Monday, May 12, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Igisubizo cya Minisiteri y’Ubucuruzi ku nyungu y’Isoko Nyafurika u Rwanda rumazemo imyaka 3

radiotv10by radiotv10
08/03/2024
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Akari ku mutima w’Abashoramari b’u Rwanda basogongeye ku isoko Nyafurika
Share on FacebookShare on Twitter

Nubwo hashize imyaka itatu u Rwanda rutangiye gushyira mu bikorwa amasezerano y’ubucuruzi mu Isoko Rusange Nyafurika, Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda; ivuga ko hakiri kare kuvuga inyungu rumaze kubona muri iri soko. 

Muri Mutarama 2021, u Rwanda rwemeje ko ibicuruzwa byarwo byatangiye gucuruza muri Afurika binyuze mu masezerano y’isoko rusange ry’uyu Mugabane.

Nubwo hashize iyi myaka itatu, Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda, Richard Niwenshuti, yavuze ko hakiri kare kuvuga icyo u Rwanda rwungukira muri iri soko.

Yagize ati “Navuga ngo turi mu itangiriro ry’ubucuruzi. Ntabwo twavuga ngo twacuruje byinshi cyangwa ngo twacuruje ibingana gutya, navuga ko ibyo ari ibintu twarebera mu myaka ibiri wenda.”

Gusa avuga ko ibicuruzwa bishorwa kuri iri soko bigomba kurenga ikawa, ari na yo u Rwanda rwatangiriyeho rucuruza kuri iri soko, ku buryo n’ucuruza avoka ashobora kuzishorayo, ariko bikaba bifite icyo bisaba nk’ibyangombwa.

Ati “Reka dufte urugero: Umuhinzi ufite avoka ashaka gucuruza muri Kenya, agiye muri RDB yahabwa izo mpapuro. Reka tuvuge nk’abacuruzi bacu bari mu bucuruzi bwambukiranya imipaka, nawe ajya muri RDB agahabwa izo mpapuro. Ntabwo isoko rusange rya Afurika wahera kuritekerereza za Ghana, Malawi.”

IrI soko ribonwa nk’amahirwe akomeje y’iterambere ry’ubukungu bw’Ibihugu, kuko ari rigari, rifite abaturage barenga miliyari 1,4.

Icyakora umuryango w’Abanyamerika witwa Outreach-International ufasha ibihugu bikennye muri Afurika; ugaragaza ko mu Bihugu 28 bikennye bikabije ku Isi; harimo 23 byo muri Afurika, nanone kandi Imibare y’Umuryango w’Abibumbye nayo ikagaragaza ko 34% by’Abanyafurika bugarijwe n’ubukene bukabije ku buryo batabasha kubona 2 000 Frw yo kubatunga ku munsi.

Umuhuzabikorwa wa gahunda z’Umunyamabanga w’Isoko Rusange ry’Umugabane wa Afurika, Prudence Sebahizi, avuga ko kimwe mu bibazo bigihari, bishingiye ku bikorera, badatekereza gukora ibyo bakura hanze.

Ati “Ikindi murabizi si ibanga, Afurika ni wo Mugabane ukize ku butunzi kamere. Afurika kandi ifite abakozi bahendutse kuruta uko ibindi Bihugu byateje imbere inganda zabyo bihemba abakozi.”

Imibare y’Umuryango w’Abibumbye igaragaza ko kugeza muri 2023 ubucuruzi bukorwa hagati y’Ibihugu byo muri Afurika bungana na 14,4%, ukajya inama yo kwagura ubucuruzi hagati yabyo.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five − one =

Previous Post

Urukiko rukomeye muri America rwafashe icyemezo ku kirego cyaregwagamo ibidakwiye byakorewe muri Congo

Next Post

Abasirikare b’u Rwanda basoje imyitozo y’injyanamuntu y’Ibihugu 23 yatanzwe n’igisirikare cya America

Related Posts

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa yavuze ko nta kibazo afitanye na mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame kubera ibiherutse...

BREAKING: Perezida Kagame na Tshisekedi bahuriye mu biganiro

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko ibiganiro hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bikomeje gukorwa ku nzego zinyuranye...

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Perezida Kagame yagize icyo avuga ku byemezo bya Trump byo guhagarikira inkunga Afurika

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko ibyatangajwe na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America byo guhagarikira inkunga Ibihugu bya Afurika,...

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

by radiotv10
12/05/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda irafungura ku mugaragaro Ambasade yayo mu Gihugu cya Hongrie cyo ku Mugabane w’u Burayi, hanabe ibiganiro hagati...

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida Paul Kagame ari i Abidjan muri Côte d’Ivoire aho yagiye kwifatanya na bagenzi be bo ku Mugabane wa Afurika...

IZIHERUKA

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo
MU RWANDA

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

by radiotv10
12/05/2025
0

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

12/05/2025
BREAKING: Perezida Kagame na Tshisekedi bahuriye mu biganiro

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

12/05/2025
Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Perezida Kagame yagize icyo avuga ku byemezo bya Trump byo guhagarikira inkunga Afurika

12/05/2025
U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

12/05/2025
Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

12/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abasirikare b’u Rwanda basoje imyitozo y’injyanamuntu y’Ibihugu 23 yatanzwe n’igisirikare cya America

Abasirikare b’u Rwanda basoje imyitozo y’injyanamuntu y’Ibihugu 23 yatanzwe n’igisirikare cya America

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.