Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Igisubizo cya Minisiteri y’Ubucuruzi ku nyungu y’Isoko Nyafurika u Rwanda rumazemo imyaka 3

radiotv10by radiotv10
08/03/2024
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Akari ku mutima w’Abashoramari b’u Rwanda basogongeye ku isoko Nyafurika
Share on FacebookShare on Twitter

Nubwo hashize imyaka itatu u Rwanda rutangiye gushyira mu bikorwa amasezerano y’ubucuruzi mu Isoko Rusange Nyafurika, Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda; ivuga ko hakiri kare kuvuga inyungu rumaze kubona muri iri soko. 

Muri Mutarama 2021, u Rwanda rwemeje ko ibicuruzwa byarwo byatangiye gucuruza muri Afurika binyuze mu masezerano y’isoko rusange ry’uyu Mugabane.

Nubwo hashize iyi myaka itatu, Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda, Richard Niwenshuti, yavuze ko hakiri kare kuvuga icyo u Rwanda rwungukira muri iri soko.

Yagize ati “Navuga ngo turi mu itangiriro ry’ubucuruzi. Ntabwo twavuga ngo twacuruje byinshi cyangwa ngo twacuruje ibingana gutya, navuga ko ibyo ari ibintu twarebera mu myaka ibiri wenda.”

Gusa avuga ko ibicuruzwa bishorwa kuri iri soko bigomba kurenga ikawa, ari na yo u Rwanda rwatangiriyeho rucuruza kuri iri soko, ku buryo n’ucuruza avoka ashobora kuzishorayo, ariko bikaba bifite icyo bisaba nk’ibyangombwa.

Ati “Reka dufte urugero: Umuhinzi ufite avoka ashaka gucuruza muri Kenya, agiye muri RDB yahabwa izo mpapuro. Reka tuvuge nk’abacuruzi bacu bari mu bucuruzi bwambukiranya imipaka, nawe ajya muri RDB agahabwa izo mpapuro. Ntabwo isoko rusange rya Afurika wahera kuritekerereza za Ghana, Malawi.”

IrI soko ribonwa nk’amahirwe akomeje y’iterambere ry’ubukungu bw’Ibihugu, kuko ari rigari, rifite abaturage barenga miliyari 1,4.

Icyakora umuryango w’Abanyamerika witwa Outreach-International ufasha ibihugu bikennye muri Afurika; ugaragaza ko mu Bihugu 28 bikennye bikabije ku Isi; harimo 23 byo muri Afurika, nanone kandi Imibare y’Umuryango w’Abibumbye nayo ikagaragaza ko 34% by’Abanyafurika bugarijwe n’ubukene bukabije ku buryo batabasha kubona 2 000 Frw yo kubatunga ku munsi.

Umuhuzabikorwa wa gahunda z’Umunyamabanga w’Isoko Rusange ry’Umugabane wa Afurika, Prudence Sebahizi, avuga ko kimwe mu bibazo bigihari, bishingiye ku bikorera, badatekereza gukora ibyo bakura hanze.

Ati “Ikindi murabizi si ibanga, Afurika ni wo Mugabane ukize ku butunzi kamere. Afurika kandi ifite abakozi bahendutse kuruta uko ibindi Bihugu byateje imbere inganda zabyo bihemba abakozi.”

Imibare y’Umuryango w’Abibumbye igaragaza ko kugeza muri 2023 ubucuruzi bukorwa hagati y’Ibihugu byo muri Afurika bungana na 14,4%, ukajya inama yo kwagura ubucuruzi hagati yabyo.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 + eleven =

Previous Post

Urukiko rukomeye muri America rwafashe icyemezo ku kirego cyaregwagamo ibidakwiye byakorewe muri Congo

Next Post

Abasirikare b’u Rwanda basoje imyitozo y’injyanamuntu y’Ibihugu 23 yatanzwe n’igisirikare cya America

Related Posts

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
24/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

IZIHERUKA

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho
MU RWANDA

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abasirikare b’u Rwanda basoje imyitozo y’injyanamuntu y’Ibihugu 23 yatanzwe n’igisirikare cya America

Abasirikare b’u Rwanda basoje imyitozo y’injyanamuntu y’Ibihugu 23 yatanzwe n’igisirikare cya America

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.