoro mu burasirazuba bwa DRC, ariko ikaza guhagarara kuko Guverinoma ya Congo yari imaze kwisubira ko itazaganira na M23.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × four =

Previous Post

Maj.Gen. Nkubito yahaye ubutumwa abo muri FDLR baza gutata aho abasirikare b’u Rwanda bari

Next Post

S.Africa: Umugabo yishe umugore babyaranye n’umwana wabo nyuma y’iminsi micye undi abikoze

Related Posts

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

by radiotv10
31/12/2025
0

Igihugu cya Mali n’icya Burkina Faso, byashyize hanze amatangazo y’ibyemezo bishobora gufata byo kwihimura kuri Leta Zunze Ubumwe za America...

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

by radiotv10
30/12/2025
0

Abayobozi bakuru b’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Umugaba Mukuru w’Ingabo zaryo, Gen Sultani...

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

by radiotv10
30/12/2025
0

Maj Gen Sultani Makenga, Umugaba Mukuru w’Ingabo za AFC/M23, yibukije abagize iri huriro ko batagomba kumva ko intambara yo kurandura...

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

by radiotv10
29/12/2025
0

Ubuyobozi Bukuru bw’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) bwitandukanyije n'amagambo ya Major General Sylvain Ekenge Bomusa Efomi wari...

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

by radiotv10
29/12/2025
0

The High Command of the Armed Forces of the Democratic Republic of Congo (FARDC) has distanced itself from the hate...

IZIHERUKA

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026
MU RWANDA

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
S.Africa: Umugabo yishe umugore babyaranye n’umwana wabo nyuma y’iminsi micye undi abikoze

S.Africa: Umugabo yishe umugore babyaranye n’umwana wabo nyuma y’iminsi micye undi abikoze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.