Friday, December 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Igisubizo cya PM w’u Bwongereza ku mahitamo hagati y’icyemezo gikarishye na gahunda y’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
22/06/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Igisubizo cya PM w’u Bwongereza ku mahitamo hagati y’icyemezo gikarishye na gahunda y’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Minisititi w’Intebe w’u Bwongereza, yabajijwe amahitamo yakora hagati yo kuba yakura iki Gihugu mu Rukiko rw’Ubumwe bw’u Burayi rw’Uburenganzira bwa muntu, n’ishyirwa mu bikorwa rya gahunda iki Gihugu gifitanye n’u Rwanda, agaragaza amahitamo yakora.

Ni mu mpaka zabaye ubwo Rishi Sunak yahatwaga ibibazo mu kiganiro cyatambutse muri gahunda ya BBC1, cyagarutse ku ngingo zinyuranye zirimo amasezerano Igihugu cye cyagiranye n’u Rwanda yo kohereza bamwe mu bimukira n’abashaka ubuhungiro bakigezemo mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Iyi gahunda yakunze guhura n’ibihato, yigeze kuburizwamo ku munota wa nyuma n’Urukiko rw’Umuryango w’u Bumwe bw’u Burayi rw’Uburenganzira bwa Muntu ECHR (European Court of Human Rights), ubwo rwatangazaga icyemezo cyatumye indege yagombaga kuzana abimukira ba mbere idafata ikirere mu gihe yari yiteguye.

Umwe mu bagore bari mu bitabiriye iki kiganiro, yabajije Rishi Sunak ati “Ariko se koko mushyigikiye kuva muri ECHR kugira ngo mutume gahunda mufitanye n’u Rwanda ishyirwa mu bikorwa, mu by’ukuri ntibyaba birimo ubushishozi kandi byaba ari ukudashyira imbere ubumuntu.”

Sunak yasubije agira ati “Ni ibintu bisobanutse. Ibyo turiho dukora byose byubahirije amahame mpuzamahanga, ariko Urukiko rwo mu mahanga, ndetse n’iyo yaba ari urw’u Burayi, rwampatira guhitamo hagati y’Umutekano w’Igihugu cyacu no kuba Umunyamuryango warwo, njye igihe cyose nahitamo umutekano w’iki Gihugu.”

Iyi gahunda yo kohereza mu Rwanda abimukira n’abashaka ubuhungiro, Guverinoma y’u Bwongereza yakunze kuvuga ko igamije guca intege abimukira benshi bakunze kwinjira muri iki Gihugu mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Muri iki kiganiro, undi wari wakitabiriye, yabwiye Sunak ko “hari ibindi Bihugu bibiri kuri iyi Si bitari muri uru Rukiko rwa ECHR, ari byo u Burusiya na Belarus.”

Minisitiri w’Intebe, yahise agira ati “Nyakubahwa mu byubahiro bihambaye, ntabwo dukeneye Urukiko rw’amahanga kutubwira…” Ako kanya uyu wari ubajije ikibazo yahise amuca mu ijambo, agira aiti “Ariko ntabwo ari Urukiko rw’amahanga.”

Sunak yakomeje agira ati “Njye nizera ko ibyo turi gukora byose, byubahirije amahame mpuzamahanga. Igihe cyose byansaba gukora amahitamo…Nahitamo gushyira imbere inyungu z’umutekano w’Igihugu cyacu, kandi ibyo ntabwo nagomba kubicira bugufi.”

Bamwe mu bari muri iki kiganiro, bumvikanye mu majwi arangurura bagaragaza ko batishimiye ibisobanuro bahawe na Minisitiri w’Intebe Sunak, bambwira ko ayo mahitamo ye “ateye ikimwaro.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 2 =

Previous Post

Musanze: Umuseke watambitse bamwe berecyeza aho bakirira Umukandida wa RPF-Inkotanyi hatangizwa Kwiyamamaza

Next Post

Nta cyiza nko kubabera Umuyobozi- Perezida Kagame mu kiganiro cy’ubwuzuzanye n’abaturage afungura kwiyamamaza

Related Posts

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

by radiotv10
19/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko uruhande bahanganye rukomeje kurenga ku gahenge ko guhagarika imirwano, aho rwagabye ibitero birimo iby’indege z’intambara n’ibyo...

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

by radiotv10
19/12/2025
0

Umugabo washakishwaga akekwaho kurasa abantu babiri muri Kaminuza ya Brown muri Leta Zunze Ubumwe za America, no kwica umwarimu wa...

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

by radiotv10
19/12/2025
0

The AFC/M23 coalition has announced that the opposing side continues to violate the ceasefire agreement, carrying out attacks that include...

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

AFC/M23 yavuze ko nubwo iri kuvana abarwanyi bayo muri Uvira hari icyo yifuza cyazayishimisha

by radiotv10
19/12/2025
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwavuze ko ari byiza kuba ryubahirije icyifuzo cyo gukura...

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

by radiotv10
18/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko abarwanyi baryo batangiye kuva mu mujyi wa Uvira nyuma yo kwemera kuwurekura ribisabwe n’ubuhuza bwa Leta...

IZIHERUKA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo
MU RWANDA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

19/12/2025
Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

19/12/2025
Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

19/12/2025
Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

19/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nta cyiza nko kubabera Umuyobozi- Perezida Kagame mu kiganiro cy’ubwuzuzanye n’abaturage afungura kwiyamamaza

Nta cyiza nko kubabera Umuyobozi- Perezida Kagame mu kiganiro cy’ubwuzuzanye n'abaturage afungura kwiyamamaza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.