Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Igisubizo gicagase gihabwa uwarokotse wambuwe umutungo ngo bakeka ko iwabo ntawarokotse

radiotv10by radiotv10
22/09/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Igisubizo gicagase gihabwa uwarokotse wambuwe umutungo ngo bakeka ko iwabo ntawarokotse
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi utuye mu Murenge wa Gatore mu Karere ka Kirehe, uvuga ko ubutaka yasigiwe n’ababyeyi be, bwatujwemo abandi baturage ngo kuko ubuyobozi bwakekaga ko mu muryango we ntawarokotse, none iyo abwatse bamusubiza ko abatujwemo batabona aho bajya, yumva bidahagije.

Nyiranziza Elivine na musaza we, ni bo bonyine barokotse mu bana umunani bavaga inda imwe, na bo batoraguwe n’abantu.

Nyiranziza wari ufite imyaka ine ubwo Jenoside yabaga, avuga ko baje kumenya ko hari ubutaka bwasizwe n’ababyeyi babo buherereye mu Mudugudu wa Rurenge mu Kagari ka Nyabigega mu Murenge wa Kirehe, ariko ubuyobozi buza gutuzamo abandi Banyarwanda kuko bwari buzi ko abo mu muryango wa Nkurunziza [se wa Nyiranziza] bose bishwe.

Nyiranziza avuga ko yaje kwiyambaza ubuyobozi ngo bumuhe ubutaka bwe, ariko bukamusubiza ko afite ubutaka buhahije ntahandi yahabwa, mu gihe we avuga ko ubwo bakeka ko ari ubwe yabuhawe n’abamureze.

Ati “Nahereye mu nzego z’ibanze mbagezaho ikibazo cyanjye, kugeza n’uyu munsi aho ngisiragira njya ku Karere ntibampe igisubizo gifatika.”

Akomeza avuga ko muri uku kwezi aherutse gusubira ku buyobozi “bahita bambwira ngo basanze mfite imitungo ihagije, ngo nkomeze nyibyaze umusaruro, ngo nta bundi butaka bampa.”

Nyamirembe Adalberthe wari uturanye n’uyu muryango ukomokamo Nyiranziza, avuga ko uyu muturanyi wabo atari akwiye kwimwa uburenganzira ku butaka yasigiwe n’ababyeyi be, kandi ko mu gihe bwahawe abandi, ubuyobozi bwari bukwiye gufata ikindi cyemezo, akaba yahabwa ingurane.

Bamwe mu batujwe muri iri tongo ry’iwabo wa Nyiranziza bemera ko batujwe mu butaka butari ubwabo. ariko kandi ngo babuhawe na Leta bagasaba ubuyobozi bw’Akarere gushaka aho bwaguranira uyu muturage.

Musabyeyezu Celine ati “Aha hantu nahatujwe na Leta mu 1999. Ahantu ntuye harimo uruhande rumwe rwo kwa Nkurunziza no kwa Ndasumbwa. Ni ukuvuga n’uriya mwana w’umukobwa (Nyiranziza) kimwe na musaza we nibagire icyo babafasha.”

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Kirehe Ushinzwe Imibereho myiza y’abaturage, Mukandayisenga Janviere yabwiye RADIOTV10 ko iki kibazo cyahawe itsinda rigomba kugishakira umuti.

INKURU MU MASHUSHO

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Comments 1

  1. Ndirwanda jdd says:
    2 years ago

    Uwo munyarwanda ndumva afite amasambu menshi akwiye gusaranganya nsbandi banyarwanda nkuko babandi babigenjeje. Niba ashaka itongo ryaho avuka naguranire abo banyarwanda nabo batujwe na Leta yubumwe bwabanyarwanda. Murakoze

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 9 =

Previous Post

Umugabo akurikiranyweho gutema umugore we nyuma yo kumugira inama yubaka

Next Post

Ibyagaragaye ubwo hatabururwaga umubiri w’umuhanzi wari ukunzwe muri Afurika byateye urujijo

Related Posts

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

by radiotv10
07/01/2026
0

Have you ever noticed how January feels like a fresh start? Suddenly, people are setting goals, joining gyms, or trying...

Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

by radiotv10
06/01/2026
0

Umugabo witwa Ntarindwa Emmanuel wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo bacukuye mu nzu y’umugore babanaga kubera kugira uruhare muri Jenoside...

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

by radiotv10
06/01/2026
0

Deep beneath the hills of Nyakabingo in Rulindo District, northern Rwanda, lies one of Africa’s most important sources of tungsten,...

Cost of Gorilla Trekking Reduced

Cost of Gorilla Trekking Reduced

by radiotv10
06/01/2026
0

The Rwanda Development Board (RDB) has announced a reduction in gorilla trekking permit fees for the entire year of 2026,...

IZIHERUKA

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira
FOOTBALL

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

by radiotv10
07/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

07/01/2026
Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

06/01/2026
Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

06/01/2026
Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

06/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyagaragaye ubwo hatabururwaga umubiri w’umuhanzi wari ukunzwe muri Afurika byateye urujijo

Ibyagaragaye ubwo hatabururwaga umubiri w’umuhanzi wari ukunzwe muri Afurika byateye urujijo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.