Thursday, December 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Igisubizo gicagase gihabwa uwarokotse wambuwe umutungo ngo bakeka ko iwabo ntawarokotse

radiotv10by radiotv10
22/09/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Igisubizo gicagase gihabwa uwarokotse wambuwe umutungo ngo bakeka ko iwabo ntawarokotse
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi utuye mu Murenge wa Gatore mu Karere ka Kirehe, uvuga ko ubutaka yasigiwe n’ababyeyi be, bwatujwemo abandi baturage ngo kuko ubuyobozi bwakekaga ko mu muryango we ntawarokotse, none iyo abwatse bamusubiza ko abatujwemo batabona aho bajya, yumva bidahagije.

Nyiranziza Elivine na musaza we, ni bo bonyine barokotse mu bana umunani bavaga inda imwe, na bo batoraguwe n’abantu.

Nyiranziza wari ufite imyaka ine ubwo Jenoside yabaga, avuga ko baje kumenya ko hari ubutaka bwasizwe n’ababyeyi babo buherereye mu Mudugudu wa Rurenge mu Kagari ka Nyabigega mu Murenge wa Kirehe, ariko ubuyobozi buza gutuzamo abandi Banyarwanda kuko bwari buzi ko abo mu muryango wa Nkurunziza [se wa Nyiranziza] bose bishwe.

Nyiranziza avuga ko yaje kwiyambaza ubuyobozi ngo bumuhe ubutaka bwe, ariko bukamusubiza ko afite ubutaka buhahije ntahandi yahabwa, mu gihe we avuga ko ubwo bakeka ko ari ubwe yabuhawe n’abamureze.

Ati “Nahereye mu nzego z’ibanze mbagezaho ikibazo cyanjye, kugeza n’uyu munsi aho ngisiragira njya ku Karere ntibampe igisubizo gifatika.”

Akomeza avuga ko muri uku kwezi aherutse gusubira ku buyobozi “bahita bambwira ngo basanze mfite imitungo ihagije, ngo nkomeze nyibyaze umusaruro, ngo nta bundi butaka bampa.”

Nyamirembe Adalberthe wari uturanye n’uyu muryango ukomokamo Nyiranziza, avuga ko uyu muturanyi wabo atari akwiye kwimwa uburenganzira ku butaka yasigiwe n’ababyeyi be, kandi ko mu gihe bwahawe abandi, ubuyobozi bwari bukwiye gufata ikindi cyemezo, akaba yahabwa ingurane.

Bamwe mu batujwe muri iri tongo ry’iwabo wa Nyiranziza bemera ko batujwe mu butaka butari ubwabo. ariko kandi ngo babuhawe na Leta bagasaba ubuyobozi bw’Akarere gushaka aho bwaguranira uyu muturage.

Musabyeyezu Celine ati “Aha hantu nahatujwe na Leta mu 1999. Ahantu ntuye harimo uruhande rumwe rwo kwa Nkurunziza no kwa Ndasumbwa. Ni ukuvuga n’uriya mwana w’umukobwa (Nyiranziza) kimwe na musaza we nibagire icyo babafasha.”

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Kirehe Ushinzwe Imibereho myiza y’abaturage, Mukandayisenga Janviere yabwiye RADIOTV10 ko iki kibazo cyahawe itsinda rigomba kugishakira umuti.

INKURU MU MASHUSHO

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Comments 1

  1. Ndirwanda jdd says:
    2 years ago

    Uwo munyarwanda ndumva afite amasambu menshi akwiye gusaranganya nsbandi banyarwanda nkuko babandi babigenjeje. Niba ashaka itongo ryaho avuka naguranire abo banyarwanda nabo batujwe na Leta yubumwe bwabanyarwanda. Murakoze

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 − three =

Previous Post

Umugabo akurikiranyweho gutema umugore we nyuma yo kumugira inama yubaka

Next Post

Ibyagaragaye ubwo hatabururwaga umubiri w’umuhanzi wari ukunzwe muri Afurika byateye urujijo

Related Posts

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

by radiotv10
04/12/2025
0

Umunsi wari utegerejwe wageze, ahateganyijwe isinywa ry’amasezerano y’amahoro n’ubukungu hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ashyirwaho umukono...

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

by radiotv10
04/12/2025
0

Nyuma yuko hasakaye amashusho agaragaza bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rusizi, bigamba ko banywa urumogi, ubuyobozi bw’aka Karere...

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu Banyekongo bahungiye mu Rwanda imirwano ikomeye iri kubera mu gace ka Kamanyola mu Ntara ya Kivu y’Epfo, baravuga...

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu batujwe mu mudugudu uherereye mu Murenge wa Munyaga mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko bamaze imyaka itanu batarahabwa...

Rusizi: Umubare w’abakeneye insimburangingo n’inyunganirangigo uraruta uw’abazihawe

Rusizi: Umubare w’abakeneye insimburangingo n’inyunganirangigo uraruta uw’abazihawe

by radiotv10
04/12/2025
0

Mu gihe hizihizwa umunsi mpuzamahanga w’abantu bafite ubumuga aho mu cyumweru cyahariwe kubitaho abagera kuri 50 bahawe insimburangingo n’inyunganirangingo, Inama...

IZIHERUKA

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza
IMYIDAGADURO

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

by radiotv10
04/12/2025
0

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

04/12/2025
Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

04/12/2025
Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

04/12/2025
Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

04/12/2025
Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

04/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyagaragaye ubwo hatabururwaga umubiri w’umuhanzi wari ukunzwe muri Afurika byateye urujijo

Ibyagaragaye ubwo hatabururwaga umubiri w’umuhanzi wari ukunzwe muri Afurika byateye urujijo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.