Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Igisubizo cya Minisiteri y’Ubucuruzi ku nyungu y’Isoko Nyafurika u Rwanda rumazemo imyaka 3

radiotv10by radiotv10
08/03/2024
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Akari ku mutima w’Abashoramari b’u Rwanda basogongeye ku isoko Nyafurika
Share on FacebookShare on Twitter

Nubwo hashize imyaka itatu u Rwanda rutangiye gushyira mu bikorwa amasezerano y’ubucuruzi mu Isoko Rusange Nyafurika, Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda; ivuga ko hakiri kare kuvuga inyungu rumaze kubona muri iri soko. 

Muri Mutarama 2021, u Rwanda rwemeje ko ibicuruzwa byarwo byatangiye gucuruza muri Afurika binyuze mu masezerano y’isoko rusange ry’uyu Mugabane.

Nubwo hashize iyi myaka itatu, Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda, Richard Niwenshuti, yavuze ko hakiri kare kuvuga icyo u Rwanda rwungukira muri iri soko.

Yagize ati “Navuga ngo turi mu itangiriro ry’ubucuruzi. Ntabwo twavuga ngo twacuruje byinshi cyangwa ngo twacuruje ibingana gutya, navuga ko ibyo ari ibintu twarebera mu myaka ibiri wenda.”

Gusa avuga ko ibicuruzwa bishorwa kuri iri soko bigomba kurenga ikawa, ari na yo u Rwanda rwatangiriyeho rucuruza kuri iri soko, ku buryo n’ucuruza avoka ashobora kuzishorayo, ariko bikaba bifite icyo bisaba nk’ibyangombwa.

Ati “Reka dufte urugero: Umuhinzi ufite avoka ashaka gucuruza muri Kenya, agiye muri RDB yahabwa izo mpapuro. Reka tuvuge nk’abacuruzi bacu bari mu bucuruzi bwambukiranya imipaka, nawe ajya muri RDB agahabwa izo mpapuro. Ntabwo isoko rusange rya Afurika wahera kuritekerereza za Ghana, Malawi.”

IrI soko ribonwa nk’amahirwe akomeje y’iterambere ry’ubukungu bw’Ibihugu, kuko ari rigari, rifite abaturage barenga miliyari 1,4.

Icyakora umuryango w’Abanyamerika witwa Outreach-International ufasha ibihugu bikennye muri Afurika; ugaragaza ko mu Bihugu 28 bikennye bikabije ku Isi; harimo 23 byo muri Afurika, nanone kandi Imibare y’Umuryango w’Abibumbye nayo ikagaragaza ko 34% by’Abanyafurika bugarijwe n’ubukene bukabije ku buryo batabasha kubona 2 000 Frw yo kubatunga ku munsi.

Umuhuzabikorwa wa gahunda z’Umunyamabanga w’Isoko Rusange ry’Umugabane wa Afurika, Prudence Sebahizi, avuga ko kimwe mu bibazo bigihari, bishingiye ku bikorera, badatekereza gukora ibyo bakura hanze.

Ati “Ikindi murabizi si ibanga, Afurika ni wo Mugabane ukize ku butunzi kamere. Afurika kandi ifite abakozi bahendutse kuruta uko ibindi Bihugu byateje imbere inganda zabyo bihemba abakozi.”

Imibare y’Umuryango w’Abibumbye igaragaza ko kugeza muri 2023 ubucuruzi bukorwa hagati y’Ibihugu byo muri Afurika bungana na 14,4%, ukajya inama yo kwagura ubucuruzi hagati yabyo.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − two =

Previous Post

Urukiko rukomeye muri America rwafashe icyemezo ku kirego cyaregwagamo ibidakwiye byakorewe muri Congo

Next Post

Abasirikare b’u Rwanda basoje imyitozo y’injyanamuntu y’Ibihugu 23 yatanzwe n’igisirikare cya America

Related Posts

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

by radiotv10
20/01/2026
0

Social media is part of our everyday life. It helps us connect with people, share information, and express ourselves. However,...

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

by radiotv10
20/01/2026
0

Abasirikare mu ngabo z’u Rwanda basanzwe ari inzobere mu by’ubwubatsi baherutse kujya muri Jamaica gutanga umusanzu mu gusana ibikorwa byangijwe...

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

by radiotv10
20/01/2026
0

Ambasaderi wa Brazil mu Rwanda, Irene Vida Gala; akomeje kugaragaza ibihe byiza agirira mu Rwanda bikamunyura, birimo kuba yarasogongeye bwa...

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

by radiotv10
20/01/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwafunze umwarimu wo muri Kaminuza ukurikiranyweho icyaha cyo gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri...

IZIHERUKA

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe
MU RWANDA

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

20/01/2026
Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

20/01/2026
Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

20/01/2026
AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

20/01/2026
Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

20/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abasirikare b’u Rwanda basoje imyitozo y’injyanamuntu y’Ibihugu 23 yatanzwe n’igisirikare cya America

Abasirikare b’u Rwanda basoje imyitozo y’injyanamuntu y’Ibihugu 23 yatanzwe n’igisirikare cya America

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.