Saturday, December 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Igisubizo cya PM w’u Bwongereza ku mahitamo hagati y’icyemezo gikarishye na gahunda y’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
22/06/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Igisubizo cya PM w’u Bwongereza ku mahitamo hagati y’icyemezo gikarishye na gahunda y’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Minisititi w’Intebe w’u Bwongereza, yabajijwe amahitamo yakora hagati yo kuba yakura iki Gihugu mu Rukiko rw’Ubumwe bw’u Burayi rw’Uburenganzira bwa muntu, n’ishyirwa mu bikorwa rya gahunda iki Gihugu gifitanye n’u Rwanda, agaragaza amahitamo yakora.

Ni mu mpaka zabaye ubwo Rishi Sunak yahatwaga ibibazo mu kiganiro cyatambutse muri gahunda ya BBC1, cyagarutse ku ngingo zinyuranye zirimo amasezerano Igihugu cye cyagiranye n’u Rwanda yo kohereza bamwe mu bimukira n’abashaka ubuhungiro bakigezemo mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Iyi gahunda yakunze guhura n’ibihato, yigeze kuburizwamo ku munota wa nyuma n’Urukiko rw’Umuryango w’u Bumwe bw’u Burayi rw’Uburenganzira bwa Muntu ECHR (European Court of Human Rights), ubwo rwatangazaga icyemezo cyatumye indege yagombaga kuzana abimukira ba mbere idafata ikirere mu gihe yari yiteguye.

Umwe mu bagore bari mu bitabiriye iki kiganiro, yabajije Rishi Sunak ati “Ariko se koko mushyigikiye kuva muri ECHR kugira ngo mutume gahunda mufitanye n’u Rwanda ishyirwa mu bikorwa, mu by’ukuri ntibyaba birimo ubushishozi kandi byaba ari ukudashyira imbere ubumuntu.”

Sunak yasubije agira ati “Ni ibintu bisobanutse. Ibyo turiho dukora byose byubahirije amahame mpuzamahanga, ariko Urukiko rwo mu mahanga, ndetse n’iyo yaba ari urw’u Burayi, rwampatira guhitamo hagati y’Umutekano w’Igihugu cyacu no kuba Umunyamuryango warwo, njye igihe cyose nahitamo umutekano w’iki Gihugu.”

Iyi gahunda yo kohereza mu Rwanda abimukira n’abashaka ubuhungiro, Guverinoma y’u Bwongereza yakunze kuvuga ko igamije guca intege abimukira benshi bakunze kwinjira muri iki Gihugu mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Muri iki kiganiro, undi wari wakitabiriye, yabwiye Sunak ko “hari ibindi Bihugu bibiri kuri iyi Si bitari muri uru Rukiko rwa ECHR, ari byo u Burusiya na Belarus.”

Minisitiri w’Intebe, yahise agira ati “Nyakubahwa mu byubahiro bihambaye, ntabwo dukeneye Urukiko rw’amahanga kutubwira…” Ako kanya uyu wari ubajije ikibazo yahise amuca mu ijambo, agira aiti “Ariko ntabwo ari Urukiko rw’amahanga.”

Sunak yakomeje agira ati “Njye nizera ko ibyo turi gukora byose, byubahirije amahame mpuzamahanga. Igihe cyose byansaba gukora amahitamo…Nahitamo gushyira imbere inyungu z’umutekano w’Igihugu cyacu, kandi ibyo ntabwo nagomba kubicira bugufi.”

Bamwe mu bari muri iki kiganiro, bumvikanye mu majwi arangurura bagaragaza ko batishimiye ibisobanuro bahawe na Minisitiri w’Intebe Sunak, bambwira ko ayo mahitamo ye “ateye ikimwaro.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × five =

Previous Post

Musanze: Umuseke watambitse bamwe berecyeza aho bakirira Umukandida wa RPF-Inkotanyi hatangizwa Kwiyamamaza

Next Post

Nta cyiza nko kubabera Umuyobozi- Perezida Kagame mu kiganiro cy’ubwuzuzanye n’abaturage afungura kwiyamamaza

Related Posts

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu muhanda wa Goma-Rutshuru werecyeza muri Pariki y’Igihugu ya Virunga, abarwanyi b’umutwe wa AFC/M23 baguye mu gico cy’inyeshyamba za Wazalendo...

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

by radiotv10
26/12/2025
1

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump; yatangaje ko nk’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’iki Gihugu, yagabye igitero simusiga ku...

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

by radiotv10
26/12/2025
0

The President of the United States of America, Donald Trump, has confirmed that, in his capacity as Commander-in-Chief of the...

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

by radiotv10
26/12/2025
0

Umusirikare ufite ipeti rya Lieutenant Colonel mu gisirikare cy’u Burundi uherutse kurasirwa ku rugamba rwo guhangana na AFC/M23, byamenyekanye ko...

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

by radiotv10
25/12/2025
0

Muri Nigeria, igisasu cyaturikiye mu musigiti uherereye mu mujyi wa Maiduguri, muri Leta ya Borno, gihitana abantu batanu, abandi 35...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi
MU RWANDA

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

26/12/2025
Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

26/12/2025
Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

26/12/2025
Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nta cyiza nko kubabera Umuyobozi- Perezida Kagame mu kiganiro cy’ubwuzuzanye n’abaturage afungura kwiyamamaza

Nta cyiza nko kubabera Umuyobozi- Perezida Kagame mu kiganiro cy’ubwuzuzanye n'abaturage afungura kwiyamamaza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.