Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Igisubizo cya M23 kuri Guverinoma ya Congo yongeye gutsemba ko badateze kuganira

radiotv10by radiotv10
20/12/2024
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Igisubizo cya M23 kuri Guverinoma ya Congo yongeye gutsemba ko badateze kuganira
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’umutwe wa M23 bwatangaje ko nta yindi nzira ishoboka yo gushakira umuti ibibazo uretse ibiganiro byahuza uyu mutwe na Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu gihe yo yongeye kuvuga ko idateze kuganira na wo.

Ni nyuma y’ikiganiro Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa DRC, Thérèse Kayikwamba Wagner yagiranye na France 24 cyatambutse kuri uyu wa Kane tariki 19 Ukuboza 2024.

Thérèse Kayikwamba Wagner yavuze ko Guverinoma ya Congo yemera ibiganiro by’i Nairobi biyihuza n’imitwe yose yitwaje intwaro ikomoka imbere muri iki Gihugu.

Gusa ngo ku mutwe wa M23, hari impamvu nyinshi ubutegetsi bw’iki Gihugu butemera kuganira na wo, zirimo kuba bwaramaze kuwita ko ari umutwe w’iterabwoba, aho yongeye kuwushinja kugira uruhare mu mpfu z’abantu biciwe Kishishe.

Yagize ati “Nanone turemeza ko bidashoboka kuganira na M23, kuko ni umutwe w’iterabwoba wagize uruhare mu bwicanyi bwabereye Kishishe, ni umutwe warashe mu nkambi z’abakuwe mu byabo n’imirwano, ni umutwe wiba umutungo kamere…”

Thérèse Kayikwamba kandi yavuze ko kuva cyera ubutegetsi bw’iki Gihugu bwabashije guhangana n’ibibazo by’imitwe yitwaje intwaro, bityo ko badashobora gukora ibyo batabona nk’inzira nziza kugira ngo ibintu bijye mu murongo.

Mu butumwa bwatanzwe n’Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Ukuboza 2024, yavuze ko bakurikiye iki kiganiro cya Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa DRC, Thérèse Kayikwamba Wagner, ariko ko bo kugeza ubu bagihagaze ku nzira z’ibiganiro,

Yagize ati “Mu kumusubiza, umuryango wacu uracyashimangira ko inzira zo gusahaka umuti unyuze mu mahoro mu guhosha amakimbirane ari mu burasirazuba bwa DRC, ari ibiganiro bitaziguye kandi by’ukuri hamwe n’ubutegetsi bwa Kinshasa, mu kugaragaza umuzi w’aya makimbirane.”

Lawrence Kanyuka kandi yaboneyeho kuvuga ko uyu mutwe wa M23, udateze kwitabira ibiganiro byaba birimo imitwe ikorana n’ubutegetsi bwa Kinshasa.

Ibi bitangajwe nyuma yuko mu mpera z’icyumweru gishize, hasubitswe inama yagombaga guhuza Perezida Paul Kagame na Felix Tshisekedi yari gusinyirwamo amasezerano yo gushaka amahoro mu burasirazuba bwa DRC, ariko ikaza guhagarara kuko Guverinoma ya Congo yari imaze kwisubira ko itazaganira na M23.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − 2 =

Previous Post

Maj.Gen. Nkubito yahaye ubutumwa abo muri FDLR baza gutata aho abasirikare b’u Rwanda bari

Next Post

S.Africa: Umugabo yishe umugore babyaranye n’umwana wabo nyuma y’iminsi micye undi abikoze

Related Posts

Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US

Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US

by radiotv10
05/01/2026
0

The African Union (AU) stated that the actions take by the United States going to arrest the President of Venezuela...

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

by radiotv10
05/01/2026
0

Nyuma yuko Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga yanditse ubutumwa yibasira Ubuyobozi bwa Qatar abunenga uburyo ngo bwakoresheje ububasha bwabwo n’amafaranga kugira ngo...

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

by radiotv10
05/01/2026
0

Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe wagaragaje ko ibyakozwe na Leta Zunze Ubumwe za America, byo kujya gufata Perezida wa Venezuela...

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

“Ni igitero cy’iterabwoba”, “ni uguhonyora amategeko mpuzamahanga”, “ni ubushotoranyi buteye impungenge”… Ni bumwe mu butumwa bukomeje gutangwa na bimwe mu...

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

by radiotv10
02/01/2026
0

Evans Eshun, uzwi ku izina rya Ebo Noah, wiyita umuhanuzi wo muri Ghana, yatawe muri yombi na Polisi y’iki Gihugu...

IZIHERUKA

Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US
AMAHANGA

Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US

by radiotv10
05/01/2026
0

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

05/01/2026
Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

05/01/2026
Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

05/01/2026
How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

05/01/2026
Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

04/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
S.Africa: Umugabo yishe umugore babyaranye n’umwana wabo nyuma y’iminsi micye undi abikoze

S.Africa: Umugabo yishe umugore babyaranye n’umwana wabo nyuma y’iminsi micye undi abikoze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.